U Rwanda ruramagana raporo ya HRW irushinja kwibasira abatavuga rumwe nâubutegetsi muri iki gihe
Guverinoma yâu Rwanda yise Human Rights Watch umuryango ugamije kuyobya abantu ugendera ku mwuka uri mu gihugu ugashaka kuwubyaza inyungu zâamafaranga. Ibi bikaba bije nyuma yâaho kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 29 Nzeri, mu itangazo ryâuyu muryango, wanenze Leta yâu Rwanda uyishinja guta muri yombi, kuburisha no gutera ubwoba abatavuga rumwe nâubutegetsi kuva amatora […]
Data umbyara arashaka ko turyamana mbere yâuko nshaka umugabo- Mbigenze nte?
Ndi umukobwa wâimyaka 25, narangije amashuri yisumbuye ndetse nkaba mfite fiancĂ© tumaranye igihe kitari kinini. Abahungu benshi bagiye bansaba ubucuti nkabemerera ariko tugatandukana vuba. Mu byâukuri sinzi impamvu ibitera kuko urukundo runyoyokamo vuba kandi mu ntangiriro mpa numva dukundana koko. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nabyirutse mbana na data gusa kuko mama umbyara yansize mfite imyaka 9 gusa […]
Rulindo: Ambasaderi wâu Bushinwa yunamiye umukozi wâUmushinwa wapfiriye mu Rwanda
Ambasaderi wâu Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, yarambitse indabyo ahashyinguye umukozi wâUmushinwa wakoraga mu mishinga yo gufasha u Rwanda. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kuri uyu wa gatandatu itariki 30 Nzeri 2017 akaba ari bwo Ambasaderi Rao Hongwei yagiye ku irimbi ryâAbashinwa riri mu Karere ka Rulindo ahashyinguwe uyu mukozi wâUmushinwa mu rwego rwo kumuha icyubahiro no kurambika […]
RDC: Mai-Mai Yakutumba yahawe amasaha 48 yo kurambika hasi ibirwanisho bitaba ibyo ikibonera
Ubuyobozi bukuru bwâigisirikare cya Congo, FARDC, bwahaye umutwe wa Mai-Mai Yakutumba amasaha 48, uhereye kuri uyu wa Gatandatu, yo kuba wamaze kurambika hasi ibirwanisho ku bushake bitaba ibyo ugahura nâakaga. Umwe mu bayobozi bakuru bâingabo za Congo woherejwe na Etat Major ngo ajye gukurikirana ibikorwa bya gisirikare muri Kivu yâAmajyepfo yatangaje ibi kuri uyu wa […]
Ghana: Umuhanzi yatunguye benshi avuga ko ahagarariye Satani ku isi
Umuhanzi wo mu gihugu cya Ghana uzwi ku mazina ya Cash king aherutse gutunguza abantu amagambo adasanzwe ndetse anateye ubwoba ubwo yavugaga ko ahagarariye Lusiferi ku isi. Uyu muhanzi uzwi imbere mu gihugu cya Ghana yavuze amagambo buri wese atapfa kuvuga. Mu kiganiro nâitangazamakuru yagize ati « Nahinduje umweru uruhu rwanjye ngo abantu babone ibishushanyo […]
Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye â Depite Zaake
Depite Francis Zaake uhagarariye Butebi mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatangaje ko igipfunsi Gen katumba Wamal aherutse kumuterera mu nteko cyari kimuhitanye nyuma yo kumukubita akitura hasi. Ifoto ya Gen Katumba akubita uyu mudepite mu mpera zâiki cyumweru yakwirakwiriye mu itangazamakuru, aho agaragara akubita igipfunsi kiremereye Depite Zaake mu mirwano yari irimbanyije hagati yâabadepite […]
Umushinjacyaha mukuru wâu Rwanda yatorewe kuyobora ishyirahamwe ryâAbashinjacyaha muri EAC
Umushinjacyaha Mukuru wâu Rwanda, Mutangana Jean Bosco, yatorewe muri iki cyumweru kuyobora ishyirahamwe ryâabashinjacyaha bo mu bihugu bigize Umuryango wâAfurika yâUburasirazuba (EAAP). Mutangana yatorewe kuyobora iryo shyirahamwe mu nama ngarukamwaka yâababashinjacyaha bakuru bo muri EAC , yabereye i Kigali asimbuye DPP wa Kenya Hon.Keriako Tobiko. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Muri iyi nama kandi yabaye kuwa 28 na […]
U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi nâigipolisi
Igipolisi cya Kothanur mu gihugu cyâu Buhinde cyataye muri yombi abanyeshuri batatu biga engineering, harimo umwe wâUmunyarwanda nâabandi bakomoka muri Andhra Pradesh nyuma yo kubafatana urumogi. Abatawe uri yombi nkâuko tubikesha urubuga rwa The New Indian Express ni; Neeraj Ramakrishna wâimyaka 24, Shailesh Bhushan wâimyaka 23, na Kayitare Frederick wâimyaka 25. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Igipolisi kikaba […]
Minisitiri w'ubuzima muri leta ya Perezida Trump yeguye
Perezida Donald Trump yakiriye urwandiko rwo gusezera yahawe na minisitiri wâubuzima Tom Price, washinjwaga gukoresha nabi amafaranga yo mu kigega cya leta. Trump yavuze ko yababajwe n’ibyo bwana Price yakoze, ku bijyanye nâiyo micungire yâamafaranga. Umunyamakuru wa BBC uri mrui Aamerika , avuga ko ikoreshwa ry’indege zihenze z’abikorera minisitiri Price yakoresheje ajya mu bikorwa bya […]
Zari Hassan ufite abana 5 agiye kuboneza urubyaro
Zari Hassan ukunze kwiyita The Lady Boss, yatangaje ko agiye kuboneza urubyaro ku buryo atazongera kugira undi mwana abyara. Ibi yabitangaje ubwo yagiranaga ikiganiro na Cloud Fm ibintu byanatunguye abafana be hirya no hino nyuma yo kumva iki cyemezo cye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi bije bikurikira ibihuhwa byari hanze bivugwa n’abafana ko Zari yaba atwite undi […]
Amerika mu nzira z'ibiganiro na Korea ya Ruguru
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Let Zunze Ubumwe za Amerika Rex Tillerson, yavuze ko hari inzira nyinshi zishoboka mu kuganira hagati yâigihugu cye na Koreya ya Ruguru. Abivuze nyuma yuko abonanye na perezida w’u Bushinwa Xi Jinping. Minisitiri Rex Tillerson yavuze ko hari gukoreshwa inzira zitandukanye mu buryo bwo kureba niba Koreya ya Ruguru ikeneye koko […]
Congo Kinshasa: Indege ya gisirikare yahanutse ihitana 10
 Abashinzwe ikibuga cyâindege cya Ndjili kiri i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangaje ko hahanutse indege ya gisirikare yari irimo abantu 10 bagahita bapfa. Iyo ndege yahanutse kubera ko byari byanze ko ihaguruka neza iva ku kibuga cy’indege cya N’djili, ihanuka ahitwa i Nsele nkuko BBC yabitangaje. Ntibizwi neza niba hari abantu […]
Abasirikare 2 bâu Burundi bishwe nâinyeshyamba za FNL
Igisirikare cyâu Burundi kiratangaza ko abasirikare ba cyo basize ubuzima mu mirwano bari bahanganyemo nâumutwe wâinyeshyamb za FNL, ziyobowe na Gen.Nzabampema Aloys. Imwe mu miryango itabogamiye kuri Leta, iremeza amakuru yâintambara zongeye kurota mu karere ka Gatumba, hafi nâumupaka igihugu cyâu Burundi gihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Bivugwa ko zahitanye abasirikare 5 […]
Loni yahaye imiryango ya sosiyete sivile mu Rwanda inkunga ya miliyoni 400
Amashami ya Loni mu Rwanda yateye inkunga ya miliyoni 400 imiryango ya sosiyete sivile mu Rwanda, biciye mu rwego rwâigihugu rwâimiyoborere mu Rwanda(Rwanda Governance Board-RGB). Iyo nkunga yagenewe imiryango 15 ikorera mu Rwanda. Izayifashisha mu bijyanye no kongera serivisi zâubuhinzi mu Rwanda, ubworozi, uburenganzira bwa muntu no gushimangira ihame ryâuburinganire, kongera ubwumvikane mu miryango, kurwanya […]
Rwamagana: Abaturage barishimira ibikorwa bagezeho ku muganda rusange
Abaturage bo mu kagari ka Bwiza, Umurenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana barishimira ibikorwa bagezeho bakesha umuganda rusange bakora buri wa 6 wa nyuma wâukwezi, bavuga ko mu byo bagezeho harimo na poste de santĂ© bubatse ubu ikaba yaramaze kuzura, inzu bubakiye abatishoboye,⊠Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Nzeri 2017, abaturage bazindukiye mu […]
Bujumbura: Radiyo CCIB FM+ yahagaritswe kubera kunenga Leta
Umuyobozi wâimwe muri Radiyo mbarwa zigenga mu gihugu cyâu Burundi, ku wa Gatanu tariki ya 29 Nzeri 2017, yatangaje ko Radiyo CCIB FM + yahagarikiwe ibiganiro ku mpamvu zâuko yahitishije amajwi anegura Leta. Ni nyuma yâaho mu nkambi ya Kamanyola ,mu burasirazuba bwa Republika Iharanira Demokrasi ya Congo ,habereye ubwicanyi bwibasiye impunzi zâAbarundi ,bukozwe nâIngabo […]
Nakinnye ibyâabana mfite imyaka 6, nsambana nâumuhungu mama aramfata arankubita none narahuzwe- Nkore iki?
Abo kuri iki kinyamakuru muraho neza, nkuko njya mbona nâabandi badashyiraho amazina nanjye sinifuje kuritangaza ariko ntibibabuze kumpa inama mbasaba. Mu byâukuri mfite imyaka 27, ndi umukobwa ushakishwa ni ko bamwe bajya babyira, abasore baraza bakantereta pe, hari nâabansaba kubasura nkabasura bakifuza ko turyamana ariko nakwibuka ibyo nakorewe na mama ubwo nari mfite imyaka 6, […]
Amafoto y'uko umuganda wagenze mu Rwanda no mu mahanga
Mu turere dutandukanye hakozwe umuganda ngarukakwezi, ukorwa ku wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Gahunda yari itagenyijwe ni ugutaha inzu zagenewe abatishoboye muri gahunda y’umudugudu w’icyitegererezo. Uyu munsi kandi nibwo Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yifatanyije n’Abanyarwanda muri uwo muganda wanatangirijwemo Icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge. Gasabo Umuganda wabereye i Gikomero muri aka karere, ahabereye ibikorwa bitandukanye birimo gutaha […]
Uko bimwe mu bihugu bikomeye ku isi byagiye byishyira mu byiciro bigendeye ku mbaraga za gisirikare
Bimwe mu bihugu bikomeye ku isi byagiye byishyira mu byiciro ahanini ubona ko byagiye bishingira ku mutungo wâigihugu iki cyangwa kiriya kibitseho by’umwihariko binagendeye ku ngufu za gisirikare. Muri iyi nkuru, Bwiza.com yabaviriye imuzingo ,uko bimwe mu bigo bikomeye ku isi byagiye biterwa imirwi ,imyaka ikaba ibaye hafi 70 nta kanunu kâuko ibintu bizahinduka. 1.Droit […]
Ni nde ushobora gusimbura Degaulle muri FERWAFA ?
Ubwo bigenda bigaragara ko Nzamwita Vincent Degaule uyoboye FERWAFA , ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ashobora kuzakomeza indi manda y’imyaka ine , abakurikirana umupira bavuga ko kuzahura umupira wo mu Rwanda hagomba kubaho inteko rusange ihamye, abayobozi b’amakipe biyubashye kandi bazi gufata imyanzuro inogeye mu gihe gikwiye mu nyungu rusange z’igihe kirekire. Umunyamakuru w’imikono Muramira […]
U Burundi na Tanzania birashinjwa gushyira igitutu ku mpunzi zâAbarundi zatahuka zigahohoterwa
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Amnistie Internationale uratangaza ko ibihumbi vy’impunzi z’abarundi zisubira mu gihugu cy’amavuko zivuye muri Tanzaniya, zihura n’ikibazo by’umutekano muke, kandi ziba zashyizweho igitutu nâu Burundi na Tanzania. Mu kwezi gushize, Tanzaniya, u Burundi n’ikigo cya Loni cyita ku mpunzi UNHCR bumvikanye ko baba batahanye mu Burundi impunzi zihakomoka12000 zibyipfuza ziri […]
Ntidusaba ko abagore bemererwa kuvanamo inda, ahubwo ko ababyemerewe boroherezwa-HDI
Umuryango urengera ubuzima mu Rwanda, HDI, urasaba inzego zibishinzwe zirimo Leta yâu Rwanda korohereza abagore nâabakobwa bemerewe gukurirwamo inda kuko ngo usanga hakiri imbogamizi zikomeye ku babyemerewe. Ibi bigarukwaho na Sengoga Christopher, ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri HDI(Health Development Initiative). Zimwe mu mbogamizi zigarukwaho ni amabwiriza ya Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda agena ko umugore cyangwa […]
Ese ibiganiro byâ ibanga hagati yâ abayobozi bâ u Bufaransa nâ u Rwanda bizatanga umusaruro?
Umubano wâ u Bufaransa nâ u Rwanda wagiye urangwa nâ ibibazo bikomeye kuva mu mwaka wa 1994 biturutse ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni 1 mu minsi 100 gusa isi yose irebera. Uruhare u Bufaransa bwagize muri iyi jenoside yahitanye umubare muni wâ abantu muri iki kinyejana byatumye kugeza […]
Rurageretse hagati ya Rwandair nâabakoresha urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp
Nyuma yâigihe kitari kinini abakoresha imbuga nkoranyambaga bibasiye Ikigo cyâIgihugu Gishinzwe imisoro nâamahoro , noheho ubu ni Kompanyi yo gutwara abantu nâibintu mu Kirere RwandAir badukiriye. Hari kuwa 19 Mutarama 2016 ,ubwo Rwanda Revenue Authority yacishaga itangazo ku rubuga rwayo rwa interneti , ryamaganaga ubutumwa bwacicikanaga kuri Whatsapp ,buvuga ko iki Kigo kiri gutegura kujya […]
Somalia: Al Shabab yigaruriye ikigo cya gisirikare mu mirwano ikaze yaguyemo ingabo za leta 15
Abasirikare 15 ba Somalia kuri uyu wa Gatanu biciwe mu gitero cyâAbarwanyi bâumutwe wâiterabwoba wa Al Shabab bagabye ku kigo cya gisirikare kiri hafi yâumurwa mukuru, Mogadishu nkâuko byemezwa nâabayobozi. Iyi nkuru iravuga ko izi ntagondwa za Al Shabab zakoresheje imbunda nâimodoka itezemo bombe mu kwigarurira iki kigo cya gisirikare nâumujyi wa Barire uri hafi […]
Muhanga: Abayobozi 9 b'imirenge n'utugari beguye (yavuguruwe)
Ubuyobozi bwâ Akarere ka Muhanga butangaza ko abayobozi 9 barimo ab’imirenge ndetse n’abo mu tugari beguye ku kazi. Â Umuyobozi wâaka karere Beatrice Uwamariya, avuga ko abayobozi banditse ndetse ubuyobozi bukaba bwashyikiriye ubusabe bwabo ari; Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâUmurenge wa Kibangu nâuwa Nyamabuye Mugunga Jean Baptiste . Hari kandi Abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu bâutugari, Abakozi babiri bashinzwe […]
Ubuhamya bwa Carl Wilkens, umwe mu banyamerika bacye bagumye mu Rwanda muri jenoside
Umunyamerika Carl Wilkens, umwe mu banyamahanga bacye basigaye mu Rwanda mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ko bitoroshye guhindura amateka mabi ariko igihugu cyâu Rwanda gishobora kuba urugero rwiza. Ibi akaba yabitangarije mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Kane muri Andrews University nkâuko tubikesha heraldpalladium.com. Wilkens avuga ko benshi mu Banyamerika batekereza […]
Dore uburyo bwiza bwagufasha kwiga gusoma Bibiliya uko bikwiye
Abantu benshi bakunze kugira ikibazo cyo kubura akanya ko gusoma Bibiliya ndetse ugasanga bafite umuhati ariko kubishyira mu bikorwa bigakomeza kuba ingorabahizi. Ni muri urwo rwego hari uburyo bwiza bwo gusoma bibiliya neza kandi uko bikwiye mu gihe ufite uwo muhati. Ijambo ryâImana mu Migani 8:17 havuga ngo Nkunda abankunda kandi abanshakana umwete bazambona. [xyz-ihs […]
IPRC south BBC isezeye mu marushanwa ya Zone 5 kuberaâ kudafatwa kimweâ
Ikipe ya IPRC South yagombaga guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya Zone 5 ya Basketball yasezeye muri ayo marushanwa, nyuma yo gutegerwa imodoka, ariko andi makipe bagombaga kujyana yo akaba yategewe indege na Minisiteri ya siporo nâumuco(Minispoc). Ayategewe indege ni Patriots BBC na APR Women BBC. Ikipe IPRC south BBC yo yategewe imodoka ya sosiyete […]
Muhanga/Rutenga: Abaturage bahangayikishijwe na ruhurura iri hagati mu ngo idapfundikiye
Bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Rutenga, mu kagari ka Gahogo, mu mujyi wa Muhanga, begereye ahubatswe ruhurura, bavuga ko bafite impungenge zâubuzima bwabo, kuko iyi ruhurura imanuka hagati mu ngo, kandi aha yubatse ari naho haba inzira bacamo bagana mu bice bitandukanye bijya mu mujyi wa Muhanga. Ubusanzwe iyi ruhurura yari ihasanzwe ariko […]
U Rwanda rwigiye imbere uko ruhagaze mu bukungu, ku Isi rusubira inyuma
U Rwanda rwazamutseho umwanya umwe ku mugabane wa Afurika mu bigihugu bihagaze neza mu bukungu, rujya ku mwanya wa kabiri ku mugabane wa Afurika nyuma yâIbirwa bya Maurice byakomeje kuza ku mwanya wa mbere no ku mwanya wa 45 ku Isi, ho rwasubiye inyuma. Ibyo byagaragajwe mu cyegeranyo cyerekana uko ibihugu bihagaze mu bukungu mu […]
Uganda: Abadepite baherutse gutabwa muri yombi bashakaga gutwika inteko â IGP Kayihura
Umukuru wâigipolisi cya Uganda, IGP Gen. Kale Kayihura yasobanuye impamvu zâibyakozwe nâabashinzwe umutekano ku Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda kuri uyu wa Gatatu ushize, avuga ko bikwiye kubazwa abadepite banze kumva amabwiriza yâubakuriye, ndetse anahishura ko abadepite batawe muri yombi bari bafite umugambi wo gutwika inteko. Gen. Kayihura yagize ati: â Bari bateguye gutwika inteko […]
Kenya igiye kwakira irushanwa ryâigikombe cya CECAFA Challenge Cup
Inama yâAsosiyasiyo yâumupira wâAmaguru muri Afurika yâUburasirazuba (CECAFA) yemeje Kenya nkâigihugu kizakira iri rushanwa riri gutegurwa mu minsi iri imbere ryiswe Cecafa Challenge Cup. Ni nyuma yâimyaka 2 Kenya isabye ko yakwakira iri rushanwa nyuma yâuko ribereye mu gihugu cya Ethiopia. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Inama nshingwabikorwa ya CECAFA iherutse kubera i Khartoum muri Sudani yanemeje ko […]
RDC: Umugaba mukuru wa FARDC yiyemeje kurangiza burundu ikibazo cyâinyeshyamba muri Uvira
Umugaba mukuru wâingabo za Congo, Gen. Didier Etumba, kuri uyu wa Kane, itariki 28 Nzeri yageze I Bukavu aturutse I Kinshasa anyuze I Goma, aho mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru yavuze ko agiye Uvira muri Kivu yâAmajyepfo mu rwego rwo kurangiza burundu ikibazo cyâinyeshyamba zimaze iminsi zihahanganiye na FARDC. Gen. Etumba yagize ati: âInyeshyamba zarateye. Ndavuga […]
Umugeni yataye umugabo wenyine mu rusengero bamaze gusezerana, umugabo amwirukaho (Amafoto)
Mu gace kamwe ka Igbo gaherereye mu Burasirazuba bwa Nigeria, umugeni aherutse guta umugabo we mu rusengero Pasiteri akimara kubasezeranya nkâumugore nâumugabo. Abatangabuhamya bari bahari bavuga ko nyuma yo kumva ijambo ko babaye umugore nâumugabo, umugeni yahise yisubiraho akavuga ko yumva ibyo kuba umwe nâuwo mugabo atakibishaka ndetse ahita asohoka ariruka umugabo we amwirukaho. Umugabo […]
Dore itandukaniro ry'imibonano ikozwe neza ndetse n'iyakozwe bihutiyeho
N’ubwo imibonano mpuzabitsina ari ingenzi ku buzima bwa muntu, usanga benshi bayikora nabi ari byo binabaviramo indwara zanduririra mu mibonano mpuzabitsina cyangwa andi makimbirane atandukanye ashingiye ku miryango, cyangwa izindi ndwara zirimo n’umunaniro ukabije,… ahanini ni uko iba yakozwe mu buryo budakwiye . Nkuko dusanzwe tubibakorera Bwiza.com yagerageje kubakusanyiriza ibyiza byo gukora imibonano mpuzabitsina mugihe […]
Human Rights Watch yongeye gutunga urutoki Guverinoma yâu Rwanda
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Nzeri 2017 watangaje ko Guverinoma yâu Rwanda ikomeje guta muri yombi no kubangamira abatavuga rumwe nayo kuva perezida wâu Rwanda yakongera gutorwa muri Kanama. Human Right Watch ikaba ivuga ko mu bibasiwe harimo Diane Rwigara, umuryango we, abamushyigikiye, ndetse nâabayobozi benshi […]
Katabagemu: Bashyizeho amasaha yo kutarenza mu kabari hagamijwe kubungabunga umuryango
Mu tugari nâimidugudu inyuranye muri uyu murenge, nta mugore urenza saa mbiri zâijoro akiri mu kabari, kandi nyuma yâamasaha abiri nâumugabo agomba kuba amusanze bakegera abana. Hamwe abagore bataha saa kumi nâebyiri abagabo bagataha saa mbiri, ahandi abagore bataha saa mbiri, abagabo baho bakageza saa yine zâijoro. Abagore nâabagabo batuye umurenge wa Katabagemu muri Nyagatare […]
Nyarugenge: Abatuye Kanyinya na Mageragere ntibazongera gukora ingendo bajya kwivuza amaso nâamenyo
Minisitiri wâubuzima, Dr Diane GASHUMBA, kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Nzeri yasuye Akarere ka Nyarugenge yakirwa nâumuyubozi wâAkarere, Kayisime NZARAMBA, umuyobozi wâAkarere wungirije ushinzwe imibereho myiza yâabaturage, umunyamabanga nshingwabikorwa ndetse nâumuyobozi mukuru mu ishami ryâubuzima mu Karere ka Nyarugenge baganira kuri serivisi zâubuvuzi zitangwa mu mavuriro atandukanye. Nyuma yo kwakirwa, baganiriye kuri serivisi zitandukanye […]
Mfite imyaka 33, ese naca imyeyo (gukuna) nkuze bigakunda?
Bitewe nâaho umuntu yakuriye, usanga hari bamwe mu bakobwa bagera igihe cyo gushaka bataraca mu rubohero, ugasanga ashishikajwe no kubikora akuze, ku buryo bimutwara imbaraga, ariko birashoboka ko ushobora gukuna ukuze bigakunda. Uyu yagize ati âMuraho, nitwa Immaculee, mfite imyaka 33, maze kubyara kabiri, ariko nashakaga kubaza niba najya mu rubohero bigakundaâ? Ibi byatumye dukora […]
Ngoma: Abayobora amasibo barashinjwa kunyereza amafaranga yâumutekano baka abaturage
Abaturage bo mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma, Intara yâIburasirazuba bavuga ko batanga amafaranga yâumutekano ariko bagatungurwa no kumva abanyerondo bivumbuye ngo ntibarirara badahembwa kandi amafaranga aba yatanzwe. Abaturage bavuga ko gukorera mu masibo bibafasha gukemura bimwe mu bibazo birimo no kwicungira umutekano hakoreshejwe irondo ryâumwuga ariko nubwo batanga amafaranga ntibahabwa inyemezabwishyu, bakavuga […]
U Burusiya bwahaye gasopo Amerika buyisaba kutazongera kuvogera ikirere cyabwo
Leta yâu Burusiya ibinyujije mu ijwi ryâumuvugizi wa Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga wa yo Madamu Maria Zacharova, yatangaje ko ihangayikishijwe nâuko Leta zunze ubumwe za Amerika ziri kwibanda mu bikorwa byo kwibasira kugurutsa indege zayo za gisirikare mu kirere cyâu Burusiya nta ruhushya. Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza dukesha iyi nkuru, bitangaza ko ubusanzwe ibi bihugu bigirana amasezerano […]
Umugore yambuwe nâinkende zimucuza ibyo yari avuye guhaha byose
Umugore utatangarijwe amazina wo mu mujyi uherereye mu majyaruguru yâu Bwongereza yatangiriwe nâuruhuri rwâinyamaswa ubwo yari mu modoka avuye guhaha ibintu birimo nâimyenda yâibirori, impano nâibindi zirabimwambura ntiyagira na kimwe asigarana. Uyu mugore ukiri muto utatangarijwe amazina yamburiwe mu ishyamba rizwi nka Merseyside safari park ahaba hateraniye inyamaswa zâubwoko butandukanye burimo ibitera, inkende, impyisi, Imbwebwe […]
Guverineri Mufurukye yaburiye abafite ibibanza mu mujyi wa Rwamagana bitubakwa ko bazabyamburwa
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yaburiye abafite ibibanza ariko bitubakwa mu mujyi wa Rwamagana uri muri iyi Ntara, ko bashobora kubyamburwa bigahabwa abafite ubushake n’ubushobozi bwo kubyubaka. Mu nteko rusange yâabaturage yo ku wa kabiri tariki 26 Nzeri 2017, nibwo Guvereneri wâIntara yâIburasirazuba, Mufurukye Fred, yasabye ko habaho impinduka mu kuvugurura umujyi wa Rwamagana aboneraho no gusaba […]
Tchad: Indege yâintambara yâu Bufaransa yakoreye impanuka itarasobanuka i Ndjamena
Umupilote wâindege ya gisirikare yâu Bufaransa yo mu bwoko bwa Mirage 2000 kuri uyu wa Kane, itariki 28 Nzeri yakomeretse ubwo yari asimbutse iyi ndege yakoze impanuka igihaguruka ku birindiro bya Ndjamena muri Tchad. Iyi ndege yari ku kibuga indege zihagurukiraho itangira kuguruka, ariko nyuma yâakanya gato abari bayitwaye biba ngombwa ko bahita bayivamo iri […]
Ndi umushomeri, umugabo wa mukuru wanjye ansaba ko turyamana akazandihirira kaminuza- Nkore iki?
Maze imyaka ibiri ndangije kwiga segonderi, mba kwa mukuru wa njye i Kigali, nta kazi ngira kampemba nirirwa mu rugo nkora uturimo dusanzwe, bakunzi ba bwiza.com nkaba nifuza ko mwangira inama. Umugore atahira rimwe nimugoroba, umugabo aza kuruhuka saa sita agasubira ku kazi saa munani, urebye ni njye utegura amafunguro saa sita, ni nayo masaha […]
Umuhanzi ukizamuka Pacific yashyize ahagaragara indirimbo yakoranye na Suzan Nyiranyamibwa
Umuhanzi nyarwanda ukizamuka, Pacific âUmwe Uzi yamaze gusohora indirimbo â Muraho â iri mu njyana gakondo yafatanyije nâumuhanzi Nyiranyamibwa Suzan wubatse izina mu Rwanda no hanze yarwo muri iyi njyana. Uyu musore ubusanzwe akaba akora injyana ya Hip Hop. Mu kiganiro na Bwiza.com uyu musore yatangaje ko iyi ndirimbo ikubiyemo ubutumwa bugaragaza imibereho Abanyarwanda basangiye […]
Rubavu: Abarokotse jenoside batishoboye bubakiwe inzu zatwaye akayabo ariko zitagira ubwiherero nâibikoni
Inzu 58 zubakiwe imiryango yâabarokotse Jenosi yakorewe Abatutsi mu Rwanda batishoboye batuye mu murenge wa Kanzenze, mu karere ka Rubavu, ntizigira ubwiherero nâibikoni byo gutekeramo, ku buryo abazihawe batekera hanze bakajya no gutira imisarani ku baturanyi babo. Ni inzu 58, zuzuye zitwaye akayabo ka miliyoni 290 z’amafaranga y’u Rwanda, inzu imwe yagiye yuzura itwaye miliyoni […]
Dore abakinnyi bakomeje kwitwara neza mu marushanwa yo ku mugabane w'u burayi 2017/18
Mu irushanwa rya Premier League ryo mu gihugu cyâu Bwongereza, abakinyi Batatu bamaze kwinjiza ibitego 6 kuri buri wese mu mikino 6 itandukanye bityo kugeza ubu bikaba bigoye kuba hari uwo umuntu yaha amahirwe yo kuzegukana Ballon dâOr uyu mwaka. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Abo bakinnyi 3 barimo umwataka wa Man City , Sergio Aguero, umukinyi mushya […]
USA: Komite yâinteko ishinga amategeko yongeye gutega amatwi abarwanya ubutegetsi bwâu Rwanda
Kuri uyu wa gatatu, itariki 27 Nzeri 2017, komite yâabagize inteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe Afurika nâibibazo byâuburenganzira bwa muntu, yasuzumye ikijyanye na demokarasi nâuburenganzira bwa muntu mu Rwanda nyuma yâamatora yâumukuru wâigihugu yo muri Kanama, aho yongeye gutega amatwi Abanyarwanda babiri banenga ubutegetsi buriho mu Rwanda, Dr David Himbara […]
Rusizi: Ababyeyi barasabwa gutembereza abana basura ibyiza nyaburanga byâu Rwanda
Abana biga mu ishuri ribanza âChild care Academyâ riri mu mujyi wa Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba barakangurira ababyeyi nâabandi bana gusura ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda. Ibi babitangaje nyuma yaho abana 65 biga mu mwaka wa 6 wâamashuri abanza muri iri shuri, batemberejwe ibice binyuranye byâIntara yâIburengerazuba nâiyâAmajyepfo bakirebera ibyiza bitatse u Rwanda nâumuco wâubutwari […]
Kenya: Umupasiteri yivuganye umugabo wamufashe amusambanyiriza umugore
Umupasiteri witwa Fred Ochieng wo muri Kenya aherutse kwivugana umugabo wari umutaye muri yombi amusambanyiriza umugore. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mupasiteri wari wihigikanye umugore uteri uwe, ubwo uyu mugabo yari yagiye mu kazi kâibijyanye no gukora mu birombe byâamabuye yâagaciro mu gace ka Osiri yataha agasanga rwambikanye ariko umupasiteri ikimwaro kikamutera kwivugana uyu mugabo witwa Tobias […]
Umunsi mpuzamahanga wo kubona amakuru ubaye ubukene bunuma mu itangazamakuru ryo mu Rwanda
Tariki ya 28 Nzeri, isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kubona amakuru. Mu Rwanda uyu munsi ubaye itangazamakuru rihanganye nâibibazo byâubukene, imwe mu mpamvu ituma abanyamakuru batangaza ayo bahabwa, bagenewe cyangwa batumiriwe, nyamara ari kure batabasha kuyageraho kubera ubushobozi buke. Abakora nâabakorana nâitangazamakuru bishimira ko nibura hagiyeho itegeko ryo kubona amakuru rimaze imyaka ine (itegeko […]
RDC: Igitero cyâinyeshyamba zaje mu mato zifuza kwigarurira Uvira cyasubijwe inyuma
Abaturage bo muri Uvira, ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baraye mu icuraburindi baramukira mu bwoba bwinshi nyuma yâaho abantu bitwaje intwaro baje mu mato bagabye igitero mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 28 Nzeri kuri uyu mujyi uherereye ku nkengero zâikiyaga cya Tanganyika. Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 27 Nzeri, […]
Umugore akurikiranyweho gutwika umwana wâimyaka 10 na peteroli kuko yaciye ikabutura
Polisi ikorera mu mujyi wa Lagos muri Nigeria iherutse guta muri yombi umugore witwa Gift Igwe imuziza gutwika umwana wâumuhungu wâimyaka 10 akoresheje peteroli. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mwana Chimobi wâimyaka 10 ni mwishywa wâumugabo wâuyu mugore yabaga mu rugo rwa bo, ubwo uyu mugore yazibiranwaga nâuburakari kuko yari yaciye ikabutura agahita amusukaho peterori umubiri wose […]
Njye ndi muzima ntabwo napfuye, nzakora Politiki yâabazima ntabwo nzakora iyâabapfuye- Twagiramungu
Umunyapolitiki, Twagiramungu Faustin, yanyomoje amakuru yavugaga ko yapfuye ndetse ko agiye gukurikirana neza akamenya inkomoko yayo. Inkuru yatambutse kuri iki kinyamakuru ku wa 25 Nzeri 2017, ifite umutwe ugira uti ‘ Ese Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye? ” byagaragaraga kuri Google wikipedia, ko ku wa 14 Nzeri aribwo uyu musaza yapfuye. Mu kiganiro […]
Kigali car Free zone igiye gushyirwamo ibikorwa byinjiza amafaranga
Nyuma yâimyaka 3 yose agace ka Kigali Free Zone nta kintu kigakorerwamo, ubuyobozi bwâUmujyi wa Kigali buratangaza ko bufitiye ingamba nshya aha hantu mu rwego rwo kuhabyaza umusaruro. Umuvugizi wâUmujyi wa Kigali, Bruno Rangira akaba avuga ko hagati mu mwaka utaha aha hantu hagiye gushyirwa serivisi zitandukanye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Eng. Fred Mugisha, ukuriye ibijyanye nâimyubakire […]
Ese gushaka abagore ntibyaba bigiye gutuma Urban Boyz isenyuka?
Iyo uvuze izina âUrban Boysâ mu Rwanda, umuntu yumva Safi, Nizo na Humble G, ni itsinda ryatangiye umuziki ahagana 2008, batangirira i Butare mu ntara yâAmajyepfo nyuma riza gufata umwanzuro wo kwerekeza i Kigali, imyiteguro y’urushako barimo ikaba ica amarenga ko iri tsinda rishobora gusenyuka. Ubu ikiri kuvugwa ni imyiteguro ya buri umwe muri bo […]
Rwamagana: Guverineri yakirijwe uruhuri rwâibibazo nâamarira yâabaturage basaba kurenganurwa
Abaturage bavuga ko barenganijwe, ubwo babonaga Guverineri wâIntara yâIburasirazuba, bamwakirije uruhuri rwâibibazo bamwe banamuririra mu maso. Mu nteko rusange yâabaturage yabaye ku wa 26 Nzeri 2017, ku kibuga cya Polisi mu Murenge wa Kigabiro, Guvereneri wâIntara yâIburasirazuba, Mufurukye Fred wari umushyitsi muri iyo nteko, abaturage bamugejejeho amakuru yâubuzima bita bubi babayemo. Bamwe bafataga ijambo, bakavuga […]
Uganda: Bobi Wine mu badepite batawe muri yombi na polisi bazira kurwanira mu nteko
Benshi mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda barimo umuhanzi Bobi Wine, kuri uyu wa gatatu, itariki 27 Nzeri batawe muri yombi nâigipolisi kibasanze mu nteko kibajyana ahantu hataramenyekana. Usibye Bobi Wine abandi batawe muri yombi bahise bamenyekana ni Allan Ssewanyana na Odonga Otto. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kugeza na nâubu ku nteko ishinga Amategeko ya Uganda […]