Ubushinjacyaha bwasabiye umunyamakuru Bujakera gufungwa imyaka 20

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 8 Werurwe 2024, muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa, habereye iburanisha ry’urubanza rw’umunyamakuru Stanis Bujakera umaze amezi arengfa atatu atarahabwa ubutabera.

Muri uru rubanza, umushinjacyaha yasabiye uyu munyamakuru wa Jeune Afrique akaba n’umuyobozi wungirije wa Actualité.cd, igifungo cy’imyaka 20.Mu nyandiko y’ibirego, umushinjacyaha yasabye urukiko rwisumbuye rwa Kinshasa / Gombe gushyiraho ikindi cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano mu gukwirakwiza ibihuha.

Ashinjwa gukwirakwiza ibihuha no gutangaza amakuru y’ibinyoma, ibyaha bifitanye isano na raporo yanyujijwe muri Jeune Afrique yitiriwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR) ku ibura rya Depite Chérubin Okende, waje kugaragara nyuma yishwe.

Ku mugoroba wa Taliki 23 Gashyantare 2024 ubwo habaga ikiganiro cyahuje Perezida Tshisekedi n’abanyamakuru, yasanganijwe dosiye y’uyu munyamakuru atatu maze avuga ko agiye kuyikurikiranira kuko ubutabera bwa Congo ngo burwaye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *