Umwicanyi Kazungu Denis agiye kujuririra igihano cy’igifungo cya burundu yakatiwe

Umwicanyi ruharwa Kazungu Denis wahamwe n’icyaha yiteguye gusubira mu rukiko kujuririra igihano cy’igifungo cya burundu yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge muri Werurwe 2024. Kazungu w’imyaka 36 yahamijwe icyaha cyo kwica byibuze abantu 13, abenshi muri bo bakaba ari abagore maze abashyingura mu rwobo yari yacukuye mu gikoni cyo hanze y’inzu yakodeshaga mu Busanza, mu Karere […]
Trump yashyize ahagaragara amadosiye ibihumbi ku iyicwa rya Perezida JF Kennedy

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025, ubuyobozi bwa Trump bwasohoye inyandiko ibihumbi n’ibihumbi zari zaragizwe ibanga ku bijyanye n’iyicwa ry’uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John F. Kennedy. Ibi byaje bikurikira itegeko nyobozi ryashyizweho umukono na Perezida Donald Trump nyuma gato y’uko atangira imirimo ye, ryo kurekura dosiye z’ibanga za […]
Umuyobozi wungirije wa MONUSCO yaganiriye n’abayobozi ba AFC / M23

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Bruno Lemarquis, yasuye abayobozi ba AFC / M23 mu gihe amakimbirane akomeje mu burasirazuba bwa Congo. Bruno Lemarquis, Umuyobozi wungirije w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga Umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, unakora kandi nk’Umuhuzabikorwa w’ibikorwa by’Ubutabazi muri DRC, kuri uyu wa Kabiri itariki 18 Werurwe 2025, nibwo yasuye abayobozi ba […]
Ese koko hari hateguwe kugerageza kwica intumwa za AFC / M23 i Luanda ?

Amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga tutabasha gusuzuma aravuga ko haba hari hateguwe umugambi wo kwica cyangwa gushimuta intumwa za M23 zari kwitabira ibiganiro by’amahoro byari biteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, i Luanda muri Angola. Kivu Today ibinyujije kuri X, yatangaje ko yakiriye amakuru yizewe agaragaza umugambi w’ubwicanyi wateguwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya […]
RD Congo irifuza ko u Rwanda runavanwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko yishimiye ibihano byafatiwe Ikigo cy’ u Rwanda gishinzwe Mine ivuga ko u Rwanda rukwiye no gukumirwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri itariki 18 Werurwe 2025, n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, abinyujije kuri X. Yanditse ati: “Guverinoma […]
Washington: Abanyamulenge n’Abahema bazindukiye mu myigaragambyo yamagana ubutegetsi bwa Tshisekedi

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025, Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abahema baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahuriye i Washiungton DC, mu myigaragambyo yo kwamagana Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo no gusaba ubutegetsi bwa Trump gufasha abantu babo kurekeraho gutsembwa muri gakondo yabo. Abigaragambya bavuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi […]
RDC ikwiye kuvugurura imiyoborere ya yo no kwitandukanya na FDLR – U Bubiligi

Ku nshuro ya mbere nyuma y’uko u Rwanda ruhagaritse umubano nacyo, igihugu cy’u Bubiligi cyasabye Repubulika ya Demokarasi ya Congo gufata inshingano zayo bitari mu gushaka gukemura amakimbirane gusa, ahubwo ko ikwiye kuvugurura imiyoborere yayo kandi igahagarika gufatanya na FDLR itibagiwe guhana ibikorwa byibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere, itariki 17 […]
Igihugu cya Niger cyivanye mu Muryango wa Francophonie

Ku wa Mbere, itariki ya 17 Werurwe, igihugu cya Niger kiyobowe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi, cyatangaje ko kiyivanye mu Muryango w’Ibihugu bukoresha Igifaransa (Organisation Internationale de la Francophonie). Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yagize iti: “Guverinoma ya Niger yafashe icyemezo mu bwisanzure cyo kuvana Niger mu Muryango Mpuzamahanga wa Francophonie.” Niger yari yarahagaritswe muri uyu Muryango nyuma y’ihirika […]
Hatangijwe ibikorwa by’ubufatanye bwa Polisi n’Ingabo z’u Rwanda bigamije guteza imbere abaturage

Ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’igihugu (RDF), kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025, hatangijwe ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (Citizen Outreach Programme-COP25). Ni ibikorwa bizakorerwa mu gihugu hose ku nsanganyamatsiko igira iti: “Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kwizihiza kwibohora31 n’imyaka 25 y’imikoranire na Polisi y’u Rwanda”. Bizakorwa mu […]
U Bubiligi buremeza ko nabwo bugiye kwirukana abadipolomate b’u Rwanda

Nyuma y’uko u Rwanda rutangaje ko rucanye umubano n’u Bubiligi ndetse rugaha abadipolomate babwo bari mu Rwanda amasaha 48 yo kuhava, u Bubiligi buravuga ko bubabajwe n’iki cyemezo ariko, ukugereye mu kebo nawe ukamugeramo. Ni muri urwo rwego Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi abinyujije kuri X, yatangaje ko nabwo bugiye guhambiriza abadipolomate b’u Rwanda bari […]
Nyagatare: Inzobere mu by’ubuvuzi za RDF na RNP zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Inzobere z’abaganga bo mu Gisirikare n’Igipolisi by’u Rwanda, batangiye gutanga serivisi zo kuvura indwara zitandukanye mu Karere ka Nyagatare, muri gahunda y’ibikorwa by’inzego z’umutekano bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage. Ibi bikorwa by’ubuvuzi, byatangirijwe ku Bitaro bya Gatunda mu Karere ka Nyagatare ku rwego rw’igihugu, aho byitabirwa na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, inzego z’umutekano (Ingabo […]
Tshisekedi yakiriye intumwa idasanzwe ya Perezida Trump

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, kuri iki Cyumweru, itariki 16 Werurwe, yahuye n’umudepite wo muri Amerika, Ronny Jackson, kugira ngo baganire ku mirwano ibera mu burasirazuba bw’igihugu ndetse n’amahirwe yo gushora imari kuri Amerika cyane cyane mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Iyi nama yabaye nyuma y’icyumweru kimwe Washington ivuze ko yiteguye […]
RDC: Minisitiri w’Intebe yemeje ko umushahara w’ingabo na polisi uzikuba kabiri uku kwezi

Mu nama yateguwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 Werurwe mu Mujyi wa Bandundu, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kwilu, Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa, yigishije abaturage ibijyanye no kurengera igihugu kandi abahamagarira kuba maso mu gihe ku rundi ruhande leta ivuga ko yiteguye ibiganiro by’amahoro na M23 kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025. Yifashishije […]
DRC izitabira ibiganiro bya Luanda – Tina Salama

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) izagira uruhare mu biganiro bya Luanda n’inyeshyamba za M23 (AFC-M23), kabone niyo, kuri iki cyiciro, bikigoye kumenya abazaba bagize intumwa, nk’uko byatangajwe na Tina Salama, Umuvugizi wa Perezida wa Tshisekedi, nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 Werurwe n’Ibiro Ntaramakuru, Reuters. Ku ruhande rwabo, inyeshyamba za M23 zemeje […]
U Burusiya buravuga ko buzasaba kwizezwa ko Ukraine itazigera ijya muri NATO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije w’u Burusiya yavuze ko bazasaba ko umuryango wo gutabarana w’u Burayi na Amerika (OTAN) ubizeza ko utazemerera Ukraine kuwinjiramo ndetse ko mu masezerano y’amahoro yabaho ayo ari yo yose Ukraine izakomeza kuba igihugu kidafite uruhande kibogamiyeho. Minisitiri Alexander Grushko yabwiye igitangazamakuru Izvestia cyo mu Burusiya ati: “Tuzasaba ko kwizezwa umutekano uhamye […]
AFC/M23 irashinja Kinshasa kugaba ibitero ku basivili mu gihe hitegurwa ibiganiro

AFC / M23 iramagana mu magambo akomeye ubwicanyi bwakomeje gukorwa ku baturage b’abasivili kimwe n’ibitero byibasiye ibirindiro byayo mbere y’ibiganiro bitaziguye. Umuvugizi wa AFC/M23 abinyujije kuri X yagize ati: “Iminsi ine, ingabo z’ihuriro rya Kinshasa zateye ibisasu mu buryo butarobanuye ahantu hatuwe cyane, zica abenegihugu bacu bakoresheje indege z’intambara za Sukhoi-25 na drone za CH-4B”. […]
Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza u Bubiligi

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru, itariki 16 Werurwe 2025 yongeye kwihanangiriza igihugu cy’u Bubiligi cyahoze gikolonije u Rwanda, agaragaza ko ari cyo nyirabayazana y’ibibazo byose biri mu karere harimo n’ikiri mu Burasirazuba bwa Congo kugeza ubu. Yabitangarije muri BK Arena aho yahuye n’abaturage bahagarariye abandi no mu Mujyi wa Kigali n’abavuye mu tundi turere n’inshuti […]
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo bashyikiye ibiganiro hagati ya leta na M23

Imishyikirano itaziguye hagati ya Kinshasa n’inyeshyamba za M23 kandi zafashe imijyi ibiri ikomeye mu burasirazuba bwa DRC kuva muri Mutarama ushize: Goma na Bukavu, izatangira ku itariki ya 18 Werurwe. Impande zombi zigomba guhurira imbere ya Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço umaze imyaka ibiri akemura iki kibazo. Ni intambwe y’ingenzi, yakiriwe neza n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. […]
Abanyakigali ibihumbi bakereye kwakira Perezida Kagame

Abaturage ibihumbi n’ibihumbi bo mu Mujyi wa Kigali bahagarariye abandi babukereye kuri iki Cyumweru, itariki 16 Werurwe 2025, kuri BK Arena, aho bagiye kwakira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, wari warabasezeranyije kugaruka kubasura. Ku ikubitiro uruzinduko rw’umukuru w’igihugu rwari kubera i Gahanga mu Karere ka Kicukiro muri gahunda yo “Kwegera abaturage”, ariko kubera impungenge z’ikirere rwimurirwa […]
U Rwanda rwakiriye Gitangaza Prince wari waratorokeye muri Uganda

U Rwanda rwakiriye Gitangaza Prince wari warahungiye muri Uganda nyuma yo gucyekwaho kugira uruhare ku cyaha cy’iyicarubozo cyakorewe uwitwa Haberumugabo Guy Divin mu Ugushyingo 2024. Yafashwe nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwari bwamushyiriyeho impapuro zisaba ko yafatwa binyuze mu bufatanye mpuzamahanga mu by’amategeko. Mu gikorwa cyo kumwakira cyabereye ku mupaka wa Kagitumba, u Rwanda rwari ruhagarariwe na […]
Cuba yahuye n’ibura ry’umuriro rya kabiri ryikurikiranya mu gihugu hose

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 15 Werurwe, abantu babarirwa muri za miriyoni muri Cuba bongeye kwisanga badafite amashanyarazi mu ijoro rya kabiri ryikurikiranya mu gihe igihugu cy’ikirwa gihanganye n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rikabije. Associated Press yatangaje ko amashanyarazi yazimye nimugoroba kandi ko serivisi za interineti na terefone zahungabanye. Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel, ku mbuga nkoranyambaga […]
RDC: Perezida Lourenço yasabye abarwana gutanga agahenge kuva kuri iki Cyumweru

JoĂŁo Lourenço, Perezida wa Angola akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yasabye ko habaho guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugira ngo hazabeho imishyikirano y’amahoro hagati y’umutwe wa M23 n’intumwa za Congo. Amakuru aturuka mu badipolomate asobanura ko abategetsi ba Angola bifuza kubona iri hagarikwa ry’imirwano na mbere yo […]
Abanyekongo ku rutonde rw’abaturage b’ibihugu bashobora kubuzwa kwinjira muri Amerika

Ikinyamakuru New York Times cyatangaje ko ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ‘burimo gukora ku itegeko rishya ribuza ingendo biteganijwe ko rizagira ingaruka ku baturage baturutse mu bihugu byinshi ku buryo butandukanye. Raporo yasohotse ku wa Gatanu yavuze ko umushinga w’urutonde rwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika wagaragayemo […]
Centrafrica: Abapolisi b’u Rwanda barenga 180 bari mu butumwa bambitswe imidali y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 14 Werurwe 2025, bambitswe imidali yo kubashimira ubwitange n’umurava bagaragaje mu gihe cy’umwaka bamaze mu kazi ko kubungabunga amahoro muri icyo gihugu. Abambitswe imidali kuri uyu munsi ni abapolisi 180 bagize itsinda RWAFPU2-9 n’undi mupolisi […]
RDC: Amasosiyete yacukuraga amabuye y’agaciro muri Walikale yatangiye guhunga

Nyuma y’aho inyeshyamba za M23 zikomeje kwinjira muri Walikale, ikgo cya Alphamin Bisie Mining cyahacukuraga amabuye y’agaciro, cyahagaritse ibikorwa byacyo kandi kimura abakozi bacyo. Itangazo ryacyo rigira riti: “Turabamenyesha ko, kubera impamvu zikomeye n’umutekano, ibikorwa byose kuri iki kirombe birahagarikwa guhera kuri uyu wa Gatanu kugeza igihe hazatangwa amabwiriza mashya”. Iki kigo gikomeza kivuga ko […]
Kinshasa: Umuganda “Salongo” wagizwe itegeko buri wa Gatandatu

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, itariki ya 12 Werurwe, minisiteri y’ibidukikije,gusukura no gutaka Umujyi wa Kinshasa yemeje ko ibikorwa by’umuganda bizwi ku izina rya “Salongo”, byabaye itegeko buri wa Gatandatu guhera saa mbiri za mu gitondo kugeza saa 11h00 mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iki cyemezo kigamije […]
Abasenateri bavuye mu Rwanda baganiriye n’abahagarariye Abanyarwanda baba muri Finland

Itsinda ry’Abasenateri bari mu ruzinduko mu bihugu by’Uburayi bw’Amajyaruguru rigizwe na, Usta Kayitesi, Rugira Amandin, Evode Uwizeyimana na Bibiane Gahamanyi baherekejwe na Ambasaderi Diane Gashumba, bahuye n’abahagarariye Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Finland baganira ku iterambere ry’u Rwanda. Babashishikarije gukomera ku muco wabo no gushyira hamwe, bashima ibikorwa bibahuza nk’itorero ryo kwiga ururimi, umuco harimo […]
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri ryigisha kurwanya ibitero by’ikoranabuhanga

Minisitiri w’ikoranabuhanga no guhanga udushya, Paula Ingabire, avuga ko u Rwanda rugiye gushinga ishuri ry’umutekano wo kuri interineti rigamije kongera ingufu mu gukumira iterabwoba rishingiye ku ikoranabuhanga, aho biteganijwe kuryubaka bizarangira muri uyu mwaka. Minisitiri Ingabire yabivuze bwo yaganiraga n’abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ku wa Kane, itariki ya 13 Werurwe 2025, […]
Amerika: Abacamanza bategetse White House gusubiza mu kazi abakozi birukanwe

Kuri uyu wa Kane, itariki 13 Werurwe, abacamanza babiri bategetse ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, gusubiza mu kazi abakozi babarirwa mu bihumbi babuze akazi mu iyirukanwa mu kivunge ry’abakozi mu bigo byinshi bya leta. Abacamanza ku rwego rwa leta, umwe wo muri Leta ya Maryland n’undi wo muri California, […]
Abajenerali 5 FARDC barimo abaminuje mu Burayi bakurikiranweho guhunga urugamba

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abajenerali batanu mu gisirikare n’igipolisi batangiye kuburanishwa guhera kuri uyu wa Kane imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa bazira guhunga igihe inyeshyamba za M23 zafataga Umujyi wa Goma mu burasirazuba bw’igihugu. Guverineri wungirije w’umupolisi wa Kivu y’Amajyaruguru, abayobozi babiri b’ingabo na babiri b’abapolisi, komanda w’umutwe wa gisirikare n’umujyanama […]
Pakistan: Imirambo y’abantu 25 yakuwe aho biciwe muri gari ya moshi

Nibura imirambo 25 y’abantu biciwe muri gari ya moshi n’abagabo bitwaje imbunda muri Pakistani, yakuwe aho biciwe. Iyo gari ya moshi yavaga i Quetta mu Ntara ya Balochistan, yerekeza mu Mujyi wa Peshawar kuwa Kabiri ubwo abarwanyi baturitsaga ibyuma bikoze umuhanda bakamisha amasasu kuri gari ya moshi. Kw’ikubitiro habanje kwicwa abagenzi 21. Abashinzwe umutekano bavuze […]
U Rwanda na Ethiopia byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare

Uyu munsi, ku itariki ya 13 Werurwe 2025, Umugaba Mukuru wa RDF, Gen MK Mubarakh, yayoboye intumwa z’Igisirikare cy’u Rwanda ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’igihugu cya Ethiopia (ENDF). Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yari aherekejwe na Ambasaderi Charles Karamba, Brig Gen Patrick Karuretwa & n’abayobozi bakuru muri MINADEF, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na […]
Nyagatare: Abana bagaragaje ibibatera kujya mu buzererezi

Kuwa Gatatu tariki ya 12 Werurwe 2025, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo kurinda no kurengera Umwana, mu Karere ka Nyagatare, ubuyobozi bw’akarere bwatangaje ko bwashyizeho uburyo buzatuma abana bakurwa mu mihanda bakarerererwa mu miryango kandi hagashyirwa imbaraga mu gukumira ibituma abana bajya mu buzererezi. Nyuma yo gutangiza ubukangurambaga bwo kurinda no kurengera Umwana mu Murenge wa […]
Tshisekedi yashimye icyemezo cya SADC cyo guhagarika ubutumwa bwa SAMIDRC

Kuri uyu wa Kane, abakuru b’ibihugu na guverinoma by’Umuryango w’iterambere ry’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bahuriye mu nama idasanzwe ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu itangazo rya nyuma ryasomwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa SADC, Elias Magosi, Inama “yahagaritse manda ya SAMIDRC itegeka ko ingabo zayo zitangira kuhava buhoro buhoro”. Itangazo […]
Tigray: Barasaba leta gutabara nyuma y’uko abiyomoye kuri TPLF bafashe imijyi 2

Guverinoma y’agateganyo y’Intara ya Tigray yo muri Ethiopia yasabye ko Guverinoma nkuru ya Ethiopia kugira icyo ikora nyuma y’uko igice kiyomoye ku Gisirikare cya Tigray, TPLF, kigaruriye imijyi ibiri minini, abantu benshi bagakomereka kandi bitera ubwoba bwo gusubira mu ntambara y’abenegihugu. Ku wa Kabiri, igice cya TPLF cyafashe Adigrat, umujyi wa kabiri munini muri Tigray, […]
Impamvu Tshisekedi ashobora kwemera kugirana ibiganiro na AFC/M23

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, itariki 11 Werurwe 2025, na Perezidansi ya Angola yerekana ko izavugana “na M23” hagamijwe imishyikirano itaziguye, i Luanda, hagati ya Kinshasa n’uyu mutwe. Intego ya Angola: kugera ku mahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nyuma y’iri tangazo ryatanzwe na Perezida wa Angola, […]
Kinshasa: Urubanza rwa ba ofisiye bahunze urugamba i Goma na Bukavu ruraca kuri televiziyo

Minisitiri w’Ubutabera wa Congo, Constant Mutamba, yatangaje ko kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Werurwe 2025, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, hatangira urubanza rw’abasirikare bakuru ba FARDC, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abo basirikare bo ku rwego rwa ba ofisiye bakuru barashinjwa “kuba barataye ibirindiro byabo bahanganye n’umwanzi, bagasiga intwaro, amasasu, […]
Paris: UNICEF yitandukanyije n’igitaramo Gims ateganya ku itariki ya 7 Mata niba kitimuwe

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryasabye abateguye igitaramo cy’umuhanzi w’Umunyekongo, ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa kizabera i Paris ku itariki ya 7 Mata kukimura kuko itariki ihuye n’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, nk’uko umuvugizi yabitangarije ikinyamakuru The New Times. Abateguye iki gitaramo cy’umuhanzi Maitre Gims bari biyemeje gutanga […]
Intumwa za Leta ya Kinshasa n’iza AFC/M23 zizahurira i Luanda kuwa 18 Werurwe

Intumwa za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na M23 zizatangira imishyikirano y’amahoro itaziguye ku itariki ya 18 Werurwe, mu mujyi wa Luanda. Aya makuru yemejwe n’ingoro ya perezida wa Angola kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Werurwe 2025. Ku wa Kabiri, itariki 11 Werurwe , Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço, mu nama yagiranye na […]
AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW yatangiye kubashinja ibyaha by’intambara

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma ibirego bya Human Rights Watch bibashinja kwica no gutoteza impirimbanyi z’uburenganzira bwa Muntu n’abanyamakuru mu bice yigaruriye muri Kivu zombi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo ryabo yavuze ko itangazo rya HRW ari “uburyo bwo gukwiza impuha, kuyobya rubanda, mu gukorera inyungu z’ubutegetsi bwa Kinshasa.” Yagize ati: “Umuryango wacu […]
Moise Nyarugabo yamaganye urwitwazo rwa Leta ya Kinshasa nyuma y’igitero cya Sukhoi i Minembwe

MoĂŻse Nyarugabo wahoze ari senateri, yamaganye yivuye inyuma, kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ukuboza, ikirego cya Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo ku bijyanye n’iraswa ry’indege ngo zari zijyanye inkunga y’ibikoresho ku kibuga cy’indege cya Minembwe, muri Teritwari ya Fizi . Mu kiganiro na Radio Okapi, uyu uzwi cyane muri Minembwe yemeje ko nta […]
Mozambique: Mondlane ukomeje kutemera ibyavuye mu matora yareze Perezida Chapo mu bushinjacyaha

Ku wa Kabiri, itariki 11 Werurwe 2025 uwari umukandida ku mwanya wa perezida muri Mozambike, Venâncio Mondlane, yatangaje ko habaye “kumena amaraso nyabyo” nyuma y’ijambo rya perezida w’igihugu ryerekeye “kumena amaraso” kugira ngo bahagarike imyigaragambyo – avuga ko yatanze ikirego cy’inshinjabyaha ku magambo yavuzwe kugira ngo asohoze “inshingano ze nk’umuturage”. Mondlane yagize ati: “Urabizi ko […]
Al Shabaab yateye hotel muri Somaliya rwagati, nibura 10 bapfuye

Abapolisi n’abatangabuhamya bavuga ko intagondwa z’abayisilamu zitwaje intwaro bateye hotel mu Mujyi wa Beledweyne rwagati muri Somaliya, bica bamwe mu bari aho. Igitero cya al-Shabab cyatangiranye n’igisasu mu modoka cyaturitse, gikurikirwa n’abantu bitwaje imbunda binjiye muri hotel, bituma havuka imirwano ikaze n’inzego z’umutekano. Polisi yavuze ko byibuze abantu bane bishwe, ariko abatangabuhamya babwiye BBC ko […]
Rwamagana: Uvuga ko yakubiswe mu gitsina azira kwanga gucuruzwa mu kabari aratabaza

Umugore witwa Mutesi Diane, arasaba ubutabera nyuma yo gukubitwa n’abantu batatu barimo uwamukuye aho akomoka amuzanye kumukorera mu kabari mu kagari ka Nkomangwa mu Murenge wa Munyiginya, Akarere ka Rwamagana. Uwo mugore yagaragaje ko yakubiswe azira kwanga gucuruzwa ku mugabo ku mugoroba wo ku Cyumweru Tariki ya 10 Werurwe 2025. Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Munyiginya […]
RDC: Abantu 25 barimo abakinnyi bapfiriye mu mpanuka y’ubwato

Inzego z’Ibanze mu Ntara ya MaĂŻ-Ndombe yatangaje ko abantu 25 biganjemo abakinnyi b’umupira w’amaguru bapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu ruzi rwitwa Kwa. Iyo mpanuka yabaye ku cyumweru Tariki ya 9 Werurwe 2025, ubwo abakinnyi bari batashye bavuye gukina umukino wa gicuti , mu bantu 55 barimo kwambuka uruzi rwitwa Kwa harokotsemo abantu 30 hapfa […]
Rulindo:  Yafatanywe magendu y’inzoga za likeri zifite agaciro k’arenga miliyoni 4Frw

Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Werurwe 2025, yafatiye mu Karere ka Rulindo, umugabo w’imyaka 40 y’amavuko wari utwaye mu modoka inzoga zo mu bwoko bwa likeri butandukanye yacuruzaga mu buryo bwa magendu. Yafatanywe amacupa 100 ya likeri zitandukanye zirimo; Jameson, Amarula, Jack Daniel, […]
Tanzania: Hagaragaye abantu ba mbere barwaye ubushita bw’inkende

Mu gihugu cya Tanzaniya hagaragaye abantu babiri ba mbere banduye indwara y’ubushita bw’inkende, ku nshuro ya mbere virusi igaragaye mu gihugu nkuko byemejwe na Minisiteri y’ubuzima. Bivugwa ko abo bantu bagaragaje ibimenyetso, bashyizwe mu kato kandi bapimwe barimo umushoferi w’ikamyo wari uvuye mu gihugu gituranye na Tanzania, kitatangajwe, ajya i Dar es Salaam nkuko iyi […]
Kigali: Abakora irondo ry’umwuga basoje amahugurwa ku bijyanye no gucunga umutekano

Abakora irondo ry’umwuga mu Mujyi wa Kigali bagera ku bihumbi bitandatu, ku wa Mbere tariki ya 10 Werurwe, basoje amuhugurwa agamije kubongerera ubumenyi ku bijyanye n’ubunyamwuga n’uruhare rwabo mu gukumira ibyaha.  Abahuguwe ni abakorera mu mirenge 35 igize Umujyi wa Kigali, bahawe amasomo atandukanye arimo; igisobanuro cy’irondo ry’umwuga, inshingano z’abagize irondo ry’umwuga mu kubungabunga umutekano, […]
CENCO yanyomoje amakuru avuga ko ibiganiro irimo byaba bitegurira amayira uzasimbura Tshisekedi

“Natunguwe cyane nyuma yo gukurikira ikiganiro Pasiteri Kakienza yagiranye na Thierry Kambundi. Ariko ndibwira ko byumvikana “, uyu ni Musenyeri Donatien Nshole, Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi w’Inama Nkuru y’Abepiskopi y’igihugu cya Congo (CENCO) ikorana na ECC, muri gahunda y’amasezerano mbonezamubano y’amahoro no kubana neza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo no mu Karere k’Ibiyaga Bigari. […]
Kenya: Impano ya miliyoni 20 z’amashilingi Ruto yahaye urusengero yateje imyigaragambyo

Muri Kenya, byibuze abantu icumi bakomeretse naho 38 batawe muri yombi ku Cyumweru, itariki ya 9 Werurwe, nyuma y’imyigaragambyo yabereye mu Karere ka Kasarani, mu nkengero z’Umujyi wa Nairobi, yahagaritswe hakoreshejwe ingufu. Nyuma y’ubujurire ku mbuga nkoranyambaga, urubyiruko magana rwagerageje kwinjira mu Itorero Jesus Winner Ministry kugira ngo bigaragambye bamagana impano nini ryahawe na Perezida William […]
Ibyo turegwa ntaho bihuriye n’umutekano w’igihugu – PPRD ya Kabila

Kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Werurwe, abagize Ishyaka ry’Abaturage riharanira kongera Kwiyubaka na Demokarasi (PPRD) bahamagajwe imbere y’ubushinjacyaha bwa Gisirikare i Kinshasa. Bavuze ko bashinjwe ibyaha bidafite aho bihuriye n’umutekano w’igihugu. Ferdinand Kambere, Umunyamabanga Wungirije wa PPRD, yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi nyuma y’uru rubanza, agira ati: “Ibyo turegwa ntaho bihuriye n’umutekano […]
UPDF yohereje ingabo zidasanzwe muri Sudani y’Epfo ahakomeje gututumba intambara

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yavuze kuri uyu wa Kabiri ko igihugu cye cyohereje ingabo zidasanzwe mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba, kugira ngo “zibungabunge umutekano” mu gihe umwuka mubi wongeye kuzamuka hagati ya Perezida Salva Kiir na Visi Perezida we wa mbere Riek Machar, wateye impungenge z’uko intambara y’abenegihugu ishobora kubura muri iki […]
Perezida Kagame yaganiriye na Banki y’Isi ku bufatanye buriho n’ejo hazaza

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 10 Werurwe, Perezida Paul Kagame, yakiriye Qimiao Fan, Uhagarariye Banki y’Isi mu gihugu mu Rwanda, Kenya, Somaliya, na Uganda. Baganiriye ku bufatanye buriho ndetse n’ejo hazaza nk’uko ibiro bya Perezida bibitangaza. Iyi ibaye inshuro ya kabiri Qimiao asura u Rwanda nyuma yo kugera kuri uyu mwanya muri Nzeri 2024. […]
Igitero cya mbere kinini cya drones za Ukraine i Moscow kishe umuntu gihungabanya ubwikorezi

Kuri uyu wa Kabiri, Ukraine yateye Moscou mu gitero cyagaragaye ko ari cyo gitero kinini cy’indege zitagira abadereva z’intambara ku murwa mukuru w’u Burusiya, gihitana byibuze umuntu umwe, gitera inkongi y’umuriro ndetse no guhagarika ubwikorezi bwo mu kirere na gari ya moshi mu karere. Guverineri w’akarere ka Moscou, Andrei Vorobyov, mu nyandiko yanditse kuri porogaramu […]
Amerika iravuga ko 83% bya gahunda USAID yateraga inkunga zizavaho burundu

Kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Werurwe 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje ko 83% bya porogaramu za USAID zizavaho burundu. Ni nyuma y’akazi kari kamaze ukwezi n’igice ko gusuzuma imikorere ya USAID. Kakurikiye iteka rya Perezida Donald Trump ryo kuwa ya 20 Mutarama, akimara kurahira, ryahagaritse USAID […]
Impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Burundi na Uganda zibayeho nabi cyane – Kayikwamba

Kwiyongera kw’ibibazo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo Kivu byongereye umubare w’Abanyekongo bahunze igihugu aho habarwa abagera hafi ku 80.000 mu Burundi no muri Uganda, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga , ubutwererane mpuzamahanga na Francophonie, ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner, mu nama ya 34 y’inama y’abaminisitiri. Nta […]
Igikomangoma Frederik wa Luxembourg yapfuye ku myaka 22 azize indwara idasanzwe

Igikomangoma Frederik wa Luxembourg yapfuye azize indwara idasanzwe izwi ku izina rya POLG mitochondrial disease, nkuko byatangajwe n’umuryango we. Igikomangoma Frederik yapfuye ku itariki ya 1 Werurwe afite imyaka 22, nk’uko ababyeyi be babitangaje mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa POLG Foundation. Se w’igikomangoma Robert, yagize ati: “Ni n’umutima uremereye cyane njye n’umugore wanjye twifuje […]
Burundi: Alexis Sinduhije yemeye ko Red Tabara ikomoka ku ishyaka MSD yashinze

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, ubarizwa mu buhungiro mu gihugu cy’u Bubiligi, Alexis Sinduhije, yemeye ko ishyaka MSD yashinze ari ryo riri inyuma y’umutwe wa Red-Tabara mu gihe yari amaze iminsi atabyemera cyangwa ngo abihakane, ndetse ashimangira ko biteguye kuzagira u Burundi igihugu cy’icyitegererezo nibamara gukura Ndayishimiye ku butegetsi. Ibi Alexis Sinduhije ukuriye ishyaka […]
Amerika yiteguye kuganira na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku mabuye y’agaciro

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteguye gusuzuma ibijyanye n’ubufatanye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’aho umusenateri avuganye n’Abayobozi ba Amerika ngo baganire ku masezerano yo kugurana umutekano amabuye y’agaciro nk’uko departement ya leta yabitangaje mu itangazo yageneye Reuters. Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ikungahaye kuri cobalt, lithium na uranium […]
Burundi: Abahataniye ikamba rya Nyampinga bakoze impanuka

Ubuyobozi bw’ikinyamakuru Ingo Magazine bushinzwe gutegura amarushanwa ya Nyampinga w’u Burundi 2025 ( Miss Burundi 2025 ), bwatangaje ko abakobwa bari muri iryo rushanwa baraye bakoze impanuka ubwo bavaga mu Ntara ya Gitega ahabereye irushanwa. Iyo mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru Tariki ya 9 Werurwe 2025, ubwo abakobwa 20 bari mu irushanwa rya […]