Uganda: Minisitiri ukurikiranweho ubwicanyi yatanze ingwate arafungurwa

Sangiza iyi nkuru

Umucamanza mu rukiko rwo mu gace ka Ntungamo muri Uganda, yasabye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda Mwesigwa Rukutana kwishyura ingwate ya miliyoni 14 z’amashiringi ya Uganda kugira ngo abe afunguwe.

Mu cyumweru gishize ni bwo Rukutana usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Abakozi muri Uganda yari yafunzwe n’umucamanza mu rukiko rw’i Mbarara, nyuma yo gushinjwa ibyaha birimo kugerageza kwica, gukubita, kwangiza, no gukangisha urugomo.

Uyu mukozi wa Guverinoma ya Uganda yari yatawe muri yombi ari kumwe n’abarinzi be batatu ashinjwa kurasa no gukomeretsa umuntu, ibinyuranyije n’indangagaciro z’ishyaka NRM abereye umuyoboke.

Videwo yakwirakwijwe ku mbuga Nkoranyambaga, igaragaza Minisitiri Rukutana yaka umurinzi we imbunda, mbere yo kurasa ku modoka byaje kumenyekana ko ari iy’abari bashyigikiye Naome Kabasharira, umukandida w’Ishyaka NRM wamutsinze mu matora yo guhagararira iryo Shyaka mu matora y’abadepite mu gace ka Kabashenyi.

Mu rubanza umushinjacyaha yashinje Minisitiri Rukutana ko ku itariki ya 05 Nzeri mu mudugugu wa Kagugu mu karere ka Ntungamo, yahohoteye uwitwa Julius Niwamanya akanamukangisha kumwica no kumukomeretsa cyo kimwe b’abandi bantu batatu, barimo Stuart Kamukama, Dan Rwibirungi na Moses Kamukama.

Minisitiri Rukutana kandi yashinjwe kwangiza ku bushake imodoka y’uwitwa Moses Muhumuza.

Uyu muminisitiri yarekuwe nyuma yo gutanga iriwa ngwate no kwishingirwa n’abarimo Jim Muhwezi, Michael Mawanda basanzwe ari abadepite na Bob Kabonero uri mu bacuruzi bakomeye muri Uganda.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uganda: Minisitiri ukurikiranweho ubwicanyi yatanze ingwate arafungurwa
    Uganda ifite democracy ntabwo ijya ihana abayobozi bakuru, ni ukwishyira ukizana.

  2. Uganda: Minisitiri ukurikiranweho ubwicanyi yatanze ingwate arafungurwa
    Uganda ifite democracy ntabwo ijya ihana abayobozi bakuru, ni ukwishyira ukizana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *