Gen Tshiwewe bwa mbere i Goma nyuma yo kugirwa Umugaba Mukuru wa FARDC

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Christian Tshiwewe, ari i Goma mu ruzinduko rwe rwa mbere yagiriye muri uyu mujyi usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Tshiwewe ari muri uyu mujyi kuva ku wa Kabiri tariki ya 10 Mutarama 2023.

Ni Goma imaze igihe isumbirijwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, dore ko zibarizwa mu birometero bibarirwa muri za mirongo uvuye muri uyu mujyi.

Gen. Tshiwewe akihagera yabwiye itangazamakuru ko icyamuzanye ari ukuvenzura akazi Ingabo za FARDC zimaze gukora mu guhangana na M23 ku mirongo y’urugamba itandukanye.

Ati: “Nasuye imitwe [y’Ingabo] zanjye. Ngomba kugenzura imitwe yanjye. Turi mu bikorwa [bya gisirikare], rero ni byo byanzanye.”

Lt Gen Christian Tshiwewe akigera i Goma yahise akorana inama n’abagize Komisiyo ishinzwe umutekano mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu rwego rwo kumenya ukuri ku biri kubera ku rugamba FARDC ihanganyemo na M23.

Ni M23 imaze igihe yarambuye FARDC ibice bitandukanye bya za Teritwari ya Rutshuru na Nyiragongo.

Amakuru avuga ko uyu mutwe ukomeje kwambura Ingabo za Congo n’imitwe irimo FDLR bakorana, n’ubwo umaze igihe utangiye kuva muri bimwe mu bice wari umaze igihe ugenzura ukabisigira Ingabo za Kenya ziri mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *