Abantu 167 banduye Covid-19, hapfa umugore w’imyaka 46

erj4w0mw8aeocty.png

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abandi bantu 167 banduye icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, mu bipimo 5970 byafashwe. Aba barimo 117 babonetse i Kigali, 18 babonetse i Musanze, 9 babonetse i Nyamasheke, 8 babonetse i Huye, 6 babonetse muri Kamonyi, 6 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse i Muhanga n’undi wabonetse muri […]

Neymar na bagenzi be bageneye impano Perezida Félix Tshisekedi (Amafoto)

img_20210107_192904.jpg

Abakinnyi b’Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa, bageneye Perezida wa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi usanzwe ari umufana wayo impano y’umwambaro wayo uriho amazina ye. Amafoto yagiye hanze yerekana abakinnyi bakomeye ba PSG bafite umwambaro wanditseho ‘F Tshisekedi’ uriho numero 10 bageneye Perezida Tshisekedi, nyuma yo kumenya ko yihebeye iriya […]

Rurageretse hagati y’Umujyi wa Kigali n’umugore wa Milimo, hejuru ya sitasiyo ya lisansi

fb_img_16100482749039330-2.jpg

Ifoto: KT Press Rurageretse hagati y’umuryango wa nyakwigendera Milimo Gaspard wari umucuruzi ukomeye muri Kigali uhagarariwe n’umugore, Gahongayire Winifride, n’ubuyobozi bw’uyu mujyi bwategetse ko sitasiyo ya lisansi iherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, isenywa. Nk’uko tubikesha KT Press, kuri uyu wa 7 Mutarama 2021 ni bwo Enjenyeri w’Umujyi wa Kigali, Emmanuel Asaba […]

Bipima, Amavubi ya CHAN na Congo-Brazzaville baguye miswi

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ igizwe n’abakina imbere mu gihugu, yaguye miswi n’iya Congo Brazzaville ibitego 2-2, mu irushanwa ryateguwe na Ferwafa amakipe yombi yari yahuriyemo yitegura irushanwa rya CHAN riteganyijwe kubera mu gihugu cya Cameroon. Ni mu mukino waberaga kuri Stade Amahoro i Remera. Ikipe y’Igihugu ya Namibia iri mu makipe atatu yagombaga kwitabira iri rushanwa, […]

Perezida Xi Jinping yasabye ingabo ze kwitegura intambara isaha n’isaha

Abasirikare b’igihugu cy’Ubushinwa batangiye imyitozo ikomeye yo kwimenyereza urugamba, nyuma y’amasaha make Perezida Xi Jinping abategetse kwitegura urugamba isaha n’isaha. Amashusho yashyizwe hanze Televiziyo ya leta y’Ubushinwa, agaragaza abasirikare babarirwa muri za miliyoni bari mu myitozo, nyuma yo guhabwa amabwiriza n’abayobozi babo. Muri ayo mashusho y’umunota umwe, abasirikare b’Ubushinwa bagaragara mu myitozo ikomeye njyarugamba irimo […]

USA: Umunyarwanda aravuga uko byifashe nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo bane

Umunyarwanda, Françoise Murekatete uba i Washington DC yabonye imyigaragambyo igitangira hafi y’inteko ishingamategeko, avuga ko kuri ubu hari kuba umukwabu kandi ko ntawakwitega uko ejo hari bucye. Abantu batandukanye ku isi, barimo n’abategetsi b’ibihugu, banenze imyigaragambyo irimo urugomo abashyigikiye Perezida Donald Trump bakoreye kuri iyi nyubako izwi nka Capitol. Murekatete umaze imyaka 10 muri USA, […]

Umugore yafashwe n’impiswi yumvise ko napfuye- Gen. Tumwine

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen. Elly Tumwine avuga ko hari uburwayi bwadutse mu baturage ubwo abantu batazwi bakwirakwije amakuru ko yapfuye. Uyu mugabo byavugwaga ko yapfuye, we yaje nyuma abibeshyuza avuga ko atari no mu bitaro. Ubu atangaza ko aya makuru yateye uburwayi rubanda. Ati ” Ubutumwa bw’urukundo bwabaye bwinshi muri telefoni yanjye. Telefoni ntiyarekeragaho […]

Incuke n’abo mu mashuri abanza bamaze hafi amezi 10 batiga, bagiye gusubira ku ishuri

erhzbypxiaa4aie.jpg

Minisiteri y’Uburezi ,MINEDUC, kuri uyu wa 7 Mutarama 2021 yasohoye ingengabihe y’amasomo y’abana b’incuke n’abo mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza, bari bamaze igihe gikabakaba amezi 10 batiga. Bigaragara ko aya masomo azasubukurwa tariki ya 18 Mutarama 2021, arangire tariki ya 2 Mata 2021, mu gihe cya mbere kizamara ibyumweru 11. Bazagira ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri, kizatangira […]

APR FC yashimiye AS Kigali ku bwo gusezerera KCCA muri CAF Confederation Cup

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Kane, yageneye AS Kigali ubutumwa buyishimira, nyuma yo gusezerera KCCA FC yo muri Uganda muri CAF Confederation Cup. Ejo ku wa Gatatu ni bwo AS Kigali yageze mu ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup, nyuma yo gusezerera KCCA ibifashijwemo n’igitego yatsindiye hanze. Umukino ubanza wagombaga guhuriza amakipe […]

Rwamagana: Abayobozi na REG ntibumvikana ku mpamvu imyaka 5 ishize abaturage bataragezwaho amashanyarazi

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu (REG), ishami rya Rwamagana buvuga ko ibikoresho byaguzwe hifashijwe inkunga y’ubudehe byabaye imfabusa kuko bitujuje ubuziranenge ndetse ko ubuyobozi bwakoranye n’abamamyi bakora ibitemewe bidashobora gukoreshwa. Mu kwezi k’Ukuboza 2020, abatuye umudugudu wa Kamamana babwiye BWIZA ko bamaze igihe bategereje umuriro bemerewe na Leta, ariko ntibawuhabwe kandi hashize imyaka ine haguzwe […]

Ihene zikunda abantu bateye batya-Ubushakashatsi

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Roehampton yo mu Bwongereza bagaragaje ko ihene zikunda abantu bishimye ku maso. Buvuga ko ihene iyo ziri kumwe n’abantu bishimye, zibasha kumenya ibyumviro byabo. Ibi bihabanye n’ibyari bizwi mbere kuri iyi ngingo. Ubu bushakashtasi bwashyizwe hanze mu nyandiko ya Open Science buvuga ko ibi byavuye ku kuba abashakashatsi baragiye bereka […]

Huye: Imodoka yagonze abanyeshuri 14, umwe ahasiga ubuzima

22.jpg

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV4 yihutaga, mu masaa mbiri y’ijoro ryo kuri uyu wa 6 Mutarama 2021 yagonze abanyeshuri 14 biga mu ishuri ry’ababikira rya C.S Elena Guerra riherereye mu Mudugudu wa Buye, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye; umwe muri bo ahasiga ubuzima. Uwapfuye ni Irakoze Joanna wigaga […]

Urukiko rwategetse ko Abanyarwanda 47 birukanwa ku butaka bwa Uganda

Urukiko rw’ibanze rwa Kabale rwategetse ko Abanyarwanda 47 birukanwa ku butaka bwa Uganda kuko bahageze mu buryo butemewe n’amategeko. Uretse aba Banyarwanda, hari n’abakongomani 10 barebwa n’iki cyemezo cy’urukiko. Umwavoka wa Leta mu Karere ka Kabale, Anthony Wamibu yabwiye urukiko ruyobowe na Isaac Rukundo ko kuwa 4 Mutarama 2021, abaregwa binjiye muri Uganda bakoresheje bisi […]

Bobi Wine yahungishije umuryango we mbere y’amatora

Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri mu biyamamariza kuyobora Uganda, yahungishirije umuryango we muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu gihe habura icyunweru kimwe ngo muri Uganda habe amatora y’Umukuru w’Igihugu. Mu ijoro ryakeye ni bwo umuryango wa Bobi Wine ugizwe n’abana be wahagurutse i Kampala werekeza muri leta zunze za Amerika n’indege […]

Uwabeshyaga ko ari umupolisi, umusirikare n’umukozi wa RIB, yafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi, ku wa 4 Mutarama 2021 yataye muri yombi umugabo w’imyaka 47 y’amavuko witwa Mukeshimana Mathew, nyuma yo kumenyeshwa ko yambura abaturage ababeshya ko ari umupolisi, umusirikare n’umukozi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB). Mukeshimana yafatiwe mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Kadashya, Uurenge wa Kamembe, biturutse ku makuru y’umuturage […]

Trump ntacyemerewe gukoresha Facebook na Twitter

Donald Trump yahagaritswe by’agateganyo gukoresha imbuga za Twittter na Facebook nyuma yo kwandika ko ashyigikiye abigaragambya bateye Inteko ishingamategeko ya Amerika. Mu butumwa bw’amashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “Ndabakunda”, mbere yo kubabwira ngo batahe. Yasubiyemo kandi ibirego bidafite ibihamya ko yibwe amajwi. Twitter ivuga yasabye ko bavanaho ubutumwa butatu yari yanditse kubera “kurenga […]

Paul Muvunyi na bagenzi be barekuwe by’agateganyo

Umunyemari Muvunyi Paul n’abandi bantu batatu barimo Rtd Col Ruzibiza Eugène wigeze kuyobora Ingabo mu Karere ka Karongi barekuwe by’agateganyo baherukaga gutabwa muri yombi bari kumwe, barekuwe nyuma yo gucibwa amande ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda. Muvunyi Paul, Rtd Col Ruzibiza Eugène, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura mu Karere ka Karongi, Niyongamije GĂ©rald n’umuturage […]

USA: Bane bigaragambyaga bapfuye

Polisi ikorera mu mujyi wa Washington DC yatangaje ko abantu bane bakoreraga imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafpuye. Muri bo harimo umugore wahoze mu ngabo z’iki gihugu zirwanira mu kirere, Ashli Babbit, warashwe mu gatuza ubwo yageragezaga kwinjira muri iyi ngoro. Abandi ni abagabo babiri n’umugore umwe, bapfuye […]