Mu bihe by’intambara, abana ni bo bapfa ari benshi kurusha abarwanyi

Sangiza iyi nkuru

Muri ibi gihe, 90% y’abantu bahitanwa n’intambara zibera ku Isi ni abaturage b’abasivili. Abenshi muri abo ni abagore n’abana. Ibi bitandukanye n’intambara zo hambere (mu myaka 50 ishize), aho abahitanwaga nazo, abasaga 90% babaga ari abarwanyi cyangwa abafitanye isano nayo ku buryo butaziguye.

Nk’uko icyegeranyo cy’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bana (Save The Children) cyasohotse mu mwaka ushize wa 2019 kibivuga, ku Isi, abana basaga 100,000 babura ubuzima bitewe n’intambara ziri hirya no hino, bakaba bikubye inshuro 10 abarwanyi bapfa. Mu 2017, 18% (420,000,000) y’abana bose Isi yari ifite babaga mu bihugu birimo intambara byiganjemo ibyo muri Afurika.

Icyo cyegeranyo gikomeza kivuga ko hagati ya 2013 na 2017, abana b’impinja basaga 550,000 baburiye ubuzima mu bihugu bitandukanye birimo intambara nka Sudani y’Epfo, Yemen, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Siriya na Mali. Bamwe bishwe n’amasasu, abandi bicwa n’inzara no kubura ubutabazi.

Mu ntamabara zimwe na zimwe, abarwanyi ntibubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera abasivili (DIH). By’umwihariko amategeko arengera abana. Kandi n’iyo intambara zirangiye, ababigizemo uruhare ntibakurikiranwa n’ubutabera ngo bahanwe.
Abo bana bose ntibari gupfa iyo izo ntambara zitaza kuba. Kandi abo bana nta ruhare bagize mu kuzishoza.

Imiryango irengera abana ihora isaba abarwanyi hirya no hino ku Isi kubahiriza amategeko arengera abana. Igacika ku muco mubi wo gushyira mu ngabo abana bari munsi y’imyaka 18. Kandi ikirinda gutera ibisasu biturika mu midugudu ituwe n’abasivili.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *