Libya itumye Abanyarwanda barara bigunze
Ikipe y’Igihugu ya Libya yatsinze Amavubi y’u Rwanda igitego 1-0, bituma icyizere cyayo cyo kujya mu gikombe cya Afurika gisigarira mu mibare. Amavubi yari yakiriye Libya kuri Stade Amahoro, mu mukino wa gatanu wo mu tsinda D w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc. Ni umukino umutoza Torsten Fran Spittler […]
Ambasaderi wa Amerika i Nairobi wari utishimiwe n’abanya-Kenya yeguye
Meg Whitman wari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kenya ku wa Gatatu yeguye kuri izo nshingano, nyuma y’igihe yotswa igitutu n’abanya-Kenya bamusabaga kubavira mu gihugu. Uyu mudipolomate kandi yeguye nyuma y’icyumweru kimwe Donald Trump yongeye gutorerwa kuyobora Amerika. Uyu mugore usanzwe ari n’umuherwe yari amaze imyaka ibiri n’igice ari Ambasaderi wa Amerika […]
Kigali: Howo yishe umumotari n’umugenzi
Abantu babiri barimo umumotari n’umugenzi yari ahetse kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Ugushyingo baguye mu mpanuka, nyuma yo kugongana n’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo. Ni impanuka yabereye ku Gisozi ho mu karere ka Gasabo, hafi n’urwibutso. Ishami rya Polisi y’igihugu ishinzwe umutekano wo mu muhanda ryemeje ko abaguye muri iriya mpanuka ari […]
Kagame yashimiye Perezida Ilham Aliye ku bwo kwakira neza COP29
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yabonanye na mugenzi Ilham Aliye wa Azerbaijan, amushimira uko igihugu cye cyakiriye neza Inama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP29). Perezida Paul Kagame ari mu bitabiriye iyi nama yahuje abayobozi batandukanye bo hirya no hino ku Isi. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwabyo rwa X byatangaje ko […]
RDF yataye muri yombi Sergeant wayo wiciye abantu 5 i Nyamasheke
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyatangaje ko cyataye muri yombi umusirikare wo mu ngabo zacyo warasiye mu cyico abantu batanu bo mu karere ka Nyamasheke. RDF yemeje ko yataye muri yombi Sergeant Minani Gervais, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Ugushyingo 2024. Yagize ati: “Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibabajwe n’ibyago byabereye mu […]
Nyamasheke: Umusirikare yarashe abaturage 5 mu cyico
Uwo abaturage bavuga ko ari umusirikare wo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) mu ijoro ryacyeye yarasiye mu kabari abantu batanu bo mu karere ka Nyamasheke, arabica. Byabereye mu isantere y’ubucuruzi ya Rubyiruko iherereye mu mudugudu wa Kageyo, akagari ka Rushyarara ho mu murenge wa Karambi, mu ma saa saba z’ijoro. Umuturage witwa Mandela yabwiye BWIZA […]
Umunyarwanda n’Umurundi batawe muri yombi bazira gutunga intwaro
Polisi ya Malawi yataye muri yombi impunzi ebyiri zirimo iy’Umunyarwanda ndetse n’Umurundi ikurikiranyeho gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Izi mpunzi zombi zafashwe nyuma y’isaka ritunguranye ryabaye mu nkambi ya Dzaleka zabagamo ku Cyumweru gishize. Amakuru avuga ko nyuma y’iri saka abatawe muri yombi bafatanwe imbunda ebyiri. Kuri ubu uwo Munyarwanda n’Umurundi bafungiye muri kasho […]
Trump yahisemo umunyamakuru nka Minisitiri mushya w’Ingabo, anaha Elon Musk imirimo
Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko umunyamakuru Pete Hegseth ari we agomba kugira Minisitiri mushya w’ingabo za kiriya gihugu. Hegseth usanzwe akorera Televiziyo ya Fox News, usibye kuba ari umunyamakuru yanahoze mu ngabo za Amerika zirwanira mu mazi. Mbere yo kwemererwa gutangira ziriya nshingano ishyirwaho rigomba kubanza kwemezwa na Sena […]
Perezida Kagame yategetse ko ba Ofisiye 35 birukanwa muri Polisi

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego zishinjwe umutekano z’u Rwanda, ku wa Mbere yategetse ko ba Ofisiye 35 birukanwa muri Polisi y’igihugu. Iteka rya Perezida N° 079/01 ryo ku wa 11 Ugushyingo 2024 ni ryo ryirukana aba ba Ofisiye muri Polisi y’u Rwanda. Abirukanwe barimo umwe ufite ipeti rya Superintendent (SP), batanu bafite ipeti […]
Perezida Kagame yirukanye burundu Abaminisitiri 2
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yirukanye burundu muri Guverinoma y’u Rwanda Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc na Jeannine Munyeshuli bahoze ari bamwe mu bayigize. Ku wa 25 Nyakanga uyu mwaka ni bwo Dr Mujawamariya wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yirukanwe n’Umukuru w’Igihugu. Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu itangazo rimwirukana yasohoye mu izina rya Perezida […]
Ishyaka rya Tshisekedi rirashinja u Rwanda kuritezamo akajagari kariyogoje
Ishyaka UDPS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rirashinja u Rwanda kuba ari rwo ruri inyuma y’akajagari kamaze igihe karivugwamo. Iri shyaka hashize iminsi risa n’iryacitsemo ibice bitewe n’umugambi utavugwaho rumwe Perezida Félix Antoine Tshisekedi amaze iminsi afite wo guhindura Itegekonshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umunyamabanga Mukuru w’Iri shyaka, Augustin […]
RED-Tabara yongeye kwigamba gukubita ahababaza Igisirikare cy’u Burundi
Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi watangaje ko wongeye kwicira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ingabo z’iki gihugu, nyuma y’imirwano iheruka gusakiranya impande zombi. Muri iyo mirwano yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 9 Ugushyingo, uyu mutwe uravuga ko wayiciyemo abasirikare 20 b’Abarundi ndetse n’abambari babo barimo Mai Mai Yakutumba. Ni imirwano yabereye […]
Polisi ya Canada yarashe mu cyico Umunyarwanda
Umunyarwanda witwa Kabera Erickson ku Cyumweru yitabye Imana aguye mu bitaro byo mu ntara ya Ontario muri Canada, nyuma yo kuraswa na Polisi yo muri iki guhugu. Ku wa Gatandatu tariki ya 9 Ugushyingo ni bwo Kabera wari ufite imyaka 43 y’amavuko yarasiwe mu nyubako yitwa Hamilton Apartment. Polisi ya Canada icyo gihe yatangaje ko […]
RDC yanyomoje iby’uko indege ya RwandAir yafatiwe i Cairo itwaye amabuye y’agaciro yayibwemo
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye muri Ambasade yayo mu Misiri, yahakanye inkuru ziri gucicikana zivuga ko hari indege itwara imizigo ya RwandAir yafatiwe i Cairo itwaye amabuye y’agaciro “yibwe” mu burasirazuba bwa RDC. Ni inkuru kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize zikomeje gukwirakwizwa n’abiganjemo abanye-Congo ndetse n’abandi badacira akari urutega ubutegetsi bw’u Rwanda. Congo […]
Ukraine yagabye ibitero karahabutaka bya drones ku Burusiya
Ukraine mu mpera z’icyumweru gishize yagabye ibitero bya za drone ku Burusiya, biba ibitero binini kurusha ibindi bibayeho kuva intambara y’ibihugu byombi itangiye. Minisiteri y’ingabo z’u Burusiya yavuze ko yaturikije ‘drones’ 84 za Ukraine mu turere dutandukanye tw’iki gihugu, zirimo izari zisatiriye Moscow. Ibi byatumye u Burusiya buhindurira icyerekezo indege zari kugwa ku bibuga by’indege […]
Umwe mu bagore barenga 400 bagaragaye biha akabyizi na Baltasar yamureze
Cristel Nchama uri mu bagore babarirwa muri 400 bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga biha akabyizi na Baltasar Engonga wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza ku mikoreshereze y’imari muri Guinée-Équatoriale, yamureze muri Gendarmerie ya kiriya gihugu. Baltasar yabaye ikimenyabose nyuma y’amashusho ye yagiye hanze yiha akabyizi n’abarimo umugore w’umuvandimwe we, uwa mubyara we, […]
Abapolisi bakuru barimo CP Basabose na ACP Twahirwa bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
Polisi y’u Rwanda kuri iki cyumweru yatangaje ko abapolisi 154 barimo barindwi bo ku rwego rwa ba Komiseri bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Mu boherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo Commissioner of Police (CP) Denis Basabose wari usanzwe ari Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano w’ibikorwaremezo no kugenzura ibigo byigenga bicunga umutekano. Abandi nk’uko Polisi […]
Dr Pierre Damien Habumuremyi yahawe imirimo mishya
Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yahawe imirimo mishya, agirwa umwe mu bagize Inama y’Inararibonye, Urubuga ngishwanama rw’inararibonye rw’inararibonye z’u Rwanda. Ni inshingano Dr Habumuremyi yahawe n’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Ugushyingo 2024 iyobowe na Perezida Paul Kagame. Abandi bahawe inshingano nk’abagize ruriya rwego barimo Amb. […]
Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Lavrov w’u Burusiya
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Gatandatu yahuye anakorana inama na mugenzi we w’u Burusiya, Sergei Lavrov. Abakuru ba dipolomasi z’ibihugu byombi bahuriye mu mujyi wa Sochi, ahari kubera inama ya mbere y’abaminisitiri yiga ku bufatanye hagati y’u Burusiya n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika. Inama yabo yasize u Rwanda […]
U Rwanda rwitandukanyije n’inkuru zihuza Mondlane na FDLR
Guverinoma y’u Rwanda Rwanda yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe rishinja umutwe wa FDLR kugira uruhare mu mvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Mozambique. Abanya-Mozambique batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu bakomeje kwigaragambya, bamagana ibyavuye mu matora yabaye muri iki gihugu mu minsi ishize. Ni amatora yasize Daniel Chapo wo ku ruhande rw’ishyaka Frelimo atangajwe nka Perezida mushya, atsinze […]
Ruto yaterefonnye Trump
Perezida William Samoei Ruto wa Kenya yahamagaye kuri Telefoni Donald Trump uheruka kongera gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baganira ku nzego Nairobi na Washington bashobora kuba bakwaguriramo ubufatanye. Kenya isanzwe ifitanye amasezerano y’ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari, gusa aya masezerano Perezida Ruto yasinyanye na Joe Biden […]
Nta murwayi wa Marburg n’umwe ukiri mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima ku wa Gatanu tariki ya 8 Ugushyingo yatangaje ko abarwayi bose bari barwaye indwara y’umuriro mwinshi iterwa na Virusi ya Marburg bamaze gukira, ibisobanura ko nta muntu n’umwe ukiyirwaye mu gihugu. Ku wa 27 Nzeri ni bwo Minisiteri y’Ubuzima yari yatangaje bwa mbere ko iki cyorezo cyagaragaye mu gihugu. Kuva icyo gihe ababarirwa […]
Amerika yongeye kotsa igitutu u Rwanda na RDC
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu zongeye kotsa igitutu u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano iheruka kongera kuburwa hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC. Impande zombi zimaze ibyumweru bitatu zirwanira muri Teritwari ya Walikale ndetse no mu bindi bice bitandukanye by’Intara ya […]
Perezida yirukanye Baltasar wihaye akabyizi n’abagore barenga 400 barimo mushiki we
Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Guinée-Équatoriale yirukanye ku mirimo Baltasar Ebang Engonga wari umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe iperereza ku mikoreshereze y’imari muri iki gihugu. Uyu mugabo yirukanwe nyuma y’amashusho ye yagiye ku karubanda amugaragaza yiha akabyizi n’abagore barenga 400. Ni abagore biganjemo ab’abayobozi bakomeye muri Guinée, kugeza kuri mushiki wa Perezida. Iteka rya Perezida […]
APR FC yahawe ‘Jenerali’ uyiyobora
Ikipe ya APR FC yamaze guhabwa Umuyobozi Mukuru mushya (Chairman) usimbura Col (Rtd) Karasira Richard wamaze kuvanwa ku buyobozi bw’iyi kipe. Ku wa Kane tariki ya 7 Ugushyingo ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Col (Rtd) Karasira atakiri Chairman wa APR FC yari amaze amezi 17 abereye umuyobozi. Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu nyamukuru yatumye uyu musirikare […]
RDC: Abadepite barakajwe n’isaluti yaterewe Nduhungirehe i Goma
Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatuye uburakari Guverinoma y’iki gihugu, kubera icyubahiro cya gisirikare giheruka guhabwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe. Ku wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo ni bwo Minisitiri Nduhungirehe yari i Goma, aho yari yitabiriye igikorwa cyo gutangiza urwego ruvuguruye ruhuriweho n’u Rwanda, Repubulika Iharanira […]
Colonel (Rtd) Karasira yirukanwe ku buyobozi bwa APR FC
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwirukanye Col (Rtd) Karasira Richard wari umuyobozi mukuru wa APR FC, nyuma y’ibibazo bikomeje kurangwa muri iyi kipe. Amakuru y’uko Col (Rtd) Karasira atakiri Chairman wa APR FC yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Sam Karenzi ukurikiranira hafi amakuru yo muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu. Uyu musirikare uri mu kiruhuko cy’izabukuru yirukanwe nyuma […]
U Rwanda rwongeye koherereza abanya-Gaza imfashanyo
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yohereje imfashanyo ingana na Toni 19 muri Gaza, mu rwego rwo gufasha abaturage bo muri iyi ntara bugarijwe n’ingaruka z’intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas. U Rwanda rwatanze iyi mfashanyo rufatanyije n’ubwami bwa Jordan, ikaba yatanzwe biciye mu muryango ukora ibikorwa by’ubutabazi w’ubu bwami. Imfashanyo u Rwanda rwatanze kuri uyu […]
M23 yavuye mu gace k’ingenzi yaherukaga kwigarurira
Umutwe wa M23 biravugwa ko wamaze kuva mu gace ka Kamandi Gîte wari warigaruriye mu mpera z’icyumweru gishize. Kamandi GÎte iri mu nkengero z’Ikiyaga cya Édouard, ikaba irimo inzira igana muri teritwari ya Beni, ahakorera indi mitwe yitwaje intwaro ihanganye na Leta ya RDC nka ADF n’undi witwa Zaïre. Ku wa 3 Ugushyingo ni bwo […]
Umunsi Trump abwira Kagame ko ari iby’agaciro kumugira nk’inshuti
Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu yashimiye Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu. Trump yatorewe kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika atsinze arusha Kamala Harris wo mu ishyaka ry’aba-Démocrates bari bahataniye kwinjira muri White House. Perezida Kagame mu butumwa yanditse ku rubuga rwe […]
Perezida Kagame yashimiye Trump watorewe kuyobora Amerika
Perezida Paul Kagame yashimiye Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu. Trump wayoboye Amerika hagati ya 2016 na 2020, yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ahigitse Kamala Harris usanzwe ari Visi-Perezida wacyo bari bahatanye mu matora. Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe […]
Fatakumavuta yoherejwe muri gereza y’ i Mageragere
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2024,rwategetse ko Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta afungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, agakurikiranwa afunze. Uyu mugabo akurikiranweho gusebanya akoresheje imiyoboro ya YouTube yakoreraga kimwe no ku rubuga nkoranyambaga rwa X; ibyatumye aregwa n’abantu batandukanye. Mu bamureze nk’uko ubushinjacyaha bwabivuze ubwo yaburanaga […]
Miss Muheto yafunguwe
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ugushyingo 2024, rwategetse ko Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, Nshuti Divine Muheto afungurwa. Ni mu mwanzuro w’urubanza rwaregwagamo uyu mukobwa urukiko rwasomye kuri uyu wa Gatatu. Miss Muheto yari amaze igihe afunzwe nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranweho ibyaha birimo gutwara imodoka yanyoye ibisindisha […]
APR FC yatewe mpaga
Komisiyo y’amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yateye mpaga y’ibitego 3-0 APR FC nyuma yo gukora amakosa yo gukinisha abanyamahanga 7 mu kibuga mu mukino wayihuje na Gorilla FC. Ni umwanzuro iyi Komisiyo yafashe kuri uyu wa Gatanu nyuma y’ikirego Gorilla FC yari yaratanze. APR FC yakinishije abanyamahanga barindwi mu gihe umubare ntarengwa […]
Donald Trump yongeye gutorerwa kuyobora Amerika
Umunyapolitiki Donald wo mu ishyaka ry’aba Républicain yongeye gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Kamala Harris bari bahatanye mu matora. Trump yegukanye intsinzi nyuma yo kugeza ku majwi 270 asabwa ugomba gutorerwa kuyobora Amerika. Ni amajwi atangwa hagendeye kuri Leta 50 zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko zirindwi zigira uruhare […]
Amatora yo muri Amerika: Trump ari imbere ya Kamala Harris mu majwi yabaruwe
Amajwi yatangiye kubarurwa nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo, arerekana ko Donald Trump wo mu ishyaka ry’aba-Republicain ari imbere ya mukeba we, Kamala Harris wo ku ruhande rw’aba-Democrates. Kugeza ubu aba bakandida bombi bari gutanguranwa kugeza ku majwi 270 atangwa hagendewe ku mubare […]
APR FC yahagaritse Capt (Rtd) Ntazinda
Ikipe ya APR FC ku wa Kabiri yahagaritse ku mirimo Capt (Rtd) Ntazinda Eric wari umukozi wayo ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe (Team Manager). Capt Ntazinda yahagaritswe nyuma y’amakosa yabaye ku mukino wa shampiyona APR FC iheruka kugwamo miswi na Gorilla FC 0-0. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yakoze amakosa yo gukinisha abakinnyi barindwi […]
Amajyaruguru: RRA yahaye ishimwe abasora bahize abandi
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA), kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo cyashimiye abasora bo mu ntara y’Amajyaruguru bahize abandi mu gutanga umusoro. Ni igikorwa RRA yakoraga ku nshuro ya 22, kikaba cyabereye mu karere ka Musanze. Mu byashingiweho hashimwa bariya bantu harimo kuba baramenyekanishije bakanishyura imisoro ku gihe, kuba bafite EBM, kuba batanga […]
Meddy na The Ben mu bafungishije Fatakumavuta
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo rwasubukuye urubanza ruregwamo Sengabo Jean Bosco wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru nka Fatakumavuta. Ni urubanza rwakabaye rwaraburanishijwe ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo mu cyumweru gishize, gusa uregwa asaba urukiko kuba rurusubitse kugira ngo afate umwanya wo kwiga dosiye ye. Mu iburanisha ryo […]
Bartasar wihaye akabyizi n’abagore barenga 400 barimo na mushiki wa Perezida ‘yabanduje SIDA’
Ubutabera bwo muri Guinée-Équatoriale burashinja Baltasar Ebang Engonga usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rushinzwe iperereza ku mikoreshereze y’imari muri Guinée-Équatoriale, kwanduza SIDA abagore barenga 400 byagaragaye ko yaryamanye na bo. Iby’uyu mugabo byagiye hanze nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi muri Guinée zamukoragaho iperereza ku byaha bya ruswa zitahuye muri mudasobwa ye amavidewo abarirwa mu magana amugaragaza yiha […]
RDC yafunze umupaka wayo n’u Rwanda
Amakuru aturuka mu karere ka Rubavu aravuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafunze umupaka wa la Corniche uzwi kw’izina rya Grande Barrière uyihuza n’u Rwanda. Amakuru BWIZA yamenye ni uko Abanyarwanda ndetse n’abandi bakorera akazi mu mujyi wa Goma muri iki gitondo bazindutse nkuko bisanzwe bajya mu kazi, ariko basubizwa inyuma n’abapolisi ba RDC. […]
Akomeje kurikoroza nyuma yo kwiha akabyizi n’abagore barenga 400 barimo mushiki wa Perezida
Baltasar Ebang Engonga usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rushinzwe iperereza ku mari muri Guinée-Équatoriale, akomeje kuvugisha abantu nyuma yo kuryamana n’abagore barenga 400 barimo n’ab’abayobozi bakomeye mu gihugu. Iby’uyu mugabo byagiye hanze nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi muri Guinée zitahuye amavidewo abarirwa mu magana amugaragaza yiha akabyizi n’abagore batandukanye. Mu bagore uyu mugabo amakuru avuga ko yaryamanye […]
RDC yanze Ambasaderi Col (Rtd) Shem Amadi wa Kenya
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze umwaka urenga yaranze kwemeza Col (Rtd) Shem Amadi Kenya yatanze nka Ambasaderi ugomba kuyihagararira i Kinshasa. Ni nyuma y’imyaka ibarirwa muri ibiri umwuka utifashe neza hagati y’ibihugu byombi ahanini n’ubwumvikane buke hagati ya ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi na mugenzi we, William Samoei Ruto. Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi […]
APR FC yarezwe muri FERWAFA
Ikipe ya Gorilla FC yareze APR FC mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), iyishinja gukinisha umubare w’abanyamahanga uruta uw’abemerewe gukina muri shampiyona y’u Rwanda. Ku Cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo Gorilla FC yari yakiriye APR FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona warangiye amakipe yombi aguye miswi 0-0. Muri […]
Icyo u Rwanda ruvuga ku birego bishinja RDF kurasa ku bigaragambya i Maputo
Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje inkuru zishinja ingabo z’u Rwanda ziri Mozambique kurasa ku baturage bari mu myigaragambyo i Maputo, itanga umucyo w’uko muri uyu murwa mukuru wa Mozambique nta ngabo za RDF zihaba. Ku wa Gatanu tariki ya 2 Ukwakira ni bwo i Maputo habereye imyigaragambyo y’abashyigikiye umunyapolitiki Venâncio Mondlane. Uyu mugabo kuri ubu uru […]
NPSC yasabye Meya wa Rulindo gusubiza mu kazi Gitifu yirukanye ubugira 3
Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) yandikiye umuyobozi w’akarere ka Rulindo ibaruwa ya gatatu imusaba gusubiza mu kazi uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo yirukanye. Ku wa Kane tariki ya 31 Ukwakira ni bwo NPSC yongeye kwandikira Meya Mukanyirigira Judith imusaba gusubiza mu kazi Gitifu Ndagijimana Froduald. Iyi Komisiyo yasubizaga uyu muyobozi ku ibaruwa […]
Simpakana ko tudafasha M23 ahubwo ndabyemeza: Gen Kulayigye
Igisirikare cya Uganda biciye mu muvugizi wacyo, Brig Gen Felix Kulayigye, kivuga ko nta bibazo umutwe wa M23 uteje Uganda usibye icyo kuba uyu mutwe utuma imari y’abacuruzi bo muri kiriya gihugu yinjira muri Congo uko bikwiye. Kuva muri 2023 M23 ni yo igenzura ibice bitandukanye byegereye umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na […]
Ikipe imwe mu Rwanda ni yo nka Rayon Sports dutinya: Muvunyi
Muvunyi Paul wahoze ari Perezida wa Rayon Sports yatangaje ko ikipe imwe mu Rwanda ari yo batinya ndetse bakanubaha, ko ariko na yo Hari ubwo bayica mu rihumye bakayitwara igikombe. Muvunyi yabitangaje ku wa Gatanu ubwo we na bagenzi be bagiye bayobora Rayon Sports basuraga abakinnyi b’iyi kipe mu myitozo biteguriragamo umukino w’umunsi wa karindwi […]
Ikosa rikomeye ubutegetsi bwa RDC bwakoze mu mboni za Gen (Rtd) Kabarebe
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane bw’akarere James Kabarebe, asanga kuba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakoze ikosa ryo gukurikira abafite ingengabitekerezo yo kwanga u Rwanda ari byo byakururiye iki gihugu ibibazo kimazemo imyaka myinshi. Gen (Rtd) Kabarebe yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana na Mvemba Dizolele wo mu kigo […]
Abahoze bayobora Rayon Sports bayisuye, bayiha intego yo guhuhura Kiyovu Sports
Abahoze ari abayobozi ba Rayon Sports nyuma yo kwiyunga, kuri uyu wa Gatanu bayisuye mu myitozo baha abakinnyi bayo intego yo kuzatsinda Kiyovu Sports. Abasuye Murera mu Nzove bari barangajwe imbere na Muvunyi Paul na Munyakazi Sadate batakunze gucana uwaka, Thadée Twagirayezu, Dr Emile Rwagacondo, Ngoga Roger n’abandi. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Rayon […]
Manchester United yaguze umutoza mushya
Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza kuri uyu wa Gatanu yemeje umunya-Portugal, Ruben Amorim nk’umutoza wayo mushya. Amorim w’imyaka 39 y’amavuko, yasinye amasezerano yo gutoza United kugeza muri 2027, nk’uko iyi kipe yabyemeje biciye mu itangazo yasohoye ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Uyu mugabo wasimbuye Umuholandi Erik Ten Hag, yari asanzwe ari umutoza mukuru […]
Perezida Masisi yemeye intsinzwi
Perezida Mokgweetsi Masisi (uri kumwe na Perezida Kagame ku ifoto) wa Botswana yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, nyuma y’uko amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yerekanye ko ishyaka rye ryatsinzwe bikabije. Mu gihe amajwi menshi amaze kubarurwa, ishyaka Umbrella for Democratic Change (UDC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi ni ryo riri imbere mu […]
Urugendo rwa Gachagua nka Visi-Perezida wa Kenya rwageze ku iherezo
Icyizere cya Rigathi Gachagua cyo gukomeza kuba Visi-Perezida wa Kenya cyamaze kuyoyoka burundu, nyuma y’uko Urukiko Rukuru muri iki gihugu ku wa Kane rwakuyeho icyemezo ruvanyeho icyemezo rwari rwarafashe cyo gukumira irahira rya Prof. Kithure Kindiki ugomba kumusimbura. Ku wa 17 Ukwakira ni bwo Sena ya Kenya yahaye umugisha icyemezo cyo kweguza Gachagua cyaherukaga gufatwa […]
Perezida Kagame yakomeye Amavubi amashyi
Perezida Paul Kagame yakomeye ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ amashyi, nyuma yo kunyagira Djibouti ibitego 3-0 akayisezerere ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Amavubi yari yakiriye Djibouti kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere muri za shampiyona zabo (CHAN). Ni nyuma y’ubanza Djibouti yari yatsinzemo u Rwanda […]
Yaka Mwana yongeye gutabwa muri yombi
Gasore Pacifique uzwi mu biganiro bitambuka kuri YouTube nka Yaka Mwana, yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024. Yaka yafatiwe ahakorera Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho yari yagiye gukurikirana iburanisha ry’imanza ziregwamo Miss Nshuti Divine Muheto na Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta. Yaka yatawe muri yombi azira guteza akavuyo […]
Nyuma yo kuva i Kampala, Tshisekedi yaraye i Burundi
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaraye i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bihuriwe mu isoko rusange rya Afurika y’iburasirazuba n’iy’amajyepfo (COMESA). Tshisekedi yageze i Bujumbura akubutse i Kampala aho ku wa Gatatu yagiriye uruzinduko rw’amasaha make. Ni uruzinduko rwasize we na Perezida Yoweri Kaguta Museveni baganiriye ku […]
MINALOC yinjiye mu gisa no kumvana imitsi kiri hagati ya NPSC na Meya wa Rulindo
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko igiye kuganira ku gisa n’ihangana rimaze iminsi riri hagati ya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) n’ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo batajya imbizi ku mwanzuro wo gusubiza mu kazi uwari Gitifu w’Umurenge wa Mbogo umaze igihe yarirukanwe. Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mugenzi Patrice, mu kiganiro yahaye Kigali Today yavuze […]
Museveni yavuze ibyo yaganiriyeho na Tshisekedi yatumije i Kampala
Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu yagiriye uruzinduko i Kampala muri Uganda rwasize yakiriwe anagirana ibiganiro na Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ni uruzinduko rwamaze amasaha make, Tshisekedi akaba yari yararutumiwemo na Perezida wa Uganda. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu byabereye muri Perezidansi ya Uganda i Entebbe, bibera mu […]
Muvunyi na Sadate barebanaga ay’ingwe biyemeje kumwenyuza aba-Rayon Sports
Muvunyi Paul na Munyakazi Sadate bahoze bayobora Rayon Sports, biyemeje gushyira ku ruhande amakimbirane bari bamaze igihe bafitanye bagafatanya kuyobora Rayon Sports. Mu myaka yashize ni bwo aba bagabo bombi basimburanye ku buyobozi bwa Rayon Sports bagiranye ibibazo, bisubiza inyuma iriya kipe ku buryo byanabaye ngombwa ko icikamo ibice bibiri. Mu minsi ishize ubwo igice […]
Colonel wa FARDC n’ingabo yari ayoboye bihuje na M23
Col Gilbert Ekombe Bongilima wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yiyunze kuri M23 we n’igice kinini cy’ingabo yari ayoboye. Col. Ekombe yari asanzwe ari umuyobozi wa regiment ya 137 ya FARDC ikorera muri Groupement ya Luberiki ho muri Teritwari ya Walikale. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo uyu Ofisiye mukuru […]