Gisagara: Arashinjwa guha bagenzi be inzoga yahumanyije

Mu Isantere y’ubucuruzi ya Rebero mu kagari ka Gakoma umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, haravugwa umugabo witwa Iraguha Eric uherutse guha inzoga y’icyuma abagabo 4 yabanje gusukamo Supaguru, ibyo abahatuye n’abanyweye kuri iyi nzoga bavuga ko ari igikorwa kigayitse cyo gushaka guhitana ubuzima bw’abantu. Bamwe mu banyoye iyi supaguru baganiriye n’umunyamakuru wa B Plus TV […]
Brig. Gen Gasana yagizwe umupilote wa Perezida, anahabwa izindi nshingano

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye Brig. Gen Godfrey Gasana inshingano zirimo kuba umupilote wihariye wa Perezida wa Repubulika. Igisirikare cy’u Rwanda ni cyo cyemeje iby’izi nshingano, mu itangazo cyashyize hanze mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 24 Mutarama 2026. Usibye kuba umupilote wa Perezida, Brig. Gen Gasana yagizwe […]
Green Party yijeje umusanzu ku kibazo cy’amazi adahagije i Musanze

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryijeje gutanga umusanzu kugira ngo ikibazo cy’amazi adahagije kigaragara mu karere ka Musanze gikemuke. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwatanze iryo sezerano kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Mutarama 2023, ubwo bwahuguraga abarwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere ka Musanze barimo bategurirwa kujya guhugura bagenzi babo bo ku […]
Bobi Wine arashinja UPDF gufatira imbunda ku mugore we

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yashinje abasirikare ba kiriya gihugu guhohotera umugore we kugeza ubwo bamufatiraho imbunda. Kyagulanyi mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko mu ijoro ryacyeye ari bwo abo basirikare babarirwaga mu magana bateye urugo rwe ruherereye mu gace ka Magere. Yavuze ko “abenshi […]
U Rwanda rwakiriye abakomando baturutse muri FDLR

Ku wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama 2026, u Rwanda rwakiriye abarwanyi umunani bari bamaze igihe barwana mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za FDLR zizwi nka CRAP. Aba barwanyi bari mu Banyarwanda 14 bakiriwe mu kigo cya Mutobo giherereye mu karere ka Musanze. Gatabazi Jean Marie Vianney uri mu bagize inama y’abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe […]
Ndayishimiye yirukanye abaminisitiri 2 yari amaze amezi 6 ahaye imirimo

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku wa Gatanu yirukanye abaminisitiri babiri, nyuma y’amezi atandatu barahiriye kwinjira muri Guverinoma. Abavanwe mu mirimo nk’uko bigaragara mu teka rya Perezida w’u Burundi ryo ku wa 23 Mutarama, ni Arthémon Katihabwa wari usanzwe ari Minisitiri w’Ubutabera, Uburenganzira bwa Muntu n’Iterambere Ridakumira. Uyu yasimbuwe na Alfred Ahingejeje wahoze ari umudepite […]
Macron yijeje Tshisekedi ubufasha mu kurinda ubusugire bwa RDC

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yijeje mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubufasha bwo kurinda ubusugire bw’igihugu cye. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama ni bwo Macron yakiriye Tshisekedi mu ngoro ye ya Champ Elysée, nyuma yo kumutumira i Paris. Ni umuhuro wasize abo bagabo bombi bagiranye ibiganiro. […]
Al-Hilal yahagamye Mamelodi Sundowns

Ikipe ya Al-Hilal yo muri Sudani yahagamye Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo bagwa miswi ibitego 2-2, mbere y’uko amakipe yombi ahurira mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Stade Amahoro. Masandawana yari yakiriye abanya-Sudani, mu mukino wa gatatu wo mu itsinda C muri CAF Champions League wabereye kuri Loftus Versfeld Stadium, i Pretoria. Byasabye umunota […]
Vuba aha tuzarwana twisubize Goma na Bukavu: Tshisekedi

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yahaye abaturage isezerano ry’uko mu gihe cya vuba azatangiza ibitero byo kwisubiza ibice byose M23 igenzura, birimo n’imijyi ya Goma na Bukavu. Ni ubutumwa Tshisekedi yatanze abinyujije muri Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo wo ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, Jean-Jacques Pulusi. Kuri uyu wa […]
Umutwe udakira: Ibiwutera n’uko wawirinda

Kurwara umutwe ni ikintu rusange ku bantu, dore ko nko mu gihe cy’izuba ho usanga benshi bahorana imiti iwuvura cyangwa bagahorana amazi yo kubafasha kuwurwanya. N’ubwo bimeze gutyo, hari abagira uburwayi bw’umutwe budakira ku buryo usanga ariyo ndwara ibazahaza mu buzima bwabo. Kurwara umutwe ahanini bigaragaza ikitagenda neza mu mubiri, gusa kuwurwara bihoraho bigaragaza ikintu […]
Tshisekedi yagiye kubonana na Macron nyuma yo kuva i Davoos

Nyuma yo kuva i Davos mu Busuwisi, aho yari yitabiriye inama ya WEF (World Economic Forum), ku wa Gatatu, itariki ya 21 Mutarama, akagirira uruzinduko rugufi i Buruseli, Félix Tshisekedi yagombaga kuri yu wa Gatanu gusangira ifunguro rya saa sita na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, i Paris. Nk’uko amakuru agera kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, […]
Gen. Muhoozi yibasiye abagore batagira ‘nyash’

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yibasiye abagore batagira ikibuno, abagaragaza nk’abatera umwaku. Uyu musirikare mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko gukora ku bagore batagira ikibuno biteza ibyago byo kujya ikuzimu. Yagize ati: “Iyo ukoze ku mugore utagira ‘nyash’ (ikibuno) uhita ujya ikuzimu. Nta cyakurokora.” Muhoozi mu bundi butumwa […]
Uganda: Winnie Byanyima aratabariza umugabo we

Winnie Byanyima, umugore w’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye, aravuga ko umugabo we amerewe nabi cyane kubera uburwayi, aho yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters, ko afite ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, ububabare bwo mu gifu, umwuma ndetse no kudashobora kugenda. Besigye w’imyaka 69 y’amavuko amaze umwaka urenga afunzwe nyuma yo gufatirwa mu gihugu cy’abaturanyi cya […]
Umudepite wa Amerika yasabye ko M23 yinjizwa mu nzego z’umutekano za RDC

Umudepite uhagarariye leta ya Texas mu nteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko kwinjiza abarwanyi ba M23 mu nzego z’umutekano za leta ya RDC byaba igisubizo cy’intambara imaze imyaka mu burasirazuba bwa Congo. Depite Ronny Jackson, umuganga wahoze mu gisirikare cya Amerika, yavuze ibi ku wa Kane ubwo Komite y’Ububanyi n’Amahanga […]
U Rwanda rwemereye Amerika ko rufitanye ubufatanye mu by’umutekano na M23

Guverinoma y’u Rwanda yemereye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko ifitanye ubufatanye mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, bijyanye no kuba impande zombi zihuriye ku nyungu yo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa n’umutwe wa FDLR n’indi mitwe y’intagondwa ishyigikiwe n’igisirikare cya RDC. U Rwanda rwemeje ko rufitanye imikoranire n’uriya mutwe, biciye muri Ambasaderi warwo muri Leta […]
Brig. Gen. Gashugi wa SOF yagaragaye yerekwa ubwato bw’intambara i Doha

Intumwa za Minisiteri y’ingabo y’u Rwanda ziyobowe na Brig. General Stanislas Gashugi, Umuyobozi w’Ingabo Zidasanzwe za RDF (SOF), zitabiriye imurikagurisha n’inama ku bijyanye n’ubwirinzi bwo mu mazi (Doha International Maritime Defence Exhibition and Conference) muri Qatar. Imurikagurisha rya DIMDEX Qatar 2026 ryateguwe ku nkunga ya Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, Emir wa Qatar kandi ryakirwa […]
Umugaba Mukuru wa EASF yasuye minisiteri y’ingabo

Kuri uyu wa Kane, itariki 22 Mutarama 2026, intumwa z’Umuryango w’Ingabo zihora ziteguye gutabara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF), ziyobowe na Brig Gen Getachew Ali, Umugaba Mukuru w’Ingabo za EASF, zasuye icyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo giherereye Kimihurura. Izo ntumwa zakiriwe na Brig Gen Godfrey Gasana, Umugaba wungirije w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu Kirere, […]
Amerika yavuye ku mugaragaro mu Ishami rya Loni ryita ku Buzima

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuye ku mugaragaro mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), nyuma y’umwaka umwe Perezida Donald Trump atangaje ko ahagaritse ibyo Amerika imaze imyaka 78 yariyemeje gukorera uru rwego. Umwaka ushize, Trump yari yabimenyesheje iki kigo cyita ku buzima cy’Umuryango w’Abibumbye ubwo yashyiraga umukono ku iteka ku munsi wa mbere […]
Ituri: Capt. Buba wa FARDC yakatiwe imyaka 20 y’igifungo azira kwifotorera ku rugamba

Urukiko rwa Gisirikare muri Ituri kuwa Gatatu rwakatiye Capt. Buba Ambwa Jean Denis, umuyobozi wa batayo w’agateganyo w’ingabo zirwanira mu mazi ku Kiyaga cya Albert, igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kutubahiriza amabwiriza ya gisirikare, yifotoreza n’ingabo yari ayoboye, hagati mu gikorwa cyo kurwanya inyeshyamba z’umutwe wa CRP wa Thomas Lubanga. Ku itariki […]
Nyuma ya Amerika, u Bufaransa na bwo bwafashe ubwato butwara Peteroli bw’u Burusiya

Ingabo z’u Bufaransa zirwanira mu mazi, kuri uyu wa Kane zafatiye mu nyanja ya Mediterranée ubwato bwari bwikoreye Peteroli buyivanye mu Burusiya. Abayobozi b’Igisirikare cy’u Bufaransa kirwanira mu nyanja batangaje ko ubwo bwato bwitwa Grinch bukekwaho kuba bwikoreraga Peteroli bwiyitirira igihugu kitari cyo. Itangazo ry’icyo gisirikare rivuga ko ubwo bwato bwarimo buherekezwa bujya ku cyambu […]
Ndayishimiye yagaragaye ari mu mwuka mu mwiherero w’amasengesho

Umwiherero w’amasengesho w’ishyaka riri ku butegetsi, mbere ya kongere izatorerwamo abayobozi bashya ku itariki ya 25 Mutarama, watangiye kuri uyu wa Kane, itariki ya 22 Mutarama, utangizwa n’amasengesho yabereye mu murwa mukuru wa politiki w’u Burundi, Gitega. Iyi minsi itatu yo gusabana no gusenga, yatangijwe na misa yabereye kuri kiliziya ya Saint François d’Assise ya […]
Isezerano rya Minisitiri Ugirashebuja ku muhungu wa Ingabire Victoire wasabye ko nyina yafungurwa

Minisitiri w’Ubutabera akanaba intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yijeje umuhungu w’umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ko nyina azahabwa ubutabera bunyuze mu mucyo. Minisitiri Dr. Ugirashebuja yahaye Rémy Amahirwa iryo sezerano, ubwo bahuriraga i Genève mu Busuwisi aho Minisitiri w’Ubutabera yari yitabiriye isuzuma ry’akanama ka Loni gashinzwe iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu rizwi nka ‘Universal Periodic […]
Uganda: Igipolisi cyemeje ko cyataye muri yombi Depite Kivumbi

Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Uganda cyavuze ko cyafunze umudepite n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu kubera uruhare akekwaho kugira mu rugomo rushingiye ku matora rwahitanye nibura abantu barindwi. Uyu mudepite, Muwanga Kivumbi, ni visi perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rivuga ko riharanira ubumwe bw’igihugu (NUP) riyobowe n’umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, […]
Canada: Babiri begereye Tshisekedi bagiye kujyanwa mu nkiko

Umuryango utegamiye kuri leta, Urgence DRC, ku bufatanye n’imiryango makumyabiri iharanira uburenganzira bwa muntu n’imiryango icumi y’abahohotewe, watangaje ko ugiye kuregera abayobozi ba Canada, abaturage ba yo bakomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Lisette Kabanga na Jean-Claude Bukasa, kubera uruhare rwabo mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara risobanura ko aba […]
Ba Gen. Yav Kabeya na Banywesize ba FARDC bafunguwe

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko ba Jenerali Jean-Claude Yav Kabeya na Pierre Banywesize bari bamaze igihe bafunzwe barekuwe by’agateganyo. Lt Gen Jean-Claude Yav Kabeya wabaye umwe mu bizerwa ba Perezida Félix Tshisekedi kuva mu 2019 ubwo yajyaga ku butegetsi yari yatawe muri yombi muri Kamena 2025. Tshisekedi akijya ku butegetsi […]
Ababiligi batunguwe no kwisanga inyuma y’u Rwanda mu kugira imihanda myiza

Ku rutonde rw’imihanda myiza ku Isi, u Bubiligi buri ku mwanya wa 60, inyuma y’ibihugu birimo Turkiya, u Rwanda, ndetse na Uzubekistan. Ni mu gihe abaturanyi b’u Bubiligi b’Abanyaburayi, bose bari mu myanya myiza. Imihanda y’u Bubiligi ni umuyoboro wa kilometero 207.029 km. Ni umuyoboro wa kabiri munini mu Burayi, inyuma y’u Buholandi, kandi by’umwihariko […]
Lt. Gen. Philemon Yav yahakanye gukorana n’u Rwanda

Lieutenant-Général Philemon Yav wigeze kuba umuyobozi w’intara ya gatatu ya gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakaniye imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ibirego byo kuba yarigeze gukorana n’u Rwanda ashinjwa. Muri Nzeri 2022 ni bwo uyu Jenerali yatawe muri yombi, nyuma y’uko umutwe wa M23 wari umaze kwirukana ingabo za Leta ya […]
Abasirikare 8 ba Nigeria biciwe mu gitero cya Boko Haram muri Borno

Abashinzwe umutekano muri Nigeria baravuga ko byibuze abasirikare umunani ba leta bishwe abandi 50 barakomereka ubwo intagondwa za kislamu za Boko Haram zagabaga igitero ku mutwe wa gisirikare muri Leta ya Borno. Biravugwa ko aba barwanyi bahageze kuri moto no mu modoka z’imitamenwa muri icyo gitero cyabaye ku wa Mbere. Amakuru akomeza avuga ko inyeshyamba […]
Abagera ku gihumbi bamaze guhunga Uvira kuva FARDC na Wazalendo bahagaruka

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), kugaruka kw’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, hamwe n’Ingabo za Congo (FARDC), mu Mujyi wa Uvira byatumye abantu babarirwa mu gihumbi bahunga. Amakuru atangazwa na RFI ndetse aherutse gushimangirwa na HRW, aravuga ko abahunga cyane cyane ari Abanyamulenge cyangwa Abatutsi bo muri Kongo. Abandi bahise batangira guhunga ni abantu […]
2026 uzaba umwaka w’akazi gakakaye: Gen. Makenga

Umugaba Mukuru w’igisirikare cy’umutwe wa M23 (ARC), Gen. Sultani Makenga, yateguje abayoboke b’uriya mutwe ko uyu mwaka wa 2026 uzarangwa n’akazi gakakaye, mu gihe urugamba rwo kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rukomeje. Makenga yabiteguje abo bayoboke ku wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza, mu nama abayobozi bakuru ba AFC/M23 bagiranye n’abayoboke bayo bo mu […]
Ikinyamakuru Daily Star cyasabye ko Senegal yamburwa igikombe cya AFCON2025

Ikinyamakuru Daily Star cyo mu Bwongereza cyasohoye inkuru y’ibitekerezo (opinion) isaba ko Senegal yamburwa igikombe cya Afurika (AFCON) kigahabwa Maroc, ndetse umutoza wa Senegal, Pape Thiaw, agahabwa igihano cya burundu cyo kutazongera kugaragara mu mupira w’amaguru. Iyi nyandiko yanditswe na Jeremy Cross, Umwanditsi Mukuru mu bya Siporo wa Daily Star. Impamvu nyamukuru y’iyi myanzuro ni […]
U Burusiya buravuga ko bwiteguye guhuza u Rwanda na RDC

Guverinoma y’u Burusiya yatangaje ko yiteguye gutanga ubufasha ku mpande zihanganye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe yaba ibisabwe, mu rwego rwo kugarura amahoro mu burasirazuba bw’icyo gihugu. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa Kabiri tariki ya 20 Mutarama. Minisitiri Lavrov yavuze ko nta cyizere […]
Trump yise abaturage ba RDC ‘bamwe mu bantu babi cyane ku Isi’

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje abimukira baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’abateje ikibazo cyane igihugu cye. Trump yabigarutseho mu kiganiro aheruka guha abanyamakuru. Uyu mutegetsi uvuga ko yamenye Congo Kinshasa kubera guhagarika intambara yayo n’u Rwanda, yagaragaje abaturage b’iki gihugu nk’abantu bagoranye ndetse bari mu babi kurusha abandi […]
Imirimo yo kubaka inzu y’ababyeyi mu Bitaro bya Nyamata igeze kuri 80%

Kuri uyu wa Gatatu, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Yvan Butera, n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig. Gen. Célestin Kanyamahanga, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’U Rwanda Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA) na Visi Meya Yvette Imanishimwe basuye ahubakwa inzu y’ababyeyi mu Bitaro bya Nyamata bareba aho imirimo yo kuyubaka igeze. Iyi nzu y’ababyeyi (Materinity) iri […]
Nangaa yashyize Tshisekedi mu gatebo kamwe na Habyarimana witaga Kagame Umugande

Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Corneille Nangaa, yashyize mu gatebo kamwe ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa RDC n’ubwa Juvenal Habyarimana wigeze kuyobora u Rwanda, kubera Politiki yo kuvangura abantu buhuriyeho. Nangaa yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umunyamakuru akanaba umushakashatsi Bojana Coulibaly. Muri iki kiganiro, Nangaa yagarutse ku ngengabitekerezo n’ivangura ubutegetsi bwa […]
Ingabo z’u Burundi na zo zasubiye mu Mujyi wa Uvira

Imitwe myinshi y’Ingabo z’u Burundi na yo yinjiye mu Mujyi wa Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zinyuze ku mupaka wa Kavinvira, aho zisanze Ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za Wazalendo bakorana, nyuma y’iminsi AFC/M23 ivuye muri yu mujyi. Amakuru aturuka muri sosiyete sivile yahoo, avuga ko izi Ngabo z’u Burundi, mu […]
HRW iravuga ko kuva muri Uvira kwa AFC/M23 byasize abaturage mu menyo y’Abawazalendo

Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu, HRW, uravuga ko kuva kwa AFC/M23 bitunguranye mu Mujyi wa Uvira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku itariki ya 17 Mutarama 2026, byasize abaturage mu kaga gakomeye biturutse ku mitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo. Ku gicamunsi cyo ku itariki ya 18 Mutarama, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi […]
RDC yakupye internet muri Uvira

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakupye internet mu mujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi mike ingabo zayo ziwugarutsemo. Kuva ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama ni bwo ingabo za Leta ya Kinshasa n’abarwanyi ba Wazalendo batangiye kugaruka muri Uvira, nyuma y’uko ingabo z’umutwe wa M23 zari zimaze ukwezi […]
U Rwanda/Maroc: Hatangijwe komite igiye gushyira ubufatanye bwa gisirikare ku rundi rwego

Intumwa zaturutse muri Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda n’Igisirikare cy’u Rwanda ziyobowe na Brig. Gen. Patrick Karuretwa, umuyobozi mukuru ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare, ziri i Rabat, mu Bwami bwa Maroc, kuva ku itariki ya 18 kugeza ku ya 22 Mutarama 2026, aho bitabiriye inama yo gutangiza Komite Ihuriweho y’Ubufatanye bwa Gisirikare (JMCC) hagati y’u […]
Ushinjwa kwica uwari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yakatiwe gufungwa burundu

Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwo mu Buyapani rwakatiye umugabo wari ukurikiranweho kurasa akica uwahoze ari minisitiri w’intebe, Shinzo Abe, igifungo cya burundu, nyuma y’imyaka irenga itatu ubwo bwicanyi bubaye. Muri Nyakanga 2022, Tetsuya Yamagami w’imyaka 45 yari yemeye icyaha cyo kwica Abe akoresheje imbunda yakorewe mu rugo n’intoki mu Mujyi wa Nara wo […]
Uvira tuzayisubiramo ku nabi cyangwa ineza: Me Nyarugabo wari kumwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23

Me Moise Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umusenateri, yatangaje ko byanga bikunze igihe kizagera ingabo za AFC/M23 zigasubira mu mujyi wa Uvira. Nyarugabo yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukuboza, ubwo yari kumwe n’itsinda ry’abayobozi ba AFC/M23 bari basuye abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bamaze igihe barahunze […]
Undi muvandimwe wa Corneille Nangaa arafunzwe

Umuvandimwe wa Corneille Nangaa, Uyobora AFC/M23, witwa Didier, ni umwe mu bantu bashya bo mu muryango we bakurikiranwe n’ubutabera bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuryango wa Corneille Nangaa ku Cyumweru watangaje ko Didier Nangaa ufite ikigo General Mining Corporation (GMC) gicukura amabuye y’agaciro amaze icyumweru afungiye mu biro by’urwego rw’iperereza mu ntara ya Haut-Uélé. […]
Amavubi yazamutse ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yazamutseho umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA. Uri rutonde rwasohotse ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama, rwerekana ko Amavubi yageze ku mwanya wa 130 avuye ku wa 131 yariho mu kwezi gushize. Urutonde rushya rwa FIFA rwerekana ko ibihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika byazamutse, […]
Igitero cy’u Burusiya i Kyiv cyasize benshi mu icuraburindi

Umuyobozi w’akarere Klitschko Igitero cy’Ingabo z’u Burusiya cyasize inyubako 5,635 zose zo guturamo muri Kyiv nta buryo bwo kuzishyushya nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere, Klitschko, kuri telegram. Umuyobozi wa Kyiv yongeyeho ko serivisi z’akarere n’abashinzwe ingufu barimo gukora ibishoboka ngo bagarure ubushyuhe, amazi, n’amashanyarazi mu ngo z’umujyi. Isosiyete y’ingufu, DTEK, yavuze ko abaturage ba Kyiv barenga […]
Lubero: Inyeshyamba za Wazalendo zatwitse ibirindiro bya FARDC

Ibirindiro by’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) byatwitswe, muri iri joro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri i Misevere, umudugudu uherereye hafi ya Musienene, hafi y’ishuri ribanza rya Musienene, umurwa mukuru wa Sheferi ya Baswagha (Teritwari ya Lubero), mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko sosiyete sivile i Musienene ibivuga, inkongi […]
Masisi: Wazalendo yakubiswe iz’akabwana nyuma yo kugerageza kwinjira i Bukama

Mu ijoro ryo kuwa Mbere, rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Mutarama, mu gace ka Bukama, muri Gurupoma ya Bashali Mukoto, Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, habaye imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo, nyuma y’igitero cyagabwe ahitwa Pilote. Amakuru aturuka aha, aravuga ko inyeshyamba za Wazalendo zacengeye muri Bukama ziturutse ahitwa Nyitabiroha, bituma […]
FARDC irigamba kongera kugenzura Uvira

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ko cyongeye kugenzura umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’uko AFC/M23 yari imaze igihe iwugenzura ifashe icyemezo cyo kuwuvamo. FARDC yemeje ibi mu itangazo, yasohoye ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama 2026. Kuri ubu amakuru avuga ko ingabo za AFC/M23 nyuma […]
Ingabo za RDF zatangiye akazi kazijyanye muri Jamaica

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye n’abahanga mu bwubatsi bo mu Ngabo za Jamaica (JDF), batangije ku mugaragaro ibikorwa byo kongera kubaka muri Montego Bay, muri Paruwasi ya St James. Ibikorwa byatangijwe no kongera kubaka amazu y’abaturage baho yangijwe n’inkubi ikabije y’umuyaga yiswe Melissa, biba intangiriro y’inkunga ifatika y’ubutabazi n’ubwubatsi ku […]
Togo: Lt. Col. Damiba wayoboye Burkina Faso yatawe muri yombi

Nk’uko amakuru aturuka hafi y’Igisirikare cya Togo abitangaza, ku wa Gatanu, itariki ya 16 Mutarama, nibwo Lt. Col. Damiba yakuwe muri villa ye mu gace ka “Lomé 2” ajyanwa mu rukiko rw’ubujurire. Aha, umucamanza yemeye gushyira mu bikorwa ubusabe bwari bwatanzwe na Burkina Faso bwo gufata Damiba. Icyemezo kikimara gutangwa, bimwe mu bintu bye bwite […]
Gen. Muhoozi warahiriye guca Bobi Wine ubugabo yavuze umubare w’abayoboke be amaze kwica

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yigambye kwica abayoboke 22 b’ishyaka National Unity Platform rya Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine. Muhoozi yemeje izo mpfu biciye mu ruhererekane rw’ubutumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Ni ubutumwa yibasiyemo bikomeye Bobi Wine uheruka gutsindwa na Perezida Yoweri Kaguta Museveni akanaba se wa Gen. […]
FERWAFA yahannye umusifuzi Jabo wabujije APR FC gutsinda Al-Merrikh

Komisiyo y’imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri FERWAFA, yahanishije umusifuzi Jabo Aimée Aristote kumara imikino ine adasifura, nyuma yo kwanga igitego cya APR FC cyashoboraga kuyiha intsinzi kuri Al-Merrikh. Uyu musifizi ni we wanze igitego umunya-Ghana Dauda Yussif yatsindiye APR FC Ku munota wa 88 w’umukino, ubwo uriya mukinnyi yatereraga ishoti riremereye inyuma y’urubuga rw’amahina […]
Umwarimu wo muri UR afunzwe akurikiranweho gushukisha amafaranga abana b’abakobwa akabasambanya

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Dr Manirakiza Benjamin, umwarimu muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa abashukisha amafaranga. Uru rwego rwasobanuye ko iperereza ry’ibanze rwakoze rigaragaza ko mu bihe bitandukanye uyu mwarimu “yagiye asambanya abana b’abakobwa batandukanye biga mu mashuri yisumbuye yo mu Karere ka Bugesera abizeza amafaranga.” Dr. Manirakiza ubu afungiye […]
Gen. Muhoozi yahaye Bobi Wine nyirantarengwa yo kuba yishyikirije Polisi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahaye umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine amasaha 48 yo kuba yishyikirije Polisi, atabikora agafatwa nk’inyeshyamba. Uyu musirikare yabitangaje binyuze mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yari amaze igihe atandikaho. Yagize ati: ” Ku bijyanye na Kabobi (izina akunze kwita Kyagulanyi), umutsinzwi uhoraho, […]
RDC: Umunyapolitiki Seth Kikuni yahunze igihugu mu ibanga rikomeye

Nyuma yo kurambirwa gutotezwa bya hato na hato, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Seth Kikuni, yavuye mu gihugu mu gikorwa bivugwa ko cyateguranywe ubuhanga ndetse n’ubutwari. Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Mutarama, ritangira rigaruka ku nshuro yatawe muri yombi kuva muri Nzeri 2024, ubwo yafatwaga n’urwego […]
Nduhungirehe ayoboye intumwa z’u Rwanda zitabiriye inama ya WEF yitabiriwe n’abarimo Trump

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, ayoboye intumwa z’u Rwanda zitabiriye inama y’ihuriro mpuzamahanga ku bukungu ya World Economic Forum iri igomba kubera i Davos mu Busuwisi. Ni inama iri kuba ku nshuro ya 56. Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi yatangaje ko mu ntumwa z’u Rwanda zitabiriye iriya nama harimo Minisitiri Nduhungirehe, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na […]
Walikale: Drone ya FARDC yateye ibirindiro bya AFC/M23 ku musozi wa Kasopo

Kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Mutarama 2026, ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 ku musozi wa Kasopo, hagati ya Gurupoma za Kisimba na Ikobo, muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru, byagabweho ibitero by’indege na FARDC mu gitondo cya kare. Amakuru aturuka muri Rusamambu, nko mu birometero 4 uvuye aho igitero cyagabwe, drone y’Ingabo […]
Abaturage b’u Bushinwa bakomeje kugabanyuka mu mwaka wa 4 wikurikiranya – Raporo

Nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara n’ibiro by’igihugu bishinzwe ibarurishamibare, i Beijing, kuri uyu wa Mbere ibigaragaza, umubare w’abatuye u Bushinwa wagabanutse ku nshuro ya kane yikurikiranya mu 2025 nyuma yuko umubare w’abana bavuka muri iki gihugu ugabanutse kugera ku rwego rwo hasi kuva ibarura ryatangira mu myaka 80 ishize. Mu mwaka ushize, abana miliyoni 7.92 ni […]
Tshisekedi yasesekaye i Davos aho yitabiriye inama ya WEF

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yamaze kugera i Davos mu Busuwisi, aho ari umwe mu bayobozi biyitabiriye inama ngarukamwaka ya 56 y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), iteganijwe guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 19-23 Mutarama 2026. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni “Umwuka w’ibiganiro.” Ibinyamakuru bya Congo bivuga ko kwitabira kw’Umukuru w’igihugu […]
FERWAFA yaruciye irarumira ku cyemezo cy’umusifuzi Jabo, yamagana abafana ba APR FC

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaganye abafana ba APR FC bagaragaje kutishimira ibyemezo by’abasifuzi bayoboye umukino ikipe yabo yaguyemo miswi na Al-Merrikh, ariko ntibwagira icyo buvuga ku cyemezo cyatumye bakora igisa n’imyigaragambyo. Ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama ni bwo APR FC yaguye miswi 0-0 na Al-Merrikh, mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade […]
Pakistan: Inkongi y’umuriro mu isoko yahitanye nibura 11

Mu mpera z’iki cyumweru gishize inkongi y’umuriro ikabije yadutse mu isoko rya kijyambere ryo mu mujyi munini wa Pakisitani, Karachi, yibasiye inzu z’ubucuruzi, ihitana byibuze abantu 11. Kuri uyu wa Mbere, ubushakashatsi bwatangiye gushakisha abantu barenga 60 baburiwe irengero mu gihe abashinzwe gutabara bakuye imirambo myinshi mu nyubako mu ijoro ryakeye. Inkongi y’umuriro mu nyubako […]