Imbaraga Magufuli yabonye muri Ndayishimiye zikomeje kugaragara
Evariste Ndayishimiye uzwi nka âGeneral Nevaâ ayobora u Burundi kuva tariki ya 18 Kamena 2020, ubwo yarahizwaga byihuse bitewe nâuko Pierre Nkurunziza wayoboraga iki gihugu yapfuye igikorwa cyo kumushyikiriza ububasha kigitegurwa. Igihugu cya mbere yasuye nka Perezida ni Tanzania yari ikiyoborwa na Dr John Pombe Magufuli. Ni uruzinduko rwabaye tariki ya 19 Nzeri 2020, yita […]
Muhanga: Utishoboye agiye kunyagwa inka amaranye amezi 6
Umukecuru witwa Mujawamariya Franà §oise utuye mu mudugudu wa Kagitaba, akagari ka Remera, umurenge wa Kiyumba mu karere ka Muhanga aratabaza nyuma yâaho Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâakagari afashe icyemezo cyo kumwambura inka yagabiwe muri gahunda ya Gira Inka mu mezi 6 ashize. Mujawamariya avuga ko afite ubumuga buri mu cyiciro cya mbere, ku buryo agendera mu kagare […]
Tshisekedi yasabwe gukura Kagame ku butegetsi: Ubutasi
Mu makuru yâumutekano hirya no hino ku Isi yakusanyijwe nâubutasi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, CIA, aherutse kujya hanze, hagaragaramo ko Perezida wa Repulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yigeze yasabwe gukura Perezida Paul Kagame wâu Rwanda ku butegetsi. Inyandiko ya CIA ivuga ko Umuyobozi wungirije wâurwego rwâubutasi rwa RDC (ANR) mu ntara […]
Impamvu zatumye Senateri Chambers arega Imana mu rukiko
Muri Nebraska ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ernie Chambers wabaye Senateri kuva mu 1971 kugeza mu 2009 no kuva mu 2013 kugeza mu 2021 yagiye kurega mu rukiko Imana ishobora byose ivugwa mu ‘byanditswe byera’, Abanyamerika benshi baratangara. Chambers uzuzuza imyaka 86 yâamavuko tariki ya 10 Nyakanga yajyanwe mu rukiko n’ibibazo bitandukanye, yagombaga […]
Umugambi wa jenoside wari waramaze kunozwa: Ambasaderi Nyamitwe
Umudipolomate udasanzwe wâu Burundi wabaye Umuvugizi wâUmukuru wâIgihugu, Ambasaderi Willy Nyamitwe, yasobanuye uburyo ibihugu bikomeye byari byaramaze kunoza umugambi wa jenoside mu gihe Pierre Nkurunziza yari ku butegetsi. Ambasaderi Nyamitwe mu kiganiro yagiranye nâimiryango yigenga ikorera mu Burundi tariki ya 13 Gicurasi 2023, yavuze ko byari byarateganyijwe ko iyi jenoside yagombaga kuba mu 2014, kandi […]
M23 yahaye umukoro abayisabye kujya Rumangabo
Umutwe witwaje intwaro wa M23 wahaye umukoro abakuru bâibihugu byâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba bafashe umwanzuro wâuko abarwanyi bawo bazacumbika bwa mbere mu kigo cya Rumangabo giherereye muri Teritwari ya Rutshuru. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Bujumbura kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, yari iyobowe nâUmuyobozi Mukuru wa EAC akaba na Perezida wâu Burundi, […]
Leta iri mu gihombo cyo kwishyura ubukode
Leta yâu Rwanda igaragaza ko yishyura amafaranga (Frw) miliyari 12 mu kwishyura ubukode inzego zayo uko ari 35 zikoreramo mu gihe cyâumwaka. Urugero, nkâuko ikigo cyâigihugu gishinzwe imiturire (RHA) kibisobanura, inyubako ikoreramo Urukiko rwâIkirenga yishyurirwa Frw miliyoni 117 ku kwezi, igiteranyo cyâumwaka wose kikaba ari miliyari 1.4. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâibikorweremezo, Abimana Fidele, […]
Gutunga abimuwe nâibiza bitwara Frw arenga miliyoni 100 ku munsi: MINEMA
Minisitiri ushinzwe ibikorwa byâubutabazi, Kayisire Marie Solange, yatangaje ko Leta ikoresha amafaranga yâu Rwanda arenga miliyoni 100 mu gutunga abaherutse mu byabo nâibiza. Kayisire yavuze ko hakenewe amafaranga yâu Rwanda 296 yo kwifashishwa mu gutuza, gutunga no gusana ibikorwaremezo byangijwe nâibi biza, Abanyarwanda nâinshuti zâigihugu bakaba bamaze gutanga inkunga ya Frw miliyoni 800, kandi ko […]
Bigeze aho abashoferi bitambika âambulancesâ: Polisi
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko hirya no hino mu gihugu hakomeje kugaragaza abatwara imodoka bitambika imodoka zihariye zitwara abarwayi, zizwi mu ndimi zâamahanga nka âAmbulanceâ. CP Kabera mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo yâigihugu cyarebanaga nâumutekano wo mu muhanda, yagaragaje ko iyi myitwarire yâabashoferi iteye impungenge, cyane ko ishyira ubuzima […]
Icyo Leta ivuga ku gukumira abanyamakuru kuri site zâabibasiweĂÂ nâibiza
Guverinoma yâu Rwanda yijeje abanyamakuru imikoranire myiza nyuma yâaho bivuzwe ko hari abahejwe mu masite abibasiwe nâibiza mu ntangiriro za Gicurasi 2023 bacumbikiwemo. Mu minsi ishize, hakwirakwiye amakuru yâuko hari abanyamakuru bagiye gusura site muri Rubavu kugira ngo bamenye imibereho yâabahacumbitse, barakumirwa kuko ngo ntabwo bari basabye uburenganzira bwo kuhagera. Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain […]
Umwanzuro wafatiwe i Bujumbura uhabanye nâuwo RDC yamaze gufata
Abakuru bâibihugu nâababahagarariye bafashe icyemezo cyo kongerera ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba ziri muri Repubulika ya demukarasi ya Congo igihe zizamarayo ho amezi atandatu. Bivuze ko hashingiwe kuri uyu mwanzuro wafashwe kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, ingabo za EAC ziri muri RDC kuva mu mpera zâumwaka ushize zizagumeyo kugeza tariki ya 8 Nzeri. Ni […]
Minisitiri wâIntebe wâu Rwanda ntiyemera icyemezo cya EAC giheza M23

Minisitiri wâIntebe wâu Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ntiyemeye icyemezo cyâabakuru bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) avuga ko giheza umutwe witwaje intwaro wa M23 kandi iri mu mpande kireba. Dr Ngirente yari ahagarariye Perezida Paul Kagame muri iyi nama yabereye i Bujumbura kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, yaganiriwemo byâumwihariko uko umutekano wo mu […]
Museveni yatangaje ko yiteguye intambara
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko yiteguye guhangana nâingaruka zizakurikira itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina aherutse gushyiraho umukono. Museveni yasinye kuri iri tegeko tariki ya 29 Gicurasi 2023, ibihugu birimo Leta zunze ubumwe za Amerika bitangira kumushyiraho igitutu, bimuteguza gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bo muri Uganda. Na mbere yâuko arisinya, ubwo abagize inteko […]
Kwamagana u Rwanda byateje impaka hagati ya Muyaya na Katumbi
Minisitiri wâitumanaho nâitangazamakuru wa Repubulika ya demukarasi ya Congo akaba nâUmuvugizi wayo, Patrick Muyaya, ntiyemera ko umunyapolitiki MoĂ ÂŻse Katumbi utavuga rumwe nâubutegetsi yaramaganye icyo bita âubushotoranyi bwâu Rwandaâ. Muyaya ubwo yaganiraga nâumunyamakuru Marc Perlman wa France 24 kuri uyu wa 31 Gicurasi 2023, yavuze ko abanyapolitiki batavuga rumwe nâubutegetsi barimo Katumbi bari guteza akaduruvayo mu […]
Birashoboka kongera nimero za telefone zose umucuruzi ashaka ko zihabwa code yo kurangurira kuri TIN ye
Ikigo cyâImisoro nâAmahoro, RRA, kivuga ko bishoboka kongera umubare wa nimero za telefone zishobora kwifashishwa mu gusaba code yo kurangurira kuri TIN yâumucuruzi wese ubyifuza. Ni nyuma yâuko bamwe mu bacuruzi bagaragaje ko hari ubwo batabona umwanya bitewe nâindi mirimo barimo, bityo bagatuma abandi kubarangurira ariko bikabagora gukurikirana ibyo gusaba code kugira ngo abo batumye […]
Abashinzwe gutegura gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda bakangishije kwigaragambya
Ihuriro rya PCS (Public and Commercial Services) rikorera mu biro bishinzwe umutekano wâimbere mu Bwongereza ryakangishije ko abarigize bashobora kwigaragambya mu gihe bategekwa gushyira mu bikorwa gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda. Ihuriro risanzwe ritumvikana nâibiro bishinzwe umutekano wâimbere (Home Office) kuri iyi gahunda kuko ngo ntiyemewe nâamategeko, kandi ryanze ko abarigize bagera ku bihumbi […]
Musanze: General Murokore yateguje abakubita abayobozi kunyagirwa n’imvura y’amahindu
Umuyobozi wâInkeragutabara mu ntara yâAmajyaruguru, Major General (Rtd) Murokore Eric, yateguje abaturage bo mu karere ka Musanze bavugwaho gukubita abayobozi babo ko nibabikomeza, imvura yâamahindu izabanyagira. Mu kibaya cya Gatare gihuza akagari ka Kibirizi mu murenge wa Gacaca nâaka Cyabararika muri Muhoza hamaze iminsi havugwa abakora ubucukuzi bwâamabuye yâagaciro bivugwa ko ari âZahabuâ, mu buryo […]
Ingabo za EAC zirarara zimenye niba ziva muri RDC cyangwa zikagumayo
Ingabo ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) muri Repubulika ya demukarasi ya Congo zirarara zimenye niba zizava muri iki gihugu cyangwa se niba zikigumamo. Nyuma yâaho Perezida wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi, atishimiye umusaruro zatanze mu butumwa zahawe na EAC, muri Werurwe 2023 yanze kuzongeza manda yâamezi 6, aziha amezi atatu yâinyongezo. Tshisekedi, […]
Umuyobozi wakekwagaho gusambanira mu kabari yarafunguwe
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherutse gutesha agaciro icyaha Murindababisha Edouard wari ushinzwe kubika amakuru (Data Manager) mu karere ka Nyamagabe yashinjwaga, rutegeka ko ahita afungurwa. Murindababisha yatawe muri yombi nâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha (RIB) tariki ya 6 Mata 2023, akuriranweho icyaha cyo gukorera ibiterasoni mu ruhame, nyuma yâiminsi hakwirakwira amashusho amugaragaza yicaye mu kabari ko ku […]
Gatsibo: Yatawe muri yombi akekwaho kwiba SACCO Frw miliyoni 37
Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umuyobozi wa SACCO Kabarore mu karere ka Gatsibo, imukekaho kugira uruhare mu bujura bwâamafaranga yâu Rwanda miliyoni 37 bwabereyemo. RIB isobanura ko iyi SACCO yibwe aya mafaranga ku wa 26 Gicurasi 2023, kuva ubwo ikibimenyeshwa, itangira gukora iperereza ngo imenye abagize uruhare muri ubu bujura. Uwa mbere ukekwaho […]
Mwangachuchu arashinjwa gukoresha abapolisi 80 bâabacancuro
Umunyemari akaba nâumudepite mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Edouard Mwangachuchu, arashinjwa gukoresha abapolisi 80 bâabacancuro. Komiseri ushinzwe umutekano wâikirombe cyâamabuye yâagaciro cya Bisunzu muri teritwari ya Masisi, Robert Mushamalirwa Balike, ubwo yagezwaga mu rukiko rukuru rwa gisirikare nkâumutangabuhamya, yasobanuye ko gisanzwe kirindwa nâabapolisi 82. Ubushinjacyaha bwâigisirikare, bushingiye ku rutonde […]
Remera: EAR igiye kugurira Pasiteri Antoine Rutayisire imodoka
Abakirisitu ba Paruwasi ya Remera mu itorero Angilikani (EAR) bari gukusanya imisanzu kugira ngo bazagurire Rev. Past. Dr Antoine Rutayisire impano yâimodoka mu rwego rwo kuzirikana imirimo yakoze mu gihe amaze abayobora. Pasiteri Rutayisire wujuje imyaka 65 yâamavuko azajya mu kiruhuko cyâizabukuru tariki ya 4 Kamena 2023. Ni na bwo umusimbura azatangira imirimo. Abakirisitu ba […]
Biden yateguje Uganda ibihano nyuma yâaho Museveni asinye ku itegeko rihana abatinganyi
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yateguje Uganda ibihano nyuma yâaho Perezida wayo, Yoweri Museveni, ashyize umukono ku itegeko rishya rihana barimo abaryamana bahuje ibitsina bazwi nkâabatinganyi. Mu itangazo Biden yashyize hanze kuri uyu wa 29 Gicurasi 2023, yavuze ko kwemeza iri tegeko bibangamira uburenganzira rusange bwâikiremwamuntu, kandi ngo biratuma ababa muri […]
Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda yagiye i Bujumbura

Umugaba Mukuru wâingabo zâu Rwanda, General Jean Bosco Kazura, yagiye i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa 29 Gicurasi 2023. Gen. Kazura yitabiriye inama yâumutekano wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yahuriyemo nâabandi bagaba bakuru bâingabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba, EAC, cyangwa se ababahagarariye. Nkâuko bigaragara mu ifoto, abandi bagaba bakuru bitabiriye […]
Ibyabaye kuri FDLR ubwo yafataga agace kâu Rwanda
Amateka agaragaza ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR ucyitwa ALiR (ArmĂ©e pour la LibĂ©ration du Rwanda) wigeze gufata byâakanya gato agace kâu Rwanda kari mu kiyaga cya Kivu kazwi nka Iwawa. Umujyanama wihariye wa Perezida Paul Kagame mu byâumutekano, General James Kabarebe, avuga ko byabaye mu mwaka wâ1996 ubwo uyu mutwe witwaje intwaro wari muri […]
Inkuru âisekejeâ General Kabarebe atazibagirwa kuri Minisitiri wâingabo
Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu byâumutekano, General James Kabarebe, yavuze ikintu gisekeje atazibagirwa kuri Minisitiri wâingabo zâu Rwanda, Major General Albert Murasira. Gen. Kabarebe ubwo yaganiraga nâabanyeshuri biga muri kaminuza ya UTB, yabasobanuriye ku mateka yâurugamba rwo kubohora igihugu nâuburyo Inkotanyi zinjije abasirikare ba âEx-FARâ mu ngabo zâigihugu. Muri ba âEx-FARâ binjiye mu ngabo […]
Museveni yamaze gusinya ku itegeko riteganyiriza abatinganyi ibihano bikakaye
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yamaze gusinya ku itegeko rishya riteganyiriza umuryango wa LGBTQ wâabarimo abaryamana bahuje ibitsina ibihano bikakaye. Iri tegeko ryamaze igihe kirekire riganirwaho mu nteko ishinga amategeko ya Uganda riteganya ko umuntu uzahamwa nâicyaha cyo gukora ubutinganyi ku rwego rukabije, azaya ahanishwa igihano cyâurupfu. Tariki ya 20 Mata 2023, abadepite bahagarariye ishyaka […]
Telefone ishobora kwangiza ubwonko mu gihe ikoreshejwe nabi
Telefone ni nziza ku muntu ushaka kugendana nâibigezweho, ushaka gutera imbere mu ikoranabuhanga, ushaka kumenya amakuru yiriwe cyangwa yaraye hirya no hino ku Isi kandi yoroshya cyane itumanaho. Ariko kuyikoresha neza bikwiye kuba ihame. Umuhanga mu bugenge bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo ââProper Utilization of Technology Particularly Mobile Phonesâ, yanditse cyigisha ku gukoresha […]
General Kabarebe yahishuye ukuri yabwiwe nâumusirikare w’Umubiligi ubwo yayoboraga ingabo za RDC
Umunyabigwi mu mutekano wâakarere kâibiyaga bigari, General James Kabarebe yahishuye ukuri yabwiwe nâumuzungu mu gihe yari akiri Umugaba Mukuru wâingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo. Gen. Kabarebe yavuze ko ubwo abasirikare ba RPA-Inkotanyi bari bamaze kubohora u Rwanda, bacyuye impunzi miliyoni eshatu zari zarahungiye mu burasirazuba bwa RDC kugira ngo zifatanye nâabandi kubaka igihugu. […]
Kinshasa: Général yatawe muri yombi akekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi
GĂ©nĂ©ral Major mu ngabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, AimĂ© Mbiato Konzoli, yatawe muri yombi nâabakozi bâurwego rushinzwe iperereza (ANR) bamukekaho gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Gen. Mbiato usanzwe ari umuyobozi wâibiro bya Minisitiri wâingabo, Jean Pierre Bemba, yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 […]
Colombia: Visi Perezida yategetse ko Igiswahili cyigishwa mu mashuri yaho
Visi Perezida wa Colombia, Francia Marquez, yatangaje ko ururimi rwâIgiswahili rugomba kwigishwa m mashuri mu rwego rwo guhamya isano iri hagati yâabo mu gihugu cye nâAbanyafurika. Nkâuko RFI ibivuga, Marquez yabitangarije imbere yâabanyamakuru tariki ya 26 Gashyantare 2023, ubwo yasobanuraga ibyaranze uruzinduko yagiriye muri Afurika yâEpfo, Kenya na Ethiopia. Uyu muyobozi wa kabiri ufite ijambo […]
Igihe bisi nshya zitwara abagenzi zizabonekera cyegejwe inyuma ho amezi ane
Minisiteri yâibikorweremezo (MININFRA) ifite gutwara abagenzi mu nshingano, yahinduye igihe bisi nshya zitezweho gukemura ikibazo cyâumubyigano muri za gare zo mu mujyi wa Kigali zizabonekera, icyegeza inyuma ho amezi ane. Mu nama yâigihugu yâUmushyikirano yabaye tariki ya 27 Gashyantare 2023, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Uwase Patricie, yatangaje ko mu gihe kitarenze amezi atatu uhereye […]
Kibumba: Ingabo za Kenya zabyaje umubyeyi wari ku gise

Ingabo za Kenya ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba muri Repubulika ya demukarasi ya Congo zafashije umubyeyi wo muri Kibumba kubyara. Ibiro byâizi ngabo bisobanura ko nyuma yo gufasha uyu mubyeyi tariki ya 26 Gicurasi 2023, yajyanwe ku kigo nderabuzimacya Kanyarucinya kugira ngo ahabwe ubundi bufasha. Nyuma yo kwitabwaho, ingabo za Kenya zamuherekeje […]
General Kabarebe yagaragaje urwango rukomeye abakoloni bâAbabiligi bagiriye u Rwanda
Umujyanama wihariye wa Perezida Paul Kagame mu byâumutekano, General James Kabarebe, yagaragaje urwango rukomeye abakoloni b’Ababiligi bagiriye u Rwanda. Gen. Kabarebe ubwo yaganirizaga abanyeshuri biga muri kaminuza ya UTB mu karere ka Rubavu, yasobanuye ko Ababiligi batigeze bubaka ibikorwaremezo mu Rwanda, mu gihe abakolonizaga ibihugu byâabaturanyi bo bubakagayo amashuri menshi. Yagize ati: “Batangiye amacakubiri u […]
Raila Odinga yiyemeje guhungabanya Kenya kugeza Perezida Ruto yeguye
Umunyapolitiki Raila Odinga utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Kenya yiyemeje guhungabanya amahoro yâiki gihugu kugeza igihe Perezida William Ruto azemerera ko yibye amajwi mu matora yabaye mu mwaka ushize, akegura. Odinga ubwo yaganiraga nâabagize ihuriro Azimio la Umoja kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, yavuze ko kwiba amajwi mu matora yâUmukuru wâIgihugu byabaye akamenyero, kandi ngo […]
Umunyamabanga wâishyaka riri ku butegetsi aremeza ko Tshisekedi ari kuzira ubwoko bwe
Umunyamabanga Mukuru wâishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Augustin Kabuya, aremeza ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi yanzwe nâabanyapolitiki barimo MoĂ ÂŻse Katumbi kubera ko ari Umuluba. Kabuya ubwo yari mu kivunge cyâabantu i Kinshasa, yagize ati: âUyu munsi Isi ikwiye kumenya iki kintu. FĂ©lix Tshisekedi ntabwo arwanywa kubera ko ayobora nabi Congo, […]
Ibiza: Jeannette Kagame yagaragaye ateruye uruhinja rwarokotse mu bana 6 bavukanye

Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yagaragaye ateruye uruhinja rumwe rwarokotse mu bana batandatu bavukiye mu muryango umwe mu karere ka Ngororero, ubwo bibasirwaga nâibiza. Imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira uwa 3 Gicurasi 2023 yateje ibiza birimo inkangu yubitse inzu yâumuryango wa Birikunzira Frodouard na Nyirandagijimana Alphonsine, yica abana […]
Kayishema nâabo muri Cape Town bari bamuzi nkâUmurundi batunguwe

Umugabo wâimyaka ibarirwa muri 60 yâamavuko wari ufite ibyangombwa byanditseho ko ari Umurundi witwa Nibasumba Donatien, hamwe nâabo mu gace yari atuyemo ka Paarl mu mujyi wa Cape Town muri Afurika yâEpfo, batunguwe nâuko byatahuwe ko ari we Kayishema Fulgence wari umaze imyaka irenga 20 ashakishwa kubera uruhare akekwaho muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. […]
Tshisekedi yongeye kuvuga imyato ingabo zâu Burundi
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yongeye kuvuga imyato ingabo zâu Burundi ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Tariki ya 9 Gicurasi 2023, ubwo Tshisekedi yari mu ruzinduko muri Botswana, yeruye ko ingabo za EAC ziri muri iyi ntara (iza Kenya, Uganda na Sudani […]
Umukuru wa UN yishimiye bikomeye ifatwa rya Kayishema
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye, Antonio Guterres, yagaragaje ko yishimiye bikomeye ifatwa rya Fulgence Kayishema wari umaze imyaka irenga 20 ashakishwa kubera uruhare akekwaho kugira muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umushinjacyaha Mukuru wâurwego IRMCT rwa UN rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha (ICTR), Serge Brammertz, yatangaje ko Kayishema yafatiwe mu gace ka […]
Rulindo: Barasaba ko ivuriro ryabitswemo ifumbire rikoreshwa icyo ryubakiwe
Abatuye mu kagari ka Nyirabirori, umurenge wa Tumba mu karere Rulindo barasaba ko ivuriro ryâibanze (poste de santĂ©) ryaho ryabitswemo ifumbire mvaruganda ryakoreshwa icyatumye ryubakwa. Iri vuriro ryubatswe nâishyirahamwe ryâabahinzi bâicyayi rizwi nka ASSOPTHE, nkâigisubizo kuri bo nâabaturage muri rusange kubera ko basanzwe bakora urugendo rurerure bajya gushaka serivisi zâubuvuzi mu bigo nderabuzima birimo: icya […]
Uwabaye Umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye yeguye nyuma yâamafoto yateje impaka
Alain-DiomĂšde Nzeyimana wari umuyobozi wâikigo gishinzwe itumanaho, ikoranabuhanga nâitangazamakuru, yeguye kuri iyi nshingano nyuma yâaho ku rubuga rwe rwa WhatsApp hagaragaye amafoto nâikiganiro yemezaga ko bidakwiye. Nyuma yâaho aya mafoto nâiki kiganiro bikwirakwiye mu matsinda ya WhatsApp, tariki ya 14 Gicurasi 2023, Nzeyimana wabaye Umuvugizi wa Perezida Evariste Ndayishimiye yasobanuye ko koko konte ari iye. […]
Kayishema wari umaze imyaka hafi 30 ashakishwa n’u Rwanda yafashwe
Inzego zâumutekano za Afurika yâEpfo zataye muri yombi Umunyarwanda Fulgence Kayishema wari umaze hafi imyaka 30 ashakishwa kubera uruhare akekwaho kugira muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nkâuko CNN yabitangaje, Kayishema yafatiwe ahitwa Paarl kuri uyu wa 24 Gicurasi 2023, bigizwemo uruhare na Polisi nâitsinda ryâubushinjacyaha bw’urwego IRMCT rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho […]
Polisi ya Malawi imaze guta muri yombi impunzi zirenga 400 zirimo Abanyarwanda
Mu byumweru bibiri, Polisi ya Malawi imaze guta muri yombi impunzi zirenga 400 ziganjemo izâAbanyekongo, Abarundi nâAbanyarwanda nyuma yâaho zanze kujya mu nkambi ya Dzaleka. Minisiteri yâumutekano wâimbere muri Malawi yateguje impunzi zibarirwa mu bihumbi 8 zakwiye mu bice bitandukanye byâigihugu ko nizigeza tariki ya 15 Mata 2023 zitarajya muri iyi nkambi, zizafatwa, zijyanwemo ku […]
Hashyizweho uburyo bufasha abacuruzi gucunga umutekano wa TIN zabo
Nyuma yâubusabe bwinshi bwâabacuruzi bavugaga ko hari abantu bakoresha nimero ziranga abasora (TIN) zitari izabo mu kurangura ibicuruzwa kandi ba nyirazo batabizi, bityo bikabavangira mu mibare yâubucuruzi bwabo cyane cyane ku bijyanye nâibicuruzwa biri mu bubiko bwabo, Ikigo cyâimisoro nâamahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bufasha abacuruzi gucunga umutekano wa TIN, bityo bagaca ukubiri nâabamamyi babiyitirira mu […]
Abahamijwe uruhare muri jenoside bazajya bahugurwa mbere yo gusubira mu buzima busanzwe

Guverinoma yâu Rwanda irateganya kujya ihugura abahamijwe uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bitegura gufungurwa, mbere yâuko barekurwa. Minisitiri wâubumwe nâinshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean DamascĂšne, yasobanuriye abadepite bagize komisiyo yâbumwe bwâAbanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya jenoside ko aya mahugurwa azajya afasha aba bantu kubana neza nâabo bazasanga hanze ya gereza. Uyu muyobozi […]
Perezida Kagame yirinze kuvugira byinshi mu nama ya Qatar ku kibazo cy’u Rwanda na RDC
Perezida Paul Kagame yirinze kuvugira byinshi ku kibazo cya Repubulika ya demukarasi ya Congo nâu Rwanda mu nama yâubukungu ya Qatar, asobanura ko atari cyo cyamujyanye muri iki gihugu cyo muri Asia. Perezida Kagame yageze i Doha muri Qatar tariki ya 22 Gicurasi 2023, ahura nâabayobozi batandukanye baho nâabandi banyacyubahiro bitabiriye iyi nama, baganira ku […]
Hifashishijwe icyemezo cya Covid-19 mu gushinja Mwangachuchu ko ari Umunyarwanda
Ubushinjacyaha bwâigisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo bwifashishije icyemezo cyâuko umuntu yipimishije icyorezo cya Covid-19 mu guhamya ko umudepite akaba nâumunyemari, Edouard Mwangachuchu, ari Umunyarwanda. Urubanza rwakomereje mu rukiko rukuru rwâigisirikare ruri kuri gereza ya Ndolo muri Kinshasa kuri uyu wa 23 Gicurasi 2023, rushingira ku mpaka ku bwenegihugu bwa Mwangachuchu. Ubushinjacyaha buherutse kuvuga […]
Minisitiri byahwihwiswaga ko afunzwe yagaragaye mu ruhame

Minisitiri wa siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yaragagaye akurikirana umukino wa Basketball muri LycĂ©e de Kigali, nyuma yâamasaha menshi bihwihwiswa ko yatawe muri yombi nâurwego rwâubugenzacyaha, RIB. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Gicurasi 2023, ku mbuga nkoranyambaga haramutse amakuru avugwa ko hari Minisitiri watawe muri yombi ngo âubwo yakiriraga ruswa kuri hotelâ i Remera, […]
Gisozi: Inkongi yâumuriro yafashe agakiriro, abagaturiye barahunga

Mu masaa kumi yâumugoroba wo kuri uyu wa 23 Gicurasi 2023, agakiriro ka Gisozi kibasiwe nâinkongi yâumuriro, abagaturiye batangira guhunga kuko hari impungenge zâuko inzu zabo na zo zafatwa. Umunyamakuru wa BWIZA yatumenyesheje ko iyi nkongi yafashe igice cyâibarizo ry’ishyirahamwe APARWA muri aka gakiriro, ahaherera mu mudugudu wa Musezero, bikaba bikekwa ko yakomotse ku bice […]
Nduhungirehe yasobanuye uko yigeze kurega Prof. Kambanda, USA ikanga kumukurikirana

Ambasaderi wâu Rwanda mu Buholandi wanabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâububanyi nâamahanga, Olivier Nduhungirehe, yasobanuye uko yareze Prof. Charles Kambanda ku wahoze ari Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Peter Vrooman, akanga kumukurikirana. Ni inkuru ishingira ku nama iherutse guhuriza hamwe abahuriye mu ihuriro ryiswe âPlatform for Rwandansâ Common Goodâ barwanya ubutegetsi bwâu […]
Ron Weiss wari umaze icyumweru asimbuwe ku buyobozi bwa REG yasubijweho
Inama yâubutegetsi yâikigo cyâigihugu gishinzwe ingufu, REG, kuri uyu wa 22 Gicurasi 2023 yasubijeho Ron Weiss ukomoka muri Israel ku buyobozi bukuru bwacyo, nyuma yâicyumweru imusimbuje. Icyemezo cyo gukura kuri uyu mwanya Weiss cyashyizweho umukono na Dr Didacienne Mukanyiligira usanzwe ari Umuyobozi wâinama yâubutegetsi ya REG tariki ya 15 Gicurasi. Weiss yari yasimbujwe byâagateganyo Gakuba […]
IBUKA irifuza ko Ingabire Victoire yamburwa imwe mu mitungo

Umuryango IBUKA uharanira inyungu zâabarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urifuza ko umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire yamburwa imwe mu mitungo yabaruweho. Perezida wâuyu muryango mu karere ka Nyarugenge, Rukemampunzi Jean Claude, yatangarije Imvaho Nshya ko Ingabire Victoire yibarujeho imitungo yâumubyeyi we, Dusabe ThĂ©rĂšse wahamijwe uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Rukemampunzi yagize ati: âNi umumama witwa […]
Musanze: Umugore arashinja umugabo we kumusuka urusenda mu gitsina
Umugore wâimyaka 37 yâamavuko utuye mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze yitabaje ubuyobozi ngo bukurikirane umugabo we babyaranye gatanu, amushinja kumusuka urusenda mu gitsina. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâumurenge wa Migeshi, Ishimwe Justin, yatangarije Kigali Today ko uyu mugore yamutabaje mu masaa sita yâijoro kuri uyu wa 22 Gicurasi 2023, amumenyesha ko umugabo amukoreye uru […]
Polisi yahaye gasopo abatwara ibinyabiziga ânkâabaguzeâ imihanda
Polisi yâu Rwanda yihanangirije abatwara ibinyabiziga uko bishakiye, bakima abanyamaguru umwanya wo kwambuka, ibateguza ko iteganya kujya ibafatira ibihano byâintangarugero. Umuvugizi wâuru rwego, CP John Bosco Kabera, mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 22 Gicurasi 2023, yagaragaje ko bibabaje kuba hari abantu bashimira u Rwanda ibindi byose, ariko byagera ku mutekano wo […]
Umunyemari Mwangachuchu yahakanye gusaba pasiporo yâu Rwanda
Umunyemari Edouard Mwangachuchu ufite ibirombe byâamabuye yâagaciro muri teritwari ya Masisi muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, yabwiye urukiko ko atigeze asaba pasiporo yâu Rwanda, bitandukanye nâibivugwa nâubushinjacyaha. Mwangachuchu usanzwe ari nâumudepite amaze igihe aburanishwa nâurukiko rukuru rwa gisirikare, aho ashinjwa ibyaha birimo ubugambanyi no gutunga intwaro mu buryo butemewe nâamategeko. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko amakuru […]
Televiziyo yâu Rwanda yasubije igisirikare cyâu Burundi cyayamaganye
Umuyobozi Mukuru wâikigo cyâigihugu cyâitangazamakuru, Arthur Asiimwe, yasubije igisirikare cyâu Burundi cyamaganye televiziyo yacyo (RTV), kiyishinja guha urubuga abagishinja gukorana nâimitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Nyatura. Tariki ya 14 Gicurasi 2023, kuri iyi televiziyo hatambutse ikiganiro Ishusho yâIcyumweru cyari cyatumiwemo Me Uwizeyimana Evode na Me Gasominari Jean Baptiste basesenguraga ku ngabo zâumuryango wa Afurika […]
Dr Habineza yasuye ibiti yateye mu ishyamba rya UR mu myaka 22 ishize

Umuyobozi Mukuru wâishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yasuye ibiti birenga 1000 we na bagenzi be bari bakiri abanyeshuri bateye mu ishyamba rya Kaminuza yâu Rwanda, ishami rya Huye, mu mwaka wâ2000 na 2001. Igikorwa cyo gusura ibi biti cyakurikiye inama yâurubyiruko rwo muri iri shyaka […]
InnossâB yasabiwe gukurikiranwa nyuma yo kwanga kwamagana Kagame
Umuryango LUCHA wâAbanyekongo wamaganye umuhanzi Innocent Balume uzwi nka InnossâB, umwita umugambanyi nâumwanzi wâigihugu nyuma yâaho atangaje ko adafite ububasha bwo kwamagana Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru tariki ya 19 Gicurasi 2023 kibanziriza ibitaramo ateganya yise âUmoja pour la Paixâ, Innoss yagize ati: âNta masomo mfite yo guha ibihugu byâabaturanyi. Ahubwo […]
U Rwanda ruri ku isonga mu bihugu byungukiye cyane banki zo muri Kenya
Banki nkuru ya Kenya (CBK) yatangaje ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere muri Afurika yâiburasirazuba cyungukira banki zo muri Kenya amafaranga menshi cyane. CBK yatangaje ko mu mwaka ushize, amashami ya banki zo muri Kenya aba mu karere yungutse amashilingi miliyari 32.51. Ni mu gihe mu 2021, zari zarungutse amashilingi miliyari 17.23. U […]