Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bashinzwe umutekano mu nzego z’ibanze bashinjwa kwitwaza amabwiriza yo kurwanya Covid-19 bagahohotera abaturage.
Abatawe muri yombi harimo ni Sindayigaya Ildephonse, Karangwa Jean Bosco na Ndahiro Elisa bari mu bashinzwe umutekano ku rwego rw’ibanze bagaragaye mu mashusho ku itariki ya 8 Nzeri bakubita Tuyisenge Evode, byabereye mu murenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.
Polisi y’u Rwanda yaburiye abakomeje kwitwaza iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya Covid-19 bagahohotera abaturage ko ibihano bibategereje.
Mu butumwa bwanditswe kuri Twitter ya Polisi y’u Rwanda buragira buti: “Abitwaza kurwanya ikwirakwira rya Koronavirusi bagahohotera abaturage, ntibazihanganirwa”
Kugeza ubu polisi ivuga ko aba bafashwe bazira gukubita umuturage bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatsata mu gihe iperereza ririmo gukorwa n’urwego rubishinzwe.



4 Responses
Ak’abitwaza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya covid-19 bagahondagura abaturage kashobotse
Nabatera abantu mungo zabo ngo bari guhiga abanywa ni mubace ubu ntawe ukiganira murugo muriganirira irondo na police bakaba babagezeho niba no kwishima mu rugo byaravuyeho ntawamenya
Ak’abitwaza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya covid-19 bagahondagura abaturage kashobotse
Nabatera abantu mungo zabo ngo bari guhiga abanywa ni mubace ubu ntawe ukiganira murugo muriganirira irondo na police bakaba babagezeho niba no kwishima mu rugo byaravuyeho ntawamenya
Ak’abitwaza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya covid-19 bagahondagura abaturage kashobotse
Nabatera abantu mungo zabo ngo bari guhiga abanywa ni mubace ubu ntawe ukiganira murugo muriganirira irondo na police bakaba babagezeho niba no kwishima mu rugo byaravuyeho ntawamenya
Ak’abitwaza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya covid-19 bagahondagura abaturage kashobotse
Nabatera abantu mungo zabo ngo bari guhiga abanywa ni mubace ubu ntawe ukiganira murugo muriganirira irondo na police bakaba babagezeho niba no kwishima mu rugo byaravuyeho ntawamenya