Rihanna arigamba kuba Chris Brown akimutekereza

Umuririmbyi Rihanna  akomeje kwigambako yumva atewe ishema no kuba Chris Brown akimutekereza kuko ngo yumva akunzwe kurushaho. Ibi Rihanna yabitangaje ubwo yashyiraga hanze ifoto igaragaza uburyo yabashije kugabanya ibiro yifashishije instagram. Umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi yatangarije ikinyamakuru Hollywoodlife.com ko basanzwe bazi ko Rihanna asanzwe yishimira uburyo abona Chris Brown akimutekereza. Yagize ati“ […]

Karongi:Imirenge yahize iyindi mu mihigo ya 2017/2018 yahawe ibihembo

Kuri  uyu wa Kabiri ushize, itariki 14 Kanama  2018, ku Karere ka Karongi  habereye igikorwa cyo guhemba imirenge yahize iyindi mu mihigo ya 2017/2018, no guhigira imbere y’ Umuyobozi w’ Akarere imihigo ya 2018/2019. Ni igikorwa cyayobowe n’ umuyobozi w’ Akarere, Ndayisaba Franà§ois, wari kumwe na Visi Perezida w’ Inama Njyanama y’ Akarere, Bwana Basiime […]

Dr Chameleone arasaba Perezida Museveni kubabarira Bobi Wine

Umuhanzi Jose Chameleone yasabye Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni kubabarira Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine. Jose Chameleone avuga ko Museveni akwiriye kubabarira Bobi Wine mu rwego rwo gutanga urugero rwiza. Ati” Umuvandimwe wacu, umuhungu wawe Bobi Wine ashobora kuba yatandukiriye mu gushyira mu bikorwa intekerezo ze. Nk’umuyobozi w’igihugu n’umusekuruza,ni […]

Kivu y’Amajyepfo: Guverineri Nyamugabo yagaragaje ibigiye gukorwa mu kugarura ituze mu Bijombo

Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Claude Nyamugabo aremeza ko ubuyobozi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bugiye gufata ingamba zigamije gucungira abaturage n’ibyabo umutekano nyuma y’igihe ahitwa Bijombo muri iyi ntara havugwa amakimbirane ahanini ashingiye ku bwoko. Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 14 Kanama nibwo Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Claude Nyamugabo, yakiriye mu cyumba cy’inama […]

Ibyoherezwa mu mahanga byo kwambara biri kwiyongera kuva twafata ibyemezo byacu — Olivier Nduhungirehe

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe aremeza ko umusaruro w’imyambaro ikorerwa mu Rwanda n’ibyoherezwa hanze ugenda uzamuka kuva u Rwanda rwafata ibyemezo byo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda. Ni mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI). Iyi nkuru itangira ivuga ko ibihugu byo mu Burayi n’u Bushinwa atari byo byonyine […]

Herman Cohen arasanga Perezida Kabila ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya

Herman Cohen, wahoze ari umudipolomate w’Umunyamerika ushinzwe Afurika, aravuga ko Perezida Joseph Kabila yemeye guhitamo Emmanuel Ramazani Shadary hari ikindi kibyihishe inyuma, agashimangira ko ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya. Mu nyandiko ye yanyujije kuri blog ye, Herman Cohen yavuze ko nyuma y’amatora perezida Kabila azaba Senateri ubuzima bwe bwose, yaramuka agize […]

Urwego rw’Igihugu rw’indege za gisivili na IATA mu bufatanye mu bijyanye n’umutekano mu ngendo zo mu kirere

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Indege za Gisivili (CAA) ndetse n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bwo mu Kirere (IATA) byemeranyije gufatanya mu bijyanye n’umutekano, mu rwego rw’ubukangurambaga bwagutse bugamije gushaka uburyo bwose kompanyi zose z’indege zakwiyandikisha mu rwego rushinzwe umutekano rwa IATA ruzwi mu Cyongereza nka IATA Operational Safety Audit. Nk ‘uko byatangarijwe i Abuja mu 2015, guverinoma z’ibihugu bya […]

Kanye West avuga ko yigeze kwifuza kuryamana n’abavandimwe b’umugore we

Umuraperi Kanye West abinyujije mu ndirimbo ye nshya yavuze ko yigeze kugira ibitekerezo byo kuba yaryamana n’abavandimwe b’umugore we, Kim Kadarshian. Aya ni amagambo agaragara mu ndirimbo y’uyu muhanzi yasohotse ku wa 11 Kanama 2018, ayita XTCY. Muri iyi ndirimbo yiganjemo ubutumwa buganisha ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina, Kanye West avuga ko yagize ibitekerezo bisa nk’iby’abarwayi […]

Amahugurwa y’abagore biyamamaza ntiyibagiwe abonsa

Impuzamiryango profemme-twese hamwe yageneye amahugurwa abagore bose 262 bemejwe ku rutonde rw’abiyayamamariza kuba abadepite muri manda itaha. Mu kutarobanura abatanzwe n’imitwe ya politiki yose, abafite ubumuga, urubyiruko n’abashaka kujya muri 30% iteganywa n’itegeko nshinga; iyi mpuzamiryango yanitaye ku bakandida batwite ndetse n’abonsa. Bose bahugurwa ku miyoborere, gutegura imbwirwaruhame no kuyitanga, n’uburyo bwo kwakira ibivuye mu […]

Kampala: Umurundi mu bantu 3 bakekwaho kwica abantu babiri babarasiye muri Juba Hotel

Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi abantu batatu barimo umuzamu (Security Guard) bakurikiranweho kwica abantu babiri babarasiye muri hotel yitwa Juba Hotel mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Kanama. Mu batawe muri yombi bakekwaho ubu bwicanyi harimo n’Umurundi. Umuvugizi w’igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, avuga ko Mohammed Abdullah w’imyaka 30 […]

Uwagabye igitero mu Bwongereza ni umwirabura ukomoka muri Sudani

Polisi y’u Bwongereza yatangaje ko umugabo wari utwaye imodoka akayahuranya mu nzitiro z’umutekano hanze y’ahakorera inteko ishingamategeko y’iki gihugu i Westminster mu murwa mukuru London, yitwa Salih Khater akaba ari umwirabura. Polisi yavuze ko afite imyaka 29 y’amavuko, akaba ari Umwongereza ufite inkomoko mu gihugu cya Sudani, iki kigorwa akaba yaragikoze ku wa Kabiri tariki […]

Iyo abantu bakoreye hamwe batera imbere kuko buri wese icyo azi agisangiza mugenzi we- Meya Mushabe

Ubwo ku wa 13 Kanama, mu karere ka Nyagatare hateraniraga inama y’umutekano yaguye yitabiriwe n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari, abagize njyanama y’akarere, abahagarariye abikorera n’abandi bafatanyabikorwa b’Akarere ndetse n’inzego z’umutekano, umuyobozi w’akarere, Mushabe David, yabasabye gukorera hamwe. Iyi nama yarebeye  hamwe uko umutekano wifashe  mu karere muri rusange, urwego aka karere kagezeho mu kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi […]