Zambia: Umupolisi mukuru yimuriwe mu cyaro azira kuvuga ko Perezida ataziyamamariza indi manda

Sangiza iyi nkuru

Umuyobzi wa Polisi ya Zambia wungirije ushinzwe Ibikorwa bya Polisi yo mu muhanda, yahanishijwe kwimurirwa mu gace k’icyaro nyuma yo kugagara mu mashusho avuga ko Perezida Edgar Lungu ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu mwaka 2021.

DIGP Bonny Kapeso yimuriwe igitaraganya mu gace ko mu burengerazuba aho ababikurkiranira hafi bemeza ko ari nk’igihano yahawe azira amakuru adafitiye gihamya ku mukuru w’igihu, Edgar Lungu.

Ikinyamakuru Mwebantu cyandikirwa aho muri Zambia cyanditse ko ibi byabaye nyuma yaho agaragariye mu mashusho, avuga ko perezida Lungu ataziyamamaza mu matora ya 2021. Ubu butumwa bwahise bwakirwa neza n’abakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Patriotic Front (PF) bakomeza babuhererekanya bigera kuri Perezida Lungu, ari na we wahise ategeka gushaka uwakwirakwije ubwo butumwa.

DIGP Kapeso yavuze ko kwimurirwa mu gace k’iburengerazuba byaturutse ku itegeko ry’umuyobozi mukuru wa Polisi muri Zambia, IGP Kakoma Kanganja. Kapeso kandi yavuze ko kubaha ugukuriye mu kazi ari rimwe mu mahame agenga Polisi ya Zambia, bityo ko yiteguye gukomereza akazi aho yimuriwe.

Yagize ati: ”Twe abofisiye ibyo dutegetswe turabikora, navanwe mu gukurira ishami rya Polisi yo mu muhanda, noherezwa gukorera mu burengerazuba bw’igihugu ku itegeko rya General. Kandi Jenerali nta Kosa afite mu kumpindurira inshingano”

Kapeso yasabye abantu, kwirinda kwivanga mu miyoborere ya polisi y’iki gihugu cyane ko ngo asanga nta bumenyi buhagije bafite kuko bisaba gubitozwa.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu aha muri Zambia ateganyijwe kuba ku wa 12 Kamena umwaka 2021, akaba azaba ari amatora akomatanyije n’ay’abagize inteko ishingamategeko y’icyo gihugu.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Zambia: Umupolisi mukuru yimuriwe mu cyaro azira kuvuga ko Perezida ataziyamamariza indi manda
    Amatora Y’a Zambie ataguwe gîte?

  2. Zambia: Umupolisi mukuru yimuriwe mu cyaro azira kuvuga ko Perezida ataziyamamariza indi manda
    Amatora Y’a Zambie ataguwe gîte?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *