Inengwa ry’amatora muri Tanzania, intandaro y’isubikwa ry’inama ya EAC

Sangiza iyi nkuru

Biravugwa ko isubikwa ry’inama yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kuwa 30 Ugushyingo, yasubitswe ku bw’ubusabe bwa Tanzania iri mu matora mu nzego z’ibanze, atavugwaho rumwe n’abatavuga rumwe na Leta.

Ibaruwa yo kuwa 18 Ugushyingo yasinywe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe EAC, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamenyeshaga Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, ko gusubika iyi nama byasabwe n’umunyamuryango ariko izi nama zizabaho nk’uko byateguwe. Ntiyatangaje igihugu cyasabye ko inama yasubikwa ndetse n’impamvu cyatanze.

Amakuru Bwiza.com ifite ikesha The Eastafrican ni uko Tanzania ari yo yasabye ko iyi nama yasubikwa. Tanzania yatanze ubusabe bwayo mu gihe yiteguraga amatora ariko amashyaka atavuga rumwe na Leta akavuga ko ayamaganye.

Amashyaka atatu atavuga rumwe n’iriri ku butegetsi, Chama cha Mapinduzi (CCM) ari yo: Chama Cha Demokrasia na Maendeleo, Alliance for Change and Transparency-Wazalendo na Chama Cha Kijamii yavugaga ko ashobora kwikura mu matora.

Abo muri aya mashyaka bavuga ko ayo matora arimo uburiganya, ko amategeko agenga amatora atubahirizwa.The Eastafrican yavuze ko iyi nama yagombaga kubera Arusha itari kuba mu gihe abatavuga rumwe na Leta bashoboraga guteza akaduruvayo, bamagana amatora.

Iri subikwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu ryatumye abakurikirana politiki mu karere bibaza uko imishinga ihuriweho n’ibihugu bya EAC izajya ishyirwa mu bikorwa mu gihe inama nk’izi z’ingenzi zikomeje gusubikwa.

Ingingo yo gusubika inama z’abakuru b’ibihugu yatangiye kubaho cyane nyuma y’igikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyabaye mu Burundi mu 2015. Ibi byabaye ubwo Perezida Nkurunziza yari yitabiriye inama ya 13 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *