Abiy Ahmed yiyemeje gusanga ingabo za Ethiopia ku rugamba zihanganyemo na TPLF

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed Ali, yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri asanga ingabo za Ethiopia ku rugamba zihanganyemo n’inyeshyamba za TPLF akaziyobora.

Abiy yemeje aya makuru mu itangazo yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter ejo ku wa Mbere.

Ati: “Guhera ejo [kuri uyu wa Kabiri] nzajya ku rugamba kuyobora ingabo. Abifuza kuba mu bana ba Ethiopia bazavugwa imyato n’amateka, nimuhaguruke uyu munsi ku bw’igihugu cyanyu. Nimureke tuzahurire ku rugamba.”

Kuri ubu umwaka wamaze kurenga ingabo za Ethiopia n’abambari bazo bahanganye n’inyeshyamba z’ishyaka rya TPLF riri ku butegetsi mu ntara ya Tigray n’abari kuzifasha.

Ni intambara bivugwa ko imaze kugwamo ibihumbi bibarirwa mu binyacumi by’abaturage.

Minisitiri Abiy Ahmed wahoze ari umusirikare na we wiyemeje kurwana iyi ntambara, ntiyavuze agace ari bwerekezemo kuri uyu wa Kabiri ubwo aza kuba agiye kuyobora ingabo ku rugamba.

Abiy yiyemeje kujya kurwana iriya ntambara, mu gihe inyeshyamba za TPLF zikomeje gusatira Umurwa Mukuru Addis Ababa.

Izi nyeshyamba kuri ubu ziravuga ko zamaze kwigarurira umujyi wa Shewa Robit uherereye kuri kilometero 220 mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Addis Ababa.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *