Abaturage bagiriwe inama mu gihe Nyamulagira ikomeje kuruka
Ikigo cyâi Goma gishinzwe gukurikirana ibirunga cyagiriye inama abatuye muri uyu mujyi mu gihe Nyamulagira ikomeje kuruka guhera ku mugoroba wâuyu wa 20 Gicurasi 2023. Umuyobozi wâiki kigo kizwi nka OVG, Dr Muhindo Adalbert, yamenyesheje abatuye i Goma ko kuva saa kumi nâebyiri nâigice zâumugoroba, Nyamulagira iri kuruka yerekeza mu burengerazuba, muri Pariki ya Virunga. […]
Icyatumye umunyamakuru wo mu Rwanda afungirwa mu Burundi
Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ukurikirana byâumwihariko inkuru zâubutabera, avuga ko aherutse gufungirwa mu Burundi hamwe nâumufotozi we n’undi witwa Niyongabo Eric, azira gufotora itangazo riteguza ibazwa rya Alain-Guillaume Bunyoni. Nkundineza asobanura ko ubwo yari akiri mu Rwanda, yabanje kwandikira Perezida wâurukiko rwâikirenga wâu Burundi, Emmanuel Gateretse kuri Email tariki ya 5 Gicurasi 2023, amusaba uburenganzira […]
U Rwanda rwaba ruteganya kugura indege yâigisirikare muri Brazil
U Rwanda rugaragara ku rutonde rwâibihugu biteganya kugura indege zâubwikorezi zâigisirikare yâubwoko bwa KC-390 Millenium zikorwa n’uruganda Embraer rwo muri Brazil. Aya makuru yatanzwe nâUmugaba wâingabo za Brazil zirwanira ku butaka, Lt Brig. Marcelo Kanitz Damasceno, ubwo yaganiraga na komisiyo ya sena ishinzwe ububanyi nâamahanga. Lt Brig. Damasceno, muri iki kiganiro cyabaye mu ntangiriro zâuku […]
Rubavu: Umuturage aratakamba nyuma yâaho abagiraneza bamusaniraga bahagaritswe

Muhoza Ndayambaje utuye mu mudugudu wa Rurembo, akagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu aratakamba nyuma yâaho tariki ya 17 Gicurasi 2023 ubuyobozi buhagaritse abagiraneza bo mu muryango we bamusaniraga inzu ye iherutse gusenyuka. Ndayambaje asobanura ko mbere yâuko imvura isenya igisenge cyâiyi nzu, yari ifite ibiti bishaje, byavungagurikiraga hasi ku buryo […]
InnossâB arahamya ko nta bubasha afite bwo kwamagana Kagame

Umuhanzi wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Innocent Balume uzwi nka InnossâB yatangaje ko atari Umukuru wâIgihugu ku buryo yakwamagana Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame. Abanyekongo benshi, kuva muturage usanzwe, ibyamamare mu myidagaduro nâabanyapolitiki, abari mu butegetsi nâabatavuga rumwe na bwo bamaze igihe kinini bagamana u Rwanda nâubutegetsi bwarwo, bavuga ko rufasha umutwe witwaje […]
General Kazura abona inenge mu butumwa bwâamahoro bwa UN
Umugaba Mukuru wâingabo zâu Rwanda, General Jean Bosco Kazura, arasaba ko mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye habamo impinduka, hakajya hibandwa cyane ku kugarura amahoro nâumutekano. Mu nama yâumutekano yateguwe nâishuri rikuru ryâigisirikare cyâu Rwanda yakomeje kuri uyu wa 19 Gicurasi 2023, Gen. Kazura yasobanuye ko ubutumwa bwâamahoro bwa UN buba bufite intego yo kubungabunga amahoro […]
Ikibazo cyâumubare wâAbagatolika cyarakuririjwe: Kiliziya

Inama yâabepisikopi ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda yatangaje ko abarimo abanyamakuru bakurikirije ikibazo cyâumubare wâabayoboke bâiri dini, bemeza ko wagabanyutse kandi atari ko biri. Tariki ya 7 Gicurasi 2023, Arikiyepisikopi wa Kigali akaba nâUmukuru wâinama yâabepisikopi, Karidinali Kambanda Antoine, ubwo yagezaga ubutumwa muri misa yateraniye muri Paruwasi ya Saint Michel, yavuze ko ibarura rusange ryâabaturage […]
Ubusesenguzi bwâabanyamategeko ku rubanza rwa Tity Brown rusubitswe gatanu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 18 Gicurasi 2023 rwasubitse urubanza rwâubujurire rwâumubyinnyi wâimbyino zigezweho, Ishimwe Thierry wamamaye nka Tity Brown, ku ifungwa nâifungurwa ryâagateganyo. Icyemezo ajuririra cyafashwe nâurukiko rwâibanze rwa Kicukiro mu Kuboza 2021, ubujurire busubikwa nâurukiko rwisumbuye tariki ya 30 Ugushyingo 2022, ku ya 8 Gashyantare 2023, ku ya 22 Gashyantare, ku […]
Kalehe: Abanyarwanda barashinjwa guteza ibiza byishe abarenga 400
Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo irashinja impunzi zâAbanyarwanda bo mu bwoko bwâAbahutu guteza ibiza biherutse kwica abantu barenga 400 muri teritwari ya Kalehe, intara ya Kivu yâAmajyepfo. Ibi biza (inkangu nâimyuzure) byakomotse ku mvura nyinshi yaguye muri Kalehe mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira uwa 3 Gicurasi 2023. Iyi mvura yanaguye no […]
Rubavu: Umwarimu watanze amakuru ku kiraro cyacitse ntiyorohewe

Umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Karambo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, Turikubwimana Daniel, ntabwo yorohewe nyuma yo guha umunyamakuru amakuru ku kiraro cyacitse abanyeshuri banyuragaho bakambakamba. Nyuma yâaho Minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu, Musabyimana Jean Claude, atangarije ko abanyamakuru babaye ba Rusahuriramunduru nâabakomisiyoneri, akabishingira ku nkuru yâiki kiraro yahamyaga ko cyakozwe mu buryo […]
Hari gahunda yâuko abacuruzi b’Abanyarwanda bazajya bemererwa kwishyura FRW muri Uganda

Guverinoma yâu Rwanda nâiya Uganda zifitanye gahunda yâuko abacuruzi bakorera muri ibi bihugu bazajya bemererwa kwishyura amafaranga bikoresha (Amanyarwanda n’Amashilingi), bidasabye ko babanza kujya kuyavunjisha. Guverineri wa banki nkuru yâu Rwanda, John Rwangombwa, yabyemeje ubwo yari mu nama mpuzamahanga yâigihugu yateguwe nâishuri rikuru ryâigisirikare, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2023. Yagize ati: âAbacuruzi bo muri […]
FARDC yarahiriye kwikubita agashyi, ikigaranzura umwanzi
Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyarahiriye kwikubita agashyi, kikigaranzura umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru nâuwâiterabwoba wa ADF. Kuri uyu wa 17 Gicurasi ubwo FARDC yizihirizaga umunsi mukuru wayo mu mujyi wa Goma, Guverineri wa Kivu yâAmajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Lt Gen. Constant Ndima, yatangaje ko […]
Polisi yatangaje ko hari abo ifata biyogosha ubwanwa banatwaye imodoka
Polisi yâu Rwanda yatangaje ko hari abagabo ifata biyogosha ubwanwa banatwaye imodoka ndetse nâabagore bafatwa bisiga ibirungo (makeup). Mu kiganiro yatangiye mahugurwa ku mutekano wo mu muhanda yabereye ku Kacyiru kuri uwa 18 Gicurasi 2023, Polisi yasobanuye kandi ko aba babikora banirebera mu ndorerwamo zâimbere mu modoka, ku buryo haba hari ibyago byinshi byo gukora […]
Floriane Irangabiye yaba ari gutoterezwa muri gereza
Umunyamakuru wâUmurundikazi wigeze kuba mu Rwanda nkâimpunzi, Floriane Irangabiye, yaba ari gukorerwa itotezwa muri gereza afungiwemo ya Muyinga. Radio Inzamba ivuga ko abatangabuhamya bayibwiye ko umuyobozi wa gereza tariki ya 16 Gicurasi 2023 yajyanye nâabantu babiri bambaye gisivili nâabapolisikazi bane, bajya mu cyumba Irangabiye araramo kugira ngo bamusake. Marie Louise Baricako uyobora umuryango Inamahoro uharanira […]
Sadate avuga ko yagaburiraga abana 40 buri munsi, agaharikwa nâababikangamo abajura
Umushoramari wabaye Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yasobanuye uburyo yari yariyemeje kugaburira abana 40 bo mu muhanda buri manywa, agahagarikwa nâubuyobozi bwabikanzemo abajura. Sadate utuye Kibagabaga mu karere ka Gasabo, yatangaje ko igikorwa cyo kugaburira abana bo ku muhanda cyatangiriye kuri babiri bamusabye amafaranga. Ati: âAho ntuye Kibagabaga nigeze guhura n’abana babiri basabiriza mu […]
Mu Rwanda hazamuwe amabendera menshi ashyigikira abaryamana bahuje ibitsina

Kuri ambasade zâibihugu bitandukanye bigize umuryango wâubumwe bwâu Burayi (EU) mu Rwanda hazamuwe amabendera menshi ashyigikira umuryango uhuza abarimo abaryamana bahuje ibitsina nâabihinduza ibitsina uzwi nka LGBTIQ+. Ambasade zazamuye aya mabendera zirimo: iyâu Bubiligi, u Bwongereza, Sweden, u Buholandi. Byakozwe kuri uyu wa 17 Gicurasi 2023. Ambasade ya EU mu Rwanda yasobanuye ko byakozwe mu […]
Ingabo zari ziyobowe na James Kabarebe zafashe Kinshasa mu myaka 26 ishize

Hari mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 1997, abarwanyi barimo abo mu mutwe witwaje intwaro wa AFDL wa Laurent DesirĂ© Kabila, Abanyarwanda nâabanya-Uganda bari bayobowe na James Kabarebe binjira mu murwa mukuru wa Repubulika ya demukarasi ya Congo yitwaga ZaĂ ÂŻre, Kinshasa. Icyagejeje aba barwanyi bari urubyiruko i Kinshasa ni ugukuraho ubutegetsi […]
Urukiko rw’ubujurire rwanzuye ko Sarkozy wayoboye u Bufaransa afungwa
Urukiko rwâubujurire rwa Paris rwashimangiye igifungo cyâimyaka itatu kuri Nicolas Sarkozy wabaye Perezida wâu Bufaransa, kirimo umwaka agomba kumara afunzwe nâindi ibiri isubitse. Iki cyemezo cyari cyarafashwe nâurukiko rwâibanze muri Werurwe 2021 ubwo rwari rumaze kumuhamya icyaha cya ruswa yakoze mu mwaka wâ2014. Gusa ariko, urukiko rwashyizeho umwihariko wâuko Sarkozy atazafungirwa muri gereza, ahubwo azafungirwa […]
RDC yashyizwe mu bihugu 10 bikize muri Afurika
Ikigega mpuzamahanga cyâimari (IMF) cyashyize Repubulika ya demukarasi ya Congo mu bihugu 10 bikize ku mugabane wa Afurika. IMF, muri raporo nshya yasohotse muri uyu mwaka, yagaragaje ko umusaruro mbumbe wa RDC wageze kuri miliyari 69 zâamadolari ya Amerika, hakaba harabayeho ubwiyongere bwa miliyari 6 ugereranyije nâumwaka wabanje. Ubwiyongere bwâumusaruro mbumbe burashingira bwatewe nâumusaruro uva […]
Inyeshyamba zâAbanyarwanda zateze igico Imbonerakure
Abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda, bafite ibirindiro muri ishyamba rya Kibira, bateze igico urubyiruko rwo mu ishyaka riri ku butegetsi bwâu Burundi ruzwi nkâImbonerakure. Ikinyamakuru SOS Medias kivuga ko Imbonerakure zaguye muri iki gico mu ijoro ryo ku wa 14 Gicurasi 2023, ahagana ku musozi wa Rutorero, komini Mabayi, intara […]
Minisitiri Musabyimana yise abanyamukuru ba âRusahuriramunduruâ

Minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu, Musabyimana Jean Claude, yise abanyamakuru barimo aba Mama Urwagasabo ba Rusahuriramunduru ashingiye ku nkuru bakoze, bo bahamya ko bayifitiye ibimenyetso bifatika. Umunyamakuru wâiki kinyamakuru tariki ya 11 Gicurasi 2023 atangaje inkuru yâimpuruza yerekana abanyeshuri biga mu ishuri ribanza rya Karambo riherereye mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, bambuka umugezi bakambakamba […]
Musanze: Bafashwe bamaze gusenya moto, ibyuma byayo babibitse mu mufuka
Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha rufungiye muri sitasiyo yarwo ya Muhoza mu karere ka Musanze abagabo batatu bafashwe bamaze gusenya moto bakekwaho kwiba, ibyuma byayo bakabibika mu mufuka. SP Ndayisenga Alex Ndayisenga ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi nâabaturage mu ntara yâAmajyaruguru, yatangaje ko aba bagabo batawe muri yombi nâuru rwego rushinzwe umutekano, ku wa 14 Gicurasi 2023 […]
MINAFFET itewe ipfunwe nâimodoka ba Ambasaderi 6 bâu Rwanda bakoresha
Minisiteri yâububanyi nâamahanga nâubutwererane (MINAFFET) yatangaje ko itewe ipfunwe nâimodoka ba Ambasaderi bâu Rwanda mu bihugu 6 bakoresha bitewe nâuko zishaje cyane. Izi modoka zirimo ikoreshwa nâIntumwa Nkuru yâu Rwanda mu Bwongereza, Ambasaderi wâu Rwanda muri Tanzania, uri mu Misiri, uri mu Burusiya, uri mu Bufaransa nâuri muri Ethiopia. Minisitiri Dr Vincent Biruta ubwo yari […]
Dr Habineza abona kuba Umukuru wâIgihugu mu mwaka utaha bishoboka

Dr Frank Habineza uyobora ishyaka DGPR (Green Party) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije yagaragaje ko kuba Perezida wâu Rwanda mu mwaka utaha bishoboka. Mu nteko rusange ya DGPR yabereye mu karere ka Gasabo tariki ya 13 Gicurasi 2023, Dr Habineza yongeye gutorerwa kuyobora iri shyaka, abanyamuryango bemeza ko ari we uzabahagararira mu matora yâUmukuru wâIgihugu […]
Me Evode Uwizeyimana arahamya ko M23 izanyanyagiza ingabo za SADC
Me Evode Uwizeyimana usanzwe ari senateri mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda abona umutwe witwaje intwaro wa M23 uzanyanyagiza ingabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâamajyepfo (SADC) nizijya kurasa ku birindiro byayo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo. Mu kiganiro âIshusho yâIcyumweruâ cyaraye gitambutse kuri televiziyo yâigihugu, Me Uwizeyimana, mu busesenguzi bwe, yavuze […]
Turahirwa Moses ajyanwe muri gereza, ahafungiwe abo yasabiye imbabazi
Urukiko rwâibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko umunyamideli Turahirwa Moses afungirwa iminsi 30 yâagateganyo muri gereza mu gihe ategereje kuburana mu mizi. Turahirwa akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha ikiyobyabwenge cyâurumogi no gukoresha inyandiko mpimbano, byose bishingira ku byo yitangarije ku mbuga nkoranyambaga ze. Mu iburanisha ryabaye, ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko hari impamvu zikomeye zituma Turahirwa akekwaho kuba […]
Karasira ‘ufite uburwayi bwo mu mutwe’ yasohotse urubanza rutarangiye
Karasira Uzaramba Aimable byemejwe nâumuganga ko afite uburwayi bwo mu mutwe yasohotse mu rukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga nâibyambukiranya imipaka rwa Nyanza, urubanza rutarangiye. Muri uru rukiko, habaye impaka hagati yâuruhande rwa Karasira nâubushinjacyaha, niba yakomeza kuburana ku byaha birimo: gupfobya jenoside, kuyiha ishingiro no kubiba amacakubiri. Zashingiye kuri raporo yakozwe na muganga […]
U Rwanda na RDC byahuriye mu nama yo gucyura impunzi
Guverinoma yâu Rwanda nâiya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) zahuriye mu nama yo gucyura ku bushake impunzi zâAbanyarwanda nâAbanyekongo zikiri mu bihugu byombi. Umuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, yatangaje ko iyi nama iri kubera i Geneva mu Busuwisi. Ni ku cyicaro gikuru cyâishami ryâUmuryango wâAbibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, ryateguye iyi nama. […]
Urupfu rwâumunyeshuri wigaga muri E.S Musanze rwateje impagarara

Mu ishuri ryisumbuye ryigisha siyansi rya Musanze (Ecole des Sciences de Musanze) haravugwa inkuru yâurupfu rwâumunyeshuri wâimyaka 12 yâamavuko witwa Umuhire Ange Cecile, bikekwa ko yabanje kwimwa uruhushya ngo ajye kwivuriza iwabo, agasabwa kwivuriza mu ivuriro ryâikigo. Bivugwa ko Umuhire wigaga mu mwaka wa mbere yari amaze ibyumweru bibiri arwariye muri iki kigo, akaba yarapfuye […]
Ruto yagaragaje icyatumye azamura mu ntera General wagerageje kuburizamo intsinzi ye
Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, yagaragaje impamvu zikomeye zatumye azamura General Francis Omondi Ogolla ku mwanya wâUmugaba Mukuru wâingabo kandi ari mu bagerageje kuburizamo intsinzi ye. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku biro bye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2023 cyibandaga kuri gahunda afitiye igihugu, Perezida Ruto yagize ati: âGeneral Ogolla ari mu bantu […]
Iradukunda Bertrand yatangaje icyatumye adakina umukino APR FC yasezereyemo Kiyovu Sports

Rutahizamu Iradukunda Jean Bertrand yatangaje icyatumye adakina mu mukino wâigikombe cyâamahoro APR FC yasezereyemo Kiyovu Sports kandi nta kibazo cyâubuzima afite. Kuri sitade ya Kigali Pele habereye umukino wo kwishyura wa Ăœ cyâirangiza. APR FC yasezereye Kiyovu Sports ku bitego 3-2 birimo 2-1 yayitsinze kuri uyu wa 14 Gicurasi 2023. Icyakoze, Iradukunda ntabwo yigeze agaragara […]
Umunyarwenya ukomoka mu Rwanda no mu Burundi yataramiye abâi Goma

Michael Sengazi, umunyarwenya ugezweho ukomoka mu Rwanda no mu Burundi yataramiye abatuye mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Sengazi ni umunyarwenya wamamaye cyane ku rwego mpuzamahanga kubera ko mu kazi ke akunze gukoresha ururimi rwâIgifaransa. Mu mwaka wâ2019 yegukanye igihembo âTalent du Rireâ gitangwa na radiyo mpuzamahanga yâAbafaransa, RFI, nkâindashyikirwa. […]
Amagorwa ya ApĂŽtre Habonimana ubwo umugore we yari arwaye indwara y’amayobera

Umuririmbyi akaba nâumuvugabutumwa washinze itorero Shemeza Worship Temple mu Burundi, ApĂŽtre Apollinaire Habimana, yatanze ubuhamya bwâuburyo umugore we Nsabimana Jeannette KN yarwaye igihe kirekire, bikagera aho kwa Nyirabukwe bashaka kumusubirana ngo bamwivurize, akabyanga. Mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru Jean Paul Nkundineza uri i Bujumbura, ApĂŽtre Habonimana yavuze ko umugore we yafashwe nâindwara itaramenyekanye mu mwaka wâ2017, […]
Impamvu abasirikare ba Uganda bari Rutshuru bagaragaye batambaye ikirango cya EACRF yamenyekanye

Igisirikare cya Uganda, UPDF, cyasobanuye impamvu abasirikare bacyo bari mu butumwa bwâamahoro muri teritwari ya Rutshuru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bagaragaye batambaye ikirango cyâumutwe wâingabo zâakarere ka Afurika yâiburasirazuba, EACRF. Tariki ya 3 Gicurasi 2023, umunyamakuru Justin Kabumba wari waherekeje ingabo za RDC zari zagiye gusura Rutshuru, yafotoye ingabo za Uganda, yerekana ko […]
Gatabazi JMV yasabiye Jeannette Kagame umugisha
Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu yasabiye umufasha wa Perezida Paul Kagame, Jeannette Kagame, umugisha ku munsi mpuzamahanga wâababyeyi bâabagore. Uyu munyapolitiki, mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 14 Gicurasi 2023, yagaragaje ko Jeannette yakoze ibintu byinshi bituma amushimira uyu munsi, birimo gufasha abaciye bugufi. Yagize ati: “Happy Motherâs Day Your […]
M23 yatangaje ko ingabo zâu Burundi zatengushye EAC byeruye

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wagaragaje ko ingabo zâu Burundi ziri mu butumwa bwâamahoro bwa EAC zatandukiriye inshingano zahawe muri teritwari ya Masisi, intara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, kuri uyu wa 14 Gicurasi 2023 yatangaje ko agace ka Mushaki uyu mutwe witwaje intwaro wari warasigiye […]
FIFA yafashe ingamba zatuma ruswa ihwihwiswa muri ruhago y’u Rwanda iba amateka
Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku Isi, FIFA, ryafashe ingamba zishobora gutuma ruswa ihwihwiswa muri iyi siporo mu Rwanda, byâumwihariko mu cyiciro cya mbere iba amateka. Ni kenshi mu bakurikiranira hafi umupira wâamaguru muri iki gihugu humvikana amakuru yâuko hari penaliti zitangwa bitari bikwiye, ibitego byemezwa habayemo kurarira, ibidatangwa kandi nta kurarira kwabayemo, kugurisha imikino, kwitwara nabi […]
Général Ndima yagaragaje ko inshingano zamunaniye kubera u Rwanda
Guverineri wâintara ya Kivu yâAmajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Lieutenant-GĂ©nĂ©ral Constant Ndima Kongba, yagaragaje ko u Rwanda ari rwo rwatumye inshingano yo kugarura umutekano nâamahoro imunanira. Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yashyize Kivu yâAmajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe, aziha abayobozi bo ku rwego rwa gisirikare, Lt Gen Ndima na Lt […]
Fally Ipupa yatangaje ko nta kibazo afitanye nâAbanyarwanda
Umuhanzi wâUmunyekongo Fally Ipupa NâSimba uzwi nka Fally Ipupa yatangaje ko adashobora kuza mu Rwanda kuhakorera igitaramo. Fally mu kiganiro yagiriye kuri TV5 Monde, yasobanuye ko kuba ataza mu Rwanda atari uko afitanye ikibazo nâAbanyarwanda, agaragaza ko byatewe nâumwuka mubi uri hagati yâubutegetsi bwâibihugu byombi. Yagize ati: âNone nta kibazo mfitanye nâAbanyarwanda kuko si ko […]
Abantu 13 bibasiwe nâibiza baracyari mu bitaro

Minisiteri yâubutabazi (MINEMA) yatangaje ko abantu 13 mu bibasiwe nâibiza mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira uwa 3 Gicurasi 2023 bakiri mu bitaro. Muri raporo nshya yasohotse kuri uyu wa 13 Gicurasi 2023, iyi Minisiteri ivuga ko abishwe nâibi biza ari 135, abakomeretse ni 110, abamaze kuva ku bitaro bo bakaba bageze kuri 97. […]
Tshisekedi ‘aracyategereje’ u Rwanda rutayobowe na Kagame
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yatangaje ko ategereje kubona u Rwanda rutayobowe na Paul Kagame, kuko ngo ni bwo uburasirazuba bwâigihugu cyabo buzagira amahoro. Tshisekedi, mu kiganiro yagiranye nâAbanyekongo baba muri Botswana kuri uyu wa 12 Gicurasi 2023, nkâuko ikinyamakuru 7 Sur 7 cyabitangaje, yavuze ko u Rwanda rwateye igihugu […]
Umufaransakazi washinjwaga guhakana jenoside yakorewe Abatutsi yatsinze urubanza rwâubujurire
Umunyamakuru wâUmufaransakazi, Natacha Polony, washinjwaga guhakana jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yatsinze urubanza rwâubujurire. Mu mwaka ushize, urukiko rwo mu Bufaransa rwagize Natacha umwere kuri iki cyaha gifitanye isano nâamagambo yavugiye ku France Inter mu mwaka wâ2018 kuri jenoside yakorewe Abatutsi, yashinjwe nâumuryango IBUKA urengera abarokotse na MRAP urwanya ivangura. Uyu mwanzuro washimangiwe […]
Umuturage yasabye Perezida Kagame akazi nyuma yo kumufasha kwiga âMastersâ

Umuturage wo mu kagari ka Nyundo, umu murenge wa Nyundo mu karere ka Rubavu witwa Nshizirungu Aimable, yasabye Perezida Paul Kagame kumuha ubutumwa (akazi) nyuma yo kumufasha kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza kizwi nka âMastersâ. Ubwo Perezida Kagame yari yagiriye uruzinduko muri Rubavu muri Gicurasi 2019, Nshizirungu yamwibukije ko ubwo yasuraga abanyeshuri bigaga muri […]
Umuhanzi Ben Kayiranga yemereye Niyo Bosco inkunga
Umuhanzi Ben Kayiranga usigaye uba mu mahanga yemeye guha Niyo Bosco inkunga y’amayero 500 (ararenga amafaranga yâu Rwanda ibihumbi Magana atanu) yo kumufasha gukora no gutunganya indirimbo. Kayiranga yemeye gutanga iyi nkunga ubwo yumvaga ibibazo bitandukanye Niyo Bosco yahuye na byo, mu gihe na nyuma yo gutandukana na MIE Empire yarebereraga inyungu ze nkâumuhanzi. Ibi […]
Perezida Kagame agiye gusura abibasiwe nâibiza i Rubavu
Perezida Paul Kagame arasura abaturage baherutse kwibasirwa nâibiza mu murenge wa Rugerero wâakarere ka Rubavu kuri uyu wa 12 Gicurasi 2023. Umukuru wâIgihugu arasura ibice bitandukanye byibasiriwe nâinkangu nâimyuzure muri Rubavu, aganagire nâabimuriwe byâagateganyo mu kigo cyâInyemeramihigo. Muri iki kigo hamaze gutegurwa. Abaturage, abayobozi mu nzego zitandukanye, abashinzwe umutekano ndetse nâabanyamakuru bâibinyamakuru bitandukanye bamaze kuhagera. […]
Ubutaka Perezida Kagame yahawe n’umuturage bugiye kubakwaho ishuri rya Frw miliyari 7
Ubutaka Perezida Paul Kagame yahawe na Nyirangoragoza Marianne wari utuye kagari ka Nyarusange, umurange wa Bushekeri, mu karere ka Nyamasheke bugiye kubakwaho ishuri rizatwara amafaranga yâu Rwanda miliyari 7. Ubu butaka burimo isambu ifite ubuso bwa metero kare 586, ifite ubwa metero kare 168, ubufite metero kare 776 nâubundi bwa metero kare 1,259. Minisitiri mu […]
EAC iremeza ko Tshisekedi atavuga ukuri ku bibera mu burasirazuba bwa RDC
Umunyamabanga Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC), Dr Peter Mathuki, aremeza ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo atavuga ukuri ku bijyanye nâumutekano bibera mu burasirazuba bwâigihugu cye. Yasubizaga Tshisekedi uherutse gutangaza ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bwâigihugu cye nta musaruro zatanze, kandi ko [keretse izâu Burundi], izindi zikorana nâumutwe […]
Bemba yagaragaye mu mahanga arashisha imbunda igezweho

Minisitiri wâingabo nâabahoze ari abasirikare wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yagaragaye mu mahanga arashisha imbunda iri mu zigezweho. Ibiro bye bisobanura ko yabikoreye mu ruzinduko ari kugirira muri Indonesia, rwatangijwe no gusura inganda zâiki gihugu zicura intwaro zâubwoko butandukanye kuri uyu wa 11 Gicurasi 2023. Nkâuko bigaragara mu mafoto, Minisitiri Bemba […]
Afurika yâEpfo mu iperereza ryo kumenya niba hari umuyobozi wohereje intwaro mu Burusiya
Ibiro bya Perezida wa Afurika yâEpfo byatangaje ko guverinoma igiye gushyiraho itsinda ryigenga riyobowe nâuwahoze ari umucamanza, rizakora iperereza rimenye niba koko hari uwo mu butegetsi bwâiki gihugu uherutse kohereza intwaro mu Burusiya. Ni nyuma yâaho Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zigaragarije Afurika yâEpfo impungenge zâuko ubwato bunini bwitwa Lady R bwo mu Burusiya […]
U Bwongereza bwahaye Ukraine misile ziraswa mu bilometero 250
Umunyamabanga wâu Bwongereza ushinzwe ingabo, Ben Wallace, yatangaje ko boherereje Ukraine misile ziraswa mu ntera yâibilometero 250 zitwa Storm Shadow, kugira ngo ziyifashe kwirwanaho mu ntambara yashojweho nâu Burusiya. Wallace mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 11 Gicurasi 2023, yasobanuye ko izi misile zizaha Ukraine amahirwe yo âgusubiza imyuma ingabo zâu Burusiya ziri ku […]
Zimbabwe iri gukusanya inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka nâibiza mu Rwanda
Guverinoma ya Zimbabwe iri gukusanya inkunga yo gufasha abo ibiza biherutse kugiraho ingaruka mu Rwanda, Repubulika ya demukarasi ya Congo na Malawi. Minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu nâimirimo rusange, July Moyo, yabimenyesheje abaminisitiri bagenzi be ubwo bari mu nama, nkâuko byatangajwe na Minisitiri wâitumanaho akaba nâUmuvugizi wa guverinoma, Monica Mutsvangwa, mu kiganiro nâabanyamakuru. Minisitiri Mutsvangwa yagize ati: […]
Abadepite bakomeje kotsa igitutu Tshisekedi nyuma yo kwinubira ingabo za EAC
Abadepite bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bahagarariye amashyaka atavuga rumwe nâubutegetsi, bakomeje gushyira igitutu kuri Perezida FĂ©lix Tshisekedi, nyuma yâaho yinubiye ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba. Tshisekedi uri mu ruzinduko rwâakazi muri Botswana, ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru kuri uyu wa 9 Gicurasi 2023, yatangaje ko ingabo za EAC, keretse gusa izâu Burundi, […]
Museveni yatangaje ko ahembwa umushahara muke

Perezida wa Uganda akaba nâUmugaba wâIkirenga wâingabo zâiki gihugu, General (Rtd) Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko guhemba abasirikare umushahara munini bitashoboka, atanga urugero ko na we ahembwa make. Yabivuze kuri uyu wa 10 Gicurasi 2023, ubwo yari ku kibuga cya Kololo mu muhango wo gusezera ku wahoze ari Minisitiri wâumurimo, Colonel (Rtd) Charles Engola, uherutse […]
U Rwanda rurateganya kohereza vuba Maj. Gen. Karamba muri Angola

Guverinoma yâu Rwanda irateganya kohereza mu gihe cya vuba Major General Charles Karamba muri Angola kugira ngo arubere Ambasaderi muri iki gihugu kiri mu karere ka Afurika yâAmajyepfo. Icyemezo cyo kugira Maj. Gen. Karamba Ambasaderi wâu Rwanda muri Angola cyafashwe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, tariki ya 24 Werurwe 2023. Uyu musirikare yari asanzwe […]
Umuherwe Elon Musk yagumuye abakoresha WhatsApp
Umunyamerika Elon Musk uri mu baherwe ba mbere ku Isi, akaba ari na we Muyobozi Nshingwabikorwa wâurubuga rwa Twitter, yatangaje ko WhatsApp ya mugenzi we Mark Zuckerberg atari iyo kwizerwa. Musk kuri uyu wa 9 Gicurasi 2023 yagize ati âWhatsApp si iyo kwizerwaâ, asubiza Enjenyeri wa Twitter winubiraga ko mu gihe yari asinziriye, telefone yakiriye […]
Tshisekedi yandagaje ingabo za EAC nâuwari Komanda wazo

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yandagaje ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) ziri mu gihugu cye nâuwahoze ari Komanda wazo, Major General Jeff Nyagah, uherutse kwegura. Ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru mu ruzinduko yagiriye muri Botswana kuri uyu wa 9 Gicurasi 2023, Tshisekedi yasobanuye icyatumye asaba ubufasha mu bihugu biri mu […]
Abadepite ntibashyigikiye igabanywa rya miliyari 14 ku ngengo y’imari y’ubuhinzi
Abadepite bagize komisiyo yâingengo yâimari nâumutungo byâigihugu bagaragaje ko badashyigikiye igabanywa ryâamafaranga yâu Rwanda akabakaba miliyari 14 ku ngengo yâimari igenerwa Minisiteri yâubuhinzi nâubworozi, MINAGRI. Babigaragaje kuri uyu wa 9 Gicurasi 2023 ubwo baganiraga na Minisitiri wâubuhinzi nâubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, ku mbanzirizamushinga yâitegeko rigena ingengo yâimari yâumwaka wâ2023/2024 igenerwa yâubuhinzi nâubworozi ya MINAGRI nâibigo […]
Umuvugizi wa guverinoma arasabira FDLR kubazwa inka iherutse kurasa
Umuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda, Yolande Makolo, arasaba ko abarwanyi ba FDLR nâindi mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Repubulika ya demukarasi ya Congo baherutse kugaragara barasa inka bagezwa mu butabera. Tariki ya 2 Gicurasi 2023, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yumvikanamo abavuga Ikinyarwanda barasa inka. M23 ivuga ko byakorewe nâabarwanyi barimo aba FDLR mu muhanda […]
Abakoresha imbunda barwanya abadafite intwaro ni ingurube: Museveni
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yamaganye yivuye inyuma abagize uruhare mu kurasa Ibrahim Tusubira AKA Isma Ichuli wamamamaye kubera gutangaza inkuru zinenga ubutegetsi, abita ingurube. Museveni yavuze ko mu mahame yâishyaka NRM, hatarimo gutsinda umuntu udafite intwaro hakoreshejwe imbunda. Ati: âNamaganye ingurube zimwe zishe uyu Munya-Uganda. Ingurube zi zo zikoresha imbunda mu kurwanya abatumvikana na […]
Minisitiri Kazadi aremeza ko icyaba cyose kitakuraho ubuvandimwe bwa Kagame na Tshisekedi
Minisitiri wâimari muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Nicolas Kazadi, aremeza ko icyaba cyose kidashobora gukuraho ubuvandimwe bwa Perezida wâigihugu cyabo, FĂ©lix Tshisekedi nâuwâu Rwanda, Paul Kagame. Kazadi mu kiganiro yagiriye kuri TĂ©lĂ© 50, yasubiye mu mateka ya vuba mu mwaka wâ2019 ubwo Tshisekedi yatumiraga Perezida Kagame ngo bifatanye gusezera mu cyubahiro Etienne Tshisekedi wabaye […]