Mu nama y’abakuru b’Uburayi, Amerika n’ihuriro OTAN i Bruxelles ba perezida Joe Biden, Emmanuel Macron na minisitiri w’intebe Boris Johnson banze kuvuga icyo bakora mu gihe Uburusiya bwakoresha intwaro z’Ubumara muri Ukraine. Bashimangiye ubumwe bwabo mu kwamagana Putin no gufasha Ukraine guhangana n’ibitero by’Uburusiya. Perezida Zelensky wa Ukraine nk’uko BBC yabitangaje, yavuze ko “Uburayi bwatinze guhagarika Uburusiya.” Ati: “Mwafashe ibihano. Turabibashimira. Izo ni intambwe zikomeye.” Yongeraho ati: “Ariko byari bitinzeho…Hari amahirwe mbere”, avuga ko iyo hafatwa ibihano hakiri kare byashoboraga kubuza Uburusiya kwinjira mu ntambara. Institute for the Study of War (ISW) yatangaje ko kuwa kane ingabo z’Uburusiya zabashije kwigira imbere zisatira gufata umujyi rwagati wa Mariupol.


