Intasi nkuru z’u Rwanda na RDC i Luanda

Impuguke mu butasi zo mu bihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Ukwakira zirahurira i Luanda muri Angola mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa RDC. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe ku wa Kabiri yabwiye France 24 ko iyi nama iza […]

Miss Nshuti Divine Muheto arafunzwe

Polisi y’Igihugu yatangaje ko Miss Nshuti Divine Muheto ufite ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2022 afunzwe, nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yasinze ndetse atanagira uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga. Polisi yemeje ko uyu mukobwa afunzwe ibicishije ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “Polisi iramenyesha ko Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha […]

Jenerali wayoboye urugamba rwahiritse ku butegetsi Idi Amin yapfuye

Gen (Rtd) David Musuguri wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, yapfuye kuri uyu wa Kabiri afite imyaka 104 y’amavuko. Uyu mukambwe yaguye mu bitaro byo mu mujyi wa Mwanza aho yari amaze iminsi avurirwa. Gen Musuguri wabaye mu gisirikare cya Tanzania imyaka 46, yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki imyaka umunani, hagati ya 1980 na […]

M23 irakoza imitwe y’intoki kuri Pinga

Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 28 Ukwakira wegereye agace ka Pinga ko muri Teritwari ya Walikale, ku buryo isaha n’isaha ushobora kukigarurira. Pinga isanzwe ifatwa nk’ibirindiro bikuru by’umutwe witwaje intwaro wa NDC-R uyoborwa na ’Gen’ Guidon Shimiray Mwissa, akaba ari na we uyobora ry’imitwe ya Wazalendo. Aka gace gasanzwe kabamo ikibuga cy’indege […]

MONUSCO iri gukorera FDLR ubutasi: AFC/M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, ryongeye gushinja Ingabo za Loni ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) gukorana n’abarimo FDLR. FDLR ni umwe mu mitwe igize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo zimaze igihe zirwana na M23. Impande zombi kuri ubu zimaze icyumweru kirenga zirwanira muri […]

Rodri yegukanye Ballon d’Or, igikuba kiracika

Umunya-Espagne Rodri Hernandez ni we waraye wegukanye igihembo cya Ballon d’Or gisanzwe gitangwa n’ikinyamakuru France Football, nyuma yo guhigika abarimo umunya-Brésil Vinicius Jr. Uyu musore w’imyaka 28 y’amavuko, yegukanye iki gihembo nyuma yo gufasha ikipe y’Igihugu ya Espagne kwegukana Euro ya 2024. Yatwaranye na Man City kandi ibikombe birimo icya Premier league, Super Cup ya […]

Meya wa Rulindo yongeye kujya mu mitsi na NPSC kubera wa Gitifu yirukanye

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yongeye kujya mu mitsi na Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta n’umurimo (NPSC) yari yamusabye gusubiza mu kazi Gitifu w’umurenge yirukanye amurenganya, ayumvisha ko ikwiye guha agaciro impamvu yashingiyeho yirukana uriya mukozi. Ku wa 7 Ukwakira ni bwo NPSC yari yandikiye Meya Mukanyirigira imwibutsa ko agomba gushyira mu bikorwa umwanzuro […]

Abasirikare 40 ba Tchad biciwe mu kigo cya gisirikare

Perezidansi ya Tchad yatangaje yatangaje ko abasirikare babarirwa muri 40 b’iki gihugu biciwe mu kigo cya gisirikare giherereye hafi y’ikiyaga cya Tchad barimo. Byabaye ku Cyumweru tariki ya 27 Ukwakira. Itangazo Perezidansi ya Tchad yasohoye kuri uyu wa Mbere rivuga ko nyuma ya kiriya gitero Perezida wa kiriya gihugu, Gen Mahamat Idriss Déby yahise atangiza […]

Vinicius Jr ntabwo ari we uri butware Ballon d’Or

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bufaransa aravuga ko umunya-Espagne Rodrigo Hernandez ari we uri buze guhabwa igihembo cya Ballon d’Or, aho kuba umunya-Brésil Vinicius Jr. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 ni bwo ikinyamakuru France Football kiri butange iki gihembo. Vinicius watwaranye na Real Madrid igikombe cya UEFA Champions league ndetse […]

Manchester United yirukanye Erik Ten Hag

Ikipe ya Manchester United kuri uyu wa Mbere yirukanye Umuholandi Erik Ten Hag wari umutoza wayo mukuru. Uyu mugabo wari umaze imyaka ibiri n’igice atoza iriya kipe ifite ibikombe byinshi mu Bwongereza, yirukanwe kubera umusaruro mubi. Manchester United nyuma y’umunsi wa cyenda wa Premier league iri ku mwanya wa 14 n’amanota 11. Ten Hag w’imyaka […]

Amaraso mashya mu Mavubi ya CHAN nyuma yo kwandikira amateka mabi kuri Djibouti

Umutoza Torsten Frank Spittler w’ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yitabaje abandi bakinnyi bashya, kugira ngo bamufashe kwitegura umukino wo kwishyura u Rwanda ruzahuriramo na Djibouti ku wa Kane w’iki cyumweru. Ku Cyumweru tariki ya 27 Ukwakira Djibouti yari yakiriye Amavubi kuri Stade Amahoro, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike ya CHAN izabera mu bihugu bya Kenya, Tanzania […]

Walikale: M23 yigaruriye duce dushya

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wigaruriye uduce dushya two muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’imirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi Teritwari imaze iminsi itandatu iberamo imirwano ikomeye. Amakuru anemezwa na Sosiyete Sivile y’i Walikale aravuga ko imirwano yo kuri uyu wa Gatandatu yasize M23 yigaruriye uduce turimo […]

CAF yateye Libya yitegura gusura Amavubi mpaga

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yateye mpaga ikipe y’Igihugu ya Libya yitegura gukina n’ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ mu kwezi gutaha. Libya yatewe mpaga izira kuburabuza ikipe y’Igihugu ya Nigeria bagombaga guhura muri uku kwezi k’Ukwakira bashaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025. The Super Eagles ya Nigeria yagombaga gusura Libya mu mukino wa kane wo […]

Burundi: Polisi yarashe mu kico 3

Polisi y’u Burundi mu ijoro ryacyeye yarasiye abantu batatu mu ntara ya Ngozi ho mu majyaruguru y’u Burundi, parapfa. Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2024. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko uru rugomo rwatewe n’“ubusinzi ndetse n’imyitwarire mibi y’abapolisi bakorera kuri Sitasiyo ya Ngozi”. Kuri […]

U Bufaransa bwijunditse M23

Leta y’u Bufaransa yamaganye umutwe wa M23, nyuma yo kubura imirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasize winjiye muri Teritwari ya Walikale. Kuva ku Cyumweru gishize ni bwo imirwano yagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo yatangiye muri iriya Teritwari. Ku Cyumweru gishize M23 yigaruriye agace ka Kalembe yaje […]

RED-Tabara irigamba kwivugana abasirikare barenga 40 b’u Burundi barimo Lt. Col

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uravuga ko wiciye muri Kivu y’Amajyepfo abasirikare 45 b’u Burundi, ubwo impande zombi zasakiraniraga mu mirwano. Patrick Nahimana uvugira uyu mutwe yavuze ko imirwano bariya basirikare biciwemo yari imaze icyumweru n’igice ibera mu biturage bya Kaberukwa, Ngumiyano na Ibaciro byo muri Itombwe ho muri Kivu y’amajyepfo. Ni imirwano […]

Israel yihimuye kuri Iran

Israel kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko yarashe ibikorwa remezo bya gisirikare bitandukanye muri Iran, mu rwego rwo kwihimura ku bitero iki gihugu kimaze igihe kigaba ku butaka bwayo. Israel yemeje aya makuru biciye mu muvugizi w’Igisirikare cyayo (IDF). Yavuze ko “mu gusubiza ibitero ubutegetsi bwa Iran bumaze amezi bugaba kuri leta ya Israel, muri […]

Colonel Bora wahoze ari intasi ya FDLR asaba M23 gutabara abari Goma

Colonel Nshimiyimana Augustin Alias Bora Manass? wahoze akuriye ubutasi bwo hanze mu mutwe wa FDLR, aribaza impamvu M23 ntacyo ikora ngo ujye gutabara abanye-Congo bakomeje kwicirwa i Goma. Ni nyuma y’amashusho mu minsi ishize yakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abanye-Congo basa n’aho barya inyama z’abantu babiri bari bamaze kwicirwa i Goma. Aya mashusho ateye ubwoba […]

Tshisekedi wifuza kuyobora RDC ubuzima bwe bwose ni umugambanyi: Moïse Katumbi

Umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe yamaganiye kure icyifuzo cya Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo guhindura itegekonshinga, agaragaza ko yamaze kugambanira icyizere yagiriwe n’abanye-Congo. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Tshisekedi warahiriye “kurinda itegekonshinga rya RDC” yatangaje ko afite gahunda yo kurivugurura, nyuma yo kugaragaza ko “ryateguriwe mu mahanga ndetse […]

Mozambique yabonye Perezida mushya nyuma y’amatora yaranzwe n’imvururu

Komisiyo y’amatora muri Mozambique yatangaje ko ishyaka FRELIMO riri ku butegetsi ari ryo ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka kuba. Ibi bivuze ko Daniel Chapo wari uhagarariye FRELIMO mu matora ari we ugomba gusimbura ku butegetsi Filipe Nyusi urangije manda ebyiri. Chapo w’imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma y’uko Mozambique ibonye […]

Nshuti Innocent ari kurambagizwa n’ikipe yo muri Afurika y’Epfo

Ikipe ya Marumo Gallants yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo, yatangiye kurambagiza rutahizamu Nshuti Innocent w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ngo abe yayerekezamo muri Mutarama 2025. Nshuti afitanye na One Knoxville SC yo mu cyiciro cya gatatu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano azarangira mu Ukuboza uyu mwaka. Uyu rutahizamu amakuru avuga ko Marumo […]

Franck Diongo udacana uwaka na Tshisekedi yaba ari i Kigali

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko depite akanaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Franck Diongo yaba ari i Kigali kuva ku Cyumweru gishize. Diongo kuva muri 2023 aba i Bruxelles mu Bubiligi aho yahungiye. Amakuru uruhande rw’u Rwanda rutaremeza cyangwa ngo ruhakane aravuga ko yaba yarageze i Kigali ku Cyumweru gishize. Mu […]

M23 yisubije Kalembe nyuma y’amasaha make iyitakaje

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Ukwakira, yisubije agace ka Kalembe ko muri Teritwari ya Walikale nyuma y’amasaha make ukambuwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa. Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yari yigaruriye aka gace, gusa iza kukamburwa nyuma y’amasaha make. Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatatu inyeshyamba […]

Perezida Kagame yizihirije isabukuru y’amavuko muri Samoa

Perezida Paul Kagame uri i Apia ho mu gihugu cya Samoa, yizihirije isabukuru y’amavuko y’imyaka 67 yizihije kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Ukwakira. I Apia Umukuru w’Igihugu yahitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma z’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth. Kuri uyu wa Gatatu abayobozi baherekeje Umukuru w’Igihugu bifatanyije na we […]

Perezida Paul Kagame ari i Apia

Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Apia mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma z’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth. Umukuru w’Igihugu akigera muri Samoa yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu akanaba Minisitiri ushinzwe gasutamo n’amahooro, Tuala Tevaga Iosefo Ponifasio. Samoa yakiriye inama ya 27 Commonwealth, ni […]

Burundi: Ubuzima muri Kaminuza ya Lac Tanganyika bwahagaze

Ubuzima muri Kaminuza ya Lac Tanganyika iherereye mu majyaruguru y’Umujyi wa Bujumbura bwamaze guhagarara, kubera ibura ry’amazi. Amakuru aturuka muri iki gihugu aremeza ko abanyeshuri barenga 4,000 b’iriya Kaminuza bamaze guhagarika amasomo, kugeza igihe amazi azongera kubonekera. Umuyobozi wa Kaminuza ya Lac Tanganyika, Pr Évariste Ngayimpenda, yasobanuye ko “iminsi ine irashije nta gitonyanga cy’amazi tubona […]

Angola yamaganye imirwano ya M23 na FARDC yo muri Walikale

Guverinerinoma ya Angola ku wa Mbere yamaganye imirwano iheruka gusakiranya umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya RDC muri Teritwari ya Walikale, igaragaza ko ica intege ibiganiro bya Luanda bigamije guhosha amakimbirane y’impande zombi. Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yaramutse irwanira na FARDC muri Teritwari ya Walikale, mu mirwano yasize uyu mutwe wigaruriye uduce […]

Former Central Bank of Nigeria Deputy Governor appointed ASG president

The African School of Governance Foundation (ASGF) on Monday announced the establishment of the African School of Governance (ASG), a graduate institution based in Kigali designed to offer world-class public policy education, research, and engagement programs. The landmark step comes as the fruit of Prominent African leader’s idea, as the initiative set to transform the […]

ARJ igiye kongera guhemba abanyamakuru bahize abandi

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru Nyarwanda (ARJ), mu kwezi gutaha k’Ugushyingo rizatanga ibihembo ku banyamakuru babaye indashyikirwa mu itangazamakuru kurusha abandi. Ibi bihembo bizwi nka ‘Development Journalism Awards’ ARJ izabitanga ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ndetse n’urw’abanyamakuru bigenzura (RMC). Igikorwa cyo guhemba abo banyamakuru kizaba ku wa 7 Ugushyingo, kikazabera muri Kigali Conference and Exhibition (ahazwi nka […]

Mu Rwanda hatangijwe Ishuri ryigisha imiyoborere, Prof Moghalu agirwa umuyobozi waryo

Fondasiyo Nyafurika y’Ishuri ry’Imiyoborere (ASGF) ifite icyicaro gikuru i Kigali, ku wa Mbere yatangaje ko yatangije Ishuri nyafurika ry’imiyoborere rigamije gutanga inyigisho za politiki mpuzamahanga, ubushakashatsi na gahunda z’urushako; umunya-Nigeria Prof. Kingsley Moghalu agirwa umuyobozi waryo. Prof. Moghalu yabaye Guverineri wungirije wa Banki Nkuru ya Nigeria. Uyu mugabo kandi asanzwe ari umwanditsi w’ibitabo, akaba n’umuhanga […]

RDC yitabaje Wazalendo ngo iyifashe ADF

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje imitwe wa Wazalendo isanzwe iyifasha mu ntambara ihanganyemo na M23 ngo iyifashe kurandura umutwe y’iterabwoba wa ADF. Radio Okapi iravuga ko ku wa Gatandatu tariki ya 19 Ukwakira ari bwo itsinda rya mbere ry’Abazalendo babarirwa muri mirongo bageze mu ntara ya Ituri ADF ibarizwamo. Aba barwanyi kuri ubu bari […]

Abasore 2 bakekwaho kwica umukobwa wa Major (Rtd) Gasagure bafunzwe by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Mbere rwategetse ko abasore babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Kayirangwa Olga bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30. Kayirangwa wa Major (Rtd) Gasagure Innocent umwana w’Imfura, yapfuye azize urupfu rutunguranye ku wa 26 Nzeri 2024. Uyu mukobwa yapfuye mu gihe yari yagiye gusura inshuti ze bigakekwa ko […]

Maj Gen (Rtd) Mugambage yashyikirije inshingano Maj Gen Kagame

Maj Gen Alex Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukwakira yatangiye imirimo nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara. Ni nyuma yo guhererekanya ububasha na Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage yasimbuye kuri ziriya nshingano. Ni umuhango wabereye ku cyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura. Abawitabiriye barimo abakuriye amashami atandukanye y’Ingabo zo mu mutwe w’Inkeragutabara.

Rigathi Gachagua yashinje Guverinoma ya Kenya kugerageza kumuroga kabiri

Rigathi Gachagua uheruka kweguzwa ku nshingano ze nka Visi-Perezida wa Kenya, yashinje Perezida William Ruto w’iki gihugu kumukandamiza, ndetse no kugambanira igihango bagiranye muri 2022 ubwo batagiraga kuyobora igihugu. Gachagua aheruka kweguzwa n’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ashinjwa ibyaha 11 birimo gusuzugura Perezida William Samoei Ruto, irondamoko no gukoresha umutungo wa Leta mu nyungu ze […]

M23 yinjiye muri Teritwari ya Walikale

Umutwe wa M23 ku Cyumweru wigaruriye ku nshuro ya mbere uduce two muri Teritwari ya Walikale, nk’uko amakuru atangwa n’inzego z’ubuyobozi muri iriya Teritwari abyemeza. Uyu mutwe amakuru aravuga ko waraye wigaruriye uduce twa Kishali na Kalembe, ndetse ko ingabo zawo zari mu bilometero bibarirwa mu munani hafi y’akandi gace ka Kalonge na ko gaherereye […]

Mu Kinyarwanda gihanitse, Bamporiki yashimiye Perezida Kagame wamubabariye

Bamporiki Édouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, yashimiye Perezida Paul Kagame wamuhaye imbabazi. Bamporiki ari mu bantu 32 baraye bahawe imbabazi n’Umukuru w’Igihugu. Muri Mutarama 2023 Urukiko Rukuru rwari rwongereye ibihano yari yarahawe, rutegeka ko afungwa imyaka itanu, akanatanga n’ihazabu ya miliyoni 30 Frw. Bamporiki yari yarahamijwe ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi […]

Ba Maj. Gen Alex na Kagame na Andrew Kagame ntabwo ari barumuna banjye: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yakuyeho urujijo rw’abaheruka kwitiranya ba Maj Gen Alex Kagame na Andrew Kagame kubera amazina yabo asa n’irye, avuga ko nta sano asanzwe afitanye na bo. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo Perezida Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yahinduriye imirimo aba basirikare bombi. Maj Gen Alex Kagame waherukaga gusoza inshingano zo […]

Kagame na Tshisekedi baganiriye na Perezida Louren?o

Perezida João Lourenço wa Angola mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yaganiriye kuri telefoni na ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka i Luanda aravuga ko ikiganiro cya Perezida Lourenço na bagenzi be cyibanze ku kibazo gihangayikishije cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa […]

RDC na Centrafrique byinjiye mu mikoranire ya gisirikare

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Gatanu yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Repububulika ya Centrafrique. Ni amasezerano ku ruhande rwa RDC yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo Mwadiamvita, mu gihe ku ruhande rwa Centrafrique yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo z’icyo gihugu, Rameaux-Claude Bireau. Amasezerano ya gisirikare ya Kinshasaa na Bangui agamije […]

Perezida Kagame yababariye Bamporiki na CG (Rtd) Emmanuel Gasana

Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko na CG (Rtd) Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame. Aba bagabo bombi bari mu bantu 32 bahawe imbabazi n’Umukuru w’Igihugu, nk’uko byemejwe n’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 18 Ukwakira. Muri Mutarama 2023 ni […]

Perezida Kagame yahaye imbabazi imfungwa 32

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 18 Ukwakira iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje iteka rya Perezida riha imbabazi abantu 32 bari barakatiwe n’inkiko. Kugeza amazina y’abahawe imbabazi n’Umukuru w’Igihugu ntabwo aramenyekana. Inama y’Abaminisitiri kandi yanemeje iteka rya Minisitiri rifungura by’agateganyo abantu 2,017 bari bakatiwe n’inkiko; nk’uko itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri ryasohowe na […]

Jean Claude Musabyimana na Dr Musafiri ntibakiri ba Minisitiri

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Ukwakira, yavanye mu mirimo Musabyimana Jean Claude wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Dr Musafiri Ildephonse wari uw’Ubuhinzi n’Ubworozi. Musabyimana nk’uko itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Édouard Ngirente ribigaragaza, yasimbuwe na Dr Patrice Mugenzi wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’amakoperative (RCA). Musabyimana […]

Munyangaju wahoze ari Minisitiri wa Siporo yahawe imirimo mishya

Aurore Mimosa Munyangaju wahoze ari Minisitiri wa Siporo, yahawe imirimo mishya agirwa Ambasaderi w’u Rwanda mu bwami bwa Luxembourg. Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu iyobowe na Perezida Paul Kagame ni yo yamuhaye iyo mirimo. Munyangaju yabaye Minisitiri wa Siporo kuva mu Ugushyingo 2019, kugeza muri Kanama uyu mwaka ubwo yasimburwaga kuri uwo mwanya […]

U Rwanda ntirwigeze rwemerera i Luanda ‘gucyura ingabo 4,000 zarwo ziri muri Congo’: Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gutangaza ko u Rwanda rwemereye i Luanda gucyura ingabo zarwo zirenga 4,000 ivuga ko ziri ku butaka bwayo; avuga ko iyo ngingo itigeze inaganirwaho. Nduhungirehe yasubizaga ku byatangajwe na Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa. Uyu mukuru wa Guverinoma ya […]

Icyo Loni ivuga ku birego bishinja RDF gufata ku ngufu abagore muri Centrafrique

Umuryango w’Abibumbye biciye mu butumwa bwawo bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), wahakanye ibirego bishinja ingabo z’u Rwanda gufata ku ngufu abagore n’abakobwa bo muri kiriya gihugu, ushimangira ko uduce byavuzwe ko bakoreyemo biriya byaha zitadukoreramo. Ku wa 16 Ukwakira ni bwo umunyamakurukazi Barbara Debout yanditse inkuru ikubiyemo ibirego bishinja ingabo z’u Rwanda […]

U Buholandi buri gutekereza kohereza abimukira mu gihugu gituranye n’u Rwanda

Leta y’u Buholandi iri gutekereza uko yakohereza muri Uganda abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro, nk’uko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu yabitangaje ku wa Kane. Minisitiri w’Intebe Dick School mu kiganiro yahereye abanyamakuru i Bruxelles mu Bubiligi, yavuze ko ari gahunda ikomeye cyane, ati: “Ariko hari byinshi bikwiye gukorwa”. Igitekerezo cyo kohereza muri Uganda abimukira n’abasaba ubuhungiro bo […]

Messi yahawe igihembo cy’umukinnyi wa ruhago w’ibihe byose

Umunya-Argentine Lionel Messi, yahawe igihembo cy’uko ari we mukinnyi w’ibihe byose (GOAT) umupira w’amaguru wagize kuva wabaho. Ni igihembo Messi wahoze akinira amakipe ya FC Barcelona na Paris Saint-Germain mbere yo kwerekeza muri Inter Miami yahawe n’ikinyamakuru Marca. Marca ni ikinyamakuru cyo muri Espagne cyandika inkuru z’imikino akenshi ziba zibogamiye kuri Real Madrid yanyuzemo abandi […]

Israel irakeka ko yaba yivuganye Yahya Sinwar

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko cyivuganye “ibyihebe bitatu” byo mu mutwe wa Hamas wo muri Palestine, kikavuga ko abo cyishe bashobora kuba barimo Yahya Sinwar wari umuyobozi mukuru w’uriya mutwe. IDF ibicishije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko bariya bantu batatu yabiciye mu bitero ingabo zayo zagabye muri Gaza. Yunzemo iti: “IDF na […]

Dr Kalibata yahembewe guteza imbere ibiribwa ku Isi

Dr. Agnes Kalibata, wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, ku wa Kane tariki ya 16 Ukwakira yahawe igihembo cya ‘Justus-von-Liebig Award for World Nutrition’, kubera uruhare rwe mu guteza imbere ibiribwa ku Isi. Dr Kalibata kuri ubu usigaye ari umuyobozi w’Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA), yaherewe kiriya gihembo muri Kaminuza ya Hohenheim mu […]

Gusenya FDLR si byo byonyine bizatuma umutekano ugaruka mu burasirazuba bwa RDC: Mukuralinda

Guverinoma y’u Rwanda biciye mu muvugizi wayo wungirije, Alain Mukuralinda, yatangaje ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasenya umutwe wa FDLR atari byo byonyine byatuma umutekano ugaruka mu burasirazuba bwayo, ko ahubwo hari ibindi isabwa gukora kugira ngo ikibazo gikemuke burundu. Alain Muku yabitangarije mu kiganiro cyihariye yagiranye na BWIZA TV. Ni ikiganiro cyabaye […]

U Rwanda ntirukozwa ibyo kuba gusenya FDLR byahuzwa no gukuraho ‘ingamba z’ubwirinzi’ rwafatiye RDC

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko idashyigikiye kuba ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR byahuzwa no kuvanaho ‘ingamba z’ubwirinzi’ zafatiwe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bijyanye no kuba iki gihugu gikunze kuzana amananiza nkana ku biba byumvikanyweho. Byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda ubwo yaganiraga na BWIZA TV. Mu cyumweru gishize ni bwo […]

RDF yanyomoje inkuru ishinja ingabo zayo ziri muri MINUSCA gufata abagore ku ngufu

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyanyomoje inkuru ishinja ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) gufata abagore bo muri kiriya gihugu ku ngufu. Ni inkuru yanditswe n’umunyamakurukazi Barbara Debout wayitambukije mu binyamakuru bya The New Humanitarian na Le Monde. Uyu mu nkuru ye yasubiyemo ubuhamya bw’abagore batatu […]

Perezida Kagame yavuze imyato Amb Col (Rtd) Karemera wasezeweho bwa nyuma

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yavuze imyato Col (Rtd) Karemera Joseph uheruka kwitaba Imana, amugaragaza nk’umuntu waranzwe n’ubwitange haba mu gihe cyo kubohora igihugu na nyuma yaho. Mu cyumweru gishize ni bwo Col (Rtd) Karemera wabaye Minisitiri w’Uburezi, uw’Ubuzima, Ambasaderi ndetse n’umusenateri yapfuye azize uburwayi. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo mu nteko […]

Uganda: Ubwambure bw’umuhanzikazi w’umunyarwanda bwongeye gutitiza imihanda

Amashusho y’ubwambure bw’umunyarwandakazi Gloria Busingye uzwi mu muziki nka ‘Bugie’, yongeye gusakara ku mbuga nkoranyambaga zo muri Uganda aho asanzwe akorera umuziki. Muri aya mashusho Bugie waririmbye indirimbo zirimo “Bankyawa” agaragara yicaye ku gatebe ashimashima imyanya ye y’ibanga. Kugeza ubu uwayafashe ntabwo aramenyekana. Icyakora nyirayo agaragara asa n’aho yari anyuzwe n’uko ari gufatwa. Amashusho ya […]

U Burundi ku mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu byugarijwe n’inzara iteye ubwoba: Raporo

Raporo y’Ikigo Global Hunger Index yasohotse mu cyumweru gishize, yashyize u Burundi ku mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu byugarijwe n’inzara iteye ubwoba. Ni raporo yasohotse ku wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira. Ni umwaka wa gatatu wikurikiranya u Burundi buyobora urutonde rw’ibihugu byugarijwe n’inzara kurusha ibindi. Ibihugu bitandatu ku Isi ni byo biri […]

Amavubi yisasiye Benin, icyizere cyo kujya muri CAN kirazanzamuka

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yatsinze Les Guepards ya Benin ibitego 2-1, bituma icyizere cyo kujya mu gikombe cya Afurika cya 2025 cyasaga n’icyatangiye kuyoyoka cyongera kuzamuka. Iyi kipe y’umutoza Frank Spittler yari yakiriye Benin kuri Stade Amahoro, mu mukino wa kane wo mu tsinda D wo gushaka itike ya CAN izabera muri Maroc. Ni nyuma y’uwo […]

Kera kabaye u Bubiligi bwemereye EU guha RDF miliyoni 20 z’amadorali yayigeneye

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kera kabaye ugiye guha Ingabo z’u Rwanda miliyoni 20 z’amadorali, nyuma y’igihe ibihugu biwugize bitajya imbizi kuri aya mafaranga. Ku wa 2 Ukwakira ni bwo ibihugu bigize EU byemeranyije ko RDF igomba guhabwa ariya mafaranga agenewe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba ingabo zayo zirimo mu ntara ya Cabo Delgado ho muri Mozambique. […]

Icyizere cy’uko RDC izemera gusenya FDLR ni gike: Minisitiri Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko hari icyizere gike cy’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izashyira mu bikorwa gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR yiyemeje. Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike i Luanda muri Angola habereye inama ya ya gatanu ya ba Minisitiri b’Ububanyi […]

Ikirunga cya Nyamulagira kiri kuruka

Ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku birebana n’ibirunga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (OVG), cyaraye gitangaje ko kuva ku Cyumweru gishize ikirunga cya Nyamulagira kiri kuruka. Umuyobozi ushinzwe ubumenyi muri OVG, Charles Balagizi wemeje aya makuru, yavuze ko amashusho yafashwe na satelite yerekana ibikoma byasohotse muri kiriya kirunga bitemba ku buryo byari bimaze kugera ku ntera […]