Burundi: Urugo rw’umusirikare ufunze rwafatiwemo ibikoresho bya gisirikare, umuryango we uti ni akagambane

Amakuru aturuka I Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko mu rugo rw’umukoroneli umaze imyaka isaga ibiri afunze hafatiwe ibikoresho bya gisirikare bitandukanye birimo impuzankano n’imbunda, ariko abo mu muryango we bakaba bavuga ko ibi ari iby’igisirikare cy’u Burundi byazanwe mu rwego rwo kumushakira ibyaha. Biravugwa ko ibyo bikoresho byasanzwe mu rugo rwa Col. Dieudonne […]

Rusizi: Ibitaro bya Gihundwe na Mibilizi birishyuza Leta asaga Miliyoni 300

Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho myiza y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, bari mu ngendo mu turere, aho barimo kugenzura ibibazo biri mu rwego rw’ubuzima. Ubwo bageraga mu karere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba basanganijwe ikibazo cy’umwenda w’asaga miliyoni 300 ibitaro by’aka karere bifitiwe na Leta, ukaba ubangamiye serivisi batanga. Ni ibitaro bya Mibilizi na Gihundwe bifitiwe […]

Impunzi z’Abanyarwanda zizataha ari uko icyatumye zihunga kivuyeho-UNHCR Uganda

Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) Ushinzwe Akarere k’Ibiyaga Bigari, Raouf Mazou avuga ko impunzi z’Abanyarwanda zizasubira iwabo ari uko zibona icyatumye zihunga cyarangiye. Ibi yabitangaje kuwa 12 Werurwe 2019 mu nama yabereye i Kampala m yigaga ku bibazo by’impunzi. Yagize ati “ Hari abantu bavuye mu gihugu mu 1994, none ubu […]

Visi Perezida wa Kenya yakeje Museveni anenga ifungwa ry'umupaka wa Gatuna

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto yanenze icyemezo cy’ifungwa ry’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda, avuga ko ifungwa ry’Umupaka wa Gatuna rihangayikishije akarere ndetse asaba Museveni gukomeza kureberera EAC nk’umuntu w’inararibonye bareberaho. “ Dufite umupaka mu gihugu kimwe urimo gufungwa n’ikindi gihugu. Muri East Africa. Koko ? ”, uyu ni William Ruto kuri uyu wa […]

Rwamagana: Abanyeshuri batoroka ikigo n’abambara impenure bafatiwe ingamba zikarishye

Ubuyobozi bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Rwamagana (GS/Rwamagana Cathorique) rwitiriwe Mutagatifu Vincent de Paul, mu nama yabuhuje n’ababyeyi tariki ya 10 Werurwe 2019, bwamenyesheje ingamba zikarishye bwafatiye abanyeshuri basimbuka uruzitiro ndetse n’abambara impenure. Umuyobozi wa GS Rwamagana, Safari Ignace yabwiye ababyeyi ko hari abanyeshuri batoroka ikigo buriye igipangu cy’ishuri kandi ko bikorwa n’abahungu n’abakobwa, ngo ku buryo […]

Nyaruguru: Hafatiwe ibicuruzwa bya magendu

Mu mukwabu wakozwe na Polisi ikorera mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Ngera ifatanyije n’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha muri uwo murenge bafatanye abantu bane ibicuruzwa bya magendu. Uyu mukwabu wakozwe kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe mu kagari ka Murama mu murenge wa Ngera ufatirwamo abagabo bane bafite ibicuruzwa bitandukanye bya magendu birimo; […]

Zari yise Diamond “igikoma mu kabari”

Umuherwekazi akaba n’icyamamare muri Afurika, Zari Hassan yise Diamond platinumz ‘ igikoma mu kabari’ abicishije ku rubuga rwe rwa Instagram. Hashize amasaha iminsi 2, Zari ashyize mamafoto abiri ku rubuga rwe, imwe yambaye akenda ka ‘bikini’, indi ari imbere y’imodoka ziriho ibirango bye(Zari). Aya mafoto yavuzweho bitandukanye n’abamukurikira. Ku ifoto ya mbere yambaye bikini, abamukurikira […]

UCL: Ronaldo yafashije Juventus gusezerera Atletico Madrid naho Manchester City inyagira Schalke 04

Umukinnnyi rurangiranwa Christiano Ronaldo yafashije ikipe ya Juventus de Turin yo mu Butariyani gutsinda ikipe ya Atletico Madrid yo muri Espagne ibitego bitatu kubusa (3:0) bituma Juventus ikomeza muri 1/4 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’uburayi. Ibitego byose bikaba byatsinzwe na Christiano Ronaldo. Ni umukino watangiye ikipe ya Juventus iri gusatira mu buryo […]

Nyamasheke: Abanyeshuri Bane bafunzwe bacyekwaho gutwika uburyamo (Dortoir)

Abanyeshuri bane bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Frank Adamson rwa Kibogora( GSFAK), mu karere ka Nyamasheke, bari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) bacyekwaho gutwika inzu barararagamo. Ku wa 20 Mutarama 2019, nibwo inyubako yararagamo abakobwa 280 yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa yine z’igitondo bayizimya ibikoresho byabo  byahiriyemo bayoberwa uwayitwitse. Ku wa 23 Mutarama 2019, igice […]

Akarere ka Rwamagana katangaje ibanga rituma gakorerwamo ingendoshuri

Akarere ka Rwamagana kamaze iminsi gakorerwamo ingendo shuri zikorwa n’abayobozi bo mu turere, intara, Umujyi wa Kigali ndetse n’ibindi bigo. Ubuyobozi bw’akarere buratangaza ko biterwa na gahunda nziza bategura zikanashyirwa mu bikorwa zikanakemura ibibazo byugarije umudendezo w’abaturage. Abagiye basura akarere  baganirizwaga ku bunaribonye bwakoreshejwe kugirango gahunda zitandukanye zishyirwe mu bikorwa harimo nk’iyitwa :one one four Operation yafashije […]

Ambasaderi wa Amerika, Deborah Malac,  yagiriye inama Uganda n’u Rwanda

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda, Deborah Malac, yagiriye inama u Rwanda na Uganda yo gukoresha inzira ya dipolomasi mu gukemura ibibazo bifitanye mu mahoro, ashimangira ko biri mu nyungu za buri wese gukomeza gufungura imipaka ibihuza. Imibanire ya Uganda n’u Rwanda yarushijeho kuba mibi mu minsi ishize bitewe n’ifungwa ry’imipaka ihuza […]

Nejejwe cyane no kugaruka mu rugo- Zidane avuga muri Real Madrid

Umutoza Zinedine Zidane avuga ko yishimiye gusubira mu ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, gukomeza kuyitoza. Muri Gicurasi 2018, nibwo Zidane yari yasezeye ku kazi k’ubutoza bw’iyi kipe y’igihangange ku mugabane w’u Burayi, ubu akaba ayisubiyemo ndetse anashimangira ko asubiye mu rugo. Yagize ati “Ndabizi neza ko uyu ari umunsi w’agatangaza kuri twese. Ndanezerewe, icy’ingenzi […]

Uko gutanga imbunda mu mitwe yitwara gisirikare no mu baturage byakozwe muri Komini Nyarutovu

Nk’uko bigaragazwa mu bushakashatsi Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, nyuma yo guhabwa imyitozo, abatojwe mu mitwe yitwaraga gisirikare bagombaga no guhabwa intwaro. Ni  Igitekerezo cyemejwe mu nama yo kuwa 9 Nyakanga 1991 yabereye muri Etat Major y’ingabo iyobowe na Minisitiri muri Perezidansi ya […]

Abanyamategeko batamaje Gen Otafiire ku ifungwa ry’Abanyarwanda muri Uganda

Itsinda ry’abanyamategeko bo mu gihugu cya Uganda barondoye amazina y’Abanyarwanda bafungiwe mu magereza yo muri iki gihugu mu byo bise ku buryo butemewe. Ibi bihabanye kure n’ibyo Minisitiri w’Ubutabera,  Rtd.  Maj Gen Kahinda Otafiire yatangaje ubwo yavugaga ko nta Munyarwanda n’umwe azi ufungiwe muri Uganda. Ubutegetsi bw’u Rwanda buvuga ko  Abanyarwanda 190 bafungiwe muri Uganda […]

Ndatekereza Uganda n’u Rwanda bishobora kujya mu ntambara – Andrew Mwenda

Umunyamakuru uvuga rikijyana muri Uganda akaba ari n’inshuti y’abakuru b’ibihugu bya Uganda n’u Rwanda, aremeza ko ibi bihugu byombi bishoboka cyane ko byajya mu ntambara kandi iki gitekerezo agisangiye na benshi kuva mu Ukwakira umwaka ushize. Mu nkuru ndende yiyandikiye ubwe yacishije mu kinyamakuru cye, The Independent, Mwenda atangira agira ati: “ Reka nkore ibyo […]

Uganda: Perezida Museveni araregwa kwiba indirimbo y’umuhanzi Kaweesa

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni araregwa n’umuhanzi w’umugande Richard Kaweesa ko yamwibye indirimbo ye . Uyu muhanzi Richard Kaweesa akaba yamaze kugeza ikirego cye mu rukiko rw’ubucuruzi. Richard Kaweesa abinyujije ku banyamategeko be , yavuze ko ariwe wahanze indirimbo ‘’Another Rap’’ gusa ngo Museveni yakoresheje iyi ndirimbo mu gihe yiyamamazaga mumatora y’umukuru w’igihugu muri […]

Rwamagana: Ibikorwaremezo birimo kubakwa byitezweho guhindura isura y’umujyi

Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana butangaza ko ibikorwaremezo birimo imihanda ya Kaburimbo ndetse no kuvugurura umuyoboro w’amazi, inyubako n’ibindi, bizatuma isura y’umujyi wa Rwamagana ihinduka ku buryo witezweho iterambere. Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye n’umuyobozi w’akarere wungirijwe ushinzwe ubukungu n’iterambere, Mudaheranwa Regis,  yavuze ko Umujyi wa Rwamagana ubu urimo kubakwamo ibikorwaremezo ku buryo byitezweho guhindura isura yawo […]

Amerika yongereye ibihano Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela

Kuri uyu wa mbere, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zafatiye banki yo mu Burusiya bufatanyije na Venezuela. Ni nyuma y’aho bigaragaye ko ifasha Perezida Maduro mu buryo bw’amafaranga. Evrofinance Mosnarbank yashinzwe mu 2011, iravugwaho gufasha ishyirahamwe ry’amavuta ryitwa PDVSA ndetse no gushyigikira imigambi y’iterambere ihuriweho n’ibi bihugu byombi. Ngo iyi banki na none irashinjwa kugabanya uburemere […]

Abadepite bagaragaje gushyigikira u Rwanda mu bibazo rufitanye na Uganda bahejwe mu mwiherero

Abadepite  batandatu bagaragaje ko Uganda ari yo nyirabayazana w’ibibazo ifitanye n’u Rwanda bahejwe mu mwiherero w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu uri kubera mu Karere ka Kyankwanzi. Muri aba harimo  Barnabas Tinkasimire, Theodore Sekikubo, John Baptist Nambeshe, Gaffa Mbwatekamwa, Patrick Oshabe na Monica Amoding. Dailymonitor dukesha iyi nkuru itangaza ko aba badepite batemerewe gukandagiza ikirenge mu […]

Ubushinwa: Harashakishwa inzira zo gukumira iyimukacyaro, kigatezwa imbere

Tariki ya 8 Werurwe 2019, ni umunsi wa Gatanu w’i nama ngishwanama ya 13 y’ishyaka  PCC riri ku butegetsi mu Bushinwa. Kuri uyu munsi,  perezida  Jinping yaganiriye n’abadepite bahagarariye intara ya Henan, iri mu cyaro kandi  izwiho ubukungu bushingiye ku buhinzi. Hari benshi bibwira ko Ubushinwa bugizwe n’imijyi gusa, nyamara ntirenza 1% by’iki gihugu. Ku […]

RDC: Abantu batandatu bishwe batemeshejwe imihoro n'inyeshyamba zikomoka muri Uganda

Abaturage babarirwa muri Batandatu bishwe batemeshejwe imihoro n’abiswe inyeshyamba za ADF (Forces dĂ©mocratiques alliĂ©es) zikomoka mu gihugu cya Uganda. Izi nyeshyamba zishe aba baturage mu mpera z’icyumweru gishize, i Lubwasi, muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba baturage bishwe barimo n’umugore, zabafashe ubwo bavaga mu mirima. Bamwe […]

Mbarara: Abarundi babiri muri batatu bari bashimuswe barabonetse

Abarundi babiri b’impunzi muri batatu baherutse gushimutirwa I Mbarara mu gihugu cya Uganda babonetse. Ni nyuma yo gushimutwa n’abantu batamenyekanye mu cyumweru gishize, aho aba barekuwe kuwa gatandatu bemeza ko badashobora kumenya aho bari bafungiye. Bageze aho baba I Mbarara, mu birometero bitageze kuri 50 uvuye ahari inkambi y’impunzi ya Nakivale nka saa munani ari […]

Indirimbo ‘Kwangwaru’  yakunzwe cyane mu Rwanda yabujijwe gucurangwa muri Kenya

Indirimbo y’Umuhanzi Harmonize afatanyije na Diamond Platnumz,yitwa ‘Kwangwaru’ yahagaritswe kumvwa no gucurangwa n’abanyeshuri bo mu gihugu cya Kenya. Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe ibya Filimi (KFCB), Ezekiel Mutua yatangaje ko ‘Kwangawaru’idakwiye kumvwa cyangwa ngo icurangwe n’abana bacyiga mu mashuri. Mutua atangaza impamvu y’iki cyemezo yagize ati “ Iriya ndirimbo [Kwangwaru] ifite igisobanuro kibi. Twayiciye mu mashuri. […]

Ingabire Victoire yagize icyo asaba Leta y’u Rwanda nyuma y’urupfu rw’umuyoboke we

Perezida w’Ishyaka PDU-Inkingi, Ingabire Victoire yasabye Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora abishe umuyoboke we bakaboneka. Mutuyimana Anselme w’imyaka 30, yari umuyoboke w’ishyaka FDU-Inkingi rya Ingabire Victoire, yishwe mu ijoro ryo kuwa 8 rishyira ku wa 9 Werurwe 2019. Umurambo we ubonwa mu  ishyamba rya Gishwati riherereye mu Majyaruguru y’Iburengerazuba bw’igihugu. Ubwo Radiyo Ijwi rya […]

Jean-Pierre Bemba arishyuza ICC indishyi ya miliyoni 70 z’Amayero

Umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba wigeze kuba visi perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba yaranayoboye umutwe witwara gisirikare, aherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) nyuma yo kugirwa umwere ku byaha rwari rumukurikiranyeho none ararwishyuza impozamarira ya miliyoni 70 z’Amayero kubera imitungo ye yangiritse ubwo yari mu buroko. Amakuru yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, aravuga ko […]

Uganda: Umunyarwandakazi  Fille yagaragaje ko atitaye ku mugabo we umwibukira ku myembe

Umuhanzi w’Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni atangaza ko nta gihe afite cyo gusubiza amaso inyuma ngo arebe ibihe byiza yigeze kugirana n’uwahoze ari umugabo we, Edwin Katamba uzwi nka Mc Kats. Ubwo Hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore kuwa 8 Werurwe, Katamba yatangaje ko n’ubwo yatandukanye na Fille, akimukunda kugeza ku mwuka wa […]

Nyagatare: Polisi yataye muri yombi uwari wibye umukoresha we 10,000$

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare yafashe Uwizeyimana Jerome ufite imyaka 30 akurikiranyweho kwiba umukoresha we Amadolari y’Amanyamerika  ibihumbi icumbi(10.000$) yari amuhaye ngo ajye kuyavunjisha mu Manyarwanda. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP)Hamdun Twizeyimana avuga ko uyu wafashwe na Polisi tariki 10 Werurwe imushyikiriza urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) kugira […]

Uganda: Ishyaka FDC rigiye gusaba ibisobanuro minisitiri Sezibera

Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) ritvuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni wa Uganda, ryatangaje ko rigiye kwandikira minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, rishaka kumenya impamvu imibanire y’u Rwanda n’igihugu cyabo yarushijeho kwangirika. “ Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa FDC azandikira ibaruwa u Rwanda ngo hamenyekane ibibazo nyakuri byateje umwuka mubi ku mupaka. […]

Muhanga: Umunuko n’amasazi bibangamiye abaturiye ahagenewe kumenwa imyanda

Bamwe mu batuye mu kagari ka Kanyinya, mu Murenge wa Muhanga, Akarere ka Muhanga begereye ahamenwa imyanda itandukanye iva mu mujyi wa Muhanga, bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu bishingwe bimenwa hafi y’ingo zabo n’amasazi abiturukamo. Habamenshi  valens, umwe mu baturage baturiye iki kimoteri avuga ko uburyo kibabangamiye, bakifuza ko ubuyobozi bw’aka karere bwakihakura kuko […]

Leta y’u Burundi ngo irimo kwaka abaturage ku ngufu amafaranga izifashisha mu matora yo mu 2020

Leta y’u Burundi ngo nta mafaranga ifite izifashisha mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu 2020, bityo ngo ikaba yarasabye abayobozi muri za komini kuyaka abaturage. Nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ngo Komini 119 z’u Burundi ziri mu gisa n’ipiganwa, zaka abaturage amafaranga no ku ngufu kugira ngo zizahige izindi mu gukusanya iyi nkunga. Radiyo […]

Zinedine Zidane yagarutse muri Real Madrid, Solari yeretswe amarembo

Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko Zinedine Zidane yagarutse kuba umutoza wayo nyuma y’uko ifashe umwanzuro wo kwirukana Santiago Solari azira umusaruro muke. Uyu mufaransa agarutsa mu ikipe twakwita ko yamureze nyuma y’iminsi igera kuri 284 afashe umwanzuro wo kwitandukanya nayo. Ibi byatewe no kutumvikana n’umuyobozi w’iyi kipe, Frorentino Perez. Zidane watangaje nk’umutoza saa 20:00, […]

Rusizi: Ababyeyi batewe inkeke n’imyambarire y’abanyeshuri b’abakobwa

Ikibazo cy’abanyeshuri biga mu bigo bibacumbikira badodesherezwa imyambaro y’ishuri ikwiye n’ababyeyi babo nyamara bagera hirya bakayigabanyisha igasigara ari utuntu bita ‘udukojeje isoni’,  ababyeyi,abanyeshuri ubwabo n’ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri mu karere ka Rusizi bavuga ko kigenda gifata intera ndende kandi bigira n’ingaruka ku myifatire n’imyigire yabo, bagasaba ubufatanye bw’inzego zose mu  guhashya iyi ngeso. Aba babyeyi bavuga […]

Tshisekedi ni nka masiki (masque) yambawe na Kabila- Martin Fayulu

Martin Fayulu, umwe mu banyapolitiki batemeye ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu aherutse kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko Perezida Felix Tshisekedi ari nk’uw’ agakingirizo Joseph Kabila yashyizeho kugira ngo agume ku butegetsi. Ibi Fayulu yabitangarije i Bruxelles, mu Bubiligi ku wa 9 Werurwe 2019, ubwo yitabiraga inama muri Kaminuza y’i Brussel (VUB). […]

Mu myaka 40, Abashinwa miliyoni 700 bakuwe mu bukene

Urugamba rwo kurwanya ubukene bukabije ni imwe mu ntego perezida Jinping yihaye kuva akinjira muri pilitiki. Kuva mu 1978, abamaze kuva mu bukene basaga miliyoni 700, abakiburimo ni miliyoni 16 nabo batazarenza mu 2020. Tariki ya 7 Werurwe, ni umunsi wa kane w’inama ngishwanama ya 13 y’ishyaka  PCC riri ku butegetsi mu Bushinwa. Kuri uyu […]

Uganda: Umunyarwanda wari umaze hafi amezi 3 afunzwe ashinjwa ubutasi yarekuwe by’agateganyo

Umunyarwanda Moses Ishimwe Rutare, uherutse gushinjwa mu Rukiko rwa Nakawa muri Kampala icyaha cyo kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yamaze kurekurwa by’agateganyo mu gihe biteganyijwe ko azasubira mu rukiko kuwa 01 Mata 2019. Ni nyuma y’uko yari amaze hafi amezi atatu atawe muri yombi ashinjwa ubutasi. Amakuru dukesha televiziyo NTV yo […]

Imyembe mibisi Fille yohererezaga uwo bahoze bakundana yagize ingaruka zikomeye

Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni akomeje kugaruka mu mutima w’uwo bahoze bakundana, Edwin Katamba uzwi nka MC Kats. Fille na MC Kats batandukanye burundu mu mpera z’umwaka wa 2018. Ni nyuma y’aho buri ruhande rushinja urundi gucana inyuma. Mu rwego rwo kwiyibagiza Fille,  Katamba yamwambuye imbuga nkoranyambaga zakurikiranwaga n’abantu benshi ndetse […]

Urutonde rw’abaherwe b’abirabura mu 2019

Buri mwaka, Forbes gisohora intonde z’ibyamamare bitandukanye. Abirabura b’abaherwe na bo bagaragara muri iki kinyamakuru. Muri uku kwezi ni bwo uru rutonde rwasohotse, Aliko Dangote wo muri Nigeria yongera kuruyobora. Uru rutonde ruyobowe n’abanya Nigeria bakurikiranye, na none rukiganzamo abanyafurika. Ubucuruzi bw’amavuta, ikoranabuhanga, ishoramari na kompanyi z’itumanaho ni zimwe mu mpamvu zatumye bamwe muri aba […]

Gen Kayihura yaguriwe indi nzu, agiye guhabwa indi mirimo nyuma y'agatebe

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’I ngabo z’igihugu (UPDF), Yoweri Museveni yaguriye indi nzu Gen Kayihura ndetse amusezeranya kumuha indi mirimo muri Leta. Kuri ubu Gen Kayihura yamaze kuva mu nzu yari amazemo imyaka 13 abamu n’umuryango we ubwo yari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda. Umwe mu bantu ba hafi mu muryango wa Gen […]

Sebaba mu mwiherero i Gabiro: Aravuga k’ubucuruzi buri mu burezi mu Rwanda aho kuba ireme

Ariko genda Sebaba uri umuhanga wowe ubasha gucengera mu nama zikomeye z’abayobozi kugeza no ku y’umwiherero! Ibi nabibwiwe n’umwe mu bayobozi twari twicaranye wigeze kumenya kera akaba ataramperukaga usibye muri za 94. Ati ese wowe ukorera uruhe rwego? Nanjye nti urw’abaturage! Ati ese uri intumwa ya rubanda? Nanjye nti yego ariko sinatowe ni uko gusa […]

Perezida Uhuru Kenyatta uri mu Rwanda yakiriwe mu Mwiherero w’Abayobozi bakuru b’igihugu

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Werurwe, yasesekaye I Kigali mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, mbere yo kwerekeza i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ahabera Umwiherero w’Abayobozi bakuru b’igihugu kuva mu cyumweru […]

Nta mpamvu n'imwe yatubuza gukomeza guharanira uburenganzira bwacu- Ingabire Victoire

Umuyobozi w’Ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi mu Rwanda (FDU-Inkingi), Ingabire Umuhoza Victoire atangaza ko nta mpamvu ihari yatuma badakomeza guharanira uburenganzira bwo gukora politiki mu gihugu. Uyu muyobozi w’ishyaka ritaremerwa mu Rwanda atangaje ibi nyuma y’urupfu rw’umwe mu bamufashaga akaba n’Umuvugizi w’Ishyaka, Anselme Mutuyimana wishwe mu ijoro ryo kuwa 8 rishyira kuwa 9 Werurwe 2019. Mu kiganiro […]

Uganda n’u Rwanda guhitamo intambara ni amahitamo y’urupfu – Umuyobozi wa Kisoro

Abayobozi b’ibanze mu turere two muri Uganda duturanye n’u Rwanda barasaba ibiganiro hagati ya perezida Museveni na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu rwego rwo kwirinda ko hagira ubuzima bw’abantu bwabura ndetse ibyabo bikangizwa mu gihe ibihugu byombi byaba bigiye mu ntambara. “ Ntabwo dushaka intambara. Uganda n’u Rwanda guhitamo intambara ni amahitamo y’urupfu […]

Abashaka kudutera ntibazi ubushobozi dufite- Perezida Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni atangaza ko abo yise abanzi b’iki gihugu bashaka kugihungabanyiriza umutekano babiterwa n’uko batazi ubushobozi gifite. Avuga ko aba banzi ba Uganda bagomba kuba bagira ubwoba iyo babonye uburyo iki gihugu gishobora gufata ingabo zacyo, kikazishyira mu gikorwa nyir’izina. Museveni ntatangaza abanzi ba Uganda abo ari bo. Ubwo yafunguraga inganda eshanu […]

Muhanga: Uwashatse kwihekura ngo abone uko abana n’undi mugabo yakatiwe urumukwiye

Ku wa 7 Werurwe 2019 Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasomeye mu ruhame urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo  umugore witwa Nyirabizimana Immaculee  icyaha cyo kuroga  umwana we rumukatira igifungo   cy’imyaka 25 . Ku wa 4 Werurwe 2019, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga rwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu Nyirabizimana Immaculee ukurikiranyweho icyaha cyo kuroga umwana we w’umukobwa w’ umwaka […]

Gen Kyaligonza yahaswe ibibazo

Ambasaderi wa Uganda mu Burundi Rtd. Maj. Gen Matayo Kyaligonza yahaswe ibibazo n’Umuyobozi wa Polisi y’iki gihugu, IGP Martin Okoth Ochola ku bijyanye no guhohotera umupolisikazi. Mu minsi ishize, Gen Kyaligonza n’abarinzi be bagaragaye bafashe mu mashati umupolisikazi, Kaporali Esther Namaganda ahitwa Seeta mu Karere ka Mukono. Byavuzwe ko imodoka yari itwaye Gen Kyaligonza yari […]

Nyina wa Diamond yahakanye kugira uruhare mu myitwarire umuhungu we yagaragaje ku kiriyo

Nyina w’umuhanzi Diamond Platnumz, Sanura Sandra Kasimu yatangaje ko  nta nama yagiriye umuhungu we kugira ngo ajye gushyingura uwari umuyobozi wa Clouds Media, Ruge Mutahaba. Diamond yagaragaye mu muhango wo gusezera Ruge ariko ntibyavuzweho rumwe. Byemejwe ko  Diamond yaje akererewe kandi ko atabashije gusezera ku murambo kuko yaheze hanze. Abajijwe niba ari we wamugiriye iyi […]

Van Gaal watozaga Manchester United yasezeye ku mirimo y’ubutoza

Umusaza watoje ikipe nka Manchester United yo mu Bwongereza, Louis Van Gaal yatangaje ko atazongera gutoza umupira w’amaguru cyangwa ngo akore ibijyanye na wo. Mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo mu Buholandi, Dutch TV, Van Gaal yagize ati: “Ubu nasezeye mu mupira w’amaguru. Nta gahunda mfite ijyanye na wo, habe no gusesengura ku mateleviziyo. Nasezeranyije […]

Gen Kyaligonza yahaswe ibibazo

Ambasaderi wa Uganda mu Burundi Rtd. Maj. Gen Matayo Kyaligonza yahaswe ibibazo n’Umuyobozi wa Polisi y’iki gihugu, IGP Martin Okoth Ochola ku bijyanye no guhohotera umupolisikazi. Mu minsi ishize, Gen Kyaligonza n’abarinzi be bagaragaye bafashe mu mashati umupolisikazi, Kaporali Esther Namaganda ahitwa Seeta mu Karere ka Mukono. Byavuzwe ko imodoka yari itwaye Gen Kyaligonza yari […]

Nyina wa Diamond yahakanye kugira uruhare mu myitwarire umuhungu we yagaragaje ku kiriyo

Nyina w’umuhanzi Diamond Platnumz, Sanura Sandra  yatangaje ko  nta nama yagiriye umuhungu we kugira ngo ajye gushyingura uwari umuyobozi wa Clouds Media, Ruge Mutahaba. Diamond yagaragaye mu muhango wo gusezera Ruge ariko ntibyavuzweho rumwe. Byemejwe ko  Diamond yaje akererewe kandi ko atabashije gusezera ku murambo kuko yaheze hanze. Ibi ngo byatewe n’uko yaje akaguma hanze […]

Muhanga: Umunuko n’amasazi bibangamiye abaturiye ahagenewe kumenwa imyanda

Bamwe mu batuye mu kagari ka Kanyinya, mu Murenge wa Muhanga, Akarere ka Muhanga begereye ahamenwa imyanda itandukanye iva mu mujyi wa Muhanga, bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu bishingwe bimenwa hafi y’ingo zabo n’amasazi abiturukamo. Habamenshi  valens, umwe mu baturage baturiye iki kimoteri avuga ko uburyo kibabangamiye, bakifuza ko ubuyobozi bw’aka karere bwakihakura kuko […]

Umuryango utekanye, ni ufite imibereho myiza muri rusange- Madamu Jeannette Kagame

Madamu Jeannette Kagame avuga ko umuryango utekanye ari ufite imibereho myiza muri rusange kandi abawugize bakaba bazi neza ko u Rwanda ruhera muri bo. Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’umurenge wa Kagano, mu Karere ka Nyamasheke, Intara y’Iburengerazuba, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2019, mu biroro byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, Madamu Jeannette Kagame […]

Abanyarwanda bari guhombera cyane mu ‘ifungwa ry’umupaka’- Umuyobozi wa Kabale

Umuyobozi w’Akarere ka Kabale, Darius Nandinda  mu byo yise ifungwa ry’umupaka wa Gatuna ku buryo butunguranye bikozwe n’u Rwanda avuga ko biri kugira ingaruka mbi ku baturage barwo by’umwihariko abegereye uyu mupaka. U Rwanda rwatangaje ko amakamyo manini atemerewe gukoresha umupaka wa Gatuna bitewe n’imirimo y’ubwubatsi iri kuhakorerwa. Rwasabye ko hakoreshwa imipaka ya Kagitumba ( […]

Muhanga : Abagore barasabwa kwita ku nshingano z’urugo ariko banakora indi mirimo ibyara inyungu

Ubwo  hizihizwaga  umunsi mpuzamahanga  wahariwe umugore mu karere  ka Muhanga abagore batuye muri aka karere basabwe  kwita ku nshingano zabo basanganywe  z’urugo nk’abagore  ariko kandi  bakibuka ko bagomba kuzifatanya  n’indi mirimo ibyara inyungu kugira ngo ingo zabo zirusheho gutera imbere. Uwababyeyi scholastique utuye mu kagari ka Gihuma mu murenge wa Nyamabuye muri aka karere avuga […]

Gen Kayihura yivanye mu nzu yakodesherezwaga irinzwe ku rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura yimutse mu nzu yarindwaga cyane yabagamo  n’umuryango we iherereye i Muyenga mu Mujyi wa Kampala. Iyi nzu Gen Kayihura yayibayemo imyaka 13 ndetse ni nayo yabayemo nyuma yo kuva aho yari afungiwe Makindye nyuma yo kwemererwa kuburana yidegembya. Biravugwa ko  Polisi ya Uganda yari isanzwe yishyura  miliyoni […]

Ama G THE Black na Knowless basubiyemo indirimbo “Yuda”

Ama G The Black na Butera Knowless bakoze ‘Remix’ cyangwa isubiramo ry’indirimbo ”Yuda” nyuma yo gusohoka mu mwaka ushize. Nk’uko yabitangarije Inyarwanda.com, Ama G The Black yavuze ko yakunze iyi ndirimbo, yifuza kuyisubiramo afatanyije na nyirayo Knowless, na we ntiyatinda kubimwemerera. Ama G yavuze ko afata Knowless nk’umuvandimwe: “Mu byiza ahuye nabyo mu muziki harimo […]

Se wa Diamond agiye kuvuzwa n’abandi mu gihe umuhungu we yigaramiye

Se wa Diamond Platnumz, Abdul Juma agiye kuvuzwa n’umukobwa we usanzwe aba mu Bwongereza. Ni nyuma yo kwirengagizwa n’umuhungu we Diamond Platnumz, umwe mu bahanzi bamaze kugira amikoro. Abdul Juma ntiyahwemye gutabaza umuhungu we Diamond Platnumz avuga ko akeneye ubufasha mu by’ubuvuzi. Umuhungu we ntiyegeze amureba n’irihumye. Aganira n’ibitangazamakuru byo muri Tanzania, uyu mukobwa usangiye […]

Uganda yagiriye inama abaturage bayo bajyana ibicuruzwa mu Rwanda

Leta ya Uganda kuwa 7 Werurwe yatanze inama ku baturage bayo bajyana ibicuruzwa mu Rwanda. Ni mu gihe  nta kimenyetso cy’uko agatotsi kari mu mubano w’ibi bihugu byombi kazavamo vuba. Minisitiri w’Ubucuruzi, Amelia Kyambadde atangaza ko Abanyayuganda bashaka kuzana ibicuruzwa byabo mu Rwanda bazajya bifashisha imipaka ibiri gusa. Yavuze umupaka wa Mirama Hills  mu Karere […]

Urutonde rw’abakinnyi 18 Rayon Sports yifashisha mu mukino urayihuza na Bugesera FC

Ikipe ya Rayon Sports yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 18 igomba kwifashisha mu mukino urayihuza n’ikipe ya Bugesera FC. Ni umukino wa 19 wa Shampiyona y’ikiciro cy’umupira w’amaguru mu Rwanda, uteganijwe kuba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2019, ku kibuga cya Etoo Nyamata. Mu gihe Rayon Sports yaba ibashije kuvana amanota atatu kuri […]

Perezida w’u Bufaransa yatumiwe i Kigali mu muhango wo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatumiwe mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, tariki ya 7 Mata 2019, i Kigali. Kugeza ubu ngo u Bufaransa bukaba butaratanga igisubizo kuri ubu butumire bw’u Rwanda. Ikinyamakuru JeuneAfrique dukesha iyi nkuru, gitangaza ko ubu butumire ari ikimenyetso cyiza kigaragaza  ugukomeza kuzura umubano w’u Rwanda […]