Ubufaransa bumaze imyaka 13 butaraburanisha urubanza rw’ukekwaho jenoside

Sangiza iyi nkuru

Leta y’Ubufaransa imaze imyaka 13 itaraburanisha uwitwa Eugene Rwamucyo, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1995 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Ishyirahamwe The Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda (CPCR), ryatangarije The New Times ko ryatangaje ko mu 2007 ari bwo bareze Rwamucyo w’imyaka 60 ariko kugeza ubu akaba atari yakaburanishijwe.

Uyu mugabo ngo ubwo CPCR yashyiragaho igitutu ngo atabwe muri yombi, yahise ahungira mu Bubiligi.

Kera kabaye Rwamucyo ashobora kuburanishwa

Daphrose Mukarumongi, umwe mu bashinze CPCR yatangarije ko bafite amakuru ko noneho umushinjacyaha yafashe icyemezo ko Rwamucyo ajyanwa mu rukiko rwa Assises.

Mukarumongi ati “ Ubushinjacyaha bwafashe umwanzuro ko Rwamucyo azaburanishirizwa mu rukiko rwa Assises, hagendewe ku byavuye mu iperereza.” Yemeje ko ari icyemezo cyafashwe kuwa 17 Mata 2020. Uyu ariko avuga ko kugira ngo uru rubanza rurangire bizatwara igihe kirekire.

Rwamucyo uregwa kugira uruhare muri jenoside muri Butare, mu gihe cya jenoside yari umuganga muri CHUB, akigisha no muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda. Akekwaho kugira uruhare mu mfu z’abanyeshuri b’Abatutsi n’abarwayi mu bitaro yakoragamo.

Nyuma ya jenoside Rwamucyo nk’uko CPCR ibitangaza, yangiwe ubuhunzi na HCR muri Côte d’Ivoire mu 1995. Kuva mu 2001 kugeza 2007 yakoze nk’inzobere y’umuganga ahantu hatandukanye mu Bufaransa.

Uyu mugabo mu 2010 yatawe muri yombi ariko Ubufaransa bwanga kumwohereza mu Rwanda. Ubufransa kuri ubu buracyarimo benshi mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorerwa Abatutsi ariko bikaba bigoranye ko bagezwa mu butabera n’ubwo hari intambwe yatewe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *