Banki yo mu Rwanda yareze Umunya-Kenya mu nkiko imwishyuza akayabo

Sangiza iyi nkuru

Banki yitwa I&M Bank Rwanda yamaze kugeza ikirego mu rukiko rukuru rwa Nairobi muri Kenya isaba gufashwa kwishyuza Umunya-Kenya witwa Atulkumar Maganlal Shah ivuga ko yayambuye agera kuri 1,000,000,000Rwf.

Umucamanza mukuru w’uru rukiko, David Majanja, yavuze ko iyi Banki yagaragaje ibya ngombwa nkenerwa byose biyemerera gutanga ikirego mu rukiko rwo muri Kenya.

Majanja avuga ko yabonye ibihamya by’uko Shah yagaragaye mu ntangiriro z’uru rubanza rwabanje kuburanishwa n’urukiko rukuru rw’ubucuruzi rw’i Kigali, ariko bikarangira atishyuye ibyo yari yategetswe kwishyura.

Ku ikubitiro uru rubanza rwari rwarabanje kuburanishwa muri Nyakanga umwaka wa 2019, hanzurwa ko uriya mugabo wahoze ari umuyobozi wa Nakumatt yishyura I&M Bank angana na 932,497,198Rwf, ariko ntiyayishyura.

Nyuma yo gushyikirizwa umwanzuro w’urubanza rwabereye i Kigali, David Majanja yavuze ko urukiko rwa Nairobi rugomba gushyira mu bikorwa umwanzuro wafashwe kubera ko Shah yanze kwishyura.

Impapuro zasohowe n’urukiko rw’ i Kigali zigaragaza ko ku wa 15 Nzeri 2018, I&M Bank yari yahawe umwanzuro n’urukiko ko uvuga ko Shah agomba kwishyura angana na 933,497,198Rwf, ndetse agatanga na 600,000Rwf yagombaga kwishyura abacamanza.

Shah yanze gutanga ariya mafaranga ahubwo ahitamo kujurira, gusa umucamanza Kibuka M. Jean-Lue uri muri uru rubanza, yanga ubujurire bwe ahubwo ategeka ko amafaranga yagombaga kwishyura abacamanza yiyongera akagera ku 900,000Rwf.

Amafaranga uyu Munya-Kenya ashinjwa kwambura I&M Bank ni ay’inguzanyo iyi banki yagiye imuha akayajyana muri kompanyi ye ya Nakumatt Rwanda.

Bivugwa ko muri Mutarama 2018 uyu mugabo yafatiye Nakumatt Rwanda inguzanyo y’arengaho gato 1,000,000,000Rwf, atanga isezerano ry’uko azayishyura nta mananiza mu gihe Nakumatt izaba inaniwe kuyatanga.

Ushinjwa ubwambuzi, Atulkumar Maganlal Shah nk’uko Business Daily ibitangaza, avuga ko nta bubasha agifite kuri Nakumatt, bityo akaba atazi uko imiterere y’iby’inguzanyo isigaye ihagaze.

Amakuru avuga ko Super Market ya Nakumatt irimo amadeni menshi itanafitiye ubushobozi bwo kwishyura, ari na yo yabaye intandaro yo kugira ngo ibe yaraguye mu gihombo.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Juggling Ball
    Hi,

    We are making juggling balls.

    Find below link of our Google drive where you can see catalog of our juggling balls.

    https://drive.google.com/open?id=0B5meiXXKee54Y1RYaU9OczRlUjQ

    Price depend on order quantity.

    For quick communication you also can whatsaap 00923006122353

    PS. If you are already our customer then please ignore this email.

    Regards

    Hassan Afzal
    Proprietor

    — –
    Lion Leather
    Sialkot Pakistan
    Mob: 0092-3006122353
    Whats Ap: 0092-3006122353

  2. Juggling Ball
    Hi,

    We are making juggling balls.

    Find below link of our Google drive where you can see catalog of our juggling balls.

    https://drive.google.com/open?id=0B5meiXXKee54Y1RYaU9OczRlUjQ

    Price depend on order quantity.

    For quick communication you also can whatsaap 00923006122353

    PS. If you are already our customer then please ignore this email.

    Regards

    Hassan Afzal
    Proprietor

    — –
    Lion Leather
    Sialkot Pakistan
    Mob: 0092-3006122353
    Whats Ap: 0092-3006122353

  3. Banki yo mu Rwanda yareze Umunya-Kenya mu nkiko imwishyuza akayabo
    Natwe muzadukorere ubuvugizi nkabari abakozi ba Nakumatt natwe badusezereye bataduhaye nimpamba04/01/2019 ifunga imiryango.mutubarize uwo urukiko rw’ubucuruz rwa nyarugenge rwari rwarashyizeho ngo ayizahure azatwishyure.

  4. Banki yo mu Rwanda yareze Umunya-Kenya mu nkiko imwishyuza akayabo
    Natwe muzadukorere ubuvugizi nkabari abakozi ba Nakumatt natwe badusezereye bataduhaye nimpamba04/01/2019 ifunga imiryango.mutubarize uwo urukiko rw’ubucuruz rwa nyarugenge rwari rwarashyizeho ngo ayizahure azatwishyure.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *