Uwahoze ari Min. w’Intebe w’Ubwongereza yavuze ko adashyigikiye kohereza abimukira mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari minisitiri w’intebe w’Ubwongereza, Theresa May, yanenze umugambi wa leta y’igihugu cye, wo kohereza abimukira basaba ubuhungiro mu Rwanda.

May yabwiye inteko ishingamategeko ko adashyigikiye uriya mugambi kubera impungenge ze niba wujuje ibisabwa ku “mategeko, gushoboka no gutanga umusaruro”.

Minisitiri w’ubutegetsi, Priti Patel, yavuze ko iyo gahunda izaba “ingorane ikomeye ku bambutsa abantu bitemewe” kandi uzahagarika imfu z’abantu mu nzira mbi bajya mu Bwongereza.

Uyu mugambi wakomeje kunengwa n’imiryango ifasha, bamwe mu banyamadini, n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza nk’uko BBC ibitangaza.

Mu Rwanda naho BWIZA yamenye ko hari abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenze uyu mugambi.

Theresa May nawe wabaye minisitiri w’ubutegetsi ashinzwe politiki y’abinjira n’abasohoka y’Ubwongereza hagati ya 2010 na 2016, yabajije niba uyu mugambi w’igerageza utazongera kuzanwa kw’abagore n’abana.

Ni nyuma y’amakuru ko abagabo b’ingaragu bambuka binyuranyije n’amategeko bajya mu Bwongereza ari bo bazoherezwa mu Rwanda.

Muri iyi gahunda yatangajwe mu cyumweru gishize, abantu byemejwe ko binjiye bitemewe mu Bwongereza bazoherezwa mu Rwanda, abo ibyabo bizigirwa, bagahabwa ubuturo bw’igihe kirekire cyangwa bagasubizwa mu bihugu bakomokamo.

Asubiza ku byavuzwe na Patel, Madamu May yagize ati: “Kubyo numvise kandi nabonye kugeza ubu kuri uyu mugambi, sinshyigikiye kohereza abantu mu Rwanda kubera amategeko, uko byakorwa n’uko byatanga umusaruro. Niba koko imiryango itazatatanywa, ni ibihe bimenyetso afite ko ibi bitazaganisha ku kongera izanwa ritemwe ry’abagore n’abana?”

Minisitiri Patel yavuze ko “Impinduka zirakenewe kuko abantu barimo gupfa bagerageza kuza mu Bwongereza.”

Yabwiye abadepite ati: “Ubu bufatanye ni ubwoko bw’ibikenewe muri politiki mpuzamahanga ikwiye ku bimukira, mu gutuma abantu baba amahoro, no kubaha amahirwe yo kumererwa neza.

“Ibi bizafasha gusenya business y’abambutsa abantu bitemewe kandi birokore ubuzima bw’abantu, ari nako birengere abari mu kaga mu by’ukuri.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’ u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko nta kibazo gihari ku kuba u Rwanda rwakwakira abo bimukira kuko rubishoboye.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uwahoze ari Min. w’Intebe w’Ubwongereza yavuze ko adashyigikiye kohereza abimukira mu Rwanda
    NIbaze dufatanye inzira y’ubuzima nibahumure amahoro azaboneka zaburi 37:11

  2. Uwahoze ari Min. w’Intebe w’Ubwongereza yavuze ko adashyigikiye kohereza abimukira mu Rwanda
    NIbaze dufatanye inzira y’ubuzima nibahumure amahoro azaboneka zaburi 37:11

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *