Inama yagombaga kubera muri Uganda yasubitswe bitewe n' u Rwanda na Sudani y’Epfo

Inama y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yigaga ku bijyanye n’ingufu yagombaga kubera muri Uganda yasubitswe bitewe n’uko u Rwanda na Sudani y’Epfo bitabonetse. Iyi nama yateranaga ku nshuro ya 14 kuri uyu wa 7 Kamena 2019 yasubitswe bitewe n’uko buri gihugu kigomba kuba gihagarariwe kugira ngo ibe nk’uko amategeko abiteganya. Chimpreports ivuga ko yabonye ibaruwa  ya […]

Rwamagana: Abafatanyabikorwa bizeje Akarere kuzahigura imihigo ku kigero cya 100%

Mu gikorwa cyo gutangiza imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere  ry’Akarere ka Rwamagana, hamuritswe ibikorwa byakozwe n’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’akarere  mu mwaka w’ingengo y’imari 2018/2019. Bakijeje ko bazahigura 100%. Umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere JADF, Uwayezu Valens yavuze ko bagize uruhare mu bikorwa byinshi ahanini bigamije gukemumura ibibazo bibangamiye umudendezo w’abaturage byatwaye amafaranga arenga miriyari  ebyiri n’igice. Yagize […]

Impunzi z'Abarundi ziri muri Tanzania zirarira ayo kwarika

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Nduta muri Tanzania, zivuga ko zikomerewe mu gihe zigabwaho ibitero bya hato na hato, bamwe bakicwa abandi bagashimutwa mu buryo butandukanye n’ibindi bikorwa bitandukanye bibangamiye uburenganzira bwabo. Inkambi ya Nduta irimo impunzi zisaga ibihumbi 100 byahunze mu Burundi mu mwaka wa 2015, ubwo havukaga imvururu zakuruwe na manda ya […]

Gasabo: Batatu bafunzwe bakekwaho gushyira amazirantoki ku muryango w’umuturanyi

Abasore batatu bo mu Murenge wa Jabana batawe muri yombi bakekwaho gushyira amazirantoki  ku muryango w’inzu y’umuturanyi wabo, Gilbert Cyubahiro. Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu ubwo Cyubahiro utuye mu Mudugudu w’Amasangano mu Kagari ka Kigashya mu Murenge wa Jabana yabyutse agasanga ku muryango w’inzu ye hanyanayagijwe umwanda wo mu bwiherero ku […]

Ibiyaga Bigali: Kuki u Burundi butifuje kugaragara mu nama y' umutekano?

Mu gihe umwuka utameze neza mu Biyaga Bigali bitewe n’ imitwe yitwara gisirikare , kuva 6 Gicurasi 2019,  Perezida wa Congo-Kinshasa, FĂ©lix Tshisekedi yayobowe inama yahuje inzego z’ iperereza yitabiriwe n’ imiryango  CIRGL, SADC ndetse n’ intumwa idasanzwe ya Loni mu Karere, gusa u Burundi bukaba buhakana ko butayitabiriye. Iyo nama yabereye i Kinshasa, yashimangiye […]

Ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 7 Kamena 2019

Ejo, tariki ya 7 Kamena 2019, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village URUGWIRO, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 03 Mata 2019 n’iyo ku itariki ya 26 Mata 2019. 2. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe: – Inyungu z’u Rwanda mu kuba umunyamuryango w’ibihugu bikoresha […]

USA n'Uburusiya baritana ba mwana nyuma y'ubwato bw'intambara bwari bugiye kugongana

Uyu munsi mu nyanja ya Philipine, ubwato bw’ingabo zirwanira mu mazi bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwendaga kugongana n’ubw’Abarusiya. Ibi bihugu byombi birashinjanya kuba impamvu y’iki kibazo. Udaloy I (Vinogradov) ni bwo bwato bw’Uburusiya igisirikare cy’Amerika cyavuze ko bwakomezaga kwegera ubwabo bwitwa USS Chancellorsville kugeza muri metero 50. Kiviga ko Abarusiya batigeze bubahiriza amategeko agenga […]

Abasirikare n'abapolisi bakuru baturutse mu bihugu 10 bahawe impamyabumenyi-amafoto

Mu ishuri rikuru rya gisirikare i Musanze, abasirikare bakuru b’u Rwanda 47(RDF), abapolisi b’u Rwanda (RNP) n’abandi baturutse mu bindi bihugu 9 by’Afurika bahawe impamyabumenyi. Ni umuhango wari uyobowe n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvuba mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga, Paul Kagame. Muri aya masomo amaze umwaka, aba basirikare n’abapolisi bigaga ubumenyi mu bijyanye […]

S.A: Abaturage barasabwa kuba maso nyuma y'uko intare 14 zitorotse pariki

Abaturage ba Afurika y’Epfo mu mugi wa Phalaborwa n’abacukura amabuye y’agaciro muri Foskor barasabwa kuryamira amajanja nyuma y’uko intare 14 zatorotse pariki ya Kruger ejo hashize. Ubuyobozi bw’intara ya Limpopo uyu mugi uherereyemo bwemeje ku rubuga rwa Twitter ko koko izi ntare zatorotse ishyamba zagaragaye zitembera muri Foskor hacukurirwa amabuye y’agaciro. Iyi mpuruza irareba cyane […]

Nyagatare: Umugabo akurikiranweho kwica abana bane b’abaturanyi mu bihe bitandukanye

Umugabo witwa Twagiramungu John akurikiranyweho  n’Ubushinjacyaha icyaha cy’ubwicanyi yakoreye abana bane b’abaturanyi imirambo akayitaba mu nzu ye. Kuri uyu wa Kane tariki 06/06/2019 yaburanishijwe mu mizi, Ubushinjacyaha bumusabira igihano cy’igifungo cya burundu. Iki cyaha aregwa, kikaba cyarabereye mu kagari ka Nyakigando, umurenge wa Katabagemu, akarere ka Nyagatare, ku matariki 10/02/2019, 05/03/2019, 17/03/2019 na 18/03/2019 nk’uko iyi nkuru dukesha […]

Nishimiye kujya mu ikipe ikunzwe mu Rwanda[Rayon Sports]- Iragire Saidi

Iragire Saidi wakiniraga ikipe ya Mukuru VS atangaza ko nyuma yo gusinya amasezerano, yishimiye kwinjira mu ikipe ya Rayon Sports avuga ko ikunzwe na benshi mu Rwanda. Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kamena 2019, nibwo Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije amasezerano Iragire Saidi, uvuye muri Mukura VS, aya masezerano akazamara imyaka ibiri, nk’uko […]

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Sudani mu rwego rwo kumvikanisha abasirikare n’abasivili

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yasesekaye I Khartoum muri Sudani ayobora inama zitandukanye n’abasirikare bakuru bayoboye igihugu muri iki gihe nk’uko byemejwe n’umunyamakuru wa AFP wari ku kibuga cy’indege. Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yageze I Khartoum kuri uyu wa Gatanu agiye kugerageza guhuza abugaragambya n’abasirikare bakuru bayoboye igihugu kuva bahirika Omar Bashir. […]

Umurenge Kagame Cup 2019: Ikipe ya Masaka ibabajwe n'akarengane yakorewe

Mu gihe byari biteganyijwe ko ikipe ya ruhago y’ Umurenge wa Masaka izakina umukino wa nyuma na Gihango yo muri Rutsiro, iravuga ko ibabajwe n’uburyo yaje kumva yatewe mpaga mu buryo itazi. Ibi byashimangiwe n’ Umutoza wa Masaka , Yvan Sebashi ubwo yemezaga ko ikipe yaciwe inyuma n’ ubuyobozi bushinzwe imikino mu Mujyi wa Kigali. […]

Madonna arashinja umushoramari ukomeye muri Hollywood kumusambanya atabishaka

Umuririmbyi Madonna yiyongereye ku bindi byamamare bishinja abantu batandukanye kubisambanya bitwaje ububasha bafite, aho kuri ubu ashinja Harvey Weinstein, umushoramari ukomeye muri cinemakuba yaramusambanyije we atabishaka. Ni nyuma y’inkubiri yadutse mu mwaka ushize muri Hollywood kubera ibirego byo gusambanya abagore n’abakobwa batabishaka kwa Weinstein uzwi cyane muri uru ruganda, ibirego we yahakanye yivuye inyuma. Madonna […]

Imbonerakure zikomeje gushinjwa kwibasira abayoboke ba Rwasa

Urubyiruko rw’ishyaka CNDD riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi ahitwa Mubimbi mu Ntara ya Bujumbura, rurashinjwa kugaba ibitero ku bayoboke b’ishyaka CNL bakabakubita, bakabakomeretsa bakabasiga ari intere Biravugwa ko Imbonerakure zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imitarimba, ibyuma n’imihoro, mu ijoro ryo ku cyumweru bagabye ibitero mu ngo zitandukanye zo mmu gace kitwa Muhororo bikaba […]

Nyamasheke: Abagore baracyagundagurana n'inzitizi nyinshi mu iterambere

Bamwe mu bagore b’imirenge itandukanye y’Akarere ka Nyamasheke bavuga ko n’ubwo ubuyobozi bw’akarere kabo bufatanije n’izindi nzego za Leta bukora ibishoboka byose ngo batere imbere, bakigundagurana n’inzitizi nyinshi zikibabangamiye zituma benshi bahora mu bukene uko umwaka utashye ugasanga badatera intambwe ishyitse mu iterambere. Mu kiganiro na Bwiza.com, bamwe muri bo bavuze ko bimwe mu bituma […]

Smart Phones za mbere zikorewe mu Rwanda zirajya ku isoko mu mezi abiri

Telephone za mbere zo mu bwoko bwa Smart Phones zakorewe mu Rwanda n’uruganda Mara Corporation zizaba zageze ku isoko mpuzamahanga mu gihe cy’amezi abiri nk’uko byemejwe kuri uyu wa Kane na Ashish Thakkar, umuyobozi w’iki kigo. Ibi Ashish yabitangarije ubwo hatangizwaga inama ku bikorerwa muri Afurika yiswe mu Cyongereza ‘Made-in-Africa Leadership Conference’ yahuje abayobozi bakuru […]

Zari avuga ko kuryamana na Diamond biri mu byamugiragaho ingaruka ku buzima

Umuherwekazi, Zari Hassan Tlale avuga ko akabariro katanoze yaterwaga na Diamond Platnumz kari mu mpamvu yatumaga atabyibuha ubwo yabanaga n’uyu mugabo. Zari yatandukanye na Diamond muri Gashyantare 2018. Buri ruhande rushinja urundi kuruca inyuma ariko uyu mugore ntahwema kugaruka kuri Diamond akenshi ku mbuga nkoranyambaga. Yifashishije Instagram,  Zari yasobanuriye abafana be igituma yabyibushye. Mu gusobanura […]

Perezida Kagame yamaze impungenge abatekereza ko isoko rusange rizateza Afurika ibibazo

Nyuma y’aho Ikigega Mpuzamahanga cy’ Imari (FMI) kigaragaje ko gifitiye Afurika impungenge mu gihe isoko rusange mu bucuruzi rizatangira gukora si uko Perezida Paul Kagame abibona, ahubwo aramara impungenge abazifite. Muri Gicurasi 2019, nibwo FMI yaburiye ibihugu bya Afurika ko bishobora guhura n’ ibibazo bishingiye ku bihombo bikomeye mu gihe cyose bishyize mu bikorwa amasezerano […]

Aimable arakwigisha uko banyaza neza umugore akazana amavangingo- Reba Video

Umuvuzi gakondo akaba anabahagarariye mu Rwanda, Tuyisenge Aimable Sandro, avuga ko nta mugore utagira amavangingo, bamwe baba bayafite ariko abagabo babo batazi kuyashaka, abandi baba bayafite ari make cyane ku buryo aza ntuyabone, ngo kimwe n’uko hari ababa bayafite n’umugabo azi kuyashaka ariko wenda umugore afite uburwayi buyabuza gusohoka. Avuga ko umugore wanyajwe neza bimutera […]

The Ben afite agaseke arapfundurira abakunzi be mu masaha 24

Umuhanzi w’Umunyarwanda, Mugisha Benjamin cyangwa se The Ben afite agaseke arapfundurira abakunzi b’ibihangano bye, uyu munsi bitarenze amasaha 24. The Ben tumuzi mu ndirimbo zakunzwe na benshi nka Fine Girl, Thank You yafatanyije na Tom Close, Lose Control yafatanyije na Meddy ariko yakoze ‘Naremeye’ yari ikiri majwi. ‘Naremeye yayishyize ku rubuga rwa YouTube mu mezi […]

Byinshi ku gitero karundura cyagejeje Intambara ya 2 y’Isi ku musozo

Imihango yo kwibuka ku nshuro ya 75 igitero cy’ingabo z’ibihugu byishyize hamwe cyaganishije intambara ya kabiri y’isi ku musozo iraba muri iki cyumweru. Umwamikazi w’Ubwongereza, Perezida Donald Trump wa Amerika n’abandi bayobozi b’ibihugu bitabiriye mihango uyu munsi yabereye ahitwa Portsmouth mu Bwongereza. Iki gitero cyo mu kwezi kwa gatandatu mu 1944 cyagenze gite? Ingabo z’Ubwongereza, […]

Umuganga wishe abarwayi 85 yakatiwe ubuzima bwose mu buroko

Mu rukiko rwa Eldonburg kuri uyu wa kane, Niels Hà¶gel wari umuganga mu Budage, yakatiwe igifungo cy’ubuzima bwose nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abarwayi 85. Ari mu bicanyi ruharwa bavugwa muri iki gihugu. Uyu muganga washinjwaga kwicira aba bantu mu mavuriro abiri, yari asanzwe afunzwe azira guha abarwayi b’umutima imiti irengeje ubukana, bikarangira itwaye […]

Gatsibo: Gukunda imanza bimutwaye inzu, ubutaka n’amafaranga

Mukarugwiza Vestine wo mu murenge wa Kiramuruzi, amaze guhabwa amezi atatu gusa akaba yavuye mu nzu atuyemo kuko yatejwe cyamunara. Ni nyuma y’aho atsindiwe mu bunzi, ajuririra inkiko aratsindwa, yigira inama yo kwegera Urwego rw’Umuvunyi, maze rutegeka ava muri iyo mitungo bitarenze impera za Nzeri uyu mwaka. Ubwo Urwego rw’Umuvunyi rwasuraga abaturage b’akarere ka Gatsibo, […]

Igihugu cya Sudani cyahagaritswe mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Igihugu cya Sudani cyamaze guhagarikwa ku mugaragaro mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe uhuje ibihugu bigera kuri 55 byo ku mugabane. Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Afurika Yunze Ubumwe kateranye kuri uyu wa Kane, I Addis Abeba niko kafashe iki cyemezo. Katangaje muri aya masaha ya nyuma ya saa sita ko gahagaritse Sudani mu bikorwa byose […]

FARDC yiyemeje guhashya imitwe yose y'Abarundi n'Abanyarwanda iri ku butaka bwa Congo

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Kongo mu ntara ya Kivu y’epfo avuga ko bari kwitegura ibitero byo guhashya imitwe irimo n’iy’Abanyarwanda n’Abarundi, mu gihe havugwa kwiyongera kw’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’iki gihugu. Kapiteni DieudonnĂ© Kasereka, umuvugizi w’ingabo mu ntara ya Kivu y’epfo, yabwiye BBC ko muri aka gace koko hari ibikorwa […]

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad, yatawe muri yombi mu Bufaransa

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bufaransa aravuga ko Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) Ahmad Ahmad mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yafatiwe muri hotel y’I Paris yari acumbitsemo aho yitabiriye kongere ya FIFA. Biravugwa ko Ahmad Ahmad yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ku isaha ya saa 8h30 […]

Rusizi: Abanyeshuri basabwe kudahishira uwo bumviseho ingengabitekerezo ya Jenoside

Abanyeshuri ba G.S Buagarama CitĂ© mu karere ka Rusizi basabwe kurwanya bivuye inyuma Jenoside n’ingengabitekerezo yayo no kudahishira uwo bayumvaho wese kabone n’iyo yaba umubyeyi wabo. Umuyobozi w’iki kigo, Mbarushimana Hamimu, avuga ko inyigisho za Ndi Umunyarwanda  ari urubuga rwiza abana basobanurirwamo byimbitse amateka nyakuri yaranze u Rwanda, haba ku mibanire yabo mbere y’ubukoloni, mu […]

Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira — Hon. Frank Habineza

“ Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba ikintu abantu bafiteho uburenganzira, ” Uyu ni Depite Frank Habineza uvuga ko amazi ari ikintu cy’ingenzi cyane waba uri umukire cyangwa umukene, kuko buri wese akenera amazi, yaba ayo kunywa, ayo gutekesha, ayo gukaraba, ayo gukoresha indi mirimo itandukanye. Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na […]

Kwimura umwana adashoboye ni amakosa- Dr Isaac Munyakazi

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi,  Dr Isaac Munyakazi yavuze ko nta munyeshuri uzongera kwimuka ava mu mwaka ajya mu wundi adashoboye. Ibi ngo bitewe na gahunda nshya izajya ituma n’utimutse agira ubundi buryo afashwamo. Abajijwe ku bijyanye n’abanyeshuri byagiye bivugwa ko bimurwa bagashyirwa mu mwaka ukurikiyeho badashoboye, yasobanuye ko ibi bitazongera kubaho. Ati “Iyo […]

Me Evode Uwizeyimana avuga ko gukuraho amategeko yo ku ngoma ya gikoloni nta ngaruka bizagira ku Rwanda

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko muri Minisiteri y’Ubutabera, Uwizeyimana Evode, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Kamena 2019, nibwo yagejeje ku Nteko Nshingamategeko umutwe w’Abadepite umushinga ukuraho amategeko yashyizweho mu gihe cy’abakoloni mu Rwanda. Hari hashize amezi abiri Inama y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’itegeko rikuraho amategeko yose yashyizweho mu gihe cy’abakoloni, ubwo […]

Iyo ubonye 500 Frs uyizigama mu gifu cyawe, aho bukera Kigali turayivamo- Abaturage

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko akamaro ko kwizigama bakazi ariko bagahura n’imbogamizi z’uko ayo bakorera uretse no kuyazigama atanabasha kubakemurira ibibazo by’imibereho yabo ya buri munsi. Bavuga ko ibintu bihenze cyane mu mujyi wa Kigali, bityo ko make bakoreye bayashakamo amafunguro yo kubatunga, bagasanga gusagura ayo kwizigama bitabashobokera. Uyu ni umusore […]

Abarenga 90% bahumeka umwuka uhumanye- Dr. Biruta Vincent

Minisitiri   w’Ibidukikije mu Rwanda, Dr . Vincent  Biruta, avuga ko Abanyarwanda bazifatanyiriza hamwe mu kurwanya ihumana ry’umwuka uhumekwa kimwe mu bibazo byugarije ubuzima bw’abatuye isi, bityo ko abagera kuri 90% mu buzima bwabo bwa buri munsi bahumeka umwuka uhumanye. Kuri uyu wa 5 Kamena 2019, nibwo u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije. […]

Afurika y' Epfo: Umurundi wagiye gufata mu mugongo umuryango wa Camir Nkurunziza yararashwe

Umugabo w’ umurundi wari wagiye gufata mu mugongo umuryango wa nyakwigendera Camir Nkurunziza yarashwe mu bitugu  kuri uyu wa Kabiri tariki ya  4 Kamena 2019. Uyu mugabo yarashwe  urusasu rwo mu bitugu ubwo yari mu modoka agiye kwihanganisha  umupfakazi wa  Camir Nkurunziza ageze imbere y’urugo. Uyu murundi avugwaho kuba yari inshuti magara ndetse ko yanakoranaga […]

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zashyikirijwe imfashanyo n’u Buyapani

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita yashyikirije impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda mu nkambi ya Mahama, imfashanyo igihugu ahagarariye cyazigeneye. Iyi mfashanyo ikubiyemo ibigori, ibishyimbo ndetse n’ifu y’igikoma. Amb. Takayuki  wabashyikirije iyi nkunga, yagize ati “Turabizi ko ari byinshi bikenewe muri iyi nkambi kuko n’abantu bakomeza kwiyongera. Icyo dukoze ni ugufasha abatishoboye, ibyo dutanze […]

RDC: Umusirikare wa FARDC ufite ipeti rya colonel yakatiwe igifungo cya burundu azira umugore we

Col. Bihendo Mikonde Ibrahim, komanda wa regiment ya 3309 ya FARDC ifite ibirindiro ahitwa Shabunda, muri Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 04 Kamena 2019 yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugore we. Uyu musirikare mukuru mu ngabo za Congo yakatiwe igihano cyo gufungwa burundu […]

Abadepite barahiye ko bari burogoye ijambo rya Perezida Museveni

Abadepite mu gihugu cya Uganda batangaza ko bari burogoye ijambo rya Perezida Museveni naramuka avuze ibidahwitse. Biteganyijwe ko Perezida Museveni ari bugeze ijambo ku badepite ku bijyanye n’uko igihugu gihagaze kuri uyu wa 6 Kamena 2019. Abadepite bavuga ko bari bumurogoye naramuka avuze imibare itariyo cyangwa se amakuru atari yo. Umudepite wa Kikak y’Amajyepfo, Gilbert […]

Iperereza ryatangiye gukorwa muri gereza ifungiyemo Col.Tom Byabagamba na bagenzi be

Iperereza muri gereza ifungiyemo Col. Tom Byabagamba na muramu we, Rtd Frank Rusagara ndetse n’umushoferi we, Kabayiza, ritangiye nyuma y’icyemezo cy’umucamaza cyo ku wa 31 Gicurasi 2019, nyuma yo gutangaza ko nta cyemezo yafata ku iyicarubozo bavuga ko bakorerwa aho bafungiye atarakora iperereza. Abaregwa bavugwa ko bakorerwa iyicarubozo muri gereza bafungiyemo ya Kanombe nyamara Urukiko […]

Amafoto ya Nsengiyumva (Igisupusupu) aryamye mu mafaranga menshi yavugishije abantu

Nsengiyumva Francois (Igisupusupu) ni umuhanzi w’Umunyarwanda umaze igihe gito yamamaye. Dutangiye kumumenya mu mpera z’umwaka ushize. Bwa mbere yamenyekaniye mu ndirimbo yise ‘Mariya Jeanne’ ariko abenshi bayita igisupusupu ku mpamvu yo gukunda iri jambo rivugwa muri iyi ndirimbo yakunzwe cyane. Yamaze gukora indi ndirimbo yise Icange, igaragaramo ababyinnyi gakondo. Benshi bakundiye indirimbo amashusho meza kandi […]

Icyo Diamond avuga ku kuba Harmonize yaba asigaye amurusha abafana

Umuhanzi Diamond Platnumz avuga ko abakomeje kuvuga ko umuhanzi mugenzi we, Harmonize yaba asigaye amurusha abakunzi bagamije kubateranya. Abakurikiranira hafi ibya muzika by’umwihariko muri Tanzania, bari bamaze iminsi batanga ibitekerezo byabo bavuga ko babona Harmonize ukorera umuziki we mu nzu ya Wasafi ya Diamond asigaye arusha Diamond kwigarurira imitima ya rubanda. Aganira na Radiyo ye […]

Loni igiye gutangira gukura muri Sudani abakozi bayo

Umuryango w’Abibumbye uravuga ko ugiye gukura by’agateganyo bamwe mu bakozi bawo b’abasivili muri Sudani bitewe n’ikibazo cy’umutekano muke ukomeje kuharangwa. Ku wa mbere w’iki cyumweru abashinzwe umutekano bagabye igitero gikomeye ku nkambi y’abigaragambya. Abaganga baravuga ko umubare w’abaguye muri icyo gitero n’imvururu zagikurikiye umaze kugera ku bantu 108 kandi bashobora kwiyongera. Nta mibare nyayo yabahaguye […]

Rubavu: Yafashwe yiyitirira urwego adakorera akambura abaturage

Kuri uyu wa 4 Kamena, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu  mu murenge wa Gisenyi yafashe umugabo witwa Niyongombwa Steven ufite imyaka 29 y’amavuko wiyitiriraga kuba umukozi w’ikigo cy’imisoro n’amahoro akambura abaturage  amafaranga  ababeshya  ko azabagaruriza ibicuruzwa byabo byabaga byafatiwe muri magendu. Akaba yarafashwe amaze guhabwa  amafaranga 50,000 frw ngo agaruze imyenda yacaguwa  […]

Amakimbirane hagati ya Sheebah na Cindy yageze mu bihangano

Sheebah Karungi na Cinderella Sanyu (Cindy) ni abahanzikazi bo muri Uganda ariko ntibamaze igihe kingana mu muziki. Cindy aracyafata Sheebah nk’umwana mu muziki. Bagiye barangwa n’amakimbirane, bigera n’aho babishyira mu ndirimbo zabo. Izi ndirimbo zabo zuje ubutumwa busubizanya, aka Bebe Cool na Bobi Wine, Mr. Nice na Dudu Baya mu bihe byashize. Mu ndirimbo yise […]

Paul Muvunyi ushinjwa kunyereza za Miliyari yagejejwe mu bujurire mu Rukiko rw’Ikirenga

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha mu mizi ubujurire bwa Kompanyi Horizon-Sopyrwa iregamo Paul Muvunyi kurigisa umutungo ubarirwa muri za miliyari z’amafranga y’u Rwanda, akayakoresha mu mahoteri ye bwite. Muvunyi arashinjwa kugurisha umutungo, amafaranga akayashyira ku makonti ye bwite. Uregwa aravuga ko ibi bivugwa bitabayeho kuko hari ibimenyetso ko izi sosiyete uko ebyiri zitaranakora ihererekanyabubasha mu mutungo. Abarega […]

Charles Ntakirutinka wafunzwe imyaka 10 n' imboni ye muri demokarasi mu Rwanda

Ikiganiro Bwiza.com yagiranye na Charles Ntakirutinka wabaye muri Guverinoma y’ U Rwanda agafunganwa n’ uwari Perezida w’ u Rwanda Pasteur Bizimungu imyaka 10 yatangaje byinshi bimwerekeyeho. Ntakirutinka avuga ko mu gihe cy’amasezerano ya Arusha yahagarariraga PSD mu biganiro , ari naho yaje guhurira na bamwe mu bantu bari bahagarariye   FPR ndetse anamenya ibitekerezo bari bafite […]

Uwatsinzwe urubanza ntitugomba kumuha icyuho cyo kwigomeka ku byemezo b'Inkiko- Urujeni Martine

Ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera, Urujeni Martine, avuga ko mu gihe umuntu yatsinzwe mu rubanza agomba kwishyura, ndetse ko atagomba guhabwa icyuho cyo kwigomeka ku byemejwe n’urukiko. Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Kamena 2019, mu muhango wo gusoza gahunda y’inama nyunguranabitekerezo ku irangiza ry’imanza n’izindi nyandikompesha, zimaze iminsi zibera mu […]

Havumbuwe uko Nelson Mandela yatojwe gukoresha intwaro na Israel itazi ko ari we

Nelson Mandela yatojwe kwirwanaho ndetse n’ibya gisirikare n’ inzego z’ ubutasi za Isirayeli muri Ethiopia ariko akoresheje andi mazina n’ubwenegihugu, nk’ uko amakuru y’ibanga yavuye mu bubiko mu 2013 nyuma y’imyaka myinshi yagiye abigaragaza. Israel ikaba yaramenye ko yatozaga Mandela nyuma yo gutabwa muri yombi. Aya makuru yashyizwe ku mugaragaro bwa mbere n’Ikinyamakuru Haaretz cyo […]

Genda buhoro muri politiki, ni nko kwiyahura- inama kuri Chameleone

Umunyapolitiki Capt. Mike Mukula  yagiriye inama umuhanzi Jose Chameleone ushaka kuba Meya w’Umujyi wa Kampala ko yagenda buhoro muri politiki, umukino abona usa no kwiyahura. Ubu ni ubutumwa Mukula yageneye Chameleone ku munsi wa Eid Fitlr. Ati “ Ushobora gutakaza ubutunzi bwawe bwose. Politiki yagusenya.” Mukula avuga ko we ibya politiki yabishingutsemo ahubwo agashyira imbaraga […]

Uganda: Igipolisi kiravuga ko cyataye muri yombi igisambo ruharwa cy’Umunyarwanda

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kisoro kiravuga ko cyataye muri yombi igisambo kabuhariwe gikomoka mu Rwanda cyari cyarazengereje abatuye Kisoro no mu nkengero zaho. Uyu mugabo watawe muri yombi ngo yitwa Kanyangoga Jean Baptiste, Umunyarwanda uvuga ko ari umutekinisiye ndetse ukora n’amatelephone ku Muhanda wa Mutanda. Iyi nkuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo muri […]

Impuhwe z’Imana kuri wowe zirahagije kugirango utabarwe

Soma ibyakozwe n’ Intumwa 14: igice cyose Mu gihe Uri kubona wagerageje kugira icyo ukora ku uruhare rwawe ku ibijyanye n’ ibibazo ufite kano kanya. Ukabona imbaraga zose warufite zirangiriye aho. Ndagira ngo nkubwire ko utagomba gucika intege cyangwa wihebe. Ndagirango nkubwire ko aho imbaraga z’umwana w’ umuntu zirangirira niho amasezerano y’ Imana yadusezeranije aza […]

Guverineri Gatabazi arasaba urubyiruko kugaragaza isura nziza y'u Rwanda rwifashishije imbuga nkoranyambaga

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney arasaba urubyiruko rw’abakorerabushake “Youth Volunteers” rwo muri iyi Ntara, kurushaho kugaragaza isura nziza y’u Rwanda bifashishije imbuga nkoranyambaga bakoresha no kugira uruhare mu kurwanya ibikorwa bishobora kudindiza iterambere. Guverineri Gatabazi wari uyoboye inama yahuje ubuyobozi bw’intara y’Amajyaruguru n’uru rubyiruko rw’abakorerabushake yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 […]

Impinduka muri FIFA zihesheje Infantino kongera kuyobora

Uyu munsi ku wa gatatu, Umusuwisi Jianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi nyuma yo gushimirwa impinduka n’ibibazo yakuye muri uyu mukino. Infantino afite imyaka 49. Yagiye ku buyobozi mu 2016 asimbuye Sepp Blatter washinjwaga kurya ruswa no gutanga ishimwe ku bakozi mu buryo budasobanutse. Iyi manda azayigeza mu 2023. Infantino yazanye […]

Umuryango twifuza ni ufite uburyo bwuzuye mu mfuruka zose z’ubuzima- Umutoni Nadine

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof), isobanura ko umuryango wifuzwa mu gihugu ari ufite ubuzima bwiza, umugabo n’umugore bazira amakimbirane, abana biga, abakobwa badaterwa inda zitateguwe, urimo urubyiruko ruzira ibiyobyabwenge n’ibindi bishobora kuwuhungabanya. Mu kiganiro ‘Intambwe Iganje’ kuri RBA, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof), Umutoni Gatsinzi Nadine, yasobanuye ko umuryango utekanye ariwo igihugu cyifuza. Yagize […]

Mbarara: Umunyarwanda yapfuye akigera mu rugo nyuma y’iyicarubozo yari yakorewe

Umwe mu banyamategeko baburanira Abanyarwanda muri Uganda, Gawaya Tegulle atangaza ko hari Umunyarwanda, Robert Tumwine waguye mu maboko y’abo mu muryango we nyuma yo gufungurwa n’inzego z’umutekano za Uganda yaragizwe intere kubera iyicarubozo. Mu kiganiro n’itangazamakuru mu minsi mike ishize, abanyamategeko Gawaya Tegulle na Aboneka Michael batangaje ko Abanyarwanda 100 bavuga ko bari basanzwe bakora […]

Igipolisi kishe Abarundi batatu bakekwagaho kugaba igitero mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta

Igipolisi cya Tanzania kiciye hafi y’umupaka w’u Burundi Abarundi batatu bitwaje intwaro bakekwagaho kuba abagizi ba nabi bagabye igitero mu Nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Nduta. Umuyobozi w’Akarere ka Kibondo yemeje aya makuru y’iyicwa ry’aba batatu ku mugoroba wo kuwa Mbere, yemeza ko bose ari Abarundi. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, uyu muyobozi wa […]

Perezida Magufuli yagaragaye mu isoko arimo kugura amafi yitwaje agatebo – Amafoto

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania yagaragaye bitunguranye mu isoko ry’amafi afite agatebo yari agiye guhahiramo mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya leta yo guca ikoreshwa ry’amasashi. Mu gihugu cya Tanzania ngo si ibisanzwe kubona umugabo atwaye ikintu cyo guhahiramo, by’umwihariko noneho uri ku rwego nk’urwa perezida. Ibi rero Perezida magufuli akaba yabikoze mu rwego […]

Batunguwe no kumva Mufti w'u Rwanda ababwira ubutumwa bohererejwe n’umushumba wa Kiliziya Gatolika

Mu ntangiriro z’igisibo gitagatifu cy’abayisilamu, umuyobozi w’inama ya Papa ishinzwe ibiganiro n’andi madini yashyizweho n’umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi yandikiye ibaruwa imiryango ya kisilamu ku isi ibabwira ko yifatanyije na bo muri iki gisibo. Ibaruwa y’iyi nama y’i Vaticani  ikubiyemo ubutumwa busaba ubufatanye, koroherana, guha abantu ubwisanzure mu guhitamo, ubwisanzure mu bitekerezo no kubitanga. […]

RDC: Inyeshyamba zateye ibirindiro bya FARDC zinashimuta impinja ebyiri

Inyeshyamba zitamenyekanye kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 03 Kamena zagabye igitero ku birindiro bya FARDC ahitwa Blukwa-Mbi mu Murenge wa Walendu Pitsi, Teritwari ya Djugu, zirangije zinashimuta abana babiri b’impinja. Biravugwa ko FARDC yasubije amasasu yarashweho bigatuma impande zombie zihangana mu gihe kibarirwa mu masaha. Bamwe mu bayobozi gakondo baravuga ko abateye binjiye mu […]