APR FC yongereye ibihano umukinnyi wayo kugeza muri 2023, inamukata umushahara

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yamaze kongera amezi ane ku bihano yafatiye Nsanzimfura Keddy usanzwe ayikinira hagati mu kibuga, umushahara yamuhembaga iwugabanyaho icya kabiri cyawo.

Uyu musore wageze muri APR FC avuye muri Kiyovu Sports, amaze igihe yaramanuwe mu kipe y’Intare FC kubera imyitwarire mibi yanatumye urwego rwe rusubira hasi cyane.

Keddy yamanuwe mu Ntare abimburira abandi bakinnyi bane na bo bari baroherejweyo mu ntangiriro z’ukwezi gushize, gusa bikaza kurangira bababariwe.

Aba barimo ba rutahizamu Byiringiro Lague, Ishimwe Anicet, Nizeyimana Djuma na Nsengiyumva Ir’Shad usanzwe akina hagati mu kibuga.

Mu gihe APR FC yamaze kubabarira aba bakinnyi, iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu ibaruwa yandikiye Keddy yamumenyesheje ko ibihano bye bigomba kugeza tariki ya 01 Gashyantare 2023.

Iyi baruwa yasinyweho na Lt Gen Mubarakh Muganga iragira iti: “Ubuyobozi bwa APR FC bumaze igihe kitari gito bukurikirana amakosa wagiye ugaragaramo kandi n’ubu utarabasha huhindura imyitwarire yawe, bityo bigatuma wongererwa ibihano.”

Keddy yamenyeshejwe ko nyuma y’amezi abiri ari mu bihano agomba kumenya ko byiyongereye, ndetse n’umushahara we ukaba wagabanyijweho 50%.

Yabwiwe kandi ko muri aya mezi ane yongerewe agomba gukomeza gukorera imyitozo muri Intare FC kugeza igihe ibihano bye bizarangirira.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. APR FC yongereye ibihano umukinnyi wayo kugeza muri 2023, inamukata umushahara
    nitwa dusabe iyo bamubabarira

  2. APR FC yongereye ibihano umukinnyi wayo kugeza muri 2023, inamukata umushahara
    nitwa dusabe iyo bamubabarira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *