fcc12f3ad1858127818cc82d83b9b858.jpg

Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umunsi umwe Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi apfuye, umugore we Denise Nkurunziza yagejejwe mu Burundi nyuma y’icyumweru kirenga yari amaze avurirwa muri Kenya. Ni mugihe umubyeyi wa Nyakwigendera nawe bivugwa ko amerewe nabi mu bitaro bya Ngozi.

Denise Bucumi Nkurunziza , yajyanywe kwivuriza muri Kenya ku itariki 29 Gicurasi 2020, icyo gihe ikinyamakuru ‘The Citizen’ cyo muri Kenya n’ibindi bitangazamakuru byo mu Burundi bitangaza ko yanduye icyorezo cya Covid-19 akaba aricyo yagiye kwivuza, gusa Guverinoma y’u Burundi ntiyigeze yemeza koko ari Covid-19 arwaye.

Mu minsi yakurikiyeho byakomeje kuvugwa ko umuryango w’Umukuru w’igihugu cy’u Burundi waba wibasiwe n’icyorezo cya Coronavirus bigera n’ubwo hamenyekana amakuru ko Perezida Pierre Nkurunziza yanduye akaba arwariye mu bitaro bya ‘Cinquantenaire Natwe Turashoboye bya Karusi.’

Amakuru yaje gushimangirwa n’urupfu rwe rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri na Guverinoma y’u Burundi, yavuze ko Perezida Pierre Nkurunziza yaguye muri ibi bitaro kuwa Mbere tariki 08 Kamena 2020 ariko akaba yishwe n’indwara y’umutima.

Amakuru y’urupfu rwe akimara kumenyekana, umugore we Denise Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yahise agaruka mu gihugu igitaraganya, urubuga SOS Media Burundi rukaba rwatangaje ko indege yamuzanye yamugejeje ku kibuga cy’indege cya Bujumbura mu masaha ya saa tatu z’ijoro ryo kuri uyu wa 09 Kamena 2020.

Ni mugihe andi makuru yizewe avuga ko umubyeyi wa Perezida Nkurunziza (mama we) witwa Domitillie Minani nawe ubuzima bwe butameze neza aho arembeye mu bitaro bya Ngozi. Ntiharamenyekana neza uburwayi uyu mubyeyi arwaye ariko Ijwi ry’Amerika ivuga ko bikekwa ko yaba yaranduye Coronavirus.

Amakuru y’uburwayi bw’umubyeyi wa Nyakwigendera Pierre Nkurunziza kandi yemejwe n’umwe mu nshuti z’uyu umuryango we utashatse gutangarizwa amazina, akaba yatangarije SOS Media ko na mushiki wa Nkurunziza arwaye.

Perezida Pierre Nkurunziza apfuye afite imyaka 55 akaba yari amaze gukoresha amatora yo gushaka umusimbura ku butegetsi nyuma y’imyaka igera kuri 15 yari abumazeho. Biteganyijwe ko Pascal Nyabenda wari Perezida w’inama nkuru y’u Burundi akaba na Perezida w’inteko ishinga amategeko ariwe ugiye kuyobora inzibacyuho y’amezi abiri mugihe Gen. Evariste Ndayishimiye watowe tariki 20 Gicurasi atari yarahirira inshingano.

fcc12f3ad1858127818cc82d83b9b858.jpg
Domitillie Minani, Umubyeyi wa nyakwigendera Pierre Nkurunziza nawe arwariye mu bitaro bya Ngozi.

Soma Izindi Nkuru

8 Responses

  1. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Ariko pe Imana itabare Abarundi. Gusa, nabo bemere bashake ubuvuzi mu bihugu byibituranyi, nk’u Rwanda.

  2. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Ariko pe Imana itabare Abarundi. Gusa, nabo bemere bashake ubuvuzi mu bihugu byibituranyi, nk’u Rwanda.

  3. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Imana imwakure mmubayo

  4. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Imana imwakure mmubayo

  5. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Biragoye kweli!niruka madame bigirimana ariko aratabaza denisa ATI simpfakare ntabara umbwirire umugabo wawe amfashe gushakisha umugabo wanje ntiyicwe denisa ati:ntamwanya mbifitiye ubupfuvyi nubupfakazi birababaza isomo nibagutabaza ubishoboye uratabara kuko ejo niwewe

  6. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Biragoye kweli!niruka madame bigirimana ariko aratabaza denisa ATI simpfakare ntabara umbwirire umugabo wawe amfashe gushakisha umugabo wanje ntiyicwe denisa ati:ntamwanya mbifitiye ubupfuvyi nubupfakazi birababaza isomo nibagutabaza ubishoboye uratabara kuko ejo niwewe

  7. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Iyi rwara irakaze cyane ubundi kereka urukingo rwaburiwese

  8. Burundi: Umugore wa Perezida Nkurunziza wavurirwaga muri Kenya yaba yagarutse mu gihugu igitaraganya
    Iyi rwara irakaze cyane ubundi kereka urukingo rwaburiwese

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *