Perezida Ndayishimiye yijeje ubufasha abarimo Dr Monique Nsanzabaganwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye, yashimiye abarimo Umunyarwandakazi Monique Nsanzabaganwa bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’Umuryango wa Afuruka yunze ubumwe, abizeza ubufasha.

Ku wa Gatandatu tariki ya 06 Gashyantare ni bwo hateranye inama ya 34 y’uyu muryango (isozwa kuri iki cyumweru), isiga unabonye abayobozi bashya.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi, yatangiye imirimo nka Perezida mushya w’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, asimbuye Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo wasoje manda ye.

Abandi batowe barimo umunya-Tchad Moussa Faki Mahamat watorewe kuba Umuyobozi wa Komisiyo y’uriya muryango, ugomba kungirizwa na Dr Monique Nsanzabaganwa watowe n’ibihugu 42 muri 55 byatoye.

Hatowe kandi abakomiseri bane b’uriya muryango.

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi abinyujije kuri Twitter ye, yashimiye abatoye bose, abizeza ko Guverinoma ayoboye yiteguye kubaha ubufasha bwose bushoboka.

Ati: “Ndashimira byimazeyo abagize amahirwe yo gutorerwa mu nama ya AU. Perezida wa Komisiyo, Visi-Perezida wayo n’abakomiseri 4, mu gihe hagitegerejwe amatora y’abandi 2 mu Nama Nyobozi itaha. U Burundi burabizeza inkunga yabwo n’ubufatanye bwuzuye.”

Madamu Nsanzabaganwa afite intumbero zo kuba mu buyobozi bwa AU burajwe ishinga no guteza imbere ubukungu, byose bikajyana no gukorera mu mucyo, gushyira imbaraga mu kubaza inshingano abazishinzwe, kongera ingufu mu ihame ry’imiyoborere n’ibindi.

Yari ahataniye uyu mwanya n’abandi n’abarimo umunya-Uganda, Pamela Kasabiiti Mbabazi usanzwe akuriye Komisiyo ishinzwe igenamigambi mu gihugu cye.

Abandi ni Umunya-Somalia Awale Ale Kuliane, Fatouma Jallow ukomoka muri Gambia, Hasna Barkat Daoud ukomoka muri Djibouti na Martha Akya Amaa ukomoka muri Ghana.

Kandidatire ya Dr Nsanzabaganwa ugomba kunguriza umunya-Tchad Moussa Faki Mahamat, yatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ku wa 03 Ukuboza 2020, ubwo yakiraga mu musangiro abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Perezida Ndayishimiye yijeje ubufasha abarimo Dr Monique Nsanzabaganwa
    Nanje ndamukeje bivuye k’umutima uwo mu Dr,akaryo Imana imutije ntaje agapfishe ubusa, kaze bagirire akamaro benshi. Nico kimwe na President wa RDC, Hari benshi bagize bati:”ashiii”. Ingorane abantu tugira, nukuronka amahigwe nk’ayo mandat igahera ataco umuriye isi, nawe ubwawe ataco wimariye. Ni umwanya muto ariko, ivya wari gukora inyaka cumi woshobora kubikora amezi abiri. I gikomeye,Imana ize ibampere inkomezi!

  2. Perezida Ndayishimiye yijeje ubufasha abarimo Dr Monique Nsanzabaganwa
    Nanje ndamukeje bivuye k’umutima uwo mu Dr,akaryo Imana imutije ntaje agapfishe ubusa, kaze bagirire akamaro benshi. Nico kimwe na President wa RDC, Hari benshi bagize bati:”ashiii”. Ingorane abantu tugira, nukuronka amahigwe nk’ayo mandat igahera ataco umuriye isi, nawe ubwawe ataco wimariye. Ni umwanya muto ariko, ivya wari gukora inyaka cumi woshobora kubikora amezi abiri. I gikomeye,Imana ize ibampere inkomezi!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *