Ndayishimiye yatunguwe nâumukozi wahembwe amafaranga hafi miliyari 2 mu mezi 5

Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yatunguwe no kubona ko hari umukozi wa Leta wahembwe amafaranga yâiki gihugu miliyari imwe na miliyoni 800 (1.800.000.000 Fbu) mu mezi atanu gusa. Ni amakuru yatanze tariki ya 9 Kamena 2023, umunsi wahariwe gukunda igihugu wibandaga ku ntego zâiterambere Abarundi biyemeje kugeraho mu mwaka wâ2040 n’uw’2060. Ndayishimiye yabwiye […]
RCS yasabwe kohereza Karasira i Ndera

Umunyamategeko wunganira Karasira Uzaramba Aimable, Me Kayitana Evode, yasabye urwego rushinzwe imfungwa nâabagororwa (RCS) kuvana umukiriya we mu igororero (gereza) rya Nyarugenge riherereye mu murenge wa Mageragere, rukamujyana mu bitaro bivura uburwayi bwo mu mutwe bya CARAES/Ndera. Ni nyuma yâaho abaganga basuye Karasira aho afungiwe muri gereza, bagateranirayo amagambo, hanyuma bagakora raporo uyu munyamategeko nâumukiriya […]
Musana ukunze kwibasira Leta yâu Rwanda yatakambye
Musana Jean Luc ukunze kwifashisha imbuga nkoranyambaga yibasira inzego zitandukanye zâigihugu yasabye imbabazi Perezida Kagame nâAbanyarwanda bose muri rusange. Musana ubusanzwe avuga ko ari umunyapolitiki kuva mu mwaka wâ2021 kandi ko yashinze ishyaka ryitwa CMD riharanira iterambere, ryo ngo azahagararira mu matora yâUmukuru wâIgihugu. Uyu musore akoresha urubuga rwa Twitter ahanini yibasira inzego zâumutekano, avuga […]
Umugaba Mukuru wâingabo za RDC yatangaje ko huzuyemo abagambanyi
Umugaba Mukuru wâingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, Lt Gen. Christian Tshiwewe, yatangaje ko uru rwego rwuzuyemo abagambanyi benshi batuma rudahagarara neza imbere yâumwanzi. Ubwo yaganirizaga abasirikare mu kigo cya Kokolo i Kinshasa kuri uyu wa 16 Kamena 2023, Gen. Tshiwewe bigaragara ko yari arakaye cyane, bitewe nâamakuru yâibanga ryâigisirikare akomeje gushyirwa hanze, byâumwihariko […]
Kivu y’Amajyaruguru: Komiseri Mukuru aremeza ko abapolisi benshi bahembwa badafite ibyangombwa
Umuyobozi wa Polisi mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, Aba Van Ang, yemeje ko hari abapolisi benshi bahembwa na Leta ya Repubulika ya demukarasi ya Congo kandi nta byangombwa byâakazi bibaranga bafite. Uyu mukomiseri yabivugiye mu buhamya yatanze ubwo yitabazwaga mu rubanza rwâumunyemari Edouard Mwangachuchu ushinjwa gukoresha abapolisi 80 badafite nimero zibaranga mu burinzi bwâibirombe bya […]
Brig. Gen. Rwivanga yasubije abanenga RDF ko ihana yihanukiriye
Umuvugizi wâingabo zâu Rwanda, Brigadier General Ronald Rwivanga, yasubije abanenga uru rwego rwâumutekano ko rufatira abasirikare ibihano byihanukiriye mu gihe bakoze amakosa. Mu nama nyunguranabitekerezo yâumutekano, amahoro nâubutabera iri kubera mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye i Musanze kuri uyu wa 16 Kamena 2023, Rwivanga yagize ati: âNasomye ku mbuga nkoranyambaga ukunenga kwinshi ku buryo […]
Mu Rwanda hari kubera inama yâabofisiye bo mu ngabo zo muri EAC

Abofisiye bo mu ngabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) bari kuganira mbere yâuko hatangira imyitozo ihuriweho yahawe izina rya âCommand Post Exercise Ushirikiano Imara’. Iyi nama yâiminsi itatu iri kubera mu ishuri rukuru rya gisirikare riherereye i Nyakinama mu karere ka Musanze, guhera kuri uyu wa 15 Kamena 2023. Yahuje abahagarariye u Rwanda, […]
Kamerhe arahamya ko Tshisekedi atigeze yemeza ko u Rwanda rufite ingabo muri RDC
Minisitiri wâubukungu muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe, aremeza ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi cyangwa undi Munyekongo wese, batigeze bemeza ko u Rwanda rwohereje ingabo muri iki gihugu ngo zifashe umutwe witwaje intwaro wa M23. Ni igisubizo yahaye uwari uhagarariye u Rwanda mu nama yâubukungu yâu Buhinde na Afurika yateguwe na Exim Bank, yabaye […]
Kaminuza yo mu Rwanda yamaganye abanyeshuri barimo uwahennye ku karubanda

Kaminuza yâubukerarugendo, ikoranabuhanga nâubucuruzi (UTB) yamaganye abanyeshuri bayo bayisebeje ku munsi wabereyeho umuhango wo gusoza ku mugaragaro amasomo uzwi nka âGraduation Ceremonyâ. Muri iyi kaminuza habaye uyu muhango tariki ya 9 Kamena 2023, kuva ubwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwira amafoto yateje impaka, agaragaza abakobwa bambaye, banifotoje mu buryo budasanzwe. Ifoto yavuzweho cyane ni igaragaza umukobwa […]
Rusesabagina yagaragaje ko kurekurwa kwe ari igitego yatsinze

Paul Rusesabagina wamaze imyaka ibiri nâamezi afungiwe i Kigali kubera ibyaha byâiterabwoba yashinjwaga, yagaragaje ko kurekurwa kwe ari igitego yatsinze Leta yâu Rwanda. Uyu mugabo ufite ubwenegihugu bwâu Rwanda, ubwâu Bubiligi akagira nâuruhushya rumwemerera gutura muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano nâibitero MRCD-FLN […]
Ruto arasaba Afurika kwigobotora idolari

Perezida wa Kenya, William Ruto, ntabwo yumva ukuntu ibihugu byo muri Afurika bicuruza mu madolari ya Leta zunze ubumwe za Amerika (US), aho gukoresha amafaranga yabyo. Ruto tariki ya 11 Kamena 2023 ubwo yaganirizaga abagize inteko ishinga amategeko ya Djibouti kuri politiki yâubukungu, yavuze ko atumva uburyo ubucuruzi bukorwa hagati yâiki gihugu na Kenya bukoresha […]
Malawi âiri kuburaâ abo u Rwanda rwayisabye ngo rubaburanishe

Guverinoma ya Malawi yatangaje ko itari kubona bamwe mu Banyarwanda bagera kuri 55 u Rwanda rwayisabye ngo rubaburanishe ku byaha bya jenoside bakekwaho gukora mu mwaka wâ1994 mbere yo guhunga. Leta yâu Rwanda yahaye Malawi urutonde rwâaba bose yifuza ko boherezwa, nyuma yâumukwabu inzego zâumutekano zari zimaze iminsi zikora mu mpunzi nâabimukira badafite ibyangombwa, kugira […]
Muganga yazirikanye umubyeyi wamufashije akiri umunyeshuri, atamuzi

Dr Nzayisenga Amiel uri kwinjira mu mwuga wâikiganga, yazirikanye umubyeyi umaze igihe kinini akorera ku cyicaro gikuru cya banki ya I&M kiri i Kigali witwa Gwiza Rushayidi Diane wamufashije mu mwaka wâ2014 ubwo yari agiye gutangira amasomo muri kaminuza ya Gitwe. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 14 Kamena 2023, Dr Nzayisenga, akoresheje Twitter, yasabye […]
U Burundi bwohereje abasirikare mu Rwanda
Leta yâu Burundi yohereje abasirikare mu Rwanda kugira ngo bifatanye nâabandi bo mu bihugu bimwe bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) mu myitozo ihuriweho yitwa âUshirikiano Imaraâ. Nkâuko ikinyamakuru RegionWeek cyo mu Burundi cyabitangaje, Umuvugizi wâingabo zâiki gihugu kiri mu majyepfo yâu Rwanda, Colonel Floribert Biyereke, hoherejwe abasirikare 38. Uyu musirikare kandi kuri uyu wa […]
RDF yahishuye amakosa yirukanishije ba ‘Generals’ babiri
Umuvugizi wâingabo zâu Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga yahishuye amakosa yatumye Major General Muganga Aloys na Brigadier General Mutiganda Francis birukanwa burundu muri uru rwego. Icyemezo cyo kwirukana mu ngabo aba basirikare cyafashwe nâUmugaba wâIkirenga, Perezida Paul Kagame, tariki ya 7 Kamena 2023. Icyo gihe hanirukanwe abandi 114. Mu kiganiro nâabanyamakuru kuri uyu wa 14 […]
Agasuzuguro abarinzi bagirirwa kagera nâaho babonwa nkâimbwa
Inkuru yâumusirikare Private Wilson Sabiiti wishe arashe Minisitiri muri Leta wari ushinzwe umurimo, Colonel (Rtd) Charles Okello Engola, tariki ya 2 Gicurasi 2023, yaciye igikuba muri Uganda, itera benshi gutekereza cyane kuvanze no kwibaza. Ibibazo byinshi byakurikiye amagambo Pte Sabiiti yavuze mbere yo kwirasa, ubwo yagendaga mu nzira, ava mu rugo kwa Engola, arasa mu […]
Telefone ikoreshejwe nabi ishobora kwangiza intanga
Umuhanga mu bumenyi bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo cye âProper Utilization of Technology Particularly Mobile Phonesâ kivuga ku ikoreshwa neza rya telefone ngendanwa, agaragaza ko mu gihe umuntu ayikoresheje nabi, ishobora kwangiza intanga, bikaba byagera ku rwego bivamo ubugumba. Yifashishije urugero rwâubushakashatsi bwakozwe nâinzobere mu bumenyi bwâimyororokere, Dr Ashok Agrawal ukorera mu kigo […]
Malawi igiye kohereza abandi Banyarwanda
Guverinoma ya Malawi yatangaje ko yifatanyije nâishami ryâUmuryango wâAbibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, igiye gutangira koherereza u Rwanda Abanyarwanda 44 bifuje gutaha ku bushake. Nkâuko ikinyamakuru Nyasa Times cyabitangaje, Minisitiri wâumutekano wâimbere wâiki gihugu, Ken Zikhale Ngâoma kuri uyu wa 13 Kamena 2023 yamenyesheje abanyamakuru ko igikorwa kiratangira kuri uyu wa Gatatu. Minisitiri Zikhale yasobanuye ko […]
Umukuru wa M23 arashinja HRW gutangaza raporo itagaragaza ibimenyetso
Umuyobozi mukuru wâumutwe wa M23 ku rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa arashinja umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bwâikiremwamuntu gutangaza raporo itagaragaza ibimenyetso, keretse amagambo gusa. Muri iyi raporo yasohotse kuri uyu wa 13 Kamena 2023, HRW yatangaje ko kuva muri Werurwe kugeza muri Gicurasi yaganirije imbonankubone cyangwa ikoresheje telefone Abanyekongo 81 bavuga ko bahohotewe, […]
HRW irasabira abofisiye bâu Rwanda na M23 ibihano
Umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bwâikiremwamuntu urasaba amahanga gufatira ibihano abofisiye bamwe mu ngabo zâu Rwanda nâabo mu mutwe witwaje intwaro wa M23. HRM, muri raporo washyize hanze kuri uyu wa 13 Kamena 2023, watangaje ko u Rwanda rufasha M23 kandi ngo ikorera ku butaka bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo ibyaha bitandukanye birimo […]
Abarimo umugore wâimyaka 60 barashinja FDLR kubasambanya
Abagore batandatu batuye mu bice byagenzurwaga nâumutwe witwaje intwaro wa M23 muri Repubulika ya demukarasi ya Congo barashinja umutwe witwaje intwaro wa FDLR na Nyatura Abazungu kubasambanya ku ngufu. Nkâuko bigaragara muri raporo yo kuri uyu wa 13 Kamena 2023 yakozwe nâumuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bwâikiremwamuntu, ibi byaha byakozwe kuva mu mpera zâumwaka […]
Abasenateri batangiye gusura imidugudu yâicyitegerezo yugarijwe nâibibazo
Abasenateri mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda batangiye urugendo mu midugudu yâicyitegerezo nâisanzwe yose hamwe 60 yatujwemo abaturage hirya no hino mu gihugu, aho baraba bagenzura ibibazo bibugarije birimo imibereho mibi. Sena imaze igihe kirekire igaragaza ko ihangayikishijwe nâibibazo bivugwa muri iyi midugudu, ndetse mu ntangiriro zâumwaka ushize byari byarateganyijwe ko abagize komisiyo yayo idasanzwe […]
Guverinoma ya RDC yose irasabirwa guseswa izira Bunagana
Guverinoma yose ya Repubulika ya demukarasi ya Congo iyobowe na Minisitiri wâIntebe, Michel Sama Lukonde, irasabirwa guseswa izira Bunagana yafashwe nâumutwe witwaje intwaro wa M23 tariki ya 13 Kamena 2022. Sosiyete sivile yo mu mujyi wa Goma iyobowe na Marrion Ngavho isobanura ko kuva M23 yafata Bunagana icyo gihe, gufata nâibindi bice byo mu ntara […]
Ubushinjacyaha bwa UN bwijeje ko kuri ‘Dosiye Kabuga’ ritararenga
Umushinjacyaha Mukuru wâurukiko rwâUmuryango wâAbibumbye (IRMCT) rumaze igihe ruburanisha Kabuga FĂ©licien, Serge Brammertz, bwijeje ko izuba ritararenga ku rubanza rwâuyu Munyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Brammertz yabimenyesheje akanama ka UN gashinzwe umutekano, i New York ubwo yabagezaga raporo yâibikorwa byâubushinjacyaha bwa IRMCT kuri uyu wa 12 Kamena 2023. Mu buryo […]
Munyenyezi uregwa uruhare muri jenoside yashinjuwe
Munyenyezi Beatrice ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, yashinjuwe na Habyarabatuma Cyriaque wayoboraga jandarumori yaho muri icyo gihe. Uyu mufungwa yoherejwe i Kigali na Leta zunze ubumwe za Amerika muri Gicurasi 2021 kugira ngo aburanishwe ibyaha bya jenoside akurikiranweho nâubushinjacyaha bwâu Rwanda. Munyenyezi, umukobwa wa Nyiramasuhuko Pauline […]
Minisitiri Bemba umaze iminsi yikoma u Rwanda yageze i Goma

Minisitiri wâingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Jean Pierre Bemba, yasesekaye mu mujyi wa Goma ufatwa nkâumurwa mukuru wâintara ya Kivu yâAmajyaruguru. Nkâuko Minisiteri ayobora yabitangaje, Bemba yageze i Goma kuri uyu wa 12 Kamena 2023, yakirwa nâabarimo Umugaba Mukuru wâingabo za RDC, Guverineri wâintara ya Kivu yâAmajyaruguru ku rwego rwa gisirikare nâabandi […]
Ambasaderi udasanzwe w’u Burundi yashimiye Abanyarwanda bikomeye

Ambasaderi wâu Burundi mu bihugu 6, mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) no muri komisiyo yâUmuryango wâAbibumbye muri Afurika ishinzwe ubukungu, Willy Nyamitwe, yashimiye Abanyarwanda mu buryo bukomeye. Nyamitwe amaze iminsi i Kigali, aho yari yaje mu mwiherero wâabagize komite ya AU iharanira impinduka mu nzego nâintego uyu muryango wiyemeje kugeraho mu mwaka wâ2063, […]
Kabuga mu biganiro n’abacamanza bamwemereye kutaburana
Abacamanza bâurukiko rwâUmuryango wâAbibumbye, IRMCT, tariki ya 6 Kamena 2023 bafashe icyemezo cyâuko Kabuga FĂ©licien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atagishoboye kuburana, kandi ko nta cyizere cyâuko azatora agatege mu gihe kiri imbere. Banzuye ko urubanza rwe rugomba gukomeza ariko mu bundi buryo, aho ubushinjacyaha buyobowe na Serge Brammertz buzakomeza gutanga ibimenyetso, […]
Byahinduye isura ku mujyanama wa Katumbi ushinjwa gukorana nâu Rwanda
Ibintu byahinduye isura ku mujyanama wihariye wâumunyapolitiki MoĂ ÂŻse Katumbi, Salomon Idi Kalonda, ushinjwa nâubushinjacyaha bwâigisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo gukorana nâinzego za Leta yâu Rwanda. Kalonda yatawe muri yombi tariki ya 30 Gicurasi 2023, nyuma yo kwitabira imyigaragambyo yateguwe nâimitwe ya politiki irimo Ensemble ya Katumbi. Yafatiwe ku kibuga cy’indege. Urwego rushinzwe iperereza […]
Ishyaka rya Kabila ryamaganye iterabwoba rivuga ko ari gushyirwaho
Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo ryamaganye iterabwoba ryemeza ko akomeze gushyirwaho nâubutegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi. Umunyamabanga Uhoraho wungirije wa PPRD, Ferdinand Kambere, mu kiganiro yagiranye na Top Congo FM, yavuze ko Leta iteganya gusaka urugo rwa Kabila ruri Kingakati, mu nkengero za Kinshasa, kandi ngo si ubwa mbere byaba […]
Ambasaderi wise abadipolomate ba Afurika inkende yegujwe
Guverinoma ya Romania yeguje uwari Ambasaderi wayo muri Kenya, Dragos Viorel Tigau, wise inkende intumwa yâAbanyafurika. Mu nama yaberaga mu nyubako yâUmuryango wâAbibumbye i Nairobi tariki ya 26 Mata 2023, Ambasaderi Tigau yabonye inkende mu idirishya ryaho maze agira ati: âItsinda ryâAbanyafurika ritwiyunzeho.â Aya magambo yateje umwuka mubi mu cyumba cyâinama, Ambasaderi wa Sudani yâEpfo […]
MONUSCO yitandukanyije nâinkuru ivuga ko Colonel wâu Rwanda yafashwe
Ibiro bya misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (MONUSCO) byitandukanyije nâigihuha kivuga ko hari Colonel wâu Rwanda witwa Ngendahimana uheruka gufatwa. Bamwe mu Banyekongo bakoresha imbuga nkorananyambaga bamaze iminsi batangaza ko uyu musirikare yafatiwe nâitsinda ryirwanaho kuri hoteli yitwa Mont Songa muri Rutshuru. Ni amakuru atarigeze avugwaho nâurwego urwo ari rwo […]
Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza ntiyizeraga ko Man City yaca agahigo ka United

Minisitiri wâintebe wâu Bwongereza, Rishi Sunak, yagaragaje ko atizeraga ko hari ikipe yaca agahigo ko gutwara ibikombe bitatu bikomeye nkâuko Manchester United yabigenje mu mwaka wâimikino wâ1998/1999 ubwo yatozwaga na Alex Ferguson. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 Kamena 2023, Manchester City yegukanye igikombe cya mbere cya UEFA Champions League, itsinze Internazionale de Milano […]
Ingabo zâu Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi ba M23
Ingabo zâu Burundi ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, ziravugwaho kwica abarwanyi batatu bâumutwe witwaje intwaro wa M23. Amakuru umunyamakuru Justin Kabumba wâUmunyekongo ahamya ko yemejwe nâumuvugizi wâingabo za EAC zikorera muri RDC, Lieutenant Reagan Mbuyi, aravuga ko undi murwanyi mwe […]
Lutundula yagereranyije ingabo zikorera muri RDC n’abatetsi benshi babishya isosi
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yatangaje ko ingabo zikorera mu burasirazuba bwâigihugu cyabo zabaye nyinshi nkâabatetsi benshi babishya isosi. Mu kiganiro nâabanyamakuru, Lutundula yarondoye ingabo zikorera muri iki gice cya RDC, yongeraho nâimiryango ihakorera, agaragaza ko ubwinshi bwazo butuma zidatanga umusaruro mwiza. Yagize ati: âMufite ingabo za Kenya, izâu […]
Uwacu Julienne yatangaje ko abo kwa Sekuru bicishije ababyeyi be
Umuyobozi muri Minisiteri yâubumwe bwâAbanyarwanda nâinshingano mboneragihugu (MINUBUMWE) ushinzwe ubudaheranwa, Uwacu Julienne, yatangaje ko mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abo mu muryango we bicishije ababyeyi be bombi. Uwacu, mu buhamya yahaye urubyiruko rugize ihuriro Urunana rwâUrungano rwateraniye mu karere ka Gisagara mu gikorwa cyo kwibuka urubyiruko rwishwe muri jenoside, yasobanuye ko nyina […]
U Burundi bugiye gutesha agaciro inoti zâibihumbi 10 na 5
Guverineri wa Banki Nkuru yâu Burundi (BRB), DieudonnĂ© Murengerantwari, yatangaje ko mu minsi icumi, inoti zâ10,000 nâ5000 zakozwe mu mwaka wâ2018 zizatakaza agaciro. Muregerantwari yasobanuye ko Abarundi basabwa kujyana izi noti ku mabanki bakazisimburirwa inshya zakozwe tariki ya 7 Ugushyingo 2022 bitarenze tariki ya 17 Kamena 2023. Ariko hari Abarundi bavuga ko aya makuru hari […]
U Budage burashaka kwigana gahunda yâu Rwanda ku bimukira
Guverinoma yâu Budage irashaka kwigana gahunda yâu Rwanda nâu Bwongereza ijyanye no gukemura mu buryo burambye ikibazo cyâabimukira bambuka imbibi mu buryo butemewe nâamategeko. Nkâuko ikinyamakuru Die Welt kibivuga, u Budage buri gukora ibishoboka kugira ngo umuryango wâubumwe bwâUburayi (EU) wemere ko igihugu kinyamuryango cyajya cyohereza abimukira mu kitawubarizwamo, hashingiwe ku masezerano nkâayâu Rwanda nâu […]
Dukwiye kwibona nkâabanyamigabane mu mushinga wo kubaka igihugu: Jeannette Kagame
Umufasha wa Perezida wâu Rwanda, Jeannette Kagame, arasaba buri Munyarwanda, byâumwihariko urubyiruko, kwiyumvamo ko afite uruhare mu mushinga wo kubaka igihugu, kikagera ku iterambere rirambye. Ni ubutumwa yatangiye mu gikorwa cyo kwibuka urubyiruko rwishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyahurije hamwe mu karere ka Gisagara urubyiruko rurenga 1000 rwitabiriye ihuriro Igihango cyâUrungano kuri uyu […]
Angilikani ku Isi iringingira iyo muri Uganda ko kurwanya itegeko rihana abatinganyi
Itorero Angilikani ku Isi (Church of England) riri kwingingira iryo muri Uganda ko ridakwiye gushyigikira itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina riherutse gushyirwaho umukono na Perezida Yoweri Museveni. Umukuru wa Angilikani ku Isi, Justin Welby, kuri uyu wa 9 Kamena 2023 yatangaje ko yandikiye âumuvandimwe we muri Kirisituâ uyobora Angilikani muri Uganda, Arikiyepisikopi Stephen Kaziimba, amugaragariza […]
Rwanda-RDC: InnossâB aricuza ku bwâamagambo yavuze
Umuhanzi Innocent Balume uzwi nka InnossâB yagaragaje ukwicuza kubera amagambo yavuze ku mwuka mubi uri mu mubano wâu Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Mu kwezi gushize ubwo Innoss yagiranaga ikiganiro nâabanyamakuru bari i Goma, cyari cyerekeye ku bitaramo bibiri ateganya kuhakorera, yabajije niba atakwamagana Perezida wâu Rwanda, we Abanyekongo benshi bashinja guhungabanya […]
Rwanda: Human Rights Watch blames UN court
The Director of Human Rights Watch in Central African region, Lewis Mudge, blames International Residual Mechanism for Criminal Tribunals (IRMCT) of denying justice for genocide against the Tutsiâs victims, by suspending the trial of FĂ©licien Kabuga for crimes committed in 1994. Mudge laments that âVictims and their families have long waited to see Kabuga held […]
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
Umuryango IBUKA uharanira uburenganzira bwâabarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urasaba ko imitungo ya Kabuga FĂ©licien iri mu Rwanda yafatirwa, ikazakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi mirongo itanu na magana atandatu na mirongo itanu n’umunani na miliyoni magana inani (50,658,800,000,000). Kuri iyi ndishyi hariyongeraho ubusabe bw’igihembo cya avoka cy’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 100 na Frw […]
Museveni yasobanuye uko Covid-19 yamuciye mu rihumye
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yemeje ko yanduye icyorezo cya Covid-19, kandi ko byatewe nâuko atari acyambara agapfukamunwa mu rwego rwo kucyirinda. Inkuru yâuko Museveni yanduye iki cyorezo yamenyekanye mu gitondo cyâuyu wa 8 Kamena 2023, nyuma yo gufatwa ibipimo bitatu. Yasobanuye ko yahise ajya mu kato muri Nakasero kandi ko uyu munsi nâejo akazi […]
Umusirikare wâu Burundi yapfuye atera akabariro
Umusirikare wâu Burundi witwa Dusabeyezu Vianney, yapfiriye muri hoteli iherereye muri komini Mutukura, intara ya Cankuzo ubwo yari aryamanye nâumugore wâimyaka 31 yâamavuko. Nkâuko urubuga SOS Burundi rubivuga, iyi mpanuka yâuyu musirikare wâimyaka 40 yâamavuko wari umushoferi wâikigo cya gisirikare cya Mutukura yabaye mu gitondo cyâuyu wa 7 Kamena 2023. Nyiri hoteli yamenye inkuru yâurupfu […]
Dr Frank Habineza yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rya Uganda rihana abatinganyi

Umuyobozi Mukuru wâishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina riherutse gushyirwaho umukono na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, byâumwihariko ingingo yaryo iteganya igihano cyâurupfu. Dr Habineza ubwo yatangaga ubutumwa bufungura inama mpuzamahanga yo kurengera ibidukikije iri kubera muri Koreya […]
Dutegereje ibihano byâu Bufaransa ku Rwanda: Muyaya
Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko igihugu cye gitegereje kubona u Bufaransa bufatira u Rwanda ibihano, kuko ngo rukomeje ubushotoranyi, rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Muyaya mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Le Point, yavuze ko nâubwo hafashwe imyanzuro ya Luanda na Nairobi, raporo zâurwego zâubutasi zigaragaza ko […]
Lutundula yasabye ingabo za EAC gufasha RDC

Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) zigenzura bimwe mu bice byo mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru gufasha igihugu cye gusubirana ubusugire. Lutundula mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru tariki ya 5 Kamena 2023, yatangaje ko yumva amakuru yâuko umutwe witwaje intwaro wa M23 wavuye muri […]
Ibyago ku muntu ukunze kugira ikibazo cya rezo na interineti igenda gake

Rezo na interineti bigenda gake ni ikibazo abenshi bakoresha telefone ngendanwa binubira kubera ko cyangiriza itumanaho hagati yâuyu nâundi, byâumwihariko mu gihe bahamagarana. Umuhanga mu bugenge bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo cyâubushakashatsi aherutse gukora cyitwa âProper Utilization of Technology Particularly Mobile Phonesâ, yagaragaje ko ukoresha telefone ifite ârezoâ na interineti bigenda gake, aba […]
Byemejwe ko Kabuga atazongera kuburana
Urukiko rwâUmuryango wâAbibumbye, IRMCT, rwanzuye ko Kabuga FĂ©licien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atazarusubiramo ngo aburanishwe kuko atabifiye ubushobozi bwâumubiri. Uru rukiko ku rubuga rwarwo rwagize ruti: âUrukiko rwasanze Bwana Kabuga atagishoboye kwitabira urubanza rwe.â Kandi ngo nta cyizere cyâuko yazongera gutora agatege mu gihe kizaza. Abacamanza bâuru rukiko basobanura ko batavuga […]
Urukiko rwemeje bidasubirwaho ko Maj. Karangwa atazoherezwa mu Rwanda
Urukiko rwâikirenga rwo mu Buholandi rwashimangiye icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda umwe mu bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Major Karangwa Pierre-Claver. Iki cyemezo cyari cyarafashwe nâurukiko rwâibanze mu Gushyingo 2022. Rwasobanuye ko bitewe nâuko Karangwa ari umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Rwanda, abaye yoherejwe i Kigali, ashobora kutabona ubutabera. Leta yâu Buholandi […]
Kenya: Ibiro bya Perezida bigiye kugurisha imodoka 13 kuri make
Ibiro bya Perezida wa Kenya byatangaje ko tariki ya 16 Kamenaa 2023 bizagurisha ku mafaranga make imodoka 13 mu zo byari bisanzwe bikoresha. Nkâuko itangazo ikinyamakuru The Kenyans kivuga ko cyabonye ribivuga, izi modoka zirimo: Toyota van imwe, Ranger Rover eshatu, Toyota Prado TX eshatu, Toyota Landcruiser V8, Mercedes Benz E200, Mitsubishi Pajero na Nissan […]
Dosiye ya Biselele ushinjwa gukorana nâu Rwanda yabuze
Urukiko rwâubujurire rwa Kinshasa rwabuze dosiye ya Fortunat Biselele ushinjwa nâubutegetsi bwa Repubulila ya demukarasi ya Congo gukorana nâu Rwanda. Radio Okapi yatangaje ko dosiye ya Biselele wabaye umujyanama wihariye wa Perezida FĂ©lix Tshisekedi yabuze mu bubiko bwâurukiko kuri uyu wa 6 Kamena 2023. Urukiko rwahise rufata umwanzuro wo gusubika urubanza, rukazasubukurwa ari uko iyi […]
Ibyâingenzi ku Mugaba Mukuru mushya w’ingabo z’u Rwanda
Umugaba wâIkirenga wâingabo zâu Rwanda, Paul Kagame, yaraye azamuye mu ntera Lieutenant General Mubarakh Muganga wari Umugaba wâingabo zirwanira ku butaka, amugira Umugaba Mukuru. Lt Gen. Muganga yaraye asimbuye General Jean Bosco Kazura wari kuri uyu mwanya kuva tariki ya 4 Ugushyingo 2019, ubwo na we yasimburaga Gen. Patrick Nyamvumba. Muganga afite amateka akomeye mu […]
UPDF yatangaje ko itabogamira kuri M23
Umuyobozi wâingabo za Uganda ziri mu butumwa bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, teritwari ya Rutshuru, yatangaje ko nta ruhande na rumwe mu zihanganye bazigera babogamiraho. Uyu musirikare, Colonel Michael Walaka Hyeroba, yabwiye Abanya-Rutshuru bahuriye mu nama kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ko ahubwo icyo ingabo zabo zizakomeza gushyigikira ni […]
Muhanga: Meya yahagaritse igikorwa cyo kunyaga umuturage

Umuyobozi wâakarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yahagaritse igikorwa cyo kunyaga umuturage utishoboye kandi ufite ubumuga witwa Mujawamariya Franà §oise ikimasa yaherukaga kugabirwa muri gahunda ya ‘Gira Inka Munyarwanda’. Ni nyuma yâaho Umukuru wâUmudugudu wa Kagitaba nâUmunyamabanga Nshingwabikorwa wâakagari ka Remera mu murenge wa Kiyumba bananiwe kumvikana ku inyagwa ryâuyu muturage wari warahawe inka mu buryo butubahirije […]
U Rwanda rwasabye Malawi benshi rukekaho gukora jenoside
Guverinoma ya Malawi yatangaje ko iyâu Rwanda yayisabye Abanyarwanda 55 ikekaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo bagezwe mu butabera. Nkâuko ikinyamakuru Barrons kibitangaza, Minisitiri ushinzwe umutekano wâimbere muri Malawi, Ken Zikhale Ngâoma yahishuye aya makuru kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru i Lilongwe. Minisitiri Ngâoma […]
Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
Urukiko Rukuru rwongeye gusubika urubanza rwâubujurire rwâubushinjacyaha kuri Dr Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri kaminuza, umunyapolitiki, akanayobora ikinyamakuru The Chronicles. Dr Kayumba tariki ya 22 Gashyantare 2023 yagizwe umwere nâurukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyaha cyo gusambanya undi ku gahato nâubwinjiracyaha kuri cyo, ubushinjacyaha bujurira busobanura ko hari ibimenyetso byirengagijwe. Tariki ya 4 Gicurasi 2023, […]
Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa
Urukiko rwâi Burayi rushinzwe kurengera ikiremwamuntu rurakemangwa nyuma yo gufata icyemezo cyo guhagarika indege yagombaga gukura abikumira mu Bwongereza, ibazana mu Rwanda. Muri Kamena 2022, ubwo umupilote wa kampani yâubwikorezi bwo mu kirere ya Plivilege Style yari agiye kuzamura mu kirere indege yarimo abimukira, yagejejweho icyemezo cyâuru rukiko kimuhagarika, kinatesha agaciro icyari cyarafashwe nâinkiko zâu […]
Mwangachuchu yahawe intwaro zâintambara: Umunyamategeko we
Umunyamategeko wâumushoramari Edouard Mwangachuchu ufite ibirombe muri teritwari ya Masisi, Me Thomas Gamakolo Mputu, yamenyesheje urukiko rukuru rwa gisirikare ko Leta yakoze ikosa, imuha intwaro zâintambara, aho kuba izâubwirinzi. Me Gamakolo yasobanuye ko Mwangachuchu yahawe izi ntwaro, hashingiwe ku ruhushya yahawe na Richard Muyej Mangez wahoze ari Minisitiri wâumutekano wâimbere. Ariko abashinjacyaha nâabacamanza bo bagaragaje […]