Kiyovu Sports yasinyishije abandi bakinnyi babiri bakinira ikipe y’igihugu y’u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje kwiyubaka, yamaze gusinyisha abandi bakinnyi babiri bombi bakinira ikipe y’igihugu y’u Burundi Intamba mu rugamba, barimo myugariro Ngandu Omar wanyuze mu makipe atandukanye hano mu Rwanda na Bigirimana Abed ukina hagati mu kibuga.

Aba basore bombi basinye imyaka ibiri yo gukinira Kiyovu Sports.

Myugariro Ngandu Omar usanzwe avukana na Niyonzima Ally ukinira ikipe y’igihugu Amavubi, ni umwe mu bakinnyi bamenyereye Shampiyona y’u Rwanda dore ko yakiniye amakipe ya APR FC na AS Kigali. Kiyovu Sports yamusinyishije kugira ngo aze gufatanya mu mutima w’ubwugarizi na Mbogo Ally, nyuma y’ibiganiro impande zombi zari zimazemo icyumweru kirenga.

Kiyovu Sports kandi yasinyishije Bigirimana Abed, nyuma yo gushyira akadomo ku biganiro yari amaze igihe agirana na yo.

Uyu musore byitezwe ko aje gusimbura Twizerimana Martin Fabrice wamaze gutandukana na Kiyovu Sports akerekeza muri Police FC, ni umwe mu bari bamaze igihe bafasha cyane ikipe ya Rukinzo FC y’iwabo yakiniraga, dore ko muri uyu mwaka w’imikino yayitsindiye ibitego umunani akanatanga imipira 12 yavuyemo ibitego.

Ngandu Omar na Bigirimana Abed binjiye muri Kiyovu Sport biyongera ku bandi banyamahanga ifite, barimo Nkoto Karim, Robert Saba, Ghislain Armel ndetse na Alexis Kitata bari basanzwe muri iyi kipe yo ku Mumena.

Biyongereye kandi ku bandi bakinnyi bashya iyi kipe iheruka gusinyisha, barimo Samson Babua, Irambona Eric, Kimenyi Yves na Ngendahimana Eric.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *