Inkuru ikomeje kugaruka mu binyamakuru bikomeye byandika Siporo ku mugabane w’u Burayi, iravuga rurahizamu Cristiano Ronaldo yahawe amahirwe yo kwerekeza muri FC Barcelona, ibyatuma ku ncuro ya mbere akinana na Lionel Messi bahora bahanganye.
Ni abakinnyi abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru bifuje kubona basenyera umugozi umwe nyuma y’imyaka irenga 15 bamaze bahanganye, gusa nta rimwe baragaragara batahiriza umugozi umwe.
Amakuru avuga ko Cristiano Ronaldo wahoze akinira Real Madrid, ari mu nzira yo gusohoka mu kipe ya Juventus amazemo imyaka ibiri, bijyanye n’uko iyo kipe yifuza kwikuraho umuzigo wa miliyoni 28 z’ama-Pounds imuhemba buri mwaka.
Ni inkuru yasakajwe n’umunyamakuru w’icyamamare Guillem Ballague ukomoka muri Espagne, mbere yo gusamirwa hejuru n’ibinyamakuru hafi ya byose byandika imikino hirya no hino ku Isi.
Uyu munyamakuru yasobanuriye BBC ko ikipe ya Juventus ishaka kwigobotora imishahara iremereye ya Cristiano Ronaldo, ikaba impamvu yahaye amakipe akomeye i Burayi arimo na FC Barcelona amahirwe yo kwegukana uriya munya Portugal.
Ikinyamakuru Sportmediaset gihuza ibyatangajwe na Ballague n’inkuru y’uko kuri uyu wa kane, hitezwe inama ihuza Directeur wa Siporo muri Juventus, Fabio Paratici, Visi-Perezida Pavel Nedved, Umuyobozi wayo, Andrea Agnelli cyo kimwe n’umutoza Andrea Pirlo; mu rwego rwo kwemeza ugomba kurekurwa n’iyo kipe hagati ya Cristiano Ronaldo na Paulo Dybala.
Ni abakinnyi bombi bafitanye na Juventus amasezerano azarangira muri 2022, bikaba byitezwe ko Juventus ishobora kuzabona amafaranga ari hagati ya miliyoni 50 na 90 z’ama-Pounds muri umwe muri bo.
Umunyamakuru Guillem Balague yavuze ko FC Barcelona iri mu makipe yahawe amahirwe yo gusinyisha Ronaldo, gusa akaba atazi neza niba ishobora kumubona biyoroheye bitewe n’umurengera w’amafaranga ahembwa.
Ni mu gihe FC Barcelona iri mu makipe yugarijwe n’ikibazo cy’ubukungu, bitewe n’ingaruka icyorezo cya Covid-19 cyateje mu Isi.
Uretse ikipe ya FC Barcelona iri kuvugwa, amakuru anerekeza Cristiano Ronaldo mu ikipe ya PSG bivugwa ko yifuza kujyamo kugira ngo yubake ubusatirizi bukomeye we na Neymar Jr cyo kimwe na Kylian Mbappé, andi makuru akamuganisha muri MLS.
Balague yanavuze ko hari amakuru yerekezaga Cristiano Ronaldo muri Real Madrid yahoze akinira mu minsi yashize, gusa iyo kipe y’ubwami bwa Espagne ikaba yaratangaje ko ‘nta mahirwe ahari’ y’uko Ronaldo yayigarukamo.



4 Responses
FC Barcelona yahawe amahirwe yo gusinyisha Cristiano Ronaldo
byaba aribyiza ariko ntawazongera gutsinda kubera kurebanaho
FC Barcelona yahawe amahirwe yo gusinyisha Cristiano Ronaldo
byaba aribyiza ariko ntawazongera gutsinda kubera kurebanaho
FC Barcelona yahawe amahirwe yo gusinyisha Cristiano Ronaldo
Ndabakunda0787834993
FC Barcelona yahawe amahirwe yo gusinyisha Cristiano Ronaldo
Ndabakunda0787834993