Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC yatumye abaturage bahungira i Bunagana

Sangiza iyi nkuru

Impunzi nyinshi zagaragaye ku Mupaka wa Bunagana muri Kisoro nyuma y’imirwano ikaze yasakiranyije M23 na FARDC mu gitondo cyo uyu wa Gatandatu.

Abaturage bikoreye imizigo bagaragaye mu mashusho Daily Monitor yashyize kuri Twitter bari kwambuka muri Uganda, ivuga ko bari guhunga iyi mirwano.

Kuri uyu wa Gatandatu ntihari hamenyekanye ibiri kuba muri iyi mirwano n’ubwo FARDC yigambye kuba ariyo iri kugenzura agace ka Jomba.

Ni amakuru BWIZA itabashije kugenzura neza ukuri kwayo.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *