Rwamagana: Min.Musoni arasaba abaturage gusigasira ibikorwaremezo bahawe na Polisi- AMAFOTO

Minisitiri w’ibikorwaremezo James Musoni yahamagariye abaturage b’akarere ka Rwamagana kurinda no gusigasira ibikorwaremezo bahawe na Polisi y’u Rwanda no kubyubakiraho ngo bazagere ku mibereho myiza n’iterambere birambye. Ibi Minisitiri Musoni yabivuze mu ijambo yagejeje ku bihumbi by’abaturage b’umudugudu wa Gatare, akagari ka Gatare mu murenge wa Nyakariro nyuma y’umuhango yayoboye, wo gutaha ku mugaragaro inzu […]

Nyaruguru: Abitabiriye umutambagiro i Makka baremeye abatishoboye

Itsinda ry’abayisilamu ryagiye mu rugendo rutagatifu Makka mu mwaka wa 2011, ryaremeye abatishoboye bo mu karere ka Nyaruguru, babaha inka 10, banatangirira mituweli abagera ku 1300. Iri tsinda ryitwa ‘Abasangirangendo’ rigizwe n’aba Hadji n’aba Hadjati bahuriye muri urwo rugendo, nyuma bavuyeyo batekereza no kujya bahurira mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage, nk’iki bakoze mu murenge […]

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Ibi ni bimwe mu bikorwa komisiyo y’igihugu y’amatora(NEC) igaragaza nk’ibishya mu biri kuranga ibikorwa bijyanye n’amatora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe muri kanama uyu mwaka. Perezida w’iyi komisiyo, Prof Kalisa Mbanda agaragaza tumwe muri utwo dushya nko kurenga ku mategeko n’amabwiriza agenga aya matora, kuko ngo bahuye n’abashaka kuba abakandida kuri uwo mwanya bakumvikana ibigomba […]

Abarundi 300 bahungiye muri Botswana bagafungwa bagiye gucyurwa ku gahato

Abarundi basaga 300 bagiye kumara imyaka ibiri muri gereza za polisi zo mu gihugu cya Botswana, bafite impungenge z’uko bagiye gucyurwa ku gahato mu Burundi barahavuye bahunze. Aba Barundi biganjemo abagabo, abagore n’abana ngo bagiye bahungiye muri Botswana, basaba ubuhunzi muri icyo gihugu ariko nta numwe wahawe ibyangombwa by’ubuhunzi ahubwo barafunzwe. Ati: “Nageze muri Botswana […]

Bimwe mu bintu abagabo bakora ariko abagore bakabyanga urunuka ku buryo banabipfa

Burya mu rukundo habaho kwihanganirana ndetse no kwicisha bugufi kugira ngo rusugire, mu gihe ibi bitabayeho, nibwo wumva umuntu yashinze urugo rugasenyuka bidateye kabiri cyangwa ugasanga abakundana bashwanye nta n’iminsi bamaze mu rukundorwabo. Hano rero hari bimwe mu bintu abagore cyangwa abakobwa banga urunuka kandi ugasanga abakunzi ba bo batabizi cyangwa banabizi ariko bakabikora nkana. […]

Nigeria: Bishop yagaragaye yiyunze n'itsinda ry'amabandi rizwi nka Black Axe

Umukuru w’itorero Intercessors for Africa, Emeka Andrew muri Nigeriya yatunguye abantu ubwo babinaga amafoto ye ari kumwe n’itsinda ry’insoresore zimeze nk’izo mu muhanda zamenyekanye cyane muri kiriya gihugu nka Black Axes ndetse iri tsinda rikaba rinazwi ku rwego mpuzamahanga ku izina rya Neo Black Movement of Africa (NBM). Mu minsi ishize, nibwo umwe mu bagize […]

Abanyarwanda baba muri Ethiopia bahuriye mu busabane- AMAFOTO

Abanyarwanda baba muri Ethiopia bahuriye mu gikorwa cy’ubusabane cya “Family Day”. Umunsi ngarukamwaka aho Abanyarwanda bahura bakaganira ku muco nyarwanda, bagasabana ndetse urubyiruko n’abana bakibutswa indangagaciro na kirazira hubakwa ejo hazaza h’igihugu. Uyu munsi wa “Family Day “ wizihijwe ku wa Gatandatu taliki 20/05/2017 muri Yaya village, mu nkengero z’umujyi wa Addis Ababa, uteguwe n’ihuriro […]

Amajyaruguru: Abashaka kuba abakandida ku mwanya wa perezida muborohereze mu gusinyisha- Prof Mbanda

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora, Prof Kalisa Mbanda yasabye abayobozi batandukanye mu ntara y’Amajyaruguru, korohereza abasinyisha kugirango bahatanire kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika. Mu nama nyunguranabitekerezo iri guhuza abafite aho bahuriye n’ibikorwa by’amatora muri iyi ntara, ku wa Mbere tariki ya 22 Gicurasi 2017. Prof Mbanda yavuze ko hari bamwe mu basinyisha kuba […]

Perezida Trump yagerageje umusirikare asanga yarakoze imyitozo ihambaye- AMAFOTO

Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yakoze ikintu kitapfa gukorwa n’umugaba w’ikirenga w’ingabo uwo ari we wese, ahirika umusirikare ariko asanga ahora yiteguye. Ubwo Perezida Trump n’umufasha we Melania Trump bari bamaze kubonana na Perezida Mauricio Macri wa Argentine ari kumwe na madamu we, uliana Awada, basohotse muri White House babaherekeje, ubwo […]

Sudani y’Epfo n’iya ruguru zigiye guhurira mu biganiro byo kugarura amahoro

Inama iheruka y’Afurika yunze ubumwe yabereye muri Ethiopia yemeje ko hagiye gukorwa ibishoboka byose ng0 ibihugu 2 birimo Sudani y’Epfo n’iya Ruguru bibe byagirana ibiganiro mu bijyanye na politiki bityo bikabasha kuba byazura umubano. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat, mu nama yabaye ku wa 19 Gicurasi […]

Kayonza: Abarimu bafite impungenge z'uruhuri rw’ibibazo biri mu burezi

Abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka kayonza bemeza ko bafite impungenge ko ibibazo by’uruhuri bivugwa mu burezi bifite ingaruka ku ireme ry’uburezi, naryo ryari risanzwe rigerwa ku mashyi. Abarimu barimurwa by’agahimano bakajyanwa iyo bigwa, abandi barasabwa guhimba abanyeshuri ba baringa, ruswa iravuza ubuhuha kugera abakuriye uburezi bakurikiranwe mu butabera, umwe bikamuviramo gutoroka, […]

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zambwitswe imidari y’ishimwe

Mu mpera z’icyumweru gishize, ingabo z’u Rwanda zibungabunga umutekano muri leta ya Sudani y’Epfo zambitswe imidari y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera ibikorwa by’indashyikirwa n’imyitwarire myiza zikomeje kugaragaza mu kazi kazo ka buri munsi. Muri uyu muhango wabereye mu gace ka Malakal, ushinzwe ibikorwa by’ingabo ziri mu butumwa, Paul Egunsola yashimiye Guverinom y’u Rwanda by’umwihariko ingabo z’u […]

Icyo Perezida Kagame avuga ku kuba mu Rwanda hari ishyaka rimwe rya opozisiyo (opposition)

Perezida Kagame ubwo yabazwaga impamvu mu Rwanda hari ishyaka rimwe ritavuga rumwe na Leta, yasubije avuga ko nk’umukuru w’igihugu adashinzwe gushinga amashyaka amurwanya. Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, Perezida Kagame yabajijwe impamvu mu Rwanda hari ishyaka rimwe rya DGPR ( Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ) ritavuga rumwe na Leta. […]

Abayahudi barashaka gufatana ikiganza n'u Rwanda mu kwigisha amateka ya Jenoside

Itsinda ry’Abayahudi ryatangaje ko rigiye guhagurukira kwigisha isi amateka ja Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda n’igihugu bihuje amateka kuko na bo biciwe ababo batagira ingano mu myaka yashize, ibi ngo bikazakorwa hagamije gutanga amasomo no kwigisha amateka yaranze iki gihugu mu gihe cya Jenoside. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi ni bimwe mu byatangarijwe mu mujyi wa New […]

Rutsiro: Yafatanywe ibiro 173 by’amabuye y’agaciro ya magendu

Niyifasha Jean afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gihango, mu karere ka Rutsiro nyuma yo gufatanwa ibiro 173 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram ya magendu; ni ukuvuga; adafitiye ibyangombwa; akaba yari ayapakiye mu modoka yo mu bwoko bwa Land Cruser ifite nimero ziyiranga RAC 251 G. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara […]