Kamonyi: Imodoka ya Howo yishe abantu babiri abandi 11 ibagira inkomere

whatsapp image 2025 10 15 at 21.14 31 a4218fbc 7509e

Mu Karere ka Kamonyi, ahazwi nko ku Ruyenzi, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonganye n’izindi modoka eshanu, ihitana abantu babiri ndetse 11 barakomereka, barimo babiri bakomeretse cyane. Iyi mpanuka yabaye ku wa 15 Ukwakira 2025 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu Murenge wa Runda, hafi ya santere ya Ruyenzi. Uvugira Polisi […]

Rurageretse hagati ya Aliah Cool n’umunyamakuru wa Isibo FM

InShot 20251015 182508845

Nyuma y’uko umunyamideli Aliah Cool yerekanye imodoka nshya yo mu bwoko bwa Barbus, ibintu byahise bifata indi ntera ku mbuga nkoranyambaga ubwo umunyamakuru wa Isibo FM, DC ClĂ©ment, yandikaga amagambo yakoze ku marangamutima ya Aliah Cool. DC ClĂ©ment yanditse kuri Instagram ati: “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa Umukire i Nyarugenge, Umwana w’i Gitwe naguma kuri […]

Uwabaye Minisitiri w’Ingabo muri Sudani y’Epfo yiyomoye kuri Perezida Salva Kiir

1760510949480

Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo muri Sudani y’Epfo, Nhial Deng Nhial yatangaje ko asezeye mu ishyaka riri ku butegetsi, SPLM, ashinja ubuyobozi bwa Perezida Salva Kiir Mayardit kuba bwarataye icyerekezo cy’igihugu. Mu itangazo ry’impapuro 18 yashyikirije Radio Tamazuj, Nhial yashinje ubutegetsi ruswa, umutekano muke, n’ukudindiza amatora yari ategerejwe kuva mu myaka myinshi ishize. Uyu munyapolitiki w’inararibonye, […]

Raila Odinga yapfuye

a74bad97 33c6 4fec 92e4 570770634928

Umunyapolitiki w’inararibonye wo muri Kenya, Raila Amolo Odinga, wari uzwi cyane mu mateka ya politiki y’igihugu no mu rugamba rwo guharanira demokarasi, yapfuye afite imyaka 80. Amakuru aturuka mu gihugu cy’Ubuhindi aravuga ko yapfuye ku wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, ubwo yari i Koothattukulam, mu karere ka Ernakulam, muri Leta ya Kerala, aho […]

Leta ya Zambia yahagaritse inkunga yahaga ikipe y’igihugu kubera umusaruro nkene

fifa world cup qualifiers zambia names 27 men squad for morocco match.jpg

Leta ya Zambia yatangaje ko yahagaritse inkunga y’amafaranga yajyaga atangwa ku ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Chipolopolo), nyuma y’igihe iyi kipe imaze ititwara neza mu mikino mpuzamahanga. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Ubugeni hamwe n’Inama Nkuru y’Imikino muri Zambia (National Sports Council of Zambia), rivuga ko guverinoma ifite impungenge zikomeye ku musaruro w’ikipe y’igihugu, […]

Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoye Perezida muri Cameroon

image 2025 10 14 053250705

Mu gihe igihugu cya Cameroon cyari mu matora ya perezida ku Cyumweru, isura y’umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Misiri, Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoreye ku biro by’itora bya NgaoundĂ©rĂ© III. Nyuma yo gukora igenzura, ibitangazamakuru bitandukanye byemeje ko koko iyo foto igaragara ku rubuga rwa Elecam, urwego rushinzwe gutegura no gucunga amatora muri Cameroon. […]

Umupolisi yiyahuye akimenya ko umukunzi we yarongoye undi

vfdgds

Umupolisi w’umugore wo ku cyicaro cya polisi cya Phalombe muri Malawi, witwa Sergeant Eliza Masina, ari kuvurirwa mu bitaro bya Holy Family Mission Hospital nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje uburozi. Nk’uko raporo ya polisi ya Phalombe ibivuga, ibi byabaye ku wa gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, mu mudugudu wa Sakhome, muri T/A Nkhumba, akarere […]

Yanyaye kuri Alitari ya Bazilika ya Mutagatifu Petero ubwo hasomwaga misa 

97d90dcd13b16d7f0fb56f56a87d1a46fa6bdc7912a5659ba17aafaab0085e5b

Umugabo utatangajwe amazina yafashwe n’inzego z’umutekano za Vatican nyuma yo kunyara kuri Alitari nkuru ya Bazilika ya Mutagatifu Petero i Roma, ubwo hasomwaga Misa yitabiriwe n’imbaga y’abizera. Byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, ubwo uwo mugabo yacaga mu rihumye abashinzwe umutekano maze yegera Alitari nkuru, ahantu Papa asanzwe ayoborera imihango mikuru ya Kiliziya, ahita […]

Kenya: Uwari urinze ingoro ya Perezida yishwe atewe icumu

gsu officers

Mu gitondo cyo ku wa mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025, i Nairobi, habaye urupfu rutunguranye rw’umupolisi wo mu ishami rya General Service Unit (GSU) wacungaga umutekano ku ingoro ya Perezida. Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano avuga ko uwo mupolisi yishwe n’umugabo witwaje icumu, ubwo yari ku burinzi hafi y’irembo rya D, ahinjirira abashyitsi bajya muri […]

Bujumbura: Akabari kubatswe mu ishusho y’indege kahiye karatokombera 

1760378077961

Akabari kari gakunzwe cyane i Bujumbura ku izina rya Chez Willy The Bartender cyangwa Air Willy, katatswe n’inkogi y’umuriro ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025. Ababonye ibyabaye bavuga ko umuriro watangiye utunguranye, ntihamenyekane icyawuteye. Kubera ko inyubako yari ikoze mu biti n’ibindi bikoresho bifatwa n’umuriro byoroshye, byagoranye kuzimya uwo […]

RDF yanyomoje itangazo ryavugaga ko iri gukorana na FDLR

20251007 173118

Ku wa 12 Ukwakira, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe inyandiko iriho ibirango bya Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda (MINADEF), ivuga ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’abahoze ari abarwanyi ba FDLR bari ku murongo w’ubwirinzi muri Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bategetswe kwerekeza ku nkambi za MONUSCO ngo bakorweho iperereza Ku bikorwa byabo. Iyo nyandiko, ifite umutwe […]

Umugore wa Akon yamusabye gatanya, atungurwa no gusanga umutungo we wanditse kuri nyina

akon and wife tomeka thiam1757772310 0 412x290 1

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi Akon, uzwi cyane mu ndirimbo “Smack That” na “Locked Up”, ari mu byishimo nyuma y’uko umugore we Tomeka Thiam, bari bamaranye hafi imyaka 30 bashakanye, yamusabye gatanya maze aza gutungurwa no gusanga nta mutungo agira. Tomeka yasabye urukiko ko yahabwa miliyoni 100 z’ama-Euro (€100 million), avuga ko yagize uruhare rukomeye mu […]

FERWAFA yijeje abafana ibitangaza ntiyabikora

20251011 105630

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryasabye imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’uko tombola yari iteganyijwe mu mukino wahuje u Rwanda na BĂ©nin ku wa 10 Ukwakira 2025 itabashije gukorwa mu gihe cy’ikiruhuko (half-time). Mbere y’umukino, FERWAFA yari yatangaje ko hazaba tombola idasanzwe igamije gushimisha abafana no kubashimira uburyo bakomeje gushyigikira Amavubi. Mu itangazo […]

U Rwanda rwihanangirije RDC: “Ibyo muvuga ni politiki yo gushaka gushinja abandi amakosa” 

GgYFMpNXQAA6NQa

Mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ThĂ©rĂšse Kayikwamba Wagner, yakomeje kunenga Ubumwe bw’u Burayi (EU) ko butashyize igitutu gikomeye ku Rwanda ku birego byo gushyigikira umutwe wa M23, Kigali yo yasubije ivuga ko ibyo ari imikino ya politiki no gushaka gushinja abandi amakosa. Kayikwamba Wagner, mu kiganiro yahaye EUObserver […]

Burkina Faso yanze kwakira abimukira bavuye muri Amerika yahanwe

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye Burkina Faso ingamba zo kubima viza ku baturage bayo bose, nyuma y’uko Ouagadougou yanze kwakira bamwe mu bimukira Amerika yashakaga kohereza mu gihugu cyabo. Mu itangazo ryatambutse kuri televiziyo y’igihugu ku wa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Burkina Faso, Karamoko Jean-Marie TraorĂ©, yatangaje ko uhereye ubu, Abanya-Burkina Faso bazajya […]

Myugariro w’Amavubi yasigaye akora amasuku muri sitade Amahoro

Screenshot 20251010 2152132

Nyuma y’umukino Ikipe y’Igihugu Amavubi yatsinzwemo na BĂ©nin igitego 1-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, hari igikorwa cyakozwe na Myugariro Phanuel Kavita cyakoze ku mitima ya benshi. Kavita, wakinaga bwa mbere mu Amavubi kuri Stade Amahoro, ntiyahise asohoka mu kibuga nk’abandi bakinnyi nyuma y’umukino. Ahubwo, yafashe umwanya wo gusukura aho abakinnyi […]

Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino w’Amavubi na Benin (Amafoto)

1760117033026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umukino ukomeye wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, wahuje Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ na Benin, kuri uyu wa Gatanu muri Stade Amahoro i Remera. Perezida Kagame yageze muri stade mu gice cya mbere cy’umukino, akomorerwa amashyi menshi n’abafana bari buzuye sitade. Mu gihe Perezida Kagame yakurikiraga umukino, […]

Ibirego bishinja Mukandayisenga Jeannine “Ka-Boy” kuba umuhungu byatewe utwatsi

Ka Boy2 1

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF) ryahakanye ibirego by’amakipe yifuzaga ko Mukandayisenga Jeannine, uzwi cyane nka Ka-Boy ukinira Yanga Princess, avanwa muri shampiyona y’abagore. Hari amakipe yari yatanze ibirego avuga ko uyu mukinnyi w’Umunyarwandakazi afite imisemburo myinshi y’abagabo, bityo akaba akina arusha imbaraga abandi bakinnyi b’abagore. Icyakora, TFF yatangaje ko ibyo birego nta shingiro bifite […]

Bugesera: Bafashe umujura bamutwikisha ibyatsi kugeza apfuye

20251009 205311 300x300 1

Abaturage umunani bo mu Murenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Bugesera, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho kwica umuturage bavugaga ko ari umujura, bamutwitse. Ibyo byabaye mu ijoro ryo ku wa 8 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Nyakabuye, Akagari ka Kabuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Kazungu Innocent, yavuze ko abo bantu bafashe uwo bacyekaga […]

Ububiligi: Minisitiri w’Intebe yari agiye guturitswa n’ibyihebe 

20251010 063148

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi ibyihebe bitatu bakekwaho gutegura igitero cy’iterabwoba cyari kigamije kwibasira abanyapolitiki barimo Minisitiri w’Intebe Bart De Wever, hifashishijwe drone irimo ibisasu. Iperereza ryatangiye nyuma y’uko urukiko rwa gisirikare rutegetse gusaka amazu y’ibi byihebe, mu mujyi wa Anvers (Antwerp). Mu nzu y’umwe muri bo habonetse igikoresho cyari gukoreshwa nk’igisasu, n’umufuka wuzuye […]

Pakistan yasutse ibisasu ku Abatalibani

20251010 061146

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu, umujyi wa Kabul, umurwa mukuru wa Afuganisitani, washegeshwe n’urusaku rw’ibisasu byaturikaga, nyuma y’uko indege z’intambara za Pakistan Air Force zigaragaye mu kirere cy’uyu mujyi. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo mu karere aravuga ko Pakistan yaba yakoze ibitero byo mu kirere igamije kwibasira intagondwa za Tehreek-e-Taliban Pakistan […]

Ya kipe yo mu Burundi yahaniwe kutambara “VISIT RWANDA” yanze kwishyura

20251009 144308

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi, FĂ©dĂ©ration de Basketball du Burundi (FEBABU), ryatangaje ko ikipe ya Dynamo BBC itazitabira irushanwa rya Road to BAL 2025 riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzaniya kuva ku itariki ya 15 kugeza ku ya 20 Ukwakira 2025. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iyi kipe ntiyubahirije zimwe mu ngingo z’amategeko […]

Umusirikare wa UPDF yishwe arinze amafi 

20251009 122353

Umusirikare wo mu ngabo za Uganda (UPDF), Staff Sergeant Muhindo Johnson, yapfuye azize ibikomere yakomerekeye mu gitero cy’abagabo bitwaje intwaro bagabye ku borozi b’amafi bo kuri Rweshama Landing Site, ku nkengero z’ikiyaga cya Edward, mu karere ka Rukungiri mu burengerazuba bwa Uganda. Nk’uko byatangajwe na Major Kiconco Tabaro, umuvugizi w’ingabo za UPDF mu ishami rya […]

Ba bakobwa bavuga ko basambanyijwe n’umwana na se, basanze ari amasugi

images 7

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye ruri kuburanisha ubujurire bwa Mzee Claver n’umuhungu we Tuyishime baregwa gusambanya abana babiri b’abakobwa bafite imyaka 16 na 17. Aba bombi basaba kurekurwa by’agateganyo nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana rwari rwemeje ko bafungwa by’agateganyo. Claver yavuze ko yigeze gusaba gupimwa ADN kugira ngo herekanwe ko nta sano afite n’abo bana, […]

Umujyi wa Kigali wasubije Abakorerabushake bari kwishyuza amafaranga yo muri UCI 2025

20251008 114554 1

Bamwe mu rubyiruko rwakoreraga nk’abakorerabushake mu irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rya UCI Road World Championships 2025 ryabereye i Kigali, barasaba ubuvugizi nyuma yo kuvuga ko bishyuwe amafaranga make ugereranyije n’imvune bagize. Aba bakorerabushake bavuga ko bakoze iminsi 10, bakora amanywa n’ijoro barinda ibikoresho by’irushanwa ku mihanda, rimwe na rimwe bataruhuka, ndetse ngo bakirirwa ku zuba n’imvura […]

Yishwe n’inzara nyuma yo kwiha ibyo kurya imbuto gusa

20251008 104201

Umukobwa witwa Karolina Krzyzak, w’imyaka 27 y’amavuko, yapfiriye muri hoteli yo muri Bali, nyuma yo kumara igihe kinini akurikiza uburyo bw’imirire bukomeye buzwi nka “fruitarian diet” uburyo bushingiye ku kurya imbuto gusa. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Sun, Karolina yari amaze igihe yarahisemo kubaho atarya ibindi byose uretse imbuto, ibintu byamugejeje ku kurwara indwara zituruka ku […]

Polisi yafunze umupolisi wakubise umuturage 

20251008 104944

Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi ASP Clive Nsiima, ukorera mu ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba (Counter Terrorism Directorate) mu gice cya Oil and Gas Protection Unit, nyuma yo kugaragara ku mashusho ya CCTV akubita umukozi wa supermarket kuri Shell Kyanja i Kampala. Amashusho yakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Nsiima, wambaye imyenda isanzwe, aterana […]

Abanyarwanda batatu bahawe imyanya ikomeye muri FIFA

20251008 102257

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA ryashyize Abanyarwanda batatu mu myanya ikomeye mu nzego zayo z’ubuyobozi, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubunyamwuga, kurwanya ivangura no guteza imbere ikoranabuhanga mu mukino w’amaguru. Perezida wa FERWAFA, Fabrice Shema yagizwe umunyamuryango w’akanama ka FIFA gashinzwe kurwanya ivangura n’irondaruhu (FIFA Anti-Racism and Anti-Discrimination Committee). Aka kanama gafite inshingano zo […]

Burkina Faso yafunze maneko 8 z’Abanyaburayi

ap 68b6dc86197ff 1756814470

Leta ya gisirikare ya Burkina Faso yatangaje ko yafunze abantu umunani bakoraga umuryango mpuzamahanga w’ubutabazi International NGO Safety Organisation (INSO), ishinja icyo kigo cy’Abaholandi gukora ibikorwa by’ubutasi n’ubugambanyi, ariko uwo muryango wo ukabyamaganira kure, usaba ko abakozi bawo barekurwa. Minisitiri w’Umutekano, Mahamadou Sana yavuze ko abafashwe barimo Umunyafuransa, umugore w’Umunyafurika ukomoka muri Senegal ariko ufite […]

Polisi y’u Rwanda yavuze ku mashusho yagaragaje umupolisi ari kugundagurana n’umuturage

Screenshot 20251007 1902082

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze gutangira gukurikirana iby’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umupolisi wo mu muhanda agundagurana n’umunyamaguru wari wanze kubahiriza amategeko y’umutekano wo mu muhanda. Nk’uko byasobanuwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, uwo muturage yari yabujijwe kwambuka mu gihe imodoka zari ziri gutambuka, ariko yanga guhagarara, bituma umupolisi umubuza […]

RDF yakiriye umusirikare wayo wari ufungiwe mu Burundi

20251007 173118

Umusirikare w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Sergent Sadiki Emmanuel, wari umaze igihe afungiwe mu gihugu cy’u Burundi, yamaze kugarurwa mu Rwanda. Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RDF, Brig. Gen. Ronald Rwivanga, yemeje ko uwo musirikare yarekuwe kandi akagezwa mu gihugu cye. Yagize ati: “Yaragarutse, baramuzanye.” Sgt Sadiki yari yarafunzwe nyuma yo kwambuka umupaka wa Gasenyi–Nemba ajya mu […]

P Diddy yatakambiye Perezida Trump

trump 1 ap er

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umuhanzi Sean “Diddy” Combs yamusabye imbabazi nyuma yo gukatirwa imyaka 4 y’igifungo ku byaha yahamijwe. Trump yabivugiye mu biro bye i Washington agira ati: “Puff Daddy yansabye imbabazi.” Diddy yakatiwe ku wa Gatanu n’urukiko rwa New York imyaka ine muri gereza ndetse amande ya […]

Bugesera: Uwari pasiteri muri ADEPR yapfiriye ku ndaya

Screenshot 20251006 1939382

Mu Karere ka Bugesera, mu Murenge wa Nyamata, haravugwa urupfu rwa Rwigema Donatien, wahoze ari umuvugabutumwa mu itorero rya ADEPR, wasanzwe yapfiriye mu buriri bw’inzu y’umugore witwa Charlotte bivugwa ko yicuruza. Amakuru avuga ko Rwigema yageze muri urwo rugo ku wa Gatandatu, tariki 4 Ukwakira 2025, agasanga uwo mugore wari usanzwe atabana n’umugabo, bivugwa ko […]

Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umusore wari ugiye guhorera urupfu rwa murumuna we

3381 13cdb71f58255a6ba901942b03c8af3b

Mu karere ka Rulindo, mu Ntara y’Amajyaruguru polisi yarashe umwe mu basore bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, bari bagiye gukora urugomo mu rwego rwo kwihorera ku rupfu rwa mugenzi wabo. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 5 Ukwakira 2025, ubwo abo basore bamenyerewe nk’“Abapari” bari banyoye inzoga maze bahagarika imodoka ya polisi bari bayihuriye mu […]

Canada: Umunyarwanda yishwe n’ingunguru

1759765527476

Landry Cyusa Rutabayiro, umusore w’Umunyarwanda w’imyaka 30, yapfiriye muri Canada azize impanuka itunguranye. Amakuru yemeza ko Cyusa yaguye ubwo ingunguru yamugwiraga, biza kumuviramo urupfu nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru Imvaho Nshya. Nyakwigendera Landry Cyusa Rutabayiro ni umuhungu wa Claudine Marie Solange Nyinawagaga, usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA). Cyusa […]

Minisitiri w’intebe mushya w’Ubufaransa yeguye

2025 10 04T114516Z 2043236862 RC274HAHP497 RTRMADP 3 FRANCE POLITICS WEALTH TAX 1759738693

Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubufaransa, Sebastien Lecornu yeguye ku mirimo ye nyuma y’amezi make cyane atangiye kuyobora Guverinoma, ibintu byafashwe nk’indi mpagarara nshya mu miyoborere ya Perezida Emmanuel Macron. Ibiro bya Perezida byatangaje kuri uyu wa mbere ko Perezida Macron yakiriye ubwegure bwa Lecornu, wari umwe mu bantu bamwegereye cyane kuva kera. Lecornu yari amaze ukwezi […]

Abakinnyi babiri ba APR FC baravugwaho kuyigurisha muri Egiputa

20251006 095636

Abakinnyi babiri b’ikipe ya APR FC, Mamadou Sy na Yussif Seidu Dauda baravugwaho imyitwarire idahwitse yatumye bakurwa ku rutonde rw’abakinnye umukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabereye mu Misiri, aho ikipe y’Ingabo yahatsindiwe na Pyramids FC ibitego 3–0. Amakuru avuga ko aba bakinnyi bombi barenze ku mabwiriza y’umwiherero (Camp) ku wa Gatandatu, umunsi umwe […]

Umufana yaheneye Pogačar

G2gQvcXaUAAY1u9 e1759688197534

Umukinnyi w’amagare ukomoka muri Slovenia, Tadej Pogačar yatsindiye Shampiyona y’u Burayi mu magare 2025 yabereye mu majyepfo y’u Bufaransa, mu karere ka ArdĂšche/DrĂŽme. Ariko urugendo rwe rugana ku ntsinzi rwahungabanyijwe n’ibikorwa by’abafana bitari byiza. Ubwo Pogačar yamanukaga mu gice kizwi nka Val d’Enfer, yahuye n’uruvangitirane rw’abafana bamwe bamugaragarije imyitwarire mibi: bamukozeho, bamushyiraho “stickers”, ndetse umwe […]

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yarekuwe

20251005 233900

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yarekuwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Ukwakira 2025, nyuma yo kurangiza igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Amakuru yemejwe n’abari hafi ye avuga ko Nkundineza yasohotse muri gereza ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, yakirwa n’abagize umuryango we n’inshuti ze, barimo n’umunyamakuru Mike Karangwa, bamugaragariza ibyishimo byo […]

Abaganga bakuye mu nda y’umugabo ibiyiko 29 uburoso 19 n’ikaramu 2

22913e41 024f 411f bd3b 4e0df5131b7b

Abaganga bo mu Buhinde bakoze urugendo rw’ubuvuzi rutangaje, bakura mu nda y’umugabo ibikoresho bisanzwe byo mu rugo birimo ibiyiko 29, uburoso bw’amenyo 19 n’amakaramu abiri. Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko witwa Sachin, yari yajyanywe mu kigo cyita ku bantu bakira ingeso mbi z’ibiyobyabwenge mu gace ka Ghaziabad, muri Leta ya Uttar Pradesh. Nyuma y’igihe gito, […]

Byemejwe ko abasirikare b’Ubwongereza basize babyaje abagore bo muri Kenya

3437044a49630eb78126b18a56f27251.webp

Abanya-Kenya barindwi batsinze urubanza rukomeye mu rukiko rwo mu Bwongereza, aho byemejwe ko babyarwa n’abagabo b’Abongereza bari bashinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Kenya. Aba baturage babashije kumenya ba se banyabo bifashishije ububiko rusange bwa ADN (DNA databases), aho byagaragaye ko batandatu muri bo babyarwa n’abasirikare ba British Army Training Unit Kenya (BATUK), mu gihe undi […]

Yagiye kureba amagare, afatwa n’ibise abyara umwana amwita ‘UCI’

InShot 20251003 201421936

Umubyeyi wo mu Mujyi wa Kigali yabyaye umwana w’umukobwa ubwo yari yagiye gufana Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yabereye mu Rwanda, maze ahitamo kumwita izina ‘UCI’, risobanura Union Cycliste Internationale mu Kinyarwanda bivuga Impuzamashyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi. Uyu mubyeyi wari wakunze cyane iri siganwa, yari yagiye kureba isiganwa ryaberaga mu mihanda ya Kigali. Ibise […]

Musenyeri Laurent Mbanda yamaganye umuyobozi mushya wa Anglican ushyigikira abatinganyi

20251004 104444

Umwepisikopi Mukuru w’Itorero Angilikani mu Rwanda, Dr. Laurent Mbanda, akaba ari na Perezida wa Gafcon (Global Anglican Future Conference) ihuriro mpuzamahanga ry’Abangilikani baharanira gukomeza inyigisho za Bibiliya, yatangaje ko iyimikwa rya Sarah Mullally nk’Umwepisikopi mushya wa Canterbury ari “igisubizo kibi” kizongera gutandukanya itorero ry’Abanglikani ku isi. Sarah Mullally, wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Abaforomo mu Bwongereza, […]

P-Diddy yakatiwe gufungwa imyaka 4

462237470b8c4878bc196b15b69adabb lg

Umuhanzi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya Diddy, yakatiwe gufungwa imyaka isaga 4 muri gereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’urubanza rumaze igihe ruvugwa cyane mu bitangazamakuru. Urubanza rwasojwe ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, n’umucamanza Arun Subramanian, wasomye icyemezo cyo kumuhanisha amezi 50 y’igifungo (ari hejuru gato y’imyaka […]

Uganda: Polisi iravugwaho kubuza Bobi Wine kwiyamamaza

images 5

Ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida w’ishyaka National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, byaburijwemo n’inzego z’umutekano mu karere ka Iganga, mu burasirazuba bwa Uganda. Amashusho n’amakuru atandukanye yagaragaje imodoka z’igisirikare n’iz’abapolisi zifunze imihanda, mu gihe bamwe mu bari mu itsinda rya Bobi Wine […]

Ujyana abasirikare ba Kenya mu gisirikare cy’Uburusiya yajyanye Polisi mu nkiko

20251003 181208

Umugabo witwa Edward Gituku Kamau wo muri Kenya, bivugwa ko akorana na kompanyi Global Face Agencies, yajyanye Polisi mu rukiko ayisaba kumwishyura indishyi za $76,000 (arenga miliyoni 100 Frw) nyuma yo gufatwa ashinjwa gushakira abaturage akazi mu ngabo z’u Burusiya. Kamau yafashwe mu kwezi gushize mu gihe hakorwaga umukwabu wo guhagarika amatsinda ashinjwa kwaka abashaka […]

Col Frank Bakunzi yakiriye APR FC mu Misiri (Amafoto)

1759494924866

Ikipe ya APR FC yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina na Pyramids FC mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League uteganyijwe ku Cyumweru. Itsinda ry’iyi kipe riyobowe na Lt Col Jean Paul Ruhorahoza ryakiriwe mu Misiri na Col Frank Bakunzi, uhagarariye u Rwanda mu bya gisirikare muri Ambasade iri i Cairo. Abakunzi b’iyi […]

Bucura bwa Perezida Kagame yinjiye mu ngabo z’u Rwanda

20251003 103744

Brian Kagame, bucura bwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ari mu bofisiye bato binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa 3 Nzeri 2025. Ni mu muhango wabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, mu Karere ka Bugesera, witabiriwe n’abayobozi bakuru batandukanye barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame. Uyu mwaka, abasirikare bato […]

Abarundi barenga icumi bahungutse bavuye mu Rwanda batawe muri yombi i Kirundo

20251003 102358

Mu gitondo cyo kur wa kane tariki ya 2 Ukwakira 2025, inzego z’umutekano z’u Burundi zataye muri yombi Abarundi barenga icumi bari bamaze iminsi mike bahungutse bavuye mu Rwanda. Ibi byabereye mu Bugabira, Intara ya Kirundo. Ubuyobozi bw’u Burundi buvuga ko aba bantu bakekwaho gukomeza kugirana imikoranire n’impunzi z’Abarundi zigicumbitse mu Rwanda. Amakuru aturuka mu […]

Inkuba yakubise abafana barebaga umukino wa APR FC na Pyramid

image 9 10 2c0c3

Mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Kabarondo, abantu 16 bakurikiye umukino wa CAF Champions League wahuzaga APR FC na Pyramids FC bakubiswe n’inkuba, umunani muri bo barakomereka bajyanwa ku kigo nderabuzima. Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Kabura. Inkuba yakubise ahagana saa cyenda, ubwo […]

Nyiramajyambere uzwi ku mvugo “ariko ahari nashonje” yarapfuye

Screen Shot 2025 10 02 at 11.09.57 1

Muri iyi minsi imvugo ya Nyiramajyambere Esperance igira iti “
ariko ahari nashonje
” yongeye kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro by’abanyarwanda batandukanye, aho ikomeje gukoreshwa mu buryo bwo gusetsa no kwishimisha. Amashusho acicikana kuri izo mbuga agaragaza uyu mubyeyi ashimira ubuyobozi bw’u Rwanda bwamuhaye inzu yo guturamo nk’umwe mu basigajwe inyuma n’amateka. Ariko kandi […]

Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zigiye gucyurwa ku ngufu

20251002 112044

Impunzi z’Abarundi zicumbitse mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zikomeje gutabaza, zivuga ko iki gihugu kiri kubahatira gusubira mu gihugu cyabo ku ngufu. Ku wa 1 Ukwakira 2025, habaye inama idasanzwe yabereye mu nkambi ya Nyarugusu, iyobowe na Bwana Georges Ndalo, ushinzwe ibijyanye n’uburezi muri UNHCR. Iyi nama yahuje abagenzuzi, abahagarariye amashuri ndetse […]

APR FC itsinzwe na Pyramids FC

Screenshot 20251001 1550432

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yatsinzwe na Pyramids FC yo mu Misiri ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2025. Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025, aho abafana ba APR FC bari bitabiriye ku bwinshi baje gushyigikira ikipe yabo. Mu gice cya […]

Diamond Platnumz yavuze ku byo kurongora undi mugore nyuma ya Zuchu

61085d74affddfd6

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarongoye undi mugore nyuma ya Zuchu, umukunzi we banabana byemewe. Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye mu kwezi kwa Nyakanga 2025, ibintu byatangaje benshi mu bakunzi babo. Nyuma yaho hakomeje gucicikana ibihuha bivuga ko […]

Rutahizamu wa APR FC agiye kumara amezi abiri adakina

Djibri Quattara

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Quattara, azamara igihe kingana n’amezi abiri atagaragara mu kibuga, kubera uburwayi yakuye mu mikino ya Cecafa Kagame Cup yabereye muri Tanzania. Uyu mukinnyi yasubiye mu rugo adasoje iryo rushanwa, nyuma yo kugerwaho n’indwara. Kuva icyo gihe kugeza ubu ntiyongeye gukinira APR FC. N’ubwo hari amakuru […]

Muhanga: Yaraye asambanya umwana wari waje gusura mushiki we 

20251001 131511

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yatangaje ko Polisi ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kibangu, Akarere ka Muhanga. Amakuru avuga ko uwo mwana yabuze ku wa 27 Nzeri 2025, hanyuma akaza kuboneka ku itariki ya 28 […]

Ababiligi 22 bakiriwe nk’intwari mu Rwanda

G3XHJCYE7VETHGZX6VZB55BBOQ

Itsinda ry’abantu 22 bakomoka mu mujyi wa Bertrix mu Ntara ya Luxembourg, mu Bubiligi, ryageze i Kigali mu rwego rwo gushyigikira umukinnyi wabo Remco Evenepoel mu marushanwa y’Isi yo gusiganwa ku magare yabereye bwa mbere ku mugabane wa Afurika. Baje bitwaje amabendera y’u Bubiligi, n’ay’u Rwanda ndetse n’ibirango by’umujyi wa bo. Aba baturage, bamwe muri […]

Rema yanze kwishyura uwamwubakiye inzu

Rema 1

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Divine Ikubor uzwi cyane nka Rema, ari mu bibazo by’amategeko nyuma y’uko Amaka Obasi, nyir’ikigo Arden Lifestyle Company, yamushinje kumusebya no kumwambura amafaranga yari yishyuye mu mushinga wo gusana no gushushanya inzu. Nk’uko byatangajwe na Sahara Reporters, aba bombi bari basinye amasezerano ku itariki ya 4 Mata 2025, agamije gukora imirimo yo gushushanya […]

U Rwanda ntiruzongere gusabwa inzira y’abacanshuro batsindiwe muri Congo

images 4 3

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yanenze bikomeye amagambo aherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wavuze ko guverinoma yabo izakomeza gukoresha abacanshuro mu ntambara. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibyo ari ibikorwa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, arimo amasezerano ya OAU/AU yo mu 1977 […]

Kicukiro: Uwari umunyonzi yavuye kureba amagare agerageza kwiyahura

20250930 073751

Ingabire Clementine, utuye mu mudugudu wa Nyagafunzo, Akagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga mu karere ka Kicukiro, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gusangwa mu rugo rwe yataye ubwenge ku wa mbere tariki ya 29 Nzeri 2025. Amakuru aturuka mu baturanyi be avuga ko Ingabire, wigeze no gukina umukino w’amagare mu marushanwa ya Ferwacy, yari aherutse […]