Perezida Kagame yinjije Abanyarwanda muri 2025

Perezida Paul Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2025, mu ijambo risoza uwa 2024 yavuze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Ukuboza. Umukuru w’Igihugu yibukije ko muri uyu mwaka ari bwo u Rwanda rwizihije imyaka 30 ishize rubohowe ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, avuga ko ibi byombi bigaragaza urugendo igihugu kimaze gutera. Umukuru […]
Rubavu: Umunyamakuru Mukwaya yakomerekejwe n’Abuzukuru ba Shitani baranamwambura

Umunyamakuru Mukwaya Olivier ukorera mu karere ka Rubavu, yatezwe n’insoresore zo mu karere ka Rubavu zizwi nk’Abuzukuru ba Shitani ahazwi nko Mubyahi ziramukomeretsa ziranamwambura. Mukwaya usanzwe akorera Bwiza TV , yavuze ko yakomerekejwe n’Abuzukuru ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 30 Ukuboza 2024, ubwo yarimo ataha ageze ahitwa muri Buhuru. Usibye gukomeretswa akaguru, […]
Ntawe tuzemerera ko aduhungabanyiriza umutekano n’umunsi n’umwe: Kagame

Perezida Paul Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’igihugu, avuga ko u Rwanda rufite ubushake bwo kuwurinda bunarenze amikoro rufite. Perezida Kagame yabigarutseho mu ijoro ryacyeye, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiriraga muri Kigali Convention Center abantu batandukanye mu rwego rwo kwifatanya na bo gusoza umwaka. Umukuru w’Igihugu yagarutse ku bikorwa bitandukanye byaranze umwaka […]
Gen Muhoozi yararikiye Ayra Starr

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko yiteguye “gufata” umuririmbyikazi Ayra Starr nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kubona umugore wese yifuza. Mu butumwa uyu musirikare yanditse ku rubuga rwe rwa X nyuma akaza kubusiba, yagize ati: “Sogokuru Amos watabarutse yampaye uruhushya rwo kubona umugore wese nshaka ku Isi! Nzafata iriya nkumi…Ayra Starr.” […]
P. Kagame yasabye RDF kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Ukuboza yazishimye ku bw’umusanzu wazo mu gukorera igihugu, azisaba gukomeza kuba maso no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka. Ni mu butumwa busoza umwaka Umukuru w’Igihugu yageneye ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano. Yagize ati: “Ba Ofisiye, abagore […]
Minisitiri Nduhungirehe yanenze abakomeje kwibasira abanya-Sudani y’Epfo baba mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze bamwe mu Banyarwanda bakomeje kwibasira abanya-Sudani y’Epfo baba mu bice bitandukanye by’igihugu, ashimangira ko binyuranyije n’indagacaciro nyarwanda. Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa X hakomeje gutambutswa ubutumwa bushinja bariya banya-Sudani y’Epfo gukora ibikorwa by’urugomo ndetse n’ubujura. Byatangiye ubwo uwiyita McKyle […]
U Burundi burashinja Somalia kubugambanira

U Burundi bwashinje Somalia kubukorera akagambane bunayita indashima, nyuma yo kutisanga mu bihugu byemerewe kohereza ingabo mu butumwa bushya bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu cyo mu ihembe rya Afurika. Ubu butumwa bushya buzwi nka AUSSOM buzatangira muri Mutarama 2025, busimbure ubwari busanzwe muri Somalia buzwi nka ATMIS bugomba kurangirana […]
Itangazo: Bwiza TV yibwe

Bwiza Media iramenya abayikurikira n’abakunzi ba televiziyo ya Bwiza TV kuri youtube ko yagize ikibazo igakurwa ku murongo mu buryo butunguranye kandi hataramenyekana icyabiteye. Ibi bibaye nyuma yaho twagize ikibazo cy’aba Hackers batuzengereje mu buryo bukomeye. Ni muri urwo rwego dusaba abadukurikira ndetse n’abakunzi bacu aho bari hirya no hino kugumya kutuba hafi no kudushyigikira […]
Alimbongo: M23 yafashe mpiri FARDC na FDLR nyinshi

Umutwe wa M23 ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ukuboza, werekanye abasirikare benshi bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abarwanyi b’imitwe irimo uwa FDLR uheruka gufatirwa mpiri mu mirwano. M23 yemeje ko abo yerekanye yabafatiye mu mirwano imaze iminsi isakiranya ingabo zayo n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC mu gace ka […]
Amavubi yabonye itike ya CHAN

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yashyize ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ mu makipe 10 yamaze kubona itike yo gukina Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere muri za shampiyona zabo (CHAN 2025). Amavubi yahawe iyo tike nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ukuboza. Bijyanye n’uko […]
Minisitiri Nduhungirehe yakwennye FARDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yahaye urw’amenyo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko usibye kuba zitazi kurwana ari n’inyatege nke mu kubeshya. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yasubizaga FARDC iherutse kwerekana umurwanyi yise umusirikare wo mu ngabo z’u Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC […]
Kazungu Claver yasezeye kuri Fine FM yari amazeho ukwezi

Umunyamakuru w’imikino ubirambyemo, Kazungu Claver, yasezeye kuri Radiyo Fine FM yari amaze ukwezi kumwe yerekejeho. Kazungu wakoraga mu kiganiro Urukiko rw’Ubujurire, yasezeye bagenzi be bakoranaga, ababwira ko guhera ku wa Mbere w’icyumweru gitaha azerekeza mu mirimo mishya. Mu kwezi gushize k’Ugushyingo ni bwo Kazungu yari yerekeje kuri Fine FM nyuma yo gusezera kuri Radio 10 […]
U Bubiligi: Twahirwa Séraphin waherukaga gukatirwa igifungo cya burundu yapfuye

Umunyarwanda Twahirwa Séraphin waherukaga gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwo mu Bubiligi nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye ku myaka 66. Twahirwa yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 27 Ukuboza aguye i Brussels, nk’uko Me Vincent Lurquin wamwunganiraga mu mategeko yabyemeje. Lurquin yabwiye BBC ati: “Urupfu ntirubeshyerwa, umukiriya wanjye […]
Somalia yasabye u Burundi gucyura ingabo zabwo ziri ku butaka bwayo

Kuva mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2025, u Burundi ntibuzongera kohereza ingabo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri Somalia. Ni nyuma y’uko ku wa Gatanu, akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi kemeje ubutumwa bushya bw’ingabo zigomba kujya gufasha Somalia guhangana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Al Shabaab, guhera […]
M23 yatanze umuburo w’uko ishobora gutera Goma

Umutwe wa M23 watanze umuburo w’uko ushobora kugaba ibitero ku kibuga cy’indege cya Goma ndetse n’icya Kavumu, mu rwego rwo kuburizamo ibitero by’indege z’intambara ukomeje kugabwaho n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC). Uyu mutwe watanze uwo muburo biciye mu itangazo ririmo umujinya ubuyobozi bwawo bwasohoye. Muri iryo tangazo, umuvugizi w’Ishami rya Politiki muri M23, Lawrence […]
Tshisekedi na Blinken baneguye u Rwanda

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu zashimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zimubwira ko zishyigikiye kuba u Ingabo z’u Rwanda zava mu birindiro zivuga ko RDF ifite mu burasirazuba bwa Congo. Ni ubutumwa Washington yatanze binyuze mu kiganiro cyo kuri Telefoni Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
U Rwanda kudushinja gukorana na FDLR ni nko kudutuka: Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Gatanu yahakanye amakuru avuga ko ingabo z’Igihugu cye (FNDB) zikorana n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda; avuga ko kuvuga ko FNDB ikorana n’uriya mutwe ari igitutsi. Ndayishimiye yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro rusange cyamuhuje n’abantu batandukanye, barimo n’abanyamakuru. Imikoranire hagati y’igisirikare cy’u Burundi na FDLR yatangiye kuvugwa […]
Kera Kabaye Gatabazi yongeye kugaragara mu ruhame

Gatabazi Jean Marie Vianney wahoze ari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y’igihe kirekire nta wumuca iryera. Gatabazi yaherukaga kugaragara mu ruhame ndetse no ku mbuga nkoranyambaga mbere ya Kanama 2023. Byari nyuma y’igihe gito bimenyekanye ko ari mu bitabiriye umuhango wo kwimika Umutware w’Abakono wabereye mu Kinigi ho […]
RDF yitandukanyije n’uwo FARDC ivuga ko ari umukomando wayo yafashe mpiri

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyitandukanyije n’uwo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) giheruka kwerekana kivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC biciye muri Lt Col Mak Hazukay usanzwe ari umuvugizi w’ibikorwa vy’igisirikare bizwi nka Sokola 1, yerekanye uwo ivuga ko ari umusirikare wo mu […]
M23 yanyomoje FARDC nyuma yo kwerekana uwo yise umusirikare wa RDF

Umutwe wa M23 wanyomoje Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyerekanye umurwanyi cyise umusirikare w’u Rwanda, ushimangira ko nta musirikare n’umwe w’u Rwanda uri kumwe na we. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC biciye muri Lt Col Mak Hazukay usanzwe ari umuvugizi w’ibikorwa vy’igisirikare bizwi nka Sokola 1, yerekanye […]
Umupfumu Rutangarwamaboko yamaganye The Ben

Umupfumu Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko, yanenze Mugisha Benjamin uzwi mu muziki nka The Ben ashinja kwanika ku gasozi inda y’umugore we, Uwicyeza Pamella. Rutangarwamaboko usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye Ku Muco, yakomozaga ku mafoto ya Miss Pamella ari guhererekanwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza inda ye akuriwe. Ni amafoto bigaragara ko yafatiwe […]
Kagame arantinya, ntashobora kundeba mu maso: Tshisekedi wikomanze ku gatuza

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yikomanze ku gatuza avuga ko mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda amutinya. Tshisekedi yabitangarije mu mujyi wa Mbuji-Mayi mu ntara ya Kasai y’Iburasirazuba, aho ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza yagiriye uruzinduko. Kimwe n’izindi ngendo Perezida wa RDC amaze iminsi akorera imbere mu gihugu […]
Kabila na Katumbi bamaganye Abacanshuro n’Ingabo zirimo iz’u Burundi muri RDC

Abanyapolitiki Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Moïse Katumbi Chapwe wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, bamaganye Abacanshuro n’Ingabo z’amahanga ziri muri RDC. Ni mu itangazo rihuriweho aba banyapolitiki bombi basohoye, nyuma yo guhurira i Addis-Abeba muri Ethiopia mu Cyumweru gishize. Aba bahuye mu gihe muri Congo Kinshasa […]
Pasiteri yakubiswe umugeri n’uwahanzweho n’abadayimoni arapfa

Umupasiteri witwa John Michael Ekamu wo mu gihugu cya Uganda, yapfuye nyuma yo gukubitwa umugeri n’umukristo wahanzweho n’imyuka mibi yageragezaga kugangahura. Byabereye mu rusengero rw’itorero ryitwa Agule Pentecostal Assemblies of God ruherereye mu karere ka Serere. Daily Monitor ivuga ko uwitwa Osagani ukekwaho kwica uriya Pasiteri, avuga ko ku wa 24 Ukuboza ari bwo yari […]
Twirwaneho iravugwaho kurasa FARDC igakizwa n’amaguru

Amakuru aturuka mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zagabye igitero ahitwa kuri Evomi, umutwe wa Twirwaneho wazirwanyije zihunga zerekeza kuri brigade muri centre ya Minembwe. Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kane ni bwo ingabo za leta zari ziyobowe na Col Jean Pierre […]
FARDC irigamba guhanura drones 6 za RDF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyigambye guhanura drones esheshatu kivuga ko zari iz’icy’u Rwanda (RDF). FARDC yabitangaje biciye mu muvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu gice bizwi nka Sokola 1 bikorerwa mu gice cya Grand-Nord, Lt Col Mak Hazukay. Uyu yavuze ko izo “drones esheshatu z’ingabo zidasanzwe z’u Rwanda zahanuriwe hejuru y’agace ka […]
LIVE: Amb. Nduhungirehe na mushiki we bitabiriye igitaramo cya Israel Mbonyi

Ikinyamakuru Bwiza.com kibahaye ikaze mu gitaramo ICYAMBU cy’umuramyi Israel Mbonyi cyiri kuba ku nshuro ya 3. Ni igitaramo cyari giteganyijwe gutangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba gusa cyaje gutindaho isaha yose aho isengesho rifungura iki gitaramo ryazamuwe saa moya zuzuye. Ni igitaramo cyitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mushiki we […]
Zelensky aravuga ko u Burusiya bwagabye kuri Ukraine ‘igitero cy’ubunyamaswa’

Perezida Volodymuyuyr Zelensky wa Ukraine, yatangaje ko kuri wa Gatatu Isi yizihirijeho umunsi mukuru wa Noheli u Burusiya bwagabye ku gihugu cye ibitero bya missile bya kinyamaswa. Mu ijambo Zelensky yagejeje ku baturage b’igihugu cye, yasabye ko hagabanywa ikoreshwa ry’umuriro w’amashanyarazi. Ni nyuma y’uko u Burusiya bwari bwamaze kugaba igitero ku bikorwa-remezo by’ingufu z’amashanyarazi bukoresheje […]
Col Willy Ngoma yemeje ko M23 yongeye kwirukana FARDC muri Mambasa

Umutwe wa M23 wisubije agace ka Mambasa ko muri Teritwari ya Lubero, nyuma yo kukirukanama ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu mutwe wemeje ayo makuru biciye muri Lt. Col Willy Ngoma uvugira igisirikare cyawo. Uyu musirikare mu butumwa buherekeje amashusho yashyize ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Intare ubwo […]
Indege ya Tshisekedi yananiwe kugwa

Indege ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Mbere yananiwe kugwa ku kibuga cya Kananga, kubera ikibazo cy’ikirere kibi. Tshisekedi yagombaga kugirira uruzinduko mu ntara za Kasai yo hagati, Kasai na Kasai y’Iburengerazuba; gusa arwimurira kuri uyu wa Kabiri kubera imvura nyinshi. Perezidansi ya RDC yemeje aya makuru […]
Umuhuro wa Kabila na Katumbi wabereye i Addis-Abeba uhatse iki?

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Moïse Katumbi Chapwe wahoze atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, amakuru aravuga ko mu Cyumweru gishize bahuriye mu biganiro byabereye i Addis-Abeba muri Ethiopie. Ikinyamakuru La Libre ni cyo cyatangaje iby’umuhuro w’aba banyapolitiki bombi bigeze kumara igihe kirekire badacana uwaka. Muri 2014 ni bwo […]
M23 yambuye FARDC igifaru

Umutwe wa M23 wungutse igifaru nyuma yo kucyambura ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahanganye mu mirwano. Iki gifaru cyerekanwe n’umuvugizi w’Igisirikare cy’uyu mutwe, Lt Col Willy Ngoma wanashimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi ku bw’iyo mpano. Willy Ngoma yifashishije urubuga rwe rwa X aho yashyize ifoto ya kiriya kimodoka cy’intambara, yanditse […]
Imirwano ya FARDC na M23 mu marembo ya Goma yateje ubwoba

Imirwano ikomeye hagati y’ingabo z’umutwe wa M23 n’Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kubura muri Teritwari ya Nyiragongo, hafi y’Umujyi wa Goma yateje ubwoba Muri wazalendo FARDC na FDLR. Imirwano yabanje kubera mu gice cya Rusayo uhuje FARDC na FDLR ndetse na Wazalendo, ubwo bashaka kujya gutabara Shove ubwo M23 yaharasaga ndetse […]
Abadepite bagaragaje impungenge ku baganga badafite uburambe bakora muri CHUB

Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, basabye Minisiteri y’Ubuzima ibisobanuro ku bakozi badafite uburambe mu kazi bakora mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB). Ni nyuma y’uko raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2023-2024 Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta iheruka gusohora yerekana ko muri biriya bitaro hakoramo abakozi barimo abaganga batera […]
Ituri: FARDC yarasanye na UPDF

Abasirikare bane bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umwe wo mu za Uganda (UPDF), bakomerekeye mu mirwano yasakiranyije impande zombi. Radio Okapi yatangaje ko iyi mirwano yabaye by’impanuka yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza, ibera muri Teritwari ya Itumu ho mu ntara ya Ituri. Ingabo za Congo n’iza Uganda […]
Umwanzi nyuma yo kuturasaho n’indege z’intambara na kajugujugu yahunze: Col. Willy Ngoma

Umutwe wa M23 urigamba gukwiza imishwaro ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano yanagaragayemo indege z’intambara yaraye isakiranyije impande zombi. Ni imirwano yabereye muri Teritwari ya Lubero kuva mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 22 Ukuboza 2024. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana indege ya Sukhoi-25 y’igisirikare cya RDC […]
USA yasabye u Rwanda na RDC gusubira ku meza y’ibiganiro

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubira ku meza y’ibiganiro, mu rwego rwo gushakira umuti amakimbirane ari hagati y’ibihugu byombi. Washington yatanze ubu busabe biciye mu ntumwa yayo mu muryango w’Abibumbye, Linda-Thomas Greenfield; mu ijambo yagejeje ku kanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi. Byari nyuma […]
Perezida Mahamat Déby yateye ikirenge mu cya se, na we yigira Maréchal

Perezida Mahamat Idriss Déby wa Tchad ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza yizamuye mu ntera, yigira Maréchal mu ngabo z’iki gihugu. Ni umuhango wabereye mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye i Ndjamena mu murwa mukuru. Uyu musirikare nyuma yo kugera kuri ririya peti riruta ayandi mu gisirikare cya Tchad, yavuze ko yizeye ko rizamutera imbaraga […]
M23 n’iyo yafata Congo yose ikagera ku muryango w’aho ntuye sinzashyikirana na yo: Tshisekedi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahize ko atazigera na rimwe ajya mu mishyikirano na M23, kabone n’iyo uyu mutwe wafata Congo yose ukanagera ku muryango w’urugo rwe. Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza 2024, ubwo yaganiraga n’abagize ihuriro Union Sacrée de la Nation akomokamo. Ni Tshisekedi […]
Gitifu wa Rusizi n’uwa Kirehe barafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Mbyayingabo Athanase wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Rusizi na Nsabimana Cyprien w’aka Kirehe, bakaba bakurikiranweho gutanga amasoko ya leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni icyaha aba bayobozi bombi basangiye na Rutikanga Joseph usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyamasheke. RIB mu butumwa yanyujije ku […]
Amerika yikomye ibihugu biterura ngo bishinje ingabo za RDF kuba muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu zikomye ibihugu biterura ngo bishinje u Rwanda kugira uruhare mu kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Amerika yabitangaje biciye muri Ambasaderi wayo mu muryango w’Abibumbye, Linda Thomas-Greenfield. Byari nyuma y’uko akanama gashinzwe umutekano ku Isi mu muryango w’Abibumbye kari kamaze gutora umwanzuro wongera mu […]
Umunyamakuru Habababyeyi wari ufite ubukwe yapfuye

Habababyeyi Pascal wari umunyamakuru wa Radio na Televiziyo 10 akanaba umunyamategeko, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza. Habababyeyi yari azwi cyane mu kiganiro ‘Ahabona’ gitambuka kuri Televiziyo yakoranaga na Oswald Mutuyeyezu ‘Oswakim’ bafatanyaga gusesengura amakuru aba yasohotse mu bitangazamakuru. Amakuru aturuka mu bantu be ba hafi aravuga ko yazize uburwayi butunguranye. Nyakwigendera […]
M23 yateze iminsi Gen. Masunzu washinzwe FARDC mu bice irwaniramo

Umutwe wa M23 wateze iminsi Lt. Gen. Masunzu Pacifique wagizwe umuyobozi w’Ingabo za RDC mu bice urwaniramo, umuteguza gutuma abamuhaye akazi bamwikiza. Ku wa Kane tariki ya 19 Ukuboza ni bwo Gen Masunzu yahawe ziriya nshingano nshya na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wakoze impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za Congo (FARDC). Ni impinduka zasize […]
NESA yafunze amashuri 62 yiganjemo ay’i Musanze

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko cyahagaritse ibigo by’amashuri 62 birimo ay’incuke n’abanza yiganjemo ayo mu karere ka Musanze. Icyemezo cyo gufunga aya mashuri cyafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe muri Nzeri uyu mwaka. Ni ubugenzuzi bwanzuye ko ariya mashuri adakwiye gukomeza ibikorwa byo kwigisha guhera mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2024/2025 […]
Babiri bafunzwe bazira gushaka kuroga Perezida Hakainde Hichilema

Abagabo babiri bashinjwa kuba abarozi batawe muri yombi na Polisi ya Zambia, nyuma yo guhabwa inshingano zo kuroga Perezida Hakainde Hichilema w’iki gihugu. Polisi ya Zambia yatangaje ko Jasten Mabulesse Candunde na Leonard Phiri yabafatiye i Lusaka mu murwa mukuru. Itangazo Polisi yasohoye ku wa Gatanu rivuga ko “misiyo bari bafite yari iyo gukoresha inzaratsi” […]
Abarimo Nyirishema wari Minisitiri wa Siporo bahinduriwe imirimo, Karega ahabwa inshingano nshya

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Ukuboza yakoze impinduka muri Guverinoma zasize ahinduriye imirimo abarimo Eng. Richard Nyirishema wari umaze igihe gito ari Minisitiri wa Siporo. Nyirishema wari Minisitiri wa Siporo kuva muri Kanama uyu mwaka yasimbuwe kuri izo nshingano na Mukazayire Nelly wari usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya […]
M23 yateye utwatsi ibyo kuganirira na RDC muri gahunda ya Nairobi

Umutwe wa M23 wateye utwatsi gahunda ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo kuba impande zombi zaganira biciye muri gahunda y’ibiganiro bya Nairobi bisanzwe bibarizwamo indi mitwe yitwaje intwaro. Uyu mutwe wasubizaga Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Wagner Kayikwamba waraye ubwiye Televiziyo ya France 24 ko igihugu cye kidateze kujya mu mishyikirano […]
Uhuru Kenyatta yemeye kuba umuhuza mu mishyikirano ya RDC na M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya yemeye kuba umuhuza w’ibiganiro bya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23. Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije ushinzwe umubano na Afurika, Molly Phee, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyagarukaga ku ruzinduko Perezida Joe Biden […]
Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bwa FARDC

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yambuye inshingano Gen Christian Tshiwewe Songesa wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC, amugira umujyanama we mu bya gisirikare. Tshiwewe yari Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC kuva mu Ukwakira 2022, nyuma yo gusimbura kuri izo nshingano Gen Celestin Mbala wohereje mu kiruhuko cy’izabukuru. Mbere y’aho yari […]
Ihohoterwa rye ntaho rihuriye no kuba ari Umurundi: RIB kuri Haberumugabo wishwe urubozo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwanyomoje amakuru yavugaga ko Haberumugabo Guy Divin wahohotewe na bagenzi be yazize kuba akomoka mu gihugu cy’u Burundi. Ku wa 16 Ukuboza ni bwo Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko ku bufatanye na RIB ifunze abantu 10 bakekwaho kwica urubozo uriya musore w’imyaka 19 y’amavuko. Byari nyuma […]
Zabyaye amahari hagati ya Gen Muhoozi na Lt Gen Elwelu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangiye kugaba ibitero kuri Lt Gen Peter Elwelu usanzwe ari umwungiriza we. Gen Muhoozi mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko Lt Gen Elwelu ari “igicucu”, anagaragaza ko ashidikanya ku mbaraga ze z’umubiri zo kuba mu gisirikare cya Uganda. Yagize ati: “Elwelu rwose ni […]
Rubavu: Guverineri Ntibitura yasabye abaturage kwirinda gutiza FDLR umurindi

Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yasabye abatuye akarere ka Rubavu kwirinda gutiza umurindi imitwe irimo FDLR igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda; ahubwo bagafata iya mbere mu kwamaganira kure abafite uwo mugambi. Guverineri Ntibitura yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Ukuboza, ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Busasamana na Cyanzarwe. Ni imirenge […]
Rubavu: Akarere kateye utwatsi ubusabe bw’Abarasta bwo kwigaragambya

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwateye utwatsi ubusabe bw’Abarasta baho bari babwandikiye basaba uburenganzira bwo gukora imyigaragambyo yo kwamagana Apôtre Dr Paul Gitwaza uyobora itorero Zion Temple. Meya wa Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko mu mpamvu bashingiyeho banga ubwo busabe harimo kuba nta muryango w’Abarasta wanditse mu buryo buzwi n’amategeko uba muri Rubavu. Yagize ati: “Twasanze […]
RDC na Sudani byokeje Uganda igitutu kubera amagambo ya Gen Muhoozi

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani byokeje Uganda igitutu, nyuma y’amagambo aheruka gutangazwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zayo, Gen Muhoozi Kainerugaba. Ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Wagner Kayikwamba, ni bwo yahamagaje ‘Chargé d’Affaires’ muri Ambasade ya Uganda i Kinshasa, Matata Twaha Magara ngo atange ibisobanuro kuri ariya […]
Kuki u Rwanda rushishikajwe no kuba RDC yajya mu mishyikirano na M23?

Guverinoma y’u Rwanda isobanura ko itsimbaraye ku kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yajya mu mishyikirano n’umutwe wa M23, kuko uyu mutwe ari ikibazo ku mutekano warwo. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe; mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya TV5 Monde. Ingingo y’imishyikirano hagati ya RDC na M23 ni yo yatumye ku […]
Angola yatamaje RDC

Ibaruwa Guverinoma ya Angola yandikiye iy’u Rwanda mu kwezi gushize irerekana ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yaremeye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23, bitandukanye n’ibyo Kinshasa ivuga. Iyi baruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Amb. Tete Antonio yandikiye mugenzi we w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; yagiye hanze nyuma y’iminsi mike ibiganiro ba Perezida […]
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bwaturutse kwa Lourenço

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye muri Village Urugwiro Amb. Tete Antonio, Minisitiri w’Intebe wa Angola akanaba intumwa yihariye ya Perezida w’iki gihugu, João Lourenço. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanditse ku rubuga rwabyo rwa X ko Amb. Antonio nk’intumwa yihariye ya Perezida Lourenço yashyikirije Perezida Kagame ubutumwa bwa mugenzi we wa Angola usanzwe ari […]
RDC iravuga ko M23 yarashe ku ngabo zayo ikoresheje drones za Kamikaze

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irashinja inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 kurasa ku ngabo zayo zikoresheje drones z’ubwiyahuzi zizwi nka Kamikaze; ikaba imwe mu mpamvu zikomeje gukubitwa ahababaza. Ni ibyatangajwe na Minisitiri ushinzwe iterambere ry’icyaro, Muhindo Nzangi, mu kiganiro yaraye agiranye n’abanyamakuru. Uyu ubwo yasubizaga ikibazo cy’umwe mu banyamakuru, yemeye ko FARDC ikomeje kwamburwa […]
Ubutasi bw’u Bwongereza bwaburijemo umugambi wo kwica Papa Francis

Umugambi wo kwica Papa Francis ubwo yagiriraga uruzinduko muri Iraq waburijwemo, nyuma y’amakuru yawo yatanzwe n’ubutasi bw’u Bwongereza. Iby’uyu mugambi wo kwica Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi bigaragarira mu gitabo kivuga ku buzima bwe bwite kizasohoka mu minsi iri imbere. Muri iki gitabo Papa Francis yanditsemo ko ubwo muri Werurwe 2021 yageraga i Baghdad […]
M23 yashimiye Tshisekedi wayihaye ‘impano ya Noheli’

Umutwe wa M23 washimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kuwuha impano ya Noheli. Ni mu butumwa buherekejwe n’amashusho uyu mutwe washyize ku rubuga rwawo rwa X. Muri ayo mashusho hagaragaramo amakarito menshi y’amasasu M23 yafatiye mu duce yambuye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. […]