Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’abakinnyi babiri, Ruboneka Jean Bosco na Mugisha Gilbert, nyuma y’uko amasezerano yabo arangiye.
Ruboneka yari amaze muri APR FC imyaka itandatu, nyuma yo kuyigeramo avuye muri AS Muhanga.
Muri iyo myaka yatwaranye na yo ibikombe bitandukanye birimo bitandatu bya shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Ikipe ya APR FC yifuzaga ko bakomezanya, gusa ibiganiro byo kongera amasezerano ntibyagira icyo bitanga kubera kutumvikana ku mafaranga.
Mugisha Gilbert ku rundi ruhande yari yarageze muri APR FC mu mpeshyi ya 2021 avuye muri Rayon Sports.
Mu myaka itanu yari amaze muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, yagize uruhare mu ntsinzi zitandukanye, anafasha iyi kipe kwegukana ibikombe birimo bitanu bya shampiyona.
Mugisha Gilbert yatandukanye na APR FC nyuma yo gufata icyemezo cyo kutamwongerera amasezerano, kubera umusaruro udahagije yari amaze igihe agaragaza.
Aba bakinnyi bombi batandukanye na APR FC biyongera kuri mugenzi wabo Niyomugabo Claude kuri ubu ukomeje kuvugwa mu makipe yo mu bihugu bya Afurika y’amajyaruguru, by’umwihariko Petrojet yo mu Misiri.
Usibye aba batatu, APR FC ishobora no gutandukana na myugariro Nshimiyimana Yunussu uri mu nzira zo gusoza amasezerano, ariko impande zombi zikaba zitarumvikana ku byo kuyongera.


