Igitutu kuri Real Madrid nyuma y’uko FC Barcelona itsinze Athletic Bilbao

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Real Madrid yasubiye ku gitutu cyo kongera kurwana no gusubira ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona ya Espagne, nyuma y’uko FC Barcelona itsinze bigoranye Athletic Bilbao ikisubiza ikawisubiza.

Hari mu mukino w’umunsi wa 31 wa Espagne wakiniwe kuri Stade ya Camp Nou itari irimo abafana.

Igitego rukumbi cyatsinzwe na Ivan Rakitic wari winjiye mu kibuga asimbura, ni cyo cyafashije Barça y’umutoza Quique SĂ©tien kwegukana amanota atatu muri uriya mukino, inafata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 68.

Ivan Rakitic watsindiye FC Barcelona igitego ku munota wa 71 w’umukino, yari ahawe umupira na Lionel Messi wahise wuzuza imipira yavuyemo ibitego 250 amaze gutanga nk’umukinnyi.

Muri rusange FC Barcelona yihariye igice kinini cy’uyu mukino, gusa kupfumura urukuta Bilbao yari yashyize mu bwugarizi bwayo bikaba ikibazo gikomeye cyane.

Iyi kipe yakabaye yabonye n’ibindi bitego mu buryo bukomeye abarimo Luis Suarez, Messi na Ansu Fati bagiye babona mu gice cya kabiri cy’umukino, gusa ntibyayukundira. Nko ku munota wa 78 Fati yabonye uburyo bukomeye cyane, ateye umupira ugonga igiti cy’izamu.

Nyuma y’uko FC Barcelona yegukanye amanota atatu biyigoye, ubu igitutu kinshi kiri kuri Zinedine Zidane na Real Madrid atoza, basabwa gutsinda ikipe ya Mallorca kugira ngo bisubize umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona.

Real Madrid iraba yakiriye Mallorca muri iri joro, mu mukino w’umunsi wa 31 wa shampiyona ya Espagne ubera ku kibuga Estadio Alfredo Di Stefano. Kuwutsindwa cyangwa kuwunganya birahesha FC Barcelona amahirwe menshi yerekeza ku gikombe cya shampiyona, dore ko iyo shampiyona iraba ibura imikino irindwi igasozwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *