Perezida Ibrahim Traoré yakiriye Jacob Zuma baganira ku kubohora Afurika

20251104 074537

Perezida wa Burkina Faso, Kapiteni Ibrahim TraorĂ©, yakiriye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, mu biro bye biherereye i Koulouba, i Ouagadougou. Uwo muhuro wateguwe ku bufatanye na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina Faso, wari ugamije kuganira ku ngamba z’ubwigenge n’ukwigenga kwa Afurika, nk’uko […]

Perezida wa repubulika (Kagame) ndamukunda: Richard Nick Ngendahayo akigera i Kigali

1762202150506b3aac1e9 2d36 417a 9df3 0d55deba6039

Nyuma y’imyaka irenga 15 yari amaze aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuramyi w’inararibonye Richard Nick Ngendahayo yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025. Uyu muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakirwa n’urugwiro n’akanyamuneza […]

SADC yemeje ko matora yo muri Tanzania atabaye mu bwisanzure

20251103 165915

Abakurikiranira hafi amatora bo mu muryango wa SADC batangaje ko abaturage bo mu bice byinshi by’igihugu cya Tanzaniya batabashije kugaragaza ubushake bwabo mu matora aheruka yabaye ku wa 29/10/2025. Mu itangazo ryabo, Itsinda rya SADC rishinzwe gukurikirana amatora (SEOM) ryavuze ko hari ibibazo byinshi mu mikorere ya politiki, umutekano n’imitegurire y’amatora, bigatuma ayo matora atuzuza […]

Ubuhinde: Abantu 19 bapfiriye mu mpanuka ya bisi yagonganye n’ikamyo

rangareddy road accident

Impanuka ikomeye yabaye kuri uyu wa Mbere mu karere ka Ranga Reddy muri Leta ya Telangana mu Buhinde, aho ikamyo nini yari itwaye amabuye y’amakoro yagonganye n’imodoka ya kompanyi y’igihugu itwara abantu (Telangana State Road Transport Corporation – TSRTC). Nk’uko bitangazwa n’inzego za polisi, iyi mpanuka yabereye hafi y’ahitwa Chevella, mu gitondo cyo kuri uyu […]

Perezida Samia ararahirira mu biro bye 

perezida samia yagize amajwi 97 66 6ebde

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, ararahirira inshingano ze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, mu muhango uzabera mu ibanga, hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu. Mu bihe bisanzwe, irahira ry’umukuru w’igihugu ryaberaga muri stade nini, rikitabirwa n’abantu ibihumbi. Ariko ubu si ko bimeze, kuko uyu muhango urabera ku ngoro y’umukuru w’igihugu, kandi abaturage […]

Djibouti: Imyaka ntarengwa yo kuba perezida yakuweho

Inteko ishinga amategeko ya Djibouti yakuyeho imyaka ntarengwa ku bakandida b’umukuru w’igihugu, nyuma yo gutora ku bwiganze bw’amajwi yose ku Cyumweru. Ibi byafunguye inzira ku Perezida Ismail Omar Guelleh, w’imyaka 77, kugira ngo ashobore kongera kwiyamamaza mu matora yo muri 2026. Guelleh amaze ku butegetsi kuva mu 1999, akaba ayobora igihugu gito cyo mu ihembe […]

Perezida Ndayishimiye yagiye gushyigikira Samia Suluhu

1762153877563

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yageze mu mujyi wa Dodoma mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 3 Ugushyingo 2025, aho yitabiriye ibirori byo kurahiza Samia Suluhu Hassan, wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida w’u Burundi mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere, uru ruzinduko rugamije gushimangira […]

Umuhanzi Ngabonziza Augustin, wamamaye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yapfuye 

ngabonziza augustin wamamaye mu ndirimbo ancilla yapfuye 30087

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu myaka irenga 40 ishize, yapfuye azize uburwayi nyuma yo kumara igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK). Amakuru yemeza ko yari amaze iminsi arembye, ubuzima bwe bukagenda burushaho kugorana. Ngabonziza azwi cyane mu muziki wo hambere, aho yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins, imwe muri bandi yakunzwe […]

Ibyo ntibibareba: Miss Jolly Mutesi asubiza abibaza aho akura amafaranga

1762031101751

Tariki 1 Ugushyingo 2025, Miss Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016, yasubije abamubaza aho akura amafaranga ye, avuga ko ibyo bitabareba kandi bakwiye kumureka akagira amahoro. Ibi yabivugiye mu birori bya The Silver Gala byateguwe na Sherrie Silver Foundation. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije ku bijyanye n’imodoka nshya ihenze aherutse kugura, amubaza n’aho […]

Abapasiteri n’abahanuzi b’ibinyoma bagiye kujya bafungwa imyaka 10

058951e4 2420 4640 b4c0 c32ce11f48ff

Mu gihugu cya Kenya harategurwa itegeko rishya rigamije gufata no guhana abayobozi b’amadini cyangwa abapasiteri bakoresha amayeri n’ibinyoma kugira ngo babone amafaranga aho baba bavuze ko bakora ibitangaza. Iryo tegeko rizwi nka Religious Organisations Bill, 2024 riteganya ibihano bikomeye ku bantu bazafatwa bakora ubu bujura bwo mu madini. Itegeko rivuga ko umuyobozi w’idini cyangwa umupasiteri […]

Bane mu bagabye igitero ku kigo cya polisi bishwe barashwe

1761986768434

Abashinzwe umutekano muri Uganda bari gukora iperereza ku gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ku kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Kasese, aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abari bafite imihoro bateye icyo kigo, barasa ndetse batwika inzu imwe y’abapolisi. Nk’uko byatangajwe na The New Vision, bivugwa ko abagizi ba nabi bane […]

Amerika yabujije abaturage bayo kujya muri Niger

c5e62439a8602cbc522b28822a3d81b1.webp

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku wa gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025 impuruza yihanangiriza Abanyamerika kudasura igihugu cya Niger, kubera impamvu z’umutekano zirimo ubugizi bwa nabi, imvururu za politiki, iterabwoba, indwara, n’ubushimusi. Iyi mpuruza yashyizwe ahagaragara n’Ishami rya Leta rishinzwe Ububanyi n’Amahanga, nyuma y’uko mu cyumweru gishize umumisiyoneri w’Umunyamerika yashimuswe mu murwa mukuru […]

Igisirikare cya Guinea-Bissau cyaburijemo Coup d’etat

WhatsApp Image 2025 10 31 at 19.30.46 42e3c5cc

Mu gihugu cya Guinea-Bissau, igisirikare cyatangaje ko cyaburijemo igerageza ryo gufata ubutegetsi ku ngufu, ryakozwe n’abasirikare bakuru bari bagamije guhirika inzego zemewe n’amategeko. Nk’uko byemejwe na Jenerali Mamadu Ture, wungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo, iri tsinda ryagerageje “guhungabanya inzego za Leta no gusenya inzira y’amatora” ateganyijwe gutangira mu mpera z’iki cyumweru. Ubuyobozi bw’igisirikare bwatangaje ko abasirikare […]

Cameroun: Ingabo za Leta zahishe utavuga rumwe n’ubutegetsi

2025 10 31T120044Z 1 LYNXMPEL9U0MG RTROPTP 3 CAMEROON ELECTION

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Cameroun, Issa Tchiroma Bakary yatangaje kuri uyu wa Gatanu ko yajyanywe ahantu hizewe n’abasirikare bamushyigikiye kugira ngo bamurindire umutekano, nyuma y’amatora arimo impaka nyinshi. Tchiroma yari amaze iminsi afungiye iwe mu rugo mu mujyi wa Garoua mu majyaruguru ya Cameroun, kuva ku itariki ya 12 Ukwakira ubwo habaga […]

Yafashwe nyuma y’imyaka 31 yihishe kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

20251031 144433

Ndindabahizi Faustin, w’imyaka 62, yafashwe nyuma y’imyaka 31 yihishe kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yafatiwe ku biro by’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi ubwo yari yagiye gusaba serivisi z’ubutaka. Abaturage bamuzi neza bamutanzeho amakuru bituma afatwa. Uyu mugabo ukomoka mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Rubengera, ashinjwa […]

Urukiko rwategetse ko umugore wahawe gatanya azajya asubiza umugabo we inkwano

images 22

Urukiko rw’ikirenga rwa Kisii, muri Kenya, rwatangaje umwanzuro watunguye benshi, aho rwategetse ko umugore wemerewe n’inkiko ko yatandukanye n’umugabo, agomba gusubiza inkwano yahawe n’umuryango w’umugabo. Uyu mwanzuro wasomwe ku wa 31 Ukwakira 2025 na Justice D.K.N. Magare, wasobanuye ko mu muco wa Kenya, ubukwe budaseswa burundu mu gihe inkwano itarasubizwa. Yagize ati: “Mu muco wacu, […]

Abahanzi bihaye gushyigikira Samia Suluhu ntiborohewe

a12afe6f 2b5d 4d4d 936a 46ffa782f892

Mu gihe Tanzania yari mu matora rusange yo ku wa 29 Ukwakira, abahanzi benshi bakomeye mu njyana ya Bongo Flava bagaragaje ko bashyigikiye Perezida Samia Suluhu Hassan, umukandida wa Chama Cha Mapinduzi (CCM). Icyo cyari kigamije kumwereka urukundo n’ishimwe kubera ibyo yakoze mu buyobozi bwe, ariko byaje gukurura uburakari bukomeye mu baturage bamwe, babashinja gukoresha […]

Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi yamaganye amatora yo muri Tanzania 

nvhsm 1536x864 1

Ku itariki ya 30 Ukwakira 2025, Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi (European Parliament) yatangaje ko amatora rusange yo muri Tanzania atabaye mu buryo buboneye, ivuga ko “ataranzwe n’ubwisanzure n’ubutabera.” Mu itangazo ryasohowe n’abadepite bayo (MEPs), bavuze ko amatora yagombaga kuba umunsi w’ibyishimo bya demokarasi, ariko ahubwo ahinduka “igihe cy’igitutu, ubwoba n’iterabwoba.” Itangazo ryabo rigira riti: […]

Bakoze ubukwe bambaye imyenda y’ishuri

546191106 24352798621070481 7230612645127946874 n

Emmanuel Friday Joseph na Grace Gideon Akpan bo muri Nigeria bakoze ubukwe budasanzwe bwavugishije benshi nyuma y’imyaka 18 bakundana. Icyatangaje abantu benshi ni uko mu mafoto y’ubukwe bwabo bifotoje bambaye impuzankano y’ishuri ryisumbuye bamenyaniyemo, nk’urwibutso rw’aho urukundo rwabo rwatangiriye. Urukundo rwabo rwatangiye ubwo bombi bigaga muri Comprehensive Secondary School Ediene Abak. Emmanuel wari ugeze mu […]

Rubavu: Umwana w’imyaka 15 yabyaye umwana amuta mu bwiherero

Umukobwa w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Kanzenze, Akarere ka Rubavu, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu bwiherero bw’umuturanyi wabo. Amakuru yemeza ko ku itariki ya 29 Ukwakira 2025, umwe mu baturanyi wagiye mu bwiherero bwo mu rugo rw’uwo muryango yasanzemo amaraso menshi n’uruhinja rwapfuye. Uwo muturanyi yahise atabaza nyir’ubwiherero n’abaturage, […]

Leta ya Gambia yahaye gasopo Yahya Jammeh wifuza kuva mu buhungiro

Gambias former president Yahya Jammeh 732x375 1

Leta ya Gambia yahaye gasopo uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Yahya Jammeh nyuma y’uko atangaje ko ateganya gusubira mu gihugu mu kwezi k’Ugushyingo 2025. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na guverinoma kuri uyu wa kabiri, yihanangirije Jammeh ko naramuka agarutse, azahita afatwa, agafungwa, kandi akurikiranwe ku byaha bikomeye ashinjwa kuba yarakoze mu gihe cy’imyaka 22 yamaze […]

FERWAFA yateye utwatsi APR FC

whatsapp image 2025 10 25 at 4.50 22 pm 13 2 8dff4 1

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryasesenguye neza ubusabe bw’ikipe ya APR FC yasabaga gusuzuma imisifurire mu mukino wayihuje na Kiyovu Sports ku wa 25 Ukwakira 2025, ariko risanga umusifuzi yarafashe ibyemezo bikwiye mu mukino. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 29 Ukwakira 2025, FERWAFA yavuze ko Komisiyo ishinzwe imisifurire yasuzumye amashusho […]

Bujumbura: Yabyaye umuhungu muzima, bamuha umukobwa wapfuye

1761724267748

Mu mujyi wa Bujumbura, inkuru ibabaje yaturutse mu bitaro bya Roi Khaled, aho umubyeyi yabyaye umuhungu muzima, ariko aza guhabwa umukobwa wapfuye kubera uburangare bw’abaganga. Ibi byabaye ku wa 28/10/2025, bikaba byateje urujijo n’imvururu mu bitaro. Amakuru aturuka ahabereye ibi avuga ko ku wa 26 Ukwakira, ababyeyi babiri babyariye rimwe umwe abyara umwana w’umuhungu n’undi […]

Minisiteri ya Siporo igiye gufasha umwana ufite ubumuga wagaragaye akina umupira

Screenshot 20251028 1754332

Mu Karere ka Gatsibo, amashusho y’umwana w’umunyeshuri ufite ubumuga arimo gukina umupira w’amaguru hamwe n’abandi bana kuri GS Kiramuruzi yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, ashimisha benshi kandi akora ku mitima ya benshi. Uyu mwana, nubwo afite ubumuga bw’ukuguru n’ukuboko, yagaragaye yishimye kandi afite ishyaka rikomeye mu gukina umupira, ibintu byatumye benshi bamufata nk’intwari yerekanye ko […]

Umwana wa Nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga yapfuye 

1761638515593

Igikomangoma SpĂ©ciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami w’u Rwanda wagiyeho, Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93, nk’uko byemejwe n’abo mu muryango we. Yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Mbere mu bitaro byo i Nairobi muri Kenya, aho yari atuye. Umuryango we watangaje ko impamvu y’urupfu rwe yari indwara n’izabukuru. Igikomangoma Mukabayojo aheruka kugaragara mu ruhame […]

Ibitangaje kuri sitade igiye kubakwa mu kirere cya Arabie Saoudite

Sky Stadium

Mu gihugu cya Arabie Saoudite, hatangajwe umushinga mushya utangaje cyane, wo kubaka stade ya mbere ku isi izaba iri hejuru mu kirere. Iyi stade izwi ku izina rya NEOM Sky Stadium, izaba igice cy’umushinga mugari wa NEOM, umujyi w’igihe kizaza wubakwa mu butayu bwa Saoudite. Umushinga wa NEOM ni umwe mu mishinga minini y’iterambere yashyizweho […]

Nyiri “Be One Gin” arafunzwe

jra 2 6c08a

Habumugisha Jean Paul, nyir’uruganda Roots Investment Group rukora inzoga zizwi nka Be One Gin, yatawe muri yombi, kandi dosiye ye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha. Amakuru y’itabwa muri yombi rye yamenyekanye nyuma y’iminsi havugwa ko yafashwe mu gihe cya operasiyo Usalama XI yabaye hagati ya tariki ya 15 na 17 Ukwakira 2025. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. […]

Dani Alves yakijijwe nyuma yo kuva muri gereza

5b19338e5e749c03041e0301e74f198b.webp

Umukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru, Dani Alves, wahoze akinira FC Barcelona na Brezili, yongeye kugaragara mu ruhame ariko mu buryo butandukanye cyane n’ubwo abantu bamumenyeyemo. Nyuma y’imyaka y’amakuba no gufungwa, Alves aravuga ko yakijijwe kandi ubu yabaye “umwigishwa wa Yesu Kristo.” Ku myaka 42, Dani Alves yavuze ubuhamya bwe mu rusengero rwa Elim Girona Church, […]

Ubufaransa: Umugabo w’Umunyarwanda yishe umugore we amuteye icyuma

Screenshot 20251027 1955012

Mu Bufaransa, mu mujyi wa Saint-Priest wo mu ntara ya RhĂŽne, habereye urupfu rubabaje ku cyumweru tariki ya 26 Ukwakira 2025, ubwo umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 yishe umugore we w’imyaka 35 amuteye icyuma mu ijosi. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Le Parisien, ubwo icyaha cyabaga, abana batatu b’uyu muryango bari baryamye, abo bana bafite imyaka 6, 9, […]

Imirwano mu igororero rya Nyamasheke hagati y’abagororwa n’abacungagereza yahoshejwe n’amasasu

20251027 141159

Ku wa 26 Ukwakira 2025, mu Igororero rya Nyamasheke habaye imyigaragambyo y’itsinda rito ry’abagororwa, aho bivugwa ko habayeho gushyamirana gukomeye hagati y’abagororwa n’abacungagereza. Amakuru atangwa n’abaturage batuye hafi y’igororero avuga ko ibyo byabaye mu gitondo, ubwo Umuyobozi w’igororero yari aje gukora ibarura ry’abagororwa. Gusa, abandi bakozi ba Rwanda Correctional Service (RCS) ngo bahise batangira gusaka […]

Perezida umaze igihe kinini ku butegetsi yongeye gutsinda amatora bidasubirwaho

2025 07 13T191324Z 749943257 RC2ULFARFOCT RTRMADP 3 CAMEROON POLITICS 1752459750

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, wayoboye igihugu kuva mu 1982, yongeye gutorwa nk’umukuru w’igihugu, nk’uko byatangajwe n’Urukiko rushinzwe amatora. Nk’uko byasohotse kuri uyu wa mbere, Urukiko rwemeje ko Biya w’imyaka 92 yabonye amajwi 53.66%, mu gihe umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Issa Tchiroma, yabonye 35.19%. Tchiroma, wahoze ari umuvugizi wa guverinoma ndetse n’umuminisitiri, yari yatangaje […]

Padiri w’Umubiligi wigishaga mu iseminari ya Karubanda yapfuye

20251027 100954

AbbĂ© Claude Talbot, umupadiri ukomoka mu gihugu cy’u Bubiligi, wari umaze imyaka isaga 58 akorera Imana mu Rwanda, yapfuye ku Cyumweru tariki ya 26 Ukwakira 2025, azize uburwayi. Urupfu rwemejwe n’ubuyobozi bwa Seminari nto ya Karubanda Virgo Fidelis yo muri Diyosezi ya Butare, aho yakoreye igihe kirekire nk’umurezi. AbbĂ© Talbot yari umwe mu bapadiri b’inararibonye […]

Perezida wa Namibiya yirukanye minisitiri ahita akomeza inshingano yakoraga

5BVAUWGZZVK27KEZDKARNW2C6E

Perezida wa Namibiya, Netumbo Nandi-Ndaitwah, yakuye Natangwe Ithete ku mirimo ye nka Visi-Perezida wa Guverinoma ndetse na Minisitiri w’Inganda, Amabuye y’Agaciro n’Energi, maze ahita afata izo nshingano zo kuyobora iyo minisiteri ubwe. Mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezidansi ku Cyumweru, Perezida yavuze ko iki cyemezo gifashwe “mu nyungu zo gukomeza ibikorwa neza no gushyira hamwe […]

Ukuri ku rukundo ruvugwa hagati ya Miss Muheto na Prosper Nkomezi

1761386410973

Byavuzwe mbere ko Prosper Nkomezi, umuramyi ukunzwe cyane mu Rwanda, yaba ari mu rukundo na Miss Rwanda 2022, Nshuti Divine Muheto. Ibyo byatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko aba bombi bakunze kugaragara bari kumwe mu bikorwa bitandukanye. Nyamara, mu burori bwo kumurika album ye ya kane yise “Warandamiye”, Prosper Nkomezi ubwe yahisemo kuvuguruza ayo […]

Yohereje inshuti ye gusuzuma umukunzi we birangira imurongoye

99a43cfe 9c9a 4969 8771 c56f5ee1fe67.jpeg

Umugabo wo muri Nijeriya yabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza inkuru ibabaje y’uko igeragezwa ry’ubudahemuka yakoreye umukunzi we ryamugendekeye nabi. Mu mwaka wa 2019, umugabo witwa @UsmanZannaah kuri X (yahoze ari Twitter) yavuze ko yohereje inshuti ye magara yitwa Aliyu kugira ngo agerageze umukunzi we. Intego ye yari ukureba niba uwo mukobwa azaguma […]

Umuhanzikazi Olisha yapfuye abyara

Olisha M edited

Amarira n’akababaro byasakaye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda nyuma y’inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Olisha M, umwe mu bahanzi b’abagore bari batangiye kwigarurira imitima ya benshi mu njyana ya Afrobeat n’urukundo. Amakuru yemejwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo MBU Uganda, avuga ko Olivia Mildred Namubiru wamenyekanye nka Olisha M, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya […]

Amerika yafatiye ibihano Perezida wa Colombia

AP25297693034982

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025 ko ishyizeho ibihano bikomeye kuri Perezida wa Colombia Gustavo Petro, umugore we, umuhungu we NicolĂĄs Petro, ndetse n’Umunyamabanga w’imbere mu gihugu Armando Benedetti aho byatangajwe n’Ikigo gishinzwe ibikorerwa mu bukungu muri Amerika. Amerika ivuga ko aba bayobozi “bananiwe guhagarika ubwiyongere bw’itunganywa […]

Madagascar: Andry Rajoelina wahiritswe ku butegetsi yambuwe ubwenegihugu 

tananarivo retire la nationalite a l ex president andry rajoelina 5817 1306984

Leta ya Madagasikari yatangaje ko yambuye uwahoze ari Perezida Andry Rajoelina ubwenegihugu bw’igihugu cye, nk’uko biteganywa n’iteka ryasinywe na Minisitiri w’Intebe Herintsalama Rajaonarivelo, ryasohotse ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu. Ni icyemezo gikomeye cyafashwe na leta ya Madagasikari ku wa Gatanu, tariki ya 24 Ukwakira 2025, leta yatangaje ko uwahoze ari Perezida Andry Rajoelina yambuwe […]

Perezida wa Nigeria yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

WhatsApp Image 2025 06 26 at 15.46.32 6799d917

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu yirukanye General Christopher Musa, wari Umugabo Mukuru w’Ingabo za Nigeria, nyuma y’aho havuzwe amakuru y’ibihuha by’igeragezwa ryo gukora coup d’état mu gihugu. Nk’uko byatangajwe n’umujyanama wa Perezida mu by’itangazamakuru, Sunday Dare, izi mpinduka “zigamije gukomeza gushimangira umutekano n’ikwirakwizwa ry’ubunyamwuga mu ngabo za Nigeria.” Perezida Tinubu yahise ashyiraho abayobozi bashya mu […]

Amakipe atatu yo muri Sudani agiye gukina Shampiyona y’u Rwanda 

20251024 114934

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko amakipe atatu akomeye yo muri Sudani yemerewe kuzakina Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka wa 2025–2026. Amakipe yemerewe ni: Al Merrikh S.C, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani zose zo muri Sudani y’Epfo. FERWAFA ivuga ko iki cyemezo kigamije guteza imbere ubufatanye mu karere, kongera urwego […]

FBI yafunze abakinnyi 30 n’umutoza

hi res 81225817 crop north scaled

Urwego rw’ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) rwafunze abantu 31, barimo umutoza wa Portland Trail Blazers, Chauncey Billups, n’abakinnyi barimo Terry Rozier wa Miami Heat na Damon Jones wahoze akinira Cleveland Cavaliers. Abo bose bakurikiranyweho kugira uruhare mu bikorwa byo kugena ibiva mu mikino no gukina imikino y’urusimbi mu buryo butemewe, bakoranye n’imiryango […]

Abanyeshuri 25 ba Green Hills barafunzwe 

1761236426468

Abanyeshuri 25 biga muri Green Hills International College yo mu ntara ya Gitega mu gihugu cy’u Burundi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma y’imvururu zikomeye zabaye kuri iyi wa 22 Ukwakira 2025, zikangiza bikomeye ibikoresho by’ishuri. Ahagana saa mbiri z’ijoro, bamwe mu banyeshuri batangiye gukora imyigaragambyo ikomeye, bangiza kamera ya videwo, televiziyo, ndetse bagerageza no […]

P-Diddy yagabweho igitero muri gereza

1761175519388218607036580667831 1761175537

Umuhanzi w’icyamamare w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya P-Diddy yagabweho igitero muri gereza ya MDC Brooklyn aho afungiye muri iki gihe. Nk’uko byatangajwe n’inshuti ye Charlucci Finney, P-Diddy ngo yabyutse nijoro asanga imfungwa yamufatiye icyuma ku ijosi, hafi yo kumuhitana. Finney yabwiye Daily Mail ko atazi niba abashinzwe umutekano aribo batabaye cyangwa niba […]

Jacob Zuma yategetswe kwishyura leta cyangwa agaterezwa cyamunara

FQ336E3EFZKJJAYNWMR7Z4DWRE

Urukiko Rukuru rwa Pretoria rwategetse uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo Jacob Zuma kwishyura R28.9 miliyoni (miliyari 2 Frw) ku biro by’umushinjacyaha wa Leta kuko ari amafaranga yagiye akoreshwa mu manza zaregwaga Zuma ku giti cye. Aya mafaranga akubiyemo n’inyungu azunguka kugeza yishyuwe yose. Urukiko rwavuze ko niba Zuma atishyuye mu minsi 60 uhereye igihe […]

Polisi yarashe mu kico umwarimu wari uri mu myigaragambyo

900x506 cmsv2 5e89c9ab a213 5fe0 bbe4 baf8ac9fbc5b 9522033

Mu gihugu cya Cameroun, umwarimu witwa Zouhairatou Hassana yarashwe arapfa mu mujyi wa Garoua ku wa kabiri, ubwo habaga imyigaragambyo ikaze ikurikiye amatora ya perezida yateje umwuka mubi hagati ya Perezida Paul Biya n’umukandida utavuga rumwe na we, Issa Tchiroma. Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko amasasu yarashwe n’umupolisi, ubwo abigaragambyaga basabaga ko amajwi y’amatora asubirwamo. […]

ZAMBIA: Abagabo bashinjwa kuroga Perezida bakatiwe

images 17

Urukiko rwa Zambia rwakatiye abagabo babiri imyaka ibiri y’igifungo nyuma yo kubahamya icyaha cyo gukoresha uburozi, buzwi nka juju, mu mugambi wo kwivugana Perezida Hakainde Hichilema. Aba bagabo, Leonard Phiri, Umunyazambiya, na Jasten Mabulesse Candunde wo muri Mozambique, bahamwe n’icyaha hashingiwe ku mategeko ahana ibikorwa by’uburozi muri Zambia (Witchcraft Act). Polisi yabafashe mu Ukuboza 2025 […]

Ingabo z’u Rwanda zahawe imidari y’ishimwe muri Sudani y’Epfo

csm 1 4a2d480dbe

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (RWANBATT-3 na RAU-13) zahawe imidari y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera ibikorwa by’indashyikirwa zakoze mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Bahawe iyi midali mu muhango wabereye mu kigo cya gisirikare cya Durupi, hafi y’umurwa mukuru Juba. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo, […]

Rurageretse hagati ya KNC n’umusifuzi Umutoni Aline

IMG 20251022 WA0011

Umusifuzi mpuzamahanga Umutoni Aline yatangaje ko agiye kurega Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), nyuma y’amagambo uyu muyobozi yavuzeho amushinja kuba yaravuganye n’abantu bashobora kuba baragize uruhare mu buriganya bw’umukino Gasogi United yanganyijemo na Bugesera FC 0-0. Mu kiganiro cya Radio & TV1 cyitwa “Rirarashe” cyatambutse ku wa 21 Ukwakira 2025, KNC yavuze […]

Undi muyobozi wa CHADEMA yafunzwe

Screenshot 20251022 1040532

Umuyobozi wungirije w’Ishyaka rya Demokarasi n’Amajyambere (CHADEMA), John Heche, yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ubwo yari hanze y’Urukiko Rukuru rwa Tanzania aho yari agiye gukurikirana urubanza rwe n’urwa bagenzi be bo muri CHADEMA, ndetse n’urubanza ku cyaha cy’ubugambanyi gishinjwa Tundu Lissu, umuyobozi w’iri shyaka. Nk’uko byatangajwe na John Mnyika, Umunyamabanga […]

Perezida wa Cîte d’Ivoire yarakariye ba minisitiri be

20251022 084611

Amakuru aturuka muri CĂŽte d’Ivoire aravuga ko Perezida Alassane Dramane Ouattara, akaba n’umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi RHDP, ari mu mujinya mwinshi kubera bamwe mu ba minisitiri be. Nk’uko byatangajwe n’umwe mu bantu begereye Perezida wavuganye n’ikinyamakuru Nouvelles Afrique ariko agasaba kudatangazwa amazina ku mpamvu z’umutekano, Perezida Ouattara ababajwe cyane n’uko bamwe mu bagize guverinoma […]

Sudan: Drones yaturikije ikibuga cy’Indege cya Khartoum

khartoum airport jpg

Abaturage bo mu murwa mukuru wa Sudani bavuze ko bumvise amajwi ya drones n’urusaku rw’iturika mu gice kiri hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, umunsi umwe mbere y’uko ubuyobozi bwa Sudani bufungura ikibuga ku ngendo z’imbere mu gihugu nyuma y’imyaka 2 gifunze. Abatangabuhamya babwiye AFP ko ayo majwi […]

Umugore wa mbere yabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani

74413607 803

Mu mateka y’Ubuyapani, Sanae Takaichi w’imyaka 64 yemejwe kuba Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore nyuma yo guhabwa uburenganzira n’Umwami Naruhito ku wa kabiri. Takaichi, uyobora Ishyaka ry’Abademokarate ba Liberal (LDP), yabonye intsinzi mu matora yabaye mu nteko ishingamategeko, aho yegukanye ijambo rikomeye mu cyiciro cya mbere cy’amatora mu Nteko y’Abadepite. Takaichi yasezeranye gushyiraho guverinoma ifite […]

Congo: Urupfu rw’umwalimu wamenyekanye kuri TikTok ruri gushengura benshi

69395020 adf2 11f0 b2a1 6f537f66f9aa.jpg

Minisiteri y’Uburezi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko ari “agahinda gakomeye” kumenya urupfu rwa Bonette Élombe, umwalimu w’ishuri ribanza wabaye icyamamare kubera amashusho yashyiraga ku rubuga rwa TikTok, agaragaza umuhate n’urukundo yashyiraga mu myigishirize ye. Ibinyamakuru byo muri Congo byanditse ko Élombe wigishaga ku ishuri Yolo Sud i Kinshasa yari amaze ibyumweru bicye […]

Trump agiye kugabanyiriza igihano P-Diddy 

416fe37e5aa34486be45a99675c43413 md

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aratekereza kugabanyiriza igihano umuhanzi w’icyamamare Sean “Diddy” Combs, muri iki cyumweru, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi bakuru muri White House. Diddy, ubu ari mu gihano cy’amezi 50 (ni ukuvuga imyaka ine n’amezi abiri), yakatiwe azira kurenga ku itegeko rya Mann Act, rigenga urujya n’uruza rw’abantu ku […]

Umuhanzi Kirkou wo mu Burundi yarwaniye i Kigali

thumb

Umuhanzi Kirkou Akil ukomoka mu Burundi yongeye guteza impagarara mu gitaramo cyabereye i Kigali, nyuma y’uko ibyuma by’umuziki byanze gukora ubwo yari ku rubyiniro. Byatangiye ubwo yari ari kuririmba indirimbo ze “Aha Nihe” na “Yarampaye”, ariko ibyuma bitangira kunanirana. Nubwo abafana bakomeje kumufasha kuririmba, Kirkou yaje kugaragaza umujinya, ajya gutonganya abashinzwe ibyuma. Nyuma yo kuva […]

Ubujura budasanzwe i Paris bwatangaje isi yose

dcf076c0 ad79 11f0 ba75 093eca1ac29b.jpg

Inzu ndangamurage ya Louvre yo mu Bufaransa, imwe mu zisurwa cyane ku isi, yafunzwe by’agateganyo nyuma y’uko abajura b’umwuga bayibyemo imirimbo y’akataraboneka. Ku cyumweru mu gitondo hagati ya saa 03:30 n’iya 03:40 (GMT), abantu bane bitwaje imodoka ifite urwego ruzamura abantu hejuru binjiye muri Galerie d’Apollon, igice cy’iyi nzu gikungahaye ku mirimbo y’ibwami, baciye ku […]

Malawi: Perezida yategetse ko nta Munyeshuri uzongera kwishyura amafaranga y’ishuri

20251020 094515

Perezida wa Malawi, Profesa Arthur Peter Mutharika, yatangaje ko amashuri abanza n’ayisumbuye azajya yigwa ku buntu guhera mu kwezi kwa Mutarama 2026. Ibi yabivugiye mu birori bya Mulhakho wa Alhomwe Festival byabereye i Mulanje, aho yahamagariye abaturage gushyira hamwe, gukunda igihugu no kurwanya inzara. Mutharika yavuze ko leta yamaze kubona toni 200,000 z’ingano zivuye muri […]

U Rwanda rwafashe umunya-Somaliya washakishwaga cyane

Screenshot 20251020 0913472

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yohereje mu gihugu cya Somaliya umunya-Somaliya witwa Jaamac Cabdi Maxamuud, wari warahungiye mu Rwanda nyuma yo gushakishwa n’ubutabera bwa Somaliya akekwaho ibyaha byo gusambanya ku gahato no gusakaza amashusho y’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga nka Telegram. Itangazo ryasohowe n’ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru wa Leta muri Somaliya ku wa 19 Ukwakira 2025, rivuga […]

Visi Perezida wa CHADEMA yafunzwe agiye gushyingura Raila Odinga

de54af8326988002

Abayobozi ba Tanzania bafunze John Wegesa Heche, Visi Perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA, ubwo yageragezaga kwambuka umupaka wa Isibania ajya muri Kenya mu muhango wo gushyingura nyakwigendera Raila Amolo Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru TUKO.co.ke ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira 2025, Heche yatawe muri yombi saa munani […]

Umuramyi Chryso Ndasingwa yarongoye

1760788120390

Mu birori byabaye mu ibanga ku wa 17 Ukwakira 2025, umuhanzi Chryso Ndasingwa yashyingiranywe n’umukunzi we Gatete Sharon. Nk’uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga z’abatumiwe bake, ibikorwa byose by’ubukwe gusaba no gukwa, gusezerana imbere y’Imana no kwakira abashyitsi byabereye ku munsi umwe. Ubu bukwe bwabaye nyuma y’uko itariki bwari buteganijweho yahinduwe mu buryo butunguranye, kuko bwagombaga […]