Uganda: Abasirikare barashe ushinzwe umutekano wari umaze kurasa abantu babiri

Sangiza iyi nkuru

Umukozi w’urwego LDU(Local Defense Unit) ruri mu zishinzwe umutekano muri Uganda, yarashwe n’abasirikare ba kiriya gihugu ubwo bahanganaga yanze ko bamuta muri yombi nyuma y’uko yari amaze kurasa umugabo n’umugore.

Uwarashwe n’abasirikare nk’uko NTV dukesha iyi nkuru yabitangaje ni uwitwa Robert Muyaga.

Amashusho yafashwe na Camera zicunga umutekano yiriwe akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uwarashwe wamenyekanye ku mazina ya Francis Musaasizi, agera ku ivuriro riri mu mujyi wa Masaka atwaye moto, mbere y’uko Miyaga amurasana amasasu abiri n’umugore yari agiye gutwara.

Umugabo yahise apfira aho, umugore we apfa akimara kugezwa ku bitaro bya Masaka.

Byamenyekanye ko uwo mugore yitwa Jacqueline Asaasira, umugabo we akaba yari agiye kumujyana ku rindi vuriro.

Amakuru avuga ko Miyaga na Musaasizi bari bafitanye amakimbirane ashingiye ku mugore, ari na yo mpamvu Miyaga yahisemo kumurasana n’uwo mugore wari utwite.

Amakuru y’urupfu rwa Musaasizi n’umugore we yemejwe na Abbass Senyonjo, umuyobozi wa Polisi ya Uganda mu karere ka Masaka, gusa ntiyagira byinshi arutangarizaho NTV.

Major Flavia Terimulungi uvugira Brigade ya Kasijjagirwa, we yavuze ko hari umutwe w’abasirikare bari guta muri yombi Miyaga.

Bakigerayo ngo yanze kwemera ko bamufata ahubwo ahitamo kurasana na bo, biba ngombwa ko bamurasa na we arapfa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *