Mauritius ikomeje kuza imbere mu kugira ishoramari ryinshi ry’abikorera mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Ibarura ngarukamwaka ry’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga mu Rwanda ryakozwe mu mwaka wa 2022 riragaragaza ko igihugu cya Mauritius gikomeje kuza imbere mu ishoramari ry’abikorera mu Rwanda, imbere y’Abashinwa n’abandi banyamahanga nk’uko bigaragara mu ibarura ngarukamwaka ry’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga ryakozwe mu mwaka wa 2022.

Ni inshuro ya cumi na gatatu Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ikoze ibarura nk’iri ku bufatanye n’ikigo gishinzwe iterambere ry’u Rwanda (RDB) ndetse n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR).

Mu 2021, ishoramari ry’abikorera bo muri Mauritius ryageze kuri miliyoni 176.1 USD, bigaragaza inyongera ya 32.4%, aho ryavuye kuri miliyoni 136.0 USD yashowe muri 2020. Ishoramari ry’abikorera bo muri Maurtius ahanini rijya mu bijyanye n’imari, amashanyarazi n’ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho n’ubukerarugendo.

Ni mu gihe ishoramari ry’abikorera b’Abashinwa naryo ryazamutse cyane mu 2021 rigera kuri miliyoni 86,6 USD cyangwa 15.9% ahanini yashowe mu bukerarugendo no mu nganda. Muri urwo rwego, ishoramari ry’Abahinde ryiyongereye kugera kuri miliyoni 73.9 USD angana n’umugabane wa 13,6% mu ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga ryose.

Mu bijyanye n’imigabane, urwego rw’imari rurayoboye, rufite 26.9% by’imigabane yose y’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga, rukurikirwa n’urwego rw’ikoranabuhanga n’itumanaho (20.7 %), inganda (13,6%) n’amashanyarazi (12.8%). Kubera ubwiyongere bwinshi bwanditswe mu 2021, umugabane w’urwego rw’ubukerarugendo ku migabane y’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga warazamutse ugera kuri 7.0% mu 2021, uvuye kuri 6.1% yanditswe muri 2020.

Ku bijyanye n’imigabane y’abikorera b’abanyamahanga, ishoramari ryaturutse muri Mauritius rifata iya mbere, rikaba rifite 25.1% muri rusange rikurikirwa na Kenya (9.2%), Amerika (6.3%), u Buholandi (5.8%) na Afurika yepfo (4.7%). Bitewe n’amafaranga yatanzwe ava mu Buhinde no mu Bushinwa, umugabane wabo ku migabane ya FPC wikubye inshuro zirenga ebyiri zingana na 3,3% na 1.8%.

Ku bijyanye n’inkomoko y’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga rituruka mu miryango y’uturere, ibarura ryerekana ko COMESA, SADC na Aziya byagize uruhare runini, rungana na 42.2%, 34.8% na 32.7% bya FPC yose, ahanini biterwa n’ishoramari ryaturutse muri Mauritius, u Bushinwa, u Buhinde na Kenya . OECD, EAC n’imiryango mpuzamahanga n’amabanki birakurikira, na 14.8%, 9.8% na 9.4%.

Mu 2021, ishoramari ritaziguye ry’amahanga (FDI) mu Rwanda ryiyongereyeho 45.7% rigera kuri miliyoni 399.3 USD rivuye kuri miliyoni 274.1 USD yanditswe muri 2020. Ubwiyongere bwa FDI bwatewe n’imyenda n’imigabane.

Kugura imigabane mishya mu bigo bikorera mu gihugu byiyongereyeho 19,6%, bigera kuri miliyoni 59.4 USD mu 2021 bivuye kuri miliyoni 49.7 USD yanditswe muri 2020. Ishoramari rishya ryinjira mu bucuruzi ahanini ryaturutse mu nzego z’imari, inganda, ubwubatsi …

Ubwiyongere bw’amafaranga y’ishoramari ritaziguye ry’abanyamahanga bwaherekejwe no kwiyongera kw’imigabane ku gipimo cya 8.5% bigera kuri miliyoni 2,937.8 USD mu 2021.

Raporo y’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga (FPC) mu Rwanda irerekana ibyavuye mu ibarura ngarukamwaka ry’ishoramari ry’abikorera b’abanyamahanga ryakozwe mu mwaka wa 2022, ritanga amakuru ku ishoramari ritaziguye ry’amahanga (FDI), inguzanyo ziva mu bikorera b’abanyamahanga (PSED), amashyirahamwe y’amahanga y’ubucuruzi muri serivisi (FATS), imyumvire y’umushoramari n’ibihinduka byose bijyanye n’ishoramari ry’abikorera mu mwaka wa 2021.

Amakuru yatanzwe ntabwo akoreshwa gusa nko kugaragaza uko abanyagihugu n’abanyamahanga bahererekanyije amafaranga, Umwanya w’ishoramari mpuzamahanga hamwe na sisitemu y’ibaruramari ry’igihugu, ahubwo anifashishwa mu isesengura ry’ubukungu. Byongeye kandi, ibarura rya FPC ni ingenzi kuri Guverinoma y’u Rwanda kuko bigira uruhare mu gushyiraho ingamba za politiki zifasha mu kureshya ishoramari ry’amahanga no guteza imbere ubucuruzi.

Ishoramari ritaziguye ry’amahanga (FDI) rigizwe; n’ishoramari rishingiye ku bashoramari badatuye mu gihugu bafite imigabane byibuze 10% by’imari shingiro y’isosiyete.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *