Perezida Museveni avuga ko nta kibazo  gihari ku kuba atacuruza n’u Rwanda

Perezida Museveni wa Uganda, Yoweri  Kaguta Museveni atangaza ko kuba igihugu cye kitacuruza n’u Rwanda nta kibazo abibonamo bitewe n’uko hari andi masoko mu bindi bihugu by’ibituranyi nka Kenya na Ethiopia. Muri iki cyumweru, Min. w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kahamba Kutesa yatangaje ko u Rwanda rwakumiriye ibicuruzwa bya Uganda. U Rwanda rwatangaje ko ibyavuzwe […]

U Burundi bwavuye ku izima bugiye gucyura abasirikare babwo 600 bari muri Somali

Leta y’u Burundi itangaza ko igiye kuvana abasirikare bayo 600 muri Somalia aho bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Col. Biyereke Floribert, avuga ko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wari wasabye u Burundi kuvana abasirikare babwo 1000 muri Somalia. Nyuma yo kuvanayo 400, ko 600 basigayeyo […]

Leta ya Trump yizeje Tshisedeki imikoranire myiza

Umunyamabanga  wungirije wa Leta ya Amerika ushinzwe Afurika, Tibor Nagy, yagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye, abizeza ko Amerika izakomeza kugirana umubano mwiza n’ubuyobozi bushya bw’iki gihugu. Nk’uko RFI ibitangaza, ngo muri uru ruzinduko rwe rw’akazi muri Congo, Tibor Nagy yaganiriye na Perezida Felix Tshisekedi ashima bimwe mu bikorwa bye […]

Kampala: Kompanyi ijyana abagenzi mu Rwanda irataka igihombo cy’umurengera

Kompanyi isanzwe itwara abagenzi bava muri Uganda bajya mu Rwanda, Trinity Bus itangaza ko ikomeje guhura n’igihombo bitewe n’ibibazo by’ihararara ry’urujya n’uruza hagati y’u Rwanda na Uganda. Kuva havuka ibibazo hagati y’u Rwanda na Uganda mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare 2019, habayeho ibihombo ku bikorwa by’ubucuruzi bitandukanye. Muri ibi  by’umwihariko urujya n’uruza rw’abantu ku mpande […]

Loni ihangayikishijwe n’umuco wo kudahana wimirijwe imbere na Leta y’u Burundi

Umuryango w’Abibumbye utangaza ko kudahana bigiteye ikibazo mu Burundi, cyane cyane muri iki gihe bari mu bikorwa byo kwitegura amatora y’umukuru w’Igihugu, ubu ngo bakaba barimo kwaka abaturage amafaranga ku ngufu yo kuzifashisha muri iki gikorwa. Agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’Ikiremwamuntu, mu iperereza kakoze, gatangaza ko ayo mafaranga yakwa abaturage ku gahato ndetse ko […]

Uganda: Abanyeshuri b’Abanyarwanda baheze mu gihirahiro nyuma yuko ishuri rya Kigezi rifunzwe

Nyuma yuko ikigo cy’amashuri cya Kigezi ( Kigezi High School) muri Uganda gifunzwe, abanyeshuri b’abanyarwanda bakomeje guhura n’ibibazo bitandukanye. Kuri uyu wa gatanu, ikigo cy’ishuri cya Kigezi cyafunzwe kugeza mu gihe kitazwi. Ibi byatewe nuko abanyeshuri b’iki kigo bashakaga gukora imyigaragambyo nyuma yuko bangiwe kwitabira amarushanwa y’igikombe cya Coca-cola mu mupira w’amaguru. Mu gihe abandi […]

Hon. Sebaba mu Nteko: Arabaza Perezida w’inteko impamvu yatumye umudepite we yegura!

Iki kibazo nagombye kukibaza nyirubwite, perezida w’Inteko cyangwa umunyamabanga wayo. Ariko dore ko nigenje, keretse mbajije icyo nzi nka mwalimu cyangwa nkabaza amenyo y’inkoko kandi ndeba umunwa wayo. Ariko kuko nkunda kubaza kandi mbariza abantumye, nagiiiize ntya nongera gukubitamo ya kositimu yanjye yera mumaze kumenyera muhora mumpera amanota kubera kurimba kwanjye byo guhera kera, negura […]

Rich Mavoko yaciye igikuba ubwo yatangazaga ko umunsi we wa nyuma ugeze.

Icyamamare mu muziki muri Tanzania na Afurika y’iburasirazuba, Richard Mavoko yatangaje ko umunsi we wa nyuma w’ubuzima ugeze. Ubu ni ubutumwa yacishije ku rubuga rwa Instagram ku munsi w’ejo, tariki ya 14 Werurwe. Abakunzi be n’abamukurikira ntibishimiye ubu butumwa. Abandi batekereje ko uyu muhanzi ari mu bihe bikomeye byatumye yandika ubu butumwa. Batangiye kumugira inama […]

Abanyapolitiki ntibagomba kwishisha ababasaba amakuru- Gasamagera Wellars

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo   cy’Igihugu cy’amahugurwa mu by’imicungire y’abakozi n’umutungo (RMI), Gasamagera Wellars avuga ko abanyapolitiki badakwiye kwishisha abanyamakuru mu gihe babaka amakuru, ariko nabo ngo bakagombye gusaba amakuru y’ukuri. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Werurwe 2019, mu nama nyunguranabitekerezo ku mikoranire n’imibanire hagati y’Abanyamakuru n’Abanyapolitiki. Ashimangira ko abanyamakuru bafite uruhare […]

U Burundi bwagaragaje ko budateganya gukomorera VOA na BBC vuba

Perezida w’Inama y’Igihugu y’Itumanaho (CNC) ari nayo ishinzwe itangazamakuru mu Burundi, yatangaje ko radio mpuzamahanga ebyiri, VOA na BBC zahagaritswe muri iki gihugu zizakomeza gukumirwa. Bwana Nestor Bankumukunzi arashinja aya maradiyo kuba ari yo yarushijeho gukomeza dosiye ziyareba kubw’ibyo zikaba zizakomeza kubuzwa kumvikana mu Burundi. Mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Werurwe […]

U Rwanda rwamaganye igitero cy'iterabwoba cyibasiye New Zealand

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu gitero cy’iterabwoba cyabaye mu gihugu cya New Zealand kigahitana abantu 49 ndetse benshi bagakomereka. Min. Sezibera yihanishije iyi miryango anavuga ko u Rwanda rwifatanyije na New Zealand mu rugamba rwo guhashya iterabwoba. Yagize ati “ Leta y’u Rwanda yamaganye igitero cy’iterabwoba kuri Leta […]

Kigali: Ikigo BTC gihugura ku birebana n’itangazamakuru kigiye gutangiza icyiciro cya 5

Ubuyobozi bw’Ikigo BTC ‘Belgine Training Center’ gikorera mu Mujyi wa Kigali, gihugura urubyiruko mu buryo butandukanye, butangaza ko kigiye gutangiza icyiciro cya Gatanu. Mu kiganiro Bwiza.com  yagiranye n’Umuyobozi wa BTC, Bizimana Belgine, yatangaje ko kwiyandikisha bizatangira ku wa Mbere tariki ya 18 Werurwe 2019. Akangurira urubyiruko kwitabira ari rwinshi, kugira ngo rubashe kwiteza imbere. Yagize […]

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa 

Abanyarwanda batatu bavuga ko bari bafungiwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Uganda bashyikirijwe ubutegetsi bw’u Rwanda ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare. Aba barimo  Amon Ngabonzima, Xavier Gashongore na Augustin Maniragaba nk’uko TNT dukesha iyi nkuru ibitangaza. Ngabonzima w’imyaka 15 atuye mu Karere ka Gakenke akaba yari yaratawe muri yombi kuwa 5 Ukwakira […]

Museveni yise Bobi Wine umunyarwenya utabashije politiki amusaba kwigumira mu muziki

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yise Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine Umunyarwenya avuga ko adashoboye politiki ahubwo ashatse yakwigumira mu muziki. Ibi Perezida Museveni yabivuze ubwo yahuraga n’Urubyiruko rwo mu Mujyi wa Kampala ku ngoro ye, aho yabahaye akayabo ka miliyari 2,5 z’amashilingi yo kubafasha mu mishinga yabo. Perezida Museveni ati: “ Bobi […]

Tombora ya UEFA Champions/Europa League: Man U itomboye Barcelona, Arsenal itombora Napoli.

Uyu munsi ku wa 15 Werurwe, habaye tombora ya Âź cya UEFA Champions/Europa League. Manchester United itombora FC Barcelona, mu gihe Arsenal yatomboraga Napoli. Muri UCL, harimo amakipe 8 yatomboranye nyuma yamenyekanye ku wa gatatu, tariki ya 13, ubwo amakipe nka FC Barcelona na Liverpool yiyongereye kuri 6 yari yamaze kumenyekana. Aya makipe ni Manchester […]

Impunzi z’Abarundi zirimo gutoroka inkambi zabagamo muri Tanzania

Impunzi z’Abarundi zabaga mu nkambi z’impunzi muri Tanzania, zazitorotse zijya mu bihugu byo kuri uyu mugabane. Mu gihe umubare utari watangazwa w’abatorotse, ngo bamwe berekeje muri Afurika y’Epfo, Rwanda, Zambia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Inkambi eshatu zitangazwa ko izi mpunzi zatorotsemo ni iya Nduta, Nyarugusu na Mtendeli. SOS Media/ Burundi igatangaza ko izi […]

Ikibazo kiroroshye. Ni uko Abatutsi atari benshi, tugiye kubarangiza — Col Rwagafirita abwira Gen Varret

General Jean Varret wahoze mu Gisirikare cy’u Bufaransa, yatanze ubuhamya bushya ku hantu u Bufaransa bwari buhagaze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko yamaganye inkunga u Bufaransa bwateraga Leta ya Habyarimana ariko ntihagire icyo bitanga. Mu buhamya bwe akomoza ku kiganiro yagiranye na Col Rwagafirita akamwerurira ko benda kurimbura Abatutsi. Nk’uko uyu mugabo kuri ubu […]

Inzego z’umutekano zimaze kurasa mu cyico abantu  barindwi mu kwezi kumwe

Abantu batandatu nibo bamaze kuraswa n’inzego z’umutekano mu Rwanda mu gihe kingana n’iminsi 30. Abenshi ni abakekwagaho ibyaha bagashaka gutoroka igihe bafatiwe mu makosa ndetse no gucuruza  magendu. Inzego z’umutekano kuri uyu wa Kane tariki ya 14 mu Mujyi wa Kigali zarashe mu kico umusore witwa Eric Niyomugabo.  Uyu yagerageje gusimbuka imodoka yari imwerekeje mu […]

Amajyepfo: Abaturage bakomeje gushinja abunzi kubaka ruswa

Mu Ntara y’Amajyepfo abaturage batandukanye barashinja abunzi kubaka ruswa mu gihe babagannye  ngo babafashe kubacyemurira ibibazo nk’uko iyi nkuru dukesha RadioTV10 ivuga. Ushinzwe abunzi bo mu karere ka Nyanza, Bankundiye Jeanne, avuga ko batari bafata abunzi bariye ruswa gusa, na we ntahakana ko bidashoboka ko bashobora kuyirya, akaba ariho ahera avuga ngo ‘umukobwa aba umwe […]

Kampala: Dr Jose Chameleone agiye gusanga Bobi Wine muri Politiki

Umuhanzi Joseph Mayanja uzwi ku izina rya Dr. Jose Chameleone agiye kwinjira muri politiki yiyamamariza kuba umuyobozi w’Umujyi wa Kampala. Umuvandimwe wa Chameleone,  uzwi ku izina rya Pallaso (Pius Mayanja) ashimangira ko mukuru we yiteguye kwiyamamaza ku mwanya w’umuyobozi Mukuru w’Umujyi wa Kampala, mu matora ategerejwe. Aganira na Spark TV, yavuze ko ibyo avuga kuri […]

Anselme twabanaga mu nzu, kumwica ni nko kunyicira umwana, ni ukunkora mu nda- Ingabire Victoire

Perezida w’ishyaka FDU-Inkingi, Ingabire Victoire arasaba inzego z’ubutabera gukora ibishoboka byose abishe umuyoboke we, Mutuyiman Anselme bakamenyekana. Gusa ngo na we agiye kwikurikiranira iby’uru rupfu rwe dore ko ngo yamufataga nk’umwana we. Mutuyimana Anselme w’imyaka 30, yari umuyoboke w’ishyaka FDU-Inkingi rya Ingabire Victoire, yishwe mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Werurwe […]

Umuherwe wo muri Kampala akurikiranweho ubujura bukoreshwa intwaro

Umuherwe wo muri kampala, Ambrah Abdu yatawe muri yombi n’Igipolisi cya Uganda nyuma yo kuburizamo umugambi wo kwiba imwe muri banki ziherereye mu Karere ka Gulu. Amakuru aravuga ko yafatanwe n’uwitwa Richard Wanni Okot nyuma yo kugerageza kwiba banki, bakaba basanganywe imbunda 2 za SMG n’amasasu 56. Ubwo batabwaga muri yombi, Ambrah yari atwaye imodoka […]

New Zealand: Abantu 40 biciwe mu misigiti barashwe abandi barakomereka

Abantu bagera kuri 40 bishwe barashwe abandi 20 barakomereka mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe kuri uyu wa gatanu mu misigiti ibiri itandukanye yo mu gihugu cya New Zealand nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Jacinda Ardern. Abantu bane bakekwaho kugira uruhare muri iki gitero, abagabo batatu n’umugore umwe, bari mu maboko y’abashinzwe umutekano, mu gihe […]

Depite Frank Habineza yamaganye iyicwa ry’Umuvugizi w’Ishyaka rya Ingabire Victoire

Depite akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryamaganye ubwicanyi bwakorewe uwari Umuvugizi  w’ishyaka FDU-Inkingi rya Ingabire Victoire, Anselme Mutuyimana wishwe kuwa 8 Werurwe 2019. Itangazo ryashyizwe ahagaragara niri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda  kuri uyu wa 14 Werurwe, risaba Leta  kwihutisha aho iperereza rigeze kugira ngo abakekwa kugira […]

Ngoma: Yafashwe ashinjwa kwiyita umupolisi agamije kurya iby’abaturage

Polisi y’u Rwanda iragira inama abaturage kwirinda abantu baza babashuka mu buryo butandukanye babaka amafaranga ngo babafashe gukemura ibibazo bafite kuko abenshi muri bo biyitirira inzego bakorera atarizo kugira ngo babone uko baka ruswa. Ibi Polisi y’u Rwanda ibitangaje nyuma yaho kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2019, mu karere ka Ngoma, Umurenge wa […]

UEL: Aubameyang yafashije Arsenal gusezerera Rennes naho Chelsea itanga isomo rya Ruhago kuri Dynamo Kiev

Rutahizamu wa Arsenal, Pierre Emerick Aubameyang yafashije ikipe ye ya Arsenal gutsinda Rennes yo mu Bufaransa ibitego bitatu ku busa, bituma ikomeza muri 1/4 cy’irangiza. Aubameyang yatsinze ibitego bibiri muri bitatu ikipe ye yatsinze. Ikindi gitego kikaba cyatsinzwe n’umukinnyi Ainsley Maitland-Niles. Ikipe ya Arsenal ikaba yasabwaga gutsinda ibitego bitatu ku busa kugira ngo ikomeze muri […]

Banki y’Isi igiye gutanga miliyari 22 z’amadorari mu guhangana n’ihindagurika ry’ikirere

Banki y’Isi igiye gutanga miliyari 22 z’amadorari mu gihe cy’imyaka itanu, mu rwego rwo gufasha umugabane wa Afurika guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere . Umuyobozi w’agateganyo wa Banki y’isi Kristalina Georgieve yabwiye BBC ko umugabane wa Afurika ukomeje kugerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zirimo: Amapfa y’igihe kirekire, imyuzure, inkubi y’imiyaga n’ibindi. Yagize ati’’ Niba tutubatse Afurika […]

Kizito Mihigo yasohoye indirimbo nshya ijyanye no kwibuka Jenocide yakorewe Abatutsi

Umuhanzi Kizito Mihigo yashyize indirimbo ye nshya hanze ijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .Iyi ndirimbo akaba yarayise ” Abarinzi b’amateka”. Iyi ndirimbo ikaba ishishikariza abantu kudapfobya ,guhakana no kwanduza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Kizito asohoye iyi ndirimbo mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya […]

Umuhanzi Murenzi Chris agiye gutaramira abafana be i Kigali

Ku wa 17 Werurwe 2019, ahagana sa cyenda za nimogoroba, Umuhanzi mu ndirimbo zihambaza ndetse zinaramya Imana, Chris Murenzi yateguye igitaramo cy’ imbaturabugabo kizabera ku Rusengero Evangelical Restoration Church ku Kimisagara. Iki gitaramo cyiswe “Let Hope Rise live concert 2019″,  cyatumiwemo abahanzi batandukanye nka Nelson Mucyo , Arsene Tuyi , Deo Munyakazi, Justin Cubaka  ndetse […]

Uburwayi bw’Ibibembe bukomeje gufata indi ntera mu Burundi

Buri mwaka abarundi 400 bafatwa n’indwara y’ibibembe (La lèpre ) mu gihugu cy’u Burundi. Abagera kuri 80 bikabaviramo kwangirika kw’isura. Mu mwaka wa 2018, abantu 385 nibwo bagaragayeho ubu burwayi bw’ibibembe, mu gihe mu mwaka wa 2017, bwari bwagaragaye ku bantu 400. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Iwacu/Burundi, ngo Intara za Rutana, Makamba, Rumonge, Cibitoke na Bubanza, […]

Abafana ba Mc Kats barakeka ko yataye umutwe kubera Umunyarwandakazi Fille

Umugabo wahoze akundana n’Umunyarwandakazi Fille Mutoni ari we Mc Kats akomeje gukekwaho kuba atameze neza mu mitekerereze bitewe no gutandukana n’uyu mugore. Aba bombi batandukanye ku mugaragaro mu mwaka wa 2018. Mc Kats yagiye avuga amagambo menshi by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga avuga uburyo yakundaga Fille. Ni mu gihe uyu mugore we agaragaza ko atakimwitayeho na […]

Perezida Tshisekedi yaba aje gusaba Kagame kuvuguta umuti! 

Hashize imyaka isaga 20, uburasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bwibasiwe n’ intambara z’ uruduca ziterwa n’ imitwe yitwara gisirikare ibyo bigatuma U Rwanda rutungwa agatoki kuba nyirabayazana. U Rwanda rwatangiye gushyirwa mu majwi mu mpera z’ umwaka wa 1996 ubwo ingabo zarwo zateraga iki gihugu zigamije guhangana n’ ingabo za FAR ndetse n’ […]

U Rwanda rurahakana gufatira 'embargo' ibicuruzwa biva muri Uganda

“ Ibiherutse gutangazwa na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda birimo ibyo kuwa 13 Werurwe 2019 ni ukujijisha kandi ntibyita ku bibazo by’ingenzi byazamuwe n’u Rwanda ,” ibi ni ibyatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane nyuma y’itangazo rya Uganda ryo kuri uyu wa Gatatu rivuga ko u Rwanda rwakomanyirije […]

Umunyamabanga mukuru wa EAC yavuze ko ikibazo cy'u Rwanda na Uganda kigiye gushakirwa umuti

Umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, Liberat Mfumukeko yatangaje ko bari kwiga ku buryo bakemura amakimbirane ari hagati y’u Rwanda n’Ubuganda. Nk’uko Chimp Reports ibitangaza, Mfulukeko yavuze ko nka EAC batangije ibiganiro hagati y’ibihugu byombi mu rwego rwo gushakira umuti wihuse iki kibazo. “Ntabwo twicaye turebera iki kibazo. Ba Minisitiri b’Ubucuruzi, inganda n’ishoramari baturutse […]

Rusizi: Abagabo banengwa gukwepa inshingano z’urugo

Abagore bo mu Murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba, bashinja abagabo babo gukwepa inshingano, bagata ingo zabo bakajya gushaka abandi bagore. Abagore bavuga ko ikibazo gihari ahanini gishingiye ku guharike. Ngo biragoye kubona umugabo ushobora kubana n’umugore we imyaka irenze itanu. Bamwe bamara kubona abana babaye benshi bakabatana na nyina bakajya kwishakira abandi […]

U Rwanda ntiruranzura niba ruzagura ubwoko bw’indege isa n'iherutse kwivugana abantu 157

Leta y’u Rwanda ntirafata umwanzuro wo kugura ubwoko bw’indege bwa  Boeing 737-MAX8 imeze nk’iherutse gukorera impanuka muri Ethiopia igahitana abantu 157 bari bayirimo. Abaminisitiri bo muri iyi Leta kuwa Kabiri w’iki cyumweru batangaje ko hari gahunda yo kugura indege enye zirimo ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-MAX 8 ariko ko bategereje icyo iperereza ririgukorwa […]

RDC: FARDC yahosheje intambara yari imaze iminsi hagati y’ Abanyamulenge na Maà¯-Maà¯

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyasabye abaturage bo muri Minembwe kwitandukanya n’imitwe y’inyeshyamba kugira ngo agace batuyemo karangwemo amahoro. Hashize iminsi havugwa imirwano hagati y’aborozi b’Abanyamulenge n’inyeshyamba za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ zigizwe n’abakomoka mu bwoko bw’ Abafuliro, mu karere k’imisozi miremire muri Segiteri ya Lulenge, Zone ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri […]

Tanzania/Dodoma: Hagiye kubakwa ‘sitade’ izajya yakira hagati y’ibihumbi 85 na 100

Umukuru w’igihugu cya Tanzania, John Pombe Magufuli yahuye n’itsinda ry’abatekinisiye baturutse muri Marroc no muri iki gihugu, mu rwego rwo kunoza umugambi wo kubaka ikibuga cy’umupira w’amaguru(stade) kizajya cyakira abafana bari hagati y’ibihumbi 85 n’ibihumbi 100. Mu 2016, Umwami wa Marroc, Mohammed VI, yasuye iki gihugu avayo ahigiye kwubakamo umusigiti n’ikibuga cy’umupira w’amaguru. Iki kibuga […]

Tshisekedi yashyize umukono ku cyemezo cyo kurekura imfungwa za politiki 700

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze gusinya icyemezo cyo kurekura imfungwa za politiki n’ibitekerezo byazo. Ni icyemezo cyasomewe kuri televiziyo za leta kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Werurwe ndetse umuyobozi wa cabinet y’umukuru w’igihugu agira icyo akivugaho. Firmin Yangambi na Franck Diongo ni bamwe mu mfungwa z’ingenzi za politiki zirebwa […]

Uganda: Abadepite bahejwe mu mwiherero kubera u Rwanda bagiye kwitabaza urukiko

Abadepite bahejwe mu mwiherero w’ihuriro ry’abadepite bo muri NRM kubera gushyigikira u Rwanda mu bibazo rufitanye n’u Rwanda batangaza ko bagiye kugana inkiko bitewe n’iki cyemezo bafatiwe. Umunyamabangwa w’ubuvugizi bw’iri huriro, Margaret Muhanga mu ntangiro z’iki cyumweru yatangaje ko aba badepite  barimo  Patrick, Barnabas Tinkasiimire, James Acidri  na John Baptist Nambeshe batemerewe kwitabira umwiherero uziga […]

Umuherwe Zari Hassan arembeye mu bitaro

Umuherwe Zari Hassan, ukomoka mu gihugu cya Uganda, yitangarije ko arembeye mu bitaro atatangaje izina. Abicishije ku mbuga nkoranyambaga, Zari yirinze kugira byinshi atangaza ku burwayi bwe ndetse n’ibitaro arembeye. Gusa yashyize ifoto ye kuri Snapchat igaragaza akaboko ke karimo serumu, avuga ko arembye. Yagize ati “Ndarwaye bikomeye, gusa abadayimoni baribeshya”. Uyu mubyeyi w’abana batanu, arwaye […]

Uganda irashinja u Rwanda gufatira 'embargo' ibicuruzwa byayo

Guverinoma ya Uganda iremeza ko u Rwanda rwakumiriye itumizwa ry’ibicuruzwa muri Uganda mu gihe hakomeje kumvikana umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Werurwe 2019 niwe watangaje ko Guverinoma y’u Rwanda yafatiye embargo ibicuruzwa byose bituruka muri Uganda. Mu gihe bivugwa ko urujya n’uruza […]

Gufunga ubucuruzi bwambukiranya imipaka ni ubwiyahuzi- Museveni

Perezida Museveni wa Uganda atangaza ko igihugu icyo ari cyo cyose cy muuri Afurika kibuza ibicuruzwa na serivisi kwambuka  imipaka yacyo bisa no kugerageza kwiyahura. Museveni yatangaje ibi mu nama yiswe ‘Afurika y’ubu’ yabereye Munyonyo mu Mujyi wa Kampala kuwa 13 Werurwe 2019. Yavuze ko yiyamye abandi bayobozi kutazakumira ibicuruzwa bivuye mu kindi gihugu baba […]

Burundi: Abanyeshuri batandatu bari muri gereza bashinjwa konona ifoto ya Perezida Nkurunziza

Abanyeshuri batandatu bari mu kigero cy’imyaka 13 na 16, ubu bari mu maboko y’ubutabera, bashinjwa konona ifoto y’umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Pierre Nkurunziza, iri mu gitabo bigiramo. Aba banyeshuri batawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 12 Werurwe 2019, ku kigo cy’amashuri abanza cy’Akamuri  giherereye muri Komini Kirundo. Ababyeyi b’aba bana […]

Kimihurura: Inkongi y’umuriro yahitanye umukobwa w’imyaka 19

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa kabiri ushize umuntu umwe yishwe n’inkongi y’umuriro ahiriye mu nzu saa munani z’ijoro mu Murenge wa Kimihurura nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa polisi mu Mujyi wa Kigali. CIP Marie Goretti Umutesi aratangaza ko iyo nkongi y’umuriro bikekwa ko yatewe n’amarangi bapuriza ku nzu yari ari mu gikoni. Uwapfuye […]

Perezida Trump nawe yahagaritse indege zo mu bwoko bwa Boeing 737-Max 8 na 9

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nawe yategetse ko indege zose zo mu bwoko bwa Boeing 737-Max 8 na 9 zihagarikwa. Ni nyuma y’ibyemezo byari byagiye bifatwa n’ibihugu bitandukanye nk’u Bushinwa na Indonesia nabyo byakumiriye indege zo muri ubu bwoko mu kirere cyabyo. Iki cyemezo cya Perezida Trump kije nyuma y’aho indege […]

UCL: Liverpool isezereye Bayern mu gihe Barcelona yanyagiraga Lyon.

Mu mikino ya 1/8 ya UEFA Champions League yabaye kuri uyu wa 13 Werurwe, Liverpool isezereye Bayern Munich mu gihe FC Barcelona yatsindaga Olympique Lyonnais imvura y’ibitego. Aya makipe yose yanganyije ubusa ku busa mu mikino yabanje, yari yateje urujijo ku bakunzi b’umupira w’amaguru; aho hibazwaga ku makipe arakomeza. Amahirwe yari ari ku makipe yakiniye […]

Tanzania/Singida: Umuyobozi yasabye leta kwishyuza imisoro ba 'maraya'

Umuyobozi w’agace ka Iramba mu ntara ya Singida ho muri Tanzania, yasabye ko leta yakwishyuza imisoro abakobwa bicuruza mu rwego rwo guca iyi ngeso. Leta ya Tanzania yugarijwe n’ikibazo cy’abakobwa bicuruza bazwi nka ba ‘maraya’ cyane cyane mu mugi, yafashe ingamba zo guca izi ngeso binyuze mu kubahiga bukware. Simon Tyosela we yatanze igitekerezo cyo […]

FERWACY yatangaje abakinnyi 14 bazahagararira u Rwanda muri Shampiona ya Afurika

Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY , ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 14 bazahagararira u Rwanda mu mikino yo gusiganwa ku magare muri Shampiyona ya Afurika . Iyi shampiyona izabera mu mujyi wa Baher Dar muri Ethiopia,  izatangira kuwa Kane tariki ya 14 kugeza kuri 19 Werurwe 2019. Iri rushanwa rikaba rigizwe n’ibyiciro bitatu. Hari icyiciro […]

Harabura amasaha make ngo Meddy yitabe urukiko ku kibazo cy’ideni

Umuhanzi Meddy asigaje amasaha 14 ngo yitabe urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge, yiregura ku kibazo cy’umwenda afitiye imwe muri Kompanyi za hano mu Rwanda. Meddy yatumijweho n’uru rukiko kugira ngo yiregure ku byo ashinjwa na Kompanyi  KAGI Ltd ivuga ko ayiberemo miliyoni 10 by’amadolari ya Amerika. Ibaruwa isaba Meddy kwitaba urukiko Bwiza.com yateyeho akajisho ivuga ko […]

Umugabo wanjye yantaye mu buriri ambeshya ko agiye koga mufatira muri dushi asambana n’umukozi

Mbere ya byose mbanje kubasuhuza nabagisha inama ku bw’ikibazo nagiranye n’umugabo wanjye wantaye mu buriri ambeshya ko agiye koga, nkaza kumusanga mu bwogero (douche) arimo gusambana n’umukobwa udukorera mu rugo, aho dutuye mu karere ka Nyarugenge. Ubwo twageraga mu buriri ahagana saa yine n’igice z’ijoro, nibwo yatangiye kumbwira ko yumva ashyushye cyane ndetse ko ashaka […]

Ibintu 10  Gandhi yemeraga ko byahindura Isi

Mahatma Gandhi ubarwa mu ntwali zabayeho ku Isi  yakunze kugira ati “ Nta muntu ukwiriye gutakaza icyizere cy’ ubumuntu ngo kuko ubuzima bugereranywa n’ inyanja aho amazi amwe ashobora kuba yanduye ariko bitavuga ko yose yanduye’’. Yakomeje kandi yerekana ko itandukaniro hagati y’ icyo turi cyo n’icyo dushoboye gukora bihagije kugira ngo duhindure Isi. Zimwe […]

Col. Bagosora yanze kumena ibanga ku ruhare rw' u Bufaransa muri Jenoside

Col Bagosora wari Umuyobozi Mukuru w’Ibiro muri Minisiteri y’Ingabo za FAR, ushinjwa kuba umwubatsi mukuru wapanze ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe Abatutsi igatwara ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni, yanze kumena ibanga rya gisirikare ngo avuge uruhare rw’u Bufaransa muri iyi jenoside. Col. Bagosora yagiye yumvikana ahakana yivuye inyuma uruhare yagize muri jenoside aho umunsi umwe […]

Gasabo: Umusore w’imyaka 32 akurikiranweho kwica mukuru we

Ubushinjacyaha  ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye umusore w’imyaka 32 ukekwaho kwica  mukuru we witwa  Nizeyumukiza Ildephonse   amukubise icupa mu mutwe. Ubusanzwe uyu musore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha yabanaga  na nyina mu rugo mu Karere ka Bugesera. Mu ijoro ryo ku wa 27 Gashyantare 2019 yatashye yasinze atonganya nyina, mukuru we amubajije impamvu amutonganya  ahita ajya mu nzu […]

Burundi : Pierre Buyoya yasabye ko amasezerano ya Arusha yahabwa agaciro mu kwirinda ‘ingaruka mbi’

Uwahoze ari perezida w’u Burundi, Pierre Buyoya yandikiye umuhuza mu bibazo bya politiki biri mu Burundi, Yoweri Kaguta Museveni amusaba ko yakora uko ashoboye kugira ngo amasezerano ya Arusha yubahirizwa hirindwa ko hazabaho izo yita “Ingaruka mbi nyinshi.” Ibi bibaye nyuma yaho Leta y’u Burundi, ishyize ahagaragara impapuro zita muri yombi Maj. Pierre Buyoya ushinjwa […]

Abanyamategeko bo mu karere bahagurukijwe n’ikibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umuryango w’Abanyamategeko mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba,(EALS)  winjiye mu kibazo kiri hagati y’u Rwanda na Uganda kugira ngo wunge impande zombi. EALS ivuga ko yamaze kwegera inararibonye muri dipolomasi, abanyemategeko bo ku rwego rwo hejuru, abavuga rikijyana bo muri sosiyete sivile ndetse n’abahagarariye abakora ubucuruzi kugira uruhare muri iki gikorwa. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na EALS […]