Depite Habineza ntashyigikiye itegeko riha Perezida wa Repubulika ububasha ku bigo bya Leta

Depite Frank Habineza uhagarariye ishyaka Riharanira Demokorasi no Kurengera Ibidukikije Green Party ( DGPR) , rifite imyanya mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda atangaza ko adashyigikiye umushinga w’itegeko riherutse gutorwa mu Nteko riha Perezida wa Repubulika ububasha bwo gushyiraho cyangwa gusesa ibigo bya Leta bikora ubucuruzi n’ibitabukora. Itegeko riha Perezida wa Repubulika ububasha bwo gushyiraho […]

Ubudage bwasubijeho ‘Guma mu Rugo’ nyuma yo kuboneka k’ubwandu bushya 1500

Nyuma y’ukwezi Guverinoma y’u Budage yoroheje ingamba zo gukumira icyorezo cya Coronavirus, ubu iki gihugu cyongeye gusubizaho gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko hongeye kugaragara ubwandu bw’abantu barenga 1500 bose baranduye iki cyorezo. Aba bantu bose banduye ni abakozi b’uruganda rwitwa Tonnies rusanzwe rutunganya inyama rukazifunga mu mapaki, ruherereye muri Leta ya North Rhine-Westphalia […]

Rwanda: Habonetse abantu 11 banduye Covid-19

img-20200623-wa0042.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 4568 byafashwe. Mu karere ka Kirehe habonetse abarwayi 2, muri Rusizi ni 8, naho muri Kigali ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 371 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri […]

Nyaruguru: Biyemeje gutanga umuganda wa buri munsi mu kubaka amashuri

img-20200623-wa0034_1592932761008.jpg

Bitewe n’uko muri iki gihe cy’impeshyi imirimo y’ubuhinzi ari micye, abaturage batuye mu masibo abiri yo mu karere ka Nyaruguru, bari gusimburana buri munsi, bakora umuganda wo kubaka amashuri kugira ngo ibyumba bishya 600 bizabe byuzuye mbere ya Nzeri 2020. Sinigenga Desire ni umuyobozi w’umudugudu wa Banga, mu kagari ka Mpanda, mu murenge wa Kibeho. […]

Gasogi United yasinyishije Umukongomani wifuzwaga na Rayon Sports

Ikipe ya Gasogi United ikomeje kwiyubaka, yamaze gusinyisha rutahizamu Emmanuel Bola Lobota ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports. Uyu rutahizamu usanzwe ukinira ikipe y’igihugu cye, yasinye imyaka ibiri muri Gasogi United nk’uko iyi kipe yabyemeje. Gasogi United ibinyujije kuri Twitter yagize iti”Birabaye birabaye! Misile Mpuzamahanga kirimbuzi akaba ari Bola […]

Perezida Museveni yunamiye Pierre Nkurunziza uherutse gupfa

b2d749c7473c41db95412ae69427e452_1592930981169.jpg

Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Kabiri, muri Ambasade y’u Burundi iri i Kampala yunamiye uwari umuyobozi w’u Burundi, Pierre Nkurunziza uherutse gupfa azize guhagarara k’umutima. Yagize ati: “Njye n’umufasha wanjye, Janet Museveni twasuye Ambasade y’u Burundi i Kampala, nunamiye Perezida Nkurunziza witabye Imana ku wa 08 Kamena 2020 ndetse nifatanya n’umuryango we n’Abarundi […]

Umukinnyi wa mbere ku Isi wa Tennis yanduye Covid-19

Umunya Serbia, Novak Djokovic ufatwa nk’umukinnyi wa mbere ku Isi ukina umukino wa Tennis, yatangaje ko yamaze kwandura icyorezo cya Covid-19. Ni amakuru uyu mugabo yahishuye nyuma y’uko abarimo Grigor Dimitrov, Borna Coric na Viktor Troicki na bo bakina Tennis batangaje ko banduye kiriya cyorezo, nyuma yo kwitabira irushanwa ryitwa Adria Tour competition ryateguwe na […]

Gisagara: Arashinja Gitifu kumufunga no kumuroha mu Kanyaru

Umuturage witwa Niyomuhoza Joselyne ucumbitse mu karere ka Gisagara mu murenge wa Mugombwa, arashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukindo, Jean FĂ©lix Rutaganda kumufunga amurenganya no kumuroha mu mugezi w’Akanyaru byashoboraga kumuviramo n’urupfu. Uyu muturage ufite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko ibi byabaye nyuma y’amakimbirane yagiranye n’umugabo bashakanye w’umunyarwanda babanaga mu murenge wa Mukindo. […]

Arrivée de l’aide médicale marocaine destinée à Djibouti

L’aide mĂ©dicale marocaine destinĂ©e Ă  Djibouti, dans le cadre d’un ensemble d’aides accordĂ©es, sur Très Hautes Instructions de Sa MajestĂ© le Roi Mohammed VI, Ă  plusieurs pays africains pour les accompagner dans leurs efforts de lutte contre le coronavirus, est arrivĂ©e lundi 22 juin 2020, Ă  l’aĂ©roport international de Djibouti. Les Ă©quipements et produits composant […]

Moroccan medical aid arrives in Djibouti

Moroccan medical aid destined for Djibouti, as part of a package of aid granted, on High Instructions from His Majesty Mohammed VI, King of Morocco, to several African countries to support them in their efforts to fight coronavirus, arrived Monday 22nd of June 2020, at Djibouti international airport. The equipment and products making up the […]

Bujumbura: Covid-19 iri gutuma bagura imiti irimo inturusu n’umuravumba

Abantu benshi batuye mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi bari kugura imiti irimo inturusu, umuravumba, tangawizi n’ibindi, kubera ko bizera ko yabarinda icyorezo cya Covid-19. Iyi miti iri gucuruzwa n’urubyiruko mu duce dutandukanye tw’uyu mujyi, ku mifungo. Umufungo umwe w’inturusu cyangwa umuravumba uri kugurwa hagati y’amafaranga y’u Burundi 1500 n’2000. Ibitangazamakuru UBM News na Buja […]

Huye: Umugabo yishwe akuwemo ururimi

Mu gitondo cyo kuri uyu kabiri, umugabo witwa Ndimurwango bakundaga kwita Cobori yasanzwe yiciwe mu gishanga gihuza Akagari ka Mpare n’aka Gitwa bwo mu Murenge wa Tumba w’Akarere ka Huye. Abaturanyi b’uyu mugabo bavuga ko ejo kuwa Mbere yiriwe mu rugo akaza kuhava nimugoroba ariko bagategereza ko agaruka bagaheba. Ndimurwango wishwe yari ari mu kigero […]

Uruhare rwa Operasiyo Turquoise mu gufata ku ngufu abagore n’abakobwa mu nkambi ya Nyarushishi

Abasirikare b’Abafaransa bageze i Nyarushishi tariki ya 23 Kamena 1994. Byavugwaga ko Operasiyo Turquoise yari ije cyane cyane gutabara abantu bari barahungiye mu nkambi ya Nyarushishi. Ariko ubuhamya bw’impunzi n’ubwa bamwe mu Nterahamwe zakoreye muri ako gace buvuga ko ahubwo Abatutsi bakomeje kwicwa n’Interahamwe, kandi ko abasirikare b’Abafaransa bafashe ku ngufu abagore n’abakobwa b’impunzi bavugaga […]

Burundi: Gen. Bunyoni atorewe kuba Minisitiri w’Intebe

Gen. Guillaume Bunyoni

Inteko ishinga amategeko y’u Burundi kuri uyu wa 23 Kamena 2020 imaze gutorera Gen. Alain Guillaume Bunyoni kuba Minisitiri w’Intebe. Ni nyuma y’aho Perezida mushya w’iki gihugu, Rtd. Maj. Gen. Evariste Ndayishimiye yari yaramutanze nk’ugomba kujya kuri uyu mwanya, icyari gisigaye gusa ari itora ry’inteko. Abadepite 92 ni bo bemeje ko Gen. Bunyoni aba Minisitiri […]

Umukobwa w’umutinganyi yishe umugore we amuhora kumusanga aryamanye n’umugabo

Umukobwa w’umutinganyi witwa Spicy Vee ubarizwa muri leta ya Delta muri Nigeria yishe ateye icyuma umugore we Vivian ubwo yari amaze kumufatira mu cyuho aryamanye n’umugabo. Amakuru aturuka ku rubuga rwa Insta Blog avuga ko Spicy yishe Vivian atewe impungenge n’uko ashobora kumena ibanga ry’uko yaryamanye n’umugabo. Nyuma y’iminsi itatu Vivian yishwe, tariki ya 15 […]

Ku itariki ya 23 Kamena 930 ni bwo inteko nshingamategeko ya mbere ku isi yashinzwe

Inteko nshinagamategeko y’igihugu cya Iceland izwi nka Althingi/Athing ni yo ikuze kurusha izindi zose ku isi, aho yashinzwe muri 930. Iyi nteko yashingiwe ahitwa Ăžingvellir, hari muri kilometero 45 mu burasirazuba bw’icyabaye umurwa mukuru wa Iceland ubu, ReykjavĂ­k. Iyi nteko ya Iceland no mu 1262 ubwo iki gihugu cyihuzaga na Norway yagumye ifite icyicaro muri […]

Kigali: Hari abaturage bafite impungenge z’uko ‘Guma mu Rugo’ yasubizwaho

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali bafite impungenge z’icyorezo cya Covid-19 gikomeje gufata intera, bakaba batekereza ko Leta ishobora gusubizaho gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko imibare y’abandura yongeye kuzamuka haba mu Mujyi wa Kigali no mu ntara. Kuri uyu wa Mbere nibwo bwa mbere mu Rwanda habonetse abarwayi benshi kuva iki […]

Kugaragaza ubwambure, imwe mu ntwaro ikomeje gukoreshwa mu gushaka ubwamamare

Bumwe mu buryo busigaye bukoreshwa cyane cyane n’abahanzi cyangwa abanyamideli muri iyi minsi, ni ukugaragariza abakunzi babo cyangwa ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga ibice by’ibanga byabo. Ubu buryo bunafatwa nk’iterambere rimwe na rimwe, bwabanje kugaragara ku migabane nka America, Uburayi, Aziya . Bwatangiye no kugenda bwinjira muri Afurika biturutse ku gutira imico byakorwaga cyane cyane n’abakora […]

Byinshi kuri Zinedine Zidane kuri iyi tariki wujuje imyaka 48 y’amavuko

Ku itariki nk’iyi mu myaka 48 ishize, ni bwo Umufaransa Zinedine Zidane wabaye igihangange muri ruhago mbere yo gukomereza ubuzima mu mu mwuga w’ubutoza. Kuri ubu ni umutoza w’ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, ikipe uyu mugabo wakinnye umupira ku rwego rwo hejuru akomeje kubakira ibigwi bikomeye. Ubuzima bwa Zinedine Zidane Zidane […]

Kicukiro: Nyuma y’amezi 3 apfushije umugabo, ibitaro byamuhaye umurambo warangiritse

Mu mudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Bwerankori, mu murenge wa Kigarama ho mu karere ka Kicukiro, haravugwa inkuru ya Kakure Esperance wapfushije umugabo we Twizerimana Faustin mu kwezi kwa Gatatu, ibitaro bya CHUK bikamwima umurambo akaba awuhawe hashize amezi atatu arenga. Twizerimana yapfuye kuwa 27 Werurwe 2020 nyuma y’iminsi yaramaze arwariye mu bitaro bya CHUK, […]

Dr Léon Mugesera yasabye ko ibyaha ashinjwa abihanagurwaho

Dr LĂ©on Mugesera wahamijwe ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye Urukiko rw’Ubujurire kumuhanaguraho ibyaha yahamijwe n’Urukiko Rukuru, ngo kuko ibyo rwashingiyeho rumuhanisha igifungo cya burundu ari ibinyoma abatangabuhamya bigishijwe. Ku wa mbere tariki 22 Kamena 2020, ni bwo iburanisha ku bujurire bwa Dr Mugesera ryari ryakomeje, hasobanurwa byimbitse inenge Mugesera yabonye mu batangabuhamya […]

Malawi: Amatora ya Perezida ari gusubirwamo nyuma y’umwaka abaye

Abahatana ni batatu

Abaturage bo muri Malawi mu gitondo cy’uyu wa 23 Kamena 2020 bazindukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu nyuma y’ayo bari barakoze mu 2019 ntibumvikane ku byavuyemo. Tariki ya 21 Gicurasi 2019, Malawi yabayemo amatora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Peter Mutharika ayegukana ku majwi 38.57% gusa Urukiko rushinzwe itegekonshinga tariki ya 3 Gashyantare 2020, rwahisemo gutesha agaciro ibyavuyemo […]

Uwilingiyimana Agatha aba yujuje imyaka 67-Amateka n’amafoto

Yari kumwe n'umugabo we, Barahira ndetse n'abana

Uwilingiyimana Agatha washyizwe ku rutonde rw’intwari zo mu rwego rw’Imena, ni umwe mu bagore bake b’abanyapolitiki mu Rwanda babashije gukora ibikorwa bitandukanye by’ubutwari. Agahigo kuri we ni uko kugeza ubu ari we mugore rukumbi wayoboye Guverinoma y’u Rwanda, kuva muri Nyakanga 1993 kugeza yishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ubwo yari Minisitiri w’Intebe w’u […]