Muri Haiti bikomeje kuba bibi cyane

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu gihugu cya Haiti, aremeza ko umwuka atari mwiza, nyuma y’aho agatsiko k’amabandi bigabije imijyi itandukanye irimo n’umurwa mukuru kagateza akaduruvayo.Muri ako kavuyo n’imivundo, hari abaturage bakomeje kubigenderamo bakahatakariza ubuzima.

Ibinyamakuru bitandukanye bivuga ko ejo ku wa mbere ku muhanda werekeza mu nkengero z’umurwa mukuru wa Haiti, hatoraguwe imirambo irenga 10.Ababibonye babwiye ibiro ntaramakuru byo mu Bwongereza ,Reuters, ko imibare y’abapfa ikomeje kugenda yiyongera.

Nyuma y’uko hatangajwe amakuru ku bitero byo mu gitondo cy’ejo, hafi y’akarere ka Laboule, mu mihanda izengurutse Petion-Ville, nta n’inyoni yahatambaga.Ni mu gihe hategerejwe ko mu minsi micye hazatangazwa guverinoma nshya.

Kugeza ubu urugomo rukomeje gufata indi intera rushamikiye ku mitwe ifite intwaro, rubangamiye ubuzima bw’abasivili, na politiki yaheze mu cyeragati.

Iyi mitwe ni nayo iherutse gutuma Minisitiri Ariel Henry yegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe nyuma yo kotswa igitutu bavuga ko batamushaka.Byasembuwe n’urugendo yari yakereye muri Kenya aho yari yaragiye mu biganiro bishyira umukono ku masezerano yo kohereza muri Haiti abapolisi wo guhashya ibyo byihebe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *