Biravugwa ko Perezida Magufuli yafashwe n’uburwayi butunguranye

Sangiza iyi nkuru

 

Amakuru akomeje gucicikana kuri iki Cyumweru ni uko Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yagiye kuvurirwa mu gihugu cy’Ubudage nyuma yo gufatwa n’indwara z’umutima.

Ku mbunga nkoranyambaga, Abanya-Tanzania bakomeje gusa ibiro by’umukuru w’igihugu gutanga amakuru kuri iyi ngingo.

Kugeza ubu ntacyo Leta ya Tanzania iratangaza kuri iyi ngingo gusa umwe mu bantu batatangajwe amazina wo muri Leta ya Tanzania, yavuze ko ku gicamunsi hari itangazo riri bushyirwe hanze nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Aya makuru avuga ko Perezida Magufuli yafashwe n’umutima ubwo yari mu Mujyi wa Lindi uri mu birometero 450 uvuye mu Mujyi wa Dar Es- Salaam.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Bivugwa ko  Magufuli yari mu Mujyi wa Lindi ari mu bikorwa by’amatora ateganyijwe mu mwaka utaha.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *