Intumwa za Hamas zakamiye ikimasa mu biganiro byabereye I Cairo

Sangiza iyi nkuru

Intumwa za hamasi ntizahiriwe n’ibiganiro byabereye I Cairo mu misiri ku guhagarika intambara ihuza uyu mutwe na Israel.

Ni ibiganiro byahuzaga impande zombi ku guhagarika intambara imaze amezi hafi atandatu, gusa byarangiye ntacyo bigezeho.

Ni mu gihe byari byitezwe ko hatangwa agahenge k’iminsi 40 y’igifungo cya Ramadhan izatangira mu cyumweru gitaha.

Hagataho, uko intambara ikomeza, ninako benshi mu ntara ya Gaza irimo kuberamo imirwano hakomeje kwibasirwa n’inzara kugeza ubwo benshi hakomeje no kuhasiga ubuzima.

Gusa abahuza bo mu Misiri (Egypt) na Qatar baracyakomeje gahunda yo guhuza impande zombi mu gushaka uko intambara ishyirwaho iherezo ariko ngo biracyagoranye.

Ni mu gihe Israel ikomeje gushinja hamasi kuyigabaho ibitero no gushimuta ababagore n’abakobwa bakabasambanya ku ngufu.

Intambara yatangiye ku ya 7 Ukwakira, 2023 , itangizwa na Hamas bahitana abantu bagera ku 1.200 banafata bugwate abagera kuri 253.

Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko kuva icyo gihe abantu barenga 30.800 biciwe muri Gaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *