Kirahwata wari umuvunjayi ukomeye i Bujumbura yishwe

Sangiza iyi nkuru

Simbananiye Jackson uzwi ku izina rya Kirahwata” wari Umuvunjayi ukomeye mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi, yasanzwe yapfuye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2020.

Umurambo wa Kirahwata wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, mu muferege wo ku muhanda w’ahitwa Nyakabiga II i Bujumbura.

Amakuru avuga ko mu ijosi rya Kirahwata hari haziritse umugozi, bigakekwa ko abamwishe bataramenyekana ari wo bamunigishije bamwivugana.

Simbananiye, yishwe nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa 13 Gicurasi ari bwo hamenyekanye impuruza y’uko yashimuswe n’abantu batamenyekanye bamutwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ababonye Kirahwata ashimutwa bavuga ko yatwawe n’abantu bari bambaye imyenda ya polisi, ibyatumye abenshi bavuga ko yaba yishwe n’urwego rw’ubutasi bwa Leta y’u Burundi, SNR.

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi yavuze ko bamenyeshejwe urupfu rw’uriya mukambwe, ndetse Polisi ikaba yatangiye iperereza ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’urupfu rwe.

Simbananiye abaye umuvunjayi wa gatatu w’i Bujumbura upfuye urw’amayobera, gusa biravugwa ko abari kwicwa bose bazira kuba bakekwaho gutera inkunga y’amafaranga, Agathon Rwasa kugira ngo azabashe gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu cyumweru gitaha.

Leta y’u Burundi iheruka guca ibikorwa byo kuvunja amafaranga ivuga ko bihungabanya ubukungu bw’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *