RED-Tabara yasubije Ndayishimiye umaze igihe ayishinja gukorana n’u Rwanda

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wabeshyuje Perezida Evariste Ndayishimiye umaze igihe ashinja Leta y’u Rwanda kuwuha ubufasha kugira ngo uzatere igihugu cye. Kuva mu mwaka ushize wa 2025 Perezida Ndayishimiye yakunze kumvikana avuga ko u Rwanda ruha ubufasha uriya mutwe, kugira ngo uzatere u Burundi. Ni ibirego uyu mugabo yongeye gushimangira mu minsi […]
Qatar yongeye guhamagaza RDC na AFC/M23 ku meza y’ibiganiro

Nyuma y’amezi arenga abiri ashize ibiganiro by’amahoro by’i Doha bigamije guhagarika amakimbirane akoreshwamo intwaro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bihagaze, bigiye gusubukurwa. Biravugwa ko Qatar, nk’umuhuza muri iki kibazo, yongeye gutangiza ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo n’Ihuriro rya AFC / M23, ihamagarira impande zombi gusubira ku meza y’ibiganiro i Doha. Impande […]
Niger: Haravugwa imirwano ikaze hafi y’Ikibuga cy’indege cya Niamey

Urusaku rw’amasasu menshi n’ibiturika byumvikanye nyuma ya saa sita z’ijoro kuri uyu wa Kane hafi y’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Niger ku murwa mukuru, Niamey, rwateye ubwoba abaturage kandi bihungabanya ituze ry’umujyi. Amashusho yafashwe n’abenegihugu yerekanaga amasasu anyuranamo mu kirere aherekejwe n’iturika ry’urusaku nk’urw’inkuba. Andi mashusho arimo kuzenguruka kuri internet yafashwe yerekanye ibibatsi by’umuriro bizamuka muri […]
CAF yahaye ibihano biremereye Sénégal na Maroc

Akanama gashinzwe imyitwarire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, kafatiye ibihano ibihugu bya SĂ©nĂ©gal na Maroc kubera ibikorwa bigayitse byagaragaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025. Ni igikombe SĂ©nĂ©gal yegukanye nyuma yo gutsindira Maroc imbere y’abafana bayo igitego 1-0. Uyu mukino wahagaze iminota irenga 20, nyuma y’uko abakinnyi ba SĂ©nĂ©gal babisabwe […]
Yampano yakijijwe ndetse agiye no kurongora

Umuhanzi Yampano yatangaje ko yiteguye gukora ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava, nyuma y’igihe gito cyane yakiriye agakiza mu isengesho ryayobowe na Prophet Akim Hulleman. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira kuri TikTok mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, aho yagaragaje ibyishimo byinshi, agaruka ku rukundo afitiye Uwineza Vava ndetse n’icyizere […]
Harasozwa icyumweru cyahariwe uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha mu magororero

Icyumweru cyahariwe uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Barganing) bukorerwa mu magororero, cyatangiye kuva ku itariki 26 kirasozwa kuri uyu wa 29 Mutarama 2026. Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bw’Urukiko rw’Ikirenga, Ubushinjacyaha, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, Ubuyobozi bw’Uturere na Legal Aid Forum Rwanda cyabereye mu magororero 11 yo hirya no hino mu Gihugu. Muri […]
Yahawe inzu yakodeshaga kubera kwishyura ku gihe

Umugore wo mu mujyi wa Melbourne yakoze benshi ku mutima nyuma yo kuragwa inzu yari amazemo imyaka irenga 23 ayikodesha, bitewe n’ubudahemuka n’imyitwarire myiza yamurangaga mu buzima bwe bwa buri munsi. Jane Sayner yatangiye gukodesha inzu ifite ibyumba bibiri byo kuraramo mu gace ka St Albans guhera mu mpera z’imyaka ya 1990. Nyir’inzu, John James […]
Yagizwe umwere n’urukiko nyuma y’imyaka 70

Urukiko rwo mu Ntara ya Dallas rwatangaje ku mugaragaro ko Tommy Lee Walker, umunyamerika w’umwirabura wari warakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umuzungukazi witwaga Venice Parker, yagizwe umwere, nyuma y’imyaka 70 yari amaze afunzwe. Walker yari afite imyaka 19 gusa ubwo yakatirwaga urwo rubanza mu 1954, maze akicwa mu 1956. […]
Umunyamakuru Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije wa GuverinomaÂ

Umunyamakuru Uwera Jean Maurice, yahawe inshingano zo kuba umuvugizi wungirije wa Guverinoma. Uwera wamenyekanye nk’umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda, yari amaze igihe ari umuyobozi wa Radiyo ya SK FM. Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama iyobowe na Perezida Paul Kagame ni yo yamuhaye ziriya nshingano, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’ibyemezo by’inama […]
Amerika yaba iri gutegura gufatira u Rwanda ibihanoÂ

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biravugwa ko bari kuganira uko kiriya gihugu cyafatira u Rwanda ibihano, nyuma y’uko rwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo binaniwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro byasinyanye. Mu byumweru bitandatu bishize ni bwo ba Perezida Paul Kagame na FĂ©lix Tshisekedi bashyize umukono kuri ariya masezerano, […]
UPDF yahakanye ko iri guhiga Bobi Wine

Ingabo za Uganda (UPDF) zahakanye ibivugwa ko zirimo guhiga Perezida w’ishyaka National Unity Platform (NUP) akaba n’uwigeze kwiyamamariza kuyobora igihugu, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane nka Bobi Wine. Ibi byatangajwe na Colonel Chris Magezi, Umuvugizi w’Agateganyo w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, nyuma y’uko Kyagulanyi avuze ko ingabo zagabye igitero ku rugo rwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize, bigatuma […]
Trump yaburiye Iran nyuma yo kohereza hafi yayo amato y’intambara

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaburiye Iran ayibwira ko “igihe kirimo gushira” kugira ngo iganire ku masezerano ajyanye na porogaramu yayo ya nuclĂ©aire, nyuma y’uko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kongerwa mu gace ka Golfe. Perezida Trump mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko “armada (itsinda […]
Huye: Umugabo w’imyaka 21 akurikiranweho kwica umugore babanaga

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 21 ukekwaho kuba ku itariki ya 22/01/2026 ahagana saa tatu z’ijoro yarishe  umugore babanaga w’imyaka 20 ubwo bari mu rugo mu Mudugudu wa Kadurumba, Akagari ka Munazi, Umurenge wa Save, mu Karere ka Gisagara. Mu ibazwa rye, ukekwa yavuze ko yamukubise ingumi mu gahanga akamukubita […]
Fizi: Abakomando ba FARDC boherejwe guhangana na Twirwaneho yigaruriye uduce dushya

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama wigaruriye uduce dushya two muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko uduce Twirwaneho yafashe turimo Inguri (AngĂşlĂ©), Bikyaka na Nehele, nyuma yo guhangana n’ingabo […]
Cibitoke: Imirambo y’abantu 3 yasanzwe ku Ruzi rwa Rusizi

Imirambo y’umugabo, umugore, n’umwana yavumbuwe ku nkombe z’Uruzi rwa Rusizi, kuwa Kabiri mu gitondo, hafi y’umupaka uhuza u Burundi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mu gace ka Gatoki, Umudugudu na Zone Rukana, Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’igihugu. Abayobozi bakeka ko ari igikorwa cyo kugerageza kwambuka bitemewe cyagenze nabi. Amakuru […]
“Umugabo si ihene yo kwiba” – Nana

Nyuma yo gusezerana ku mugaragaro n’umugabo we Jean Paul, Umurerwa Nana yahuye n’igitutu n’ibirego byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yaratwaye umugabo w’undi mugore. Nana yahise ahakana ayo makuru, ashimangira ko umugabo we atari afite undi mugore, bityo ko nta kwiba kwabayeho. Ibi Nana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yari […]
Ubuhamya bwa Gen. Ndima mu rubanza rwa Gen. Yav ushinjwa kuba icyitso cya Kabarebe

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026 rwasubukuye urubanza Lt. Gen Philemon Yav ushinjwa gukorana n’u Rwanda. Muri uru rubanza ruyobowe na Lieutenant-gĂ©nĂ©ral Joseph Mutombo Katalay, abasirikare bane bakuru barimo lieutenant-gĂ©nĂ©ral Ndima Kongba wigeze kuba Guverineri wa gisirikare w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, GĂ©n. Maj […]
Nibongera kudutera Uvira tuzasubirayo: Dr. Balinda wa AFC/M23

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niziramuka zongeye kuwugabaho ibitero, bizarangira usubiye gufata Umujyi wa Uvira. Byatangajwe n’umuvugizi wungirije w’uriya mutwe, Dr. Oscar Balinda, mu kiganiro yahaye BWIZA. Ku wa 9 Ukuboza 2025 ni bwo AFC/M23 yari yafashe umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara […]
France: Uwari senateri arashinjwa guha ibiyobyabwenge umudepitekazi

Uwahoze ari senateri JoĂ«l Guerriau w’imyaka 68, yemeye ko yahaye depite Sandrine Josso ikinyobwa kirimo ikiyobyabwenge cya MDMA ariko akavuga ko ari impanuka. Uyu mudepitekazi wo mu Bufaransa yavuze ko yifuza ko “ukuri” kujya ahagaragara mu rubanza rw’uwahoze ari senateri ushinjwa kumunywesha ibiyobyabwenge agamije kumusambanya. Asobanura ko ari ibintu byamuteye ubwoba bw’uko ashobora gufatwa […]
Abanyarwanda barimo abarwanyi 15 ba FDLR batashye bava muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 27 Mutarama 2026, MONUSCO, ibinyujije muri gahunda yo kwambura intwaro intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (DDRS), yasubije mu gihugu cyabo abaturage 34 b’Abanyarwanda, barimo 15 bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR hamwe n’abantu 19 bo mu miryango yabo. Iyi ni inshuro ya gatatu habaye gutaha […]
Korea y’Epfo: Uwahoze ari “first lady” yoherejwe muri gereza

Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwategetse ko uwahoze ari umudamu wa mbere mu gihugu, Kim Keon Hee, ahabwa igifungo cy’umwaka umwe n’amezi umunani, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwakira ruswa yatanzwe n’abayobozi b’Itorero Unification Church kugira ngo na we azabafashe mu rwego rwa politiki. Umucamanza Woo In-sung wo mu Rukiko rw’Ibanze […]
Yemeye gufungwa aho gusubiza Miliyoni 272 zayoberejwe kuri konti ye

Muri Nigeria, umugabo witwa Ojo Eghosa Kingsley, umukiriya wa First Bank, yisanze mu kibazo gikomeye cy’amategeko nyuma y’uko iyi banki iyobereje kuri konti ye amafaranga angana miliyari 1.5 Aho kumenyesha banki cyangwa gusubiza ayo mafaranga, Kingsley bivugwa ko yayakoresheje ku nyungu ze bwite hagati ya Kamena na Ugushyingo 2025. Ibi byatumye Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha […]
Abasirikare b’u Burusiya babohewe ku biti bacuritse ndetse bambaye n’ubusa

Mu mashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko abayobozi b’igisirikare cy’u Burusiya bagaragaye bahana abasirikare babiri bashinjwaga guta inshingano no kutubahiriza amabwiriza ku rugamba rwo muri Ukraine. Ayo mashusho, bivugwa ko yafashwe hafi y’ahari imirwano, agaragaza abasirikare bombi bambitswe ubusa bw’imbere gusa, baziritswe ku biti mu mbeho ikabije. Umwe muri bo yari amanitswe umutwe […]
Abatunze imodoka na Moto bitarakorerwa mutation bagiye kubyamburwa

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko abantu batarubahiriza igihe cyo gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga (mutation) bahawe igihe ntarengwa kigera ku wa 28 Gashyantare 2026, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo byabo bitarabonerwa umuti. Iyi gahunda ireba by’umwihariko abarengeje igihe cyemewe cy’iminsi umunani nyuma y’uko ikinyabiziga kigurishijwe cyangwa kivanwe ku muntu umwe kijya ku wundi. RRA […]
M23 yahishuye ibyo yaganiriye na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

Umutwe wa M23 wahishuye ko ubwo wafataga umujyi wa Bunagana iwirukanyemo ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wahamagaye kuri telefoni Perezida Felix Tshisekedi umusaba ko bajya mu biganiro mu rwego rwo kwirinda imeneka ry’amaraso, undi akabitera utwatsi. Muri Kamena 2022 ni bwo M23 yafashe uriya mujyi uherereye ku mupaka wa Congo na […]
The Ben yagiriye Bruce Melodie impuhwe ntiyamuca Miliyoni 600

Mu kwezi k’Ugushyingo, The Ben na Bruce Melodie basinye amasezerano ajyanye n’ubufatanye mu muziki, harimo no gutegura igitaramo cya The NU-Year Groove ndetse n’ibindi bitaramo byari biteganyijwe gukorwa nyuma. Aya masezerano yari akubiyemo ingingo igena ko uruhande rwayica rwacibwa ihazabu ya Miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda. Amasezerano yasinywe ku mugaragaro, ahari The Ben, Bruce Melodie […]
Perezida Kagame yakiriye Prof. Dong-Sup Yoon uyobora Kaminuza ya Yonsei

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Mutarama, Perezida Kagame yakiriye, muri Village Urugwiro, Prof. Dong-Sup Yoon, Perezida wa Kaminuza ya Yonsei, na Dr. Won-Yong Lee, Visi Perezida Nshingwabikorwa ushinzwe Ubushakashatsi, hamwe n’intumwa bayoboye. Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati ya Kaminuza ya Yonsei n’u Rwanda binyuze mu kungurana ibitekerezo, ubushakashatsi, no […]
RDC mu bihugu bya Afurika bifite igisirikare karahabutaka muri 2026

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashyizwe mu 10 bya mbere bikomeye muri Afurika muri uyu mwaka wa 2026; nk’uko urutonde rwa Global Firepower 2026 rubyerekana. Muri Afurika, urutonde rwa 2026 rwa GFP rugaragaza ibihugu 38 bifite igisirikare gikomeye hashingiwe ku bushobozi bwa gisirikare bukubiyemo umubare w’ingabo, ibikoresho bya gisirikare, ingengo y’imari, ubushobozi […]
U Rwanda na Jamaica byasinye amasezerano y’ubufatanye mu by’imari n’imigabane

Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (RSE) ryashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Jamaica (JSE), ashyiraho ubufatanye bufatika mu guteza imbere isoko, kubaka ubushobozi, no guhanga udushya, hibandwa ku hari amahirwe yo gushora imari. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abarimo Andrew Michael Holness, Minisitiri w’Intebe wa Jamaica, Hon. Fayval Williams, Depite akaba na […]
Gusobanukirwa ikibazo cyugarije Iran: hagati y’idini, ubutegetsi n’amahanga

Kugira ngo dusobanukirwe neza ibibera muri Iran uyu munsi, ni ngombwa kwirinda kubireba mu ndorerwamo imwe. Si ikibazo cy’ubukungu gusa, si n’ikibazo cy’idini gusa, kandi si n’ikibazo cy’ibihano mpuzamahanga byonyine. Ahubwo, ni ikibazo cy’urusobw (crise structurelle) gishingiye ku mateka maremare ya politiki, ku miterere y’ubutegetsi bwa none (thĂ©ocratie), ndetse no ku muco w’igihugu ufite imizi […]
U Rwanda rwajyanye mu nkiko u Bwongereza

Leta y’u Rwanda yamaze kujyana iy’u Bwongereza mu nkiko isaba kwishyurwa amafaranga yerekeye amasezerano yo kwakira abasaba ubuhungiro ibihugu byombi byari byarasinyanye, mbere yo guseswa n’ishyaka Labour’s Party riri ku butegetsi. Daily Mail ivuga ko amafaranga u Bwongereza bushobora kwishyura u Rwanda ashobora kurenga miliyoni 50 z’ama-pounds (Frw miliyari 99.5). Ikibazo kiri hagati y’u Rwanda […]
Amafoto: Abanyarwanda batuye Denmark bahuriye mu birori byo kwizihiza umwaka mushya

Abanyarwanda batuye muri Denmark baturutse imihanda yose, kuwa 24 Mutarama bahuriye mu mujyi witwa Viborg, mu birori bisoza umwaka, barasangira ndetse baranidagadura. Ni igikorwa bishimira cyane, kuko akenshi baba banakumburanye, dore ko badahura kenshi, keretse iyo habaye ibikorwa bibahuza; nk’umunsi w’abari n’abategarugori, kwibuka, umunsi wo kwibohora, Umuganura n’ibindi. Umwe muri aba Banyarwanda wavuganye na BWIZA […]
Burundi: Abasirikare bagize ngo bongejwe hashize akanya bayoberwa aho amafaranga agiye

Bamwe mu basirikare b’u Burundi barasaba umucyo nyuma y’ibintu byabaye, kuri uyu wa Mbere, kuri konti zabo ubwo bajyaga gufata imishahara, aho ngo habaye ibintu bitangaje bakabona bongejwe umushahara hashira akanya gato bakayoberwa aho amaffaranga agiye nk’uko umwe muri bo yabitangaje. Umwe mu basirikare wagejeje iki kibazo ku ishyirahamwe FOCODE riharanira uburenganzira bwa muntu, yavuze […]
ICC iremeza ko Duterte wahoze ayobora Philippine afite ubushobozi bwo kuburana
Abacamanza bo mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) bemeje ko Rodrigo Duterte wahoze ari Perezida wa Philippine afite ubushobozi bwo kwitabira iburanisha ry’ibanzirizasuzuma ku byaha ashinjwa byibasiye inyokomuntu. Ku itariki ya 23 Gashyantare, ICC izasuzuma niba dosiye y’ubushinjacyaha burega Duterte ikomeye ku buryo yakoherezwa mu rubanza. Abunganira Duterte mbere bavuze ko uyu mugabo w’imyaka 80 adafite […]
U Burundi bwaba bwaramaze kwica ‘Rabin’ n’Umunyarwanda bari kumweÂ

Amakuru aturuka mu nzego z’ubutasi z’u Burundi, aravuga ko Umurundi DieudonnĂ© Niyukuri wamenyekanye kuri ‘YouTube’ nka Rabin na bagenzi be barimo Umunyarwanda bari kumwe baba barishwe. Mu Ukwakira 2025 ni bwo Rabin na bagenzi be batawe muri yombi, bafungirwa muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza (SNR) mu yahoze ari intara ya Cibitoke, mbere yo koherezwa i […]
Igisirikare ntigikubita abagore, turashaka umugabo we w’ikigwari – Gen. Muhoozi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahakanye ibivugwa n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, uvuga ko abasirikare bateye umugore we mu gitero cyagabwe mu rugo rwabo ari ninjoro. Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko abasirikare binjiye, mu ijoro ryo ku wa […]
Brig. Gen. Godfrey Gasana yahererekanyije inshingano na Col. Gatsinzi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Brigadier General Godfrey Gasana na Col Dan Gatsinzi baherutse guhabwa inshingano nshya. Brig. Gen. Godfrey Gasana wagizwe umupilote wihariye wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyikirije ku mugaragaro Col Dan Gatsinzi inshingano z’Umugaba Wungirije w’Ingabo […]
Miss Naomie yahaye gasopo uwavuze ko amaze umwaka mu rushako ataratwita

Miss Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije bikomeye uwitwa Edman Ishimwe ku rubuga rwa X (Twitter), wari wanditse amagambo yavugishije benshi ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite. Edman Ishimwe yari yanditse ati: “Umwaka urahise n’undi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe, ariko ntakanunu ko gusama.” Iyi mvugo yahise ikurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, […]
Umusifuzi yatanze penaliti 3 kandi nta makosa yabayeho

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT 🇨🇲) ryahagaritse by’agateganyo abasifuzi bane nyuma y’imyanzuro yabo yateje impaka nyinshi mu mukino wa shampiyona MTN Elite One wahuje Victoria United na PWD Bamenda, wabereye kuri Centenary Stadium i Limbe ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026. Nk’uko FECAFOOT yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga zayo, abo basifuzi bahagaritswe kubera ibyemezo […]
AFC/M23 yashimangiye ko nta gace na kamwe igenzura izongera kuvamo

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washimangiye ko utazigera na rimwe uva mu bice wabohoye. Byatangajwe na Lawrence Kanyuka uvugira uyu mutwe, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026. Yasubizaga ku itangazo ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku wa 23 Mutarama zashinje […]
Igisubizo cya Green Party ku bayishinja gukorera mu kwaha kwa FPR-Inkotanyi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko kuba FPR-Inkotanyi hari ibyo ishobora kuvuga rikaba ryabyemera bitavuze ko rikorera mu kwaha kwayo. DGPR yavuze ibi isubiza abiganjemo abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bakunze kugaragaza ko mu Rwanda nta ‘opozisiyo’ ihaba, bagashinja amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gukorera mu kwaha kwa […]
Ubuyobozi bwa Uganda bwirukanye abanyamakuru 3 b’Abafaransa

Muri uku kwezi kwa Mutarama, abategetsi ba Uganda birukanye abanyamakuru batatu b’Abafaransa muri iki gihugu nyuma y’igenzura rikomeye cyane ku bijyanye n’amatora ya perezida aho Yoweri Museveni wari usanzweho yatsindiye manda ya karindwi yikurikiranya. Abagizweho ingaruka n’iki cyemezo ni Bastien Renouil, umunyamakuru ukorera France 24 muri Afurika y’Iburasirazuba, wageze muri Uganda ku ya itariki […]
Umwaka urashize M23 ifashe Goma, FARDC ikarasa i Rubavu

Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama 2025, umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Goma yafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yari imaze iminsi ibera mu nkengero zayo. Ni imirwano irimo iyamaze icyumweru kirenga ibera mu bice bya […]
Rutshuru: Hadutse imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo ku birindiro bya AFC/M23
Imirwano ikomeye yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, mu birometero bicye uvuye Kinyankuku, hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP n’abarwanyi ba AFC/M23, muri Gurupoma ya Bukombo, Teritwari ya Rutshuru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post aravuga ko imirwano yadutse nyuma y’igitero cya CMC ku barwanyi ba […]
Sudani y’Epfo: SSPDF yasabye abakozi ba Loni kuva ahantu ishaka gutera iburira abasivili bazahasangwa

Kuri iki Cyumweru, itariki 25 Mutarama, Igisirikare cya Sudani y’Epfo cyasabye ko abaturage, imiryango itabara imbabare, ndetse n’abakozi ba Loni kuva mu turere tugenzurwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Leta ya Jonglei mbere y’igitero gikomeye cya gisirikare. Mu magambo ye, Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani (SSPDF), Maj. Gen. Lul Ruai Koang yagize ati: “Imiryango itegamiye kuri leta […]
Uganda: Imbuga nkoranyambaga zakomorewe nyuma y’amatora

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko imbuga nkoranyambaga zongeye gukomorerwa nyuma yo guhagarikwa kubera amatora rusange yari arimo guhangana cyane mu ntangiriro za Mutarama. Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerubaga, yatangaje ikurwaho ry’itegeko ryari ryarahagaritse imbuga nkoranyambaga, ashimira Abagande ku nkunga n’ubufatanye bwabo mu gihe […]
Yirukanwe azira gutoza ikipe akoresheje ChatGPT

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Robert Moreno, yirukanywe mu ikipe ya FC Sochi yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, nyuma yo gutsindwa kenshi no gufata ibyemezo byatangaje benshi, byinshi muri byo byashingiraga kuri ChatGPT. Moreno w’imyaka 48 y’amavuko, yavuye muri FC Sochi muri Nzeri umwaka ushize, nyuma yo kubona inota rimwe gusa […]
Impamvu P. Kagame atari mu barwanyi ba Museveni bafashe Kampala

Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama mu 1986 (imyaka 40 irashize), ingabo z’umutwe wa National Resistance Army (NRA) zafashe Umujyi wa Kampala, mu rugamba rutagaragayemo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Ingabo za NRA zari ziyobowe na Yoweri Kaguta Museveni muri iki gihe uyoboye Uganda, zafashe Umujyi wa Kampala nyuma y’imirwano yari imaze iminsi icyenda izihanganishije […]
Umusobanuzi PK yarongoye

Karemera Hassan uzwi cyane ku izina rya PK, wamamaye mu gusobanura filime mu myaka yashize, yarushinze n’umukobwa bakundanye igihe runaka, Murekatete Diane. Ubukwe bwabo bwabaye ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026, bubera ahitwa Ahava River Hall i Kicukiro, nyuma y’uko babanje gusezerana mu muhango wo gusaba no gukwa, banasezerana imbere y’Imana. Mu Ugushyingo 2025, […]
Mexico: Abantu bitwaje intwaro bateye ku kibuga cy’umupira bica 11

Itsinda ry’abagabo bitwaje intwaro ryarashe ku kibuga cy’umupira w’amaguru muri Leta ya Guanajuato yo muri Mexico rwagati, bahitana byibuze abantu 11 abandi 12 barakomereka. Umuyobozi w’Akarere ka Salamanca, Cesar Prieto, avuga ko mu baguye muri icyo gitero, harimo umugore n’umwana nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Yongeyeho ati: “Ibi byago biriyongera ku rugomo duhura […]
Ndayishimiye n’umugore we bacyeje Ndikuriyo watorewe kongera kuyobora CNDD-FDDÂ

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi n’umugore we, Angeline Ndayubaha, bashimiye RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo watorewe gukomeza kuba Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi. Ndikuriyo na Cyriaque Nshimirimana usanzwe amwungirije, batorewe mu Nteko Rusange ya CNDD-FDD yabereye i Gitega ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama. Uyu mugabo wari usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa ririya shyaka kuva muri […]
Amerika niduhana natwe tuzayihana: Gen. MuhooziÂ

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe zaba zigifatiye ibihano cyangwa zigahana we. Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, abinyujije ku rubuga rwe rwa X rwahoze rwitwa Twitter yavuze ko “abashotoranyi b’Abanyamerika nibaramuka bamfatiye ibihano cyangwa […]
Yuriye inzu y’amagorofa 101 nta migozi cyangwa umutaka

Umukinnyi w’umunyamerika uzwi mu kuzamuka ahahanamye, Alex Honnold w’imyaka 40, yakoze amateka nyuma yo kuzamuka inyubako ndende kurusha izindi muri Taiwan, Taipei 101, adakoresheje umukandara w’umutekano (harness) cyangwa insinga zo kumufata, aba abaye umuntu wa mbere ubikoze. Abantu amagana n’amagana bateraniye hafi y’iyo nyubako ubwo Honnold yatangiraga urugendo rutoroshye rwo guterera Taipei 101, ifite uburebure […]
Yarongoye abagore 2 icyarimwe – Amafoto

Umugabo witwa Mampomo Jeannot Sylvain yakoze amateka adasanzwe, ashakana ku mugaragaro n’abagore be babiri mu muhango wabereye ku biro bya Douala I Council, igikorwa Umuyobozi w’Umujyi (Mayor) yavuze ko ari gake cyane abona ibintu nk’ibyo mu kazi ke. Uyu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru, witabirwa n’imiryango yombi, aho Mampomo Jeannot Sylvain yasezeranye n’abagore be Tchoumo […]
Haut-Katanga: Ishyamba si ryeru hagati ya sosiyete sivile na guverineri

Mu Ntara ya Haut-Katanga, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imiryango myinshi itegamiye kuri leta iramagana ubuyobozi bwa guverineri w’agateganyo, Martin Kazembe Shula, bashinja ko bwashyize imbere amacenga ya politiki kuruta ibyo intara ishyira imbere. Mu gihe mu ntara ibikorwa bisa nk’aho byahagaze, aho kubaka byahagaritswe, imishinga y’iterambere irahagarikwa, ndetse n’imirimo ifitiye igihugu akamaro, biravugwa […]
Jeannette Kagame yitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi 78 basoje amasomo y’ubuvuzi muri UGHE

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye muri Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange (UGHE) campus ya Butaro, mu Karere ka Burera, umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 30 basoje amasomo y’ubuvuzi b’aba ‘Doctors’ na 48 basoje ku rwego Master of Science in Global Health Delivery. Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Nsengiyumva, ni we […]
Abarimo FDNB, FDLR n’abazungu batangiye koherezwa ku bwinshi mu misozi miremire

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho watanze impuruza ku bitero ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziri gutegura kugaba ku baturage bo mu gice cy’imisozi miremire mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuhuzabikorwa w’uriya mutwe, Colonel Kamasa Ndakize Welcome, yatangaje ko muri Kivu y’Amajyepfo hakomeje kugaragara ukwiyongera gukabije kandi guteje inkeke kw’ibikorwa […]
Igitero cya drones za FARDC kuri centre ya Minzenze cyahitanye abaturage benshi

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza kwibasira abaturage b’abasivili no gukomeza kudaha agaciro ubuzima bw’ikiremwamuntu. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri iki Cyumweru, Umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka yongeye gutanga abagabo ku Muryango Mpuzamahanga. Ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje ubudahwema gukurikiza politiki y’urugomo buhumyi rukorerwa abaturage b’abasivili, gusenya imitungo yabo mu […]
Minnesota: Abashinzwe abinjira n’abasohoka bishe undi muntu bamurashe

Abashinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barashe umuntu muri Minneapolis, abayobozi baho bagaragaje ko ari uwitwa Alex Pretti w’imyaka 37, umuturage wa Amerika. Abayobozi ba Leta ya Minnesota n’abayobozi ku rwego rw’igihugu barimo gutanga inkuru zivuguruzanya ku bihe byabanjirije iyicwa rya Pretti, ibi bikaba bibaye mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu undi muntu […]
Umusore uba muri Amerika afunzwe ashinjwa kwica mugenzi we

Uwitwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi we, nyuma yo kumugongera mu mujyi wa Kigali, aho bivugwa ko byatewe n’ubushyamirane bwo gupfa umukobwa. Amakuru y’ifungwa ry’uyu musore, yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry wavuze ko […]