Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 b’i Kabarondo, mu Karere ka Kayonza, basanga ubugome Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakoresheje mu kubica ari indengakamere kuruta na Covid-19, icyorezo kirimo kurimbura isi, kinababujije kwibuka ababo mu buryo bari bamenyereye.
Ku wa gatatu tariki 13 Mata 1994; ku wa mbere 13 Mata 2020: imyaka 26 iruzuye! Kuva kuri iyi taliki kugeza ubu, Kabarondo yafashe igisobanuro gishya, mu mitwe ya benshi. Rya soko mpuzamahanga rya Kabarondo ry’imari nyinshi, oya! Ya Komini cyangwa umurenge bisangiza isano Gisaka na Buganza, oya! Ubu no hirya y’imbibi z’u Rwanda, Kabarondo ni Kiliziya yiciwemo abatutsi barenga 2000.
Kabarondo ni “Kiliziya y’abicanyi; Ngenzi Octavien na Barahira Tito”, nk’uko bihurizwaho n’abacitse ku icumu ryabo! Iyi sura y’ubugome ndengakamere ni yo bageranye imbere y’Urukiko rwa Rubanda i Paris, mu 2016 na 2018 mu bilometero 10.000 bya Kabarondo. Asa n’ushingiye ku myanzuro y’umushinjacyaha, umucamanza Xavière Simeoni yemeje ku Barahira ko “Ibiganza bye byuzuye amaraso.”; mu gihe Ngenzi we “ntafite amaraso mu biganza, ayafite ku mutima no mu bwonko.”
Muri iki gihe cyo #Kwibuka26, bamwe mu bacitse ku icumu bavuga ku bugome bw’icyorezo Covid-19 “idukomye mu nkokora mu bikorwa bisanzwe byo kwibuka abacu n’inzira y’umusaraba twanyuzemo”. Kuri iyi mvugo, uwahohotewe RYJ, wiciwe umuryango we wose ku Kiliziya, ayongeraho ko “n’ubwo Covid-19 ari ingome bwose, yo itanga amahitamo y’inzira yo kubaho. Si nka Ngenzi na mukuru we Barahira !”
Ifoto zitazasibangana
Nyuma y’imyaka 26, ifoto y’uriya munsi w’icuraburindi wo kuri 13 Mata “ntirasibangana, ntiteze no gusibangana muri twe n’abazadukomokaho”. Iyi mvugo RYD warokokeye ku Kiliziya, ayisangiye na RYJ, wahapfushirije umuryango we wose. Iyo foto ngo iracyari nshya mu bwonko bwabo. « Abana barira bagishaka konka ba nyina bapfuye », « za gerenade zigwa nk’imvura ziturutse mu gisenge », « imiborogo y’inkomere n’abagisamba », « abarusimbutse by’agateganyo bajonjorwamo abahutu… » By’umwihariko, RYD aracyibuka nyina “bamukubita impiri akitura imbere y’umuryango wa kiliziya”. Aribuka kandi umukecuru Mukabugingo Yozafina wari ufite igitabo kimeze nka Bibiliya mu ntoki atakambira Barahira ati “ntimunyice ndi umuhutu !…Barahira amutera ijanja agwa yubitse inda, interahamwe imukubita impiri ku mutwe, arapfa. “
Izindi foto zitari zizwi zagaragajwe na Barahira Tito, mu Rukiko rwa Rubanda, i Paris mu Bufaransa. Ni ifoto y’umwotsi waturukaga hejuru ya Kiliziya, Barahira awuboneye hakurya i Cyinzovu agira ngo “ni impunzi zitetse”.
Indi foto ni iyavumbuwe n’umushinjacyaha, imaze imyaka 24 ihishe! Imirambo n’inkomere nyinshi ku Kiliziya. Muri video yabonetse itunguranye, Barahira agira ati “ngeze ku kiliziya, burugumesitiri Ngenzi yambwiye ko abasirikare barashe kiliziya abantu barapfa…bakomeza bajya ku rugamba”. N’uburakari adashoboye gukumira mu ijwi, Ngenzi akebuka Barahira ku rutugu ati “ Barahira atuye i Kabarondo, yahungiye Benako. Ajya guhunga ntiyangishije inama. Mwikomeza kunzirika kuri Barahira, yari afite impamvu ze nanjye mfite izanjye!”
Ibibi birarutanwa: Covid-19 ibarusha ubupfura!
Muri iki gihe cyo #Kwibuka26 abarokotse jenoside ba Kabarondo, kimwe n’ahandi mu gihugu, iminsi yo kwibuka n’ubundi ibasanze mu bwigunge mu ngo zabo, kubera Covid-19. N’urwenya rwinshi, umusaza RYD agira “mu bihe nk’ibi Ngenzi na Barahira baduhigaga bukware: mu bihuru, mu myobo, mu ngo zacu n’abaturanyi. Uyu mugome Covid-19, we, aratubwira ngo nimuva mu ngo zanyu, ndabamara! Ni imfura pe!” Ubwo “bupfura” bwa Covid-19, Kuri iyi mvugo, uwahohotewe RYJ, wiciwe umuryango we wose ku Kiliziya, agira ati “nubwo Covid-19 ari ingome bwose, yo nibura itanga amahitamo y’inzira yo kubaho. Si nka Ngenzi na mukuru we Barahira !”
Muri uku kugereranya Covid-19 n’ababiciye imiryango, hari ibyo bavuga ko ari ibikorwa n’imvugo za kinyamaswa bidashobora kuzasibangana mu mateka ya Kabarondo. Mbere ya jenoside, hibukwa urupfu, ahagana mu 1985, rw’umusore Bizimana Samuel wari waravuye mu gisirikare mu myaka ya 1980. Ngo uyu musore bavugaga ko yasambanyije umukobwa, Barahira yamuziritse kuri karisori y’imodoka, amukubita ku gitsina kugeza ashizemo umwuka.
Ubuhamya bwatanzwe bwagarukaga ku buryo aba bagabo bombi bazengurutse Komini Kabarondo, mu gihe cya jenoside, Barahira ari mu bitero byica, na we ubwe yica; mu gihe Ngenzi yazengurukaga n’imodoka, agenzura uko bikorwa, anakusanyiriza inkomere n’impunzi kuri Kiliziya, kugira ngo zicirwe hamwe. Ubwo yageraga i Rundu na Rubira agasanga abahutu bashishikajwe no kurya amatungo y’abatutsi, ngo yashyize ejuru ati « murarya amatungo, beneyo bari aho babareba?». No mu rukiko, basanze iyi mvugo ya Ngenzi yarasabaga Interahamwe kubanza kwica bene amatungo.
Ubwo Perezida w’urukiko yasabaga RYJ kugira ubutumwa aha Ngenzi bareranywe, yagize ati “Ngenzi, umutima wawe ukugire inama. Nurangiza ubuzima bwawe ku Isi, utaragiriye impuhwe na so wakubyaye muri batisimu,… nta muntu n’umwe wahishe, warahunze ugasiga na nyoko ukubyara,… urumva Imana yo izakubabarira?” Uyu munsi, RYJ agira ati “nabonye Ngenzi atitira intoki, arwana no kudatitira umubiri wose. Nabonye ubugome burwana n’umutimanama. Ubugome buratsinda!”
Muri Nyakanga 2018, Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, rwemeje mu bujurire igihano cy’igifungo cya burundu kuri Barahira Tito na Ngenzi Octavien, nyuma yo guhamwa n’icyaha cya jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu bakoreye i Kabarondo, hahoze ari muri Perefegitura ya Kibungo.



2 Responses
Kabarondo : Ngenzi, Barahira na Covid-19 ku munzani w’ubugome
Muraho bwana Rubugiro! Ariko muri iyi nkuru yawe nkumuntu wagiye iparis gukurikirana uru rubanza ko ntaho nabonye bavuga colonel Rwagafirita? Ngewe narindi kukiriziya ! Niboneye Barahira, Ngenzi, col Rwagafilita , sekware wari brougumeste wa kayonza na Gatete wa murambi! Nundi mu col ntamenye ariko wakoreraga muri camp huye kibungo warukuriye ingabo! Abo bose sinzi niba muri murukiko bavugwa!
Kabarondo : Ngenzi, Barahira na Covid-19 ku munzani w’ubugome
Muraho bwana Rubugiro! Ariko muri iyi nkuru yawe nkumuntu wagiye iparis gukurikirana uru rubanza ko ntaho nabonye bavuga colonel Rwagafirita? Ngewe narindi kukiriziya ! Niboneye Barahira, Ngenzi, col Rwagafilita , sekware wari brougumeste wa kayonza na Gatete wa murambi! Nundi mu col ntamenye ariko wakoreraga muri camp huye kibungo warukuriye ingabo! Abo bose sinzi niba muri murukiko bavugwa!