Perezida Kagame na Museveni bemeranyije ku nzira nshya yo gukemura ibibazo bihari

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko inzira nshya yo gukurikira yemeranyijweho hagati ye na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni mu rwego rwo kurangiza umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Ni mu kiganiro kigufi n’itangazamakuru nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’abayobozi bombi I Luanda muri Angola. Kuri uyu wa Gatatu, itariki […]

Burundi: Abo mu ishyaka CNDD-FDD bafatanye mu mashati n'abayoboke ba Rwasa

Inama nkuru y’umutekano mu gihugu cy’u Burundi iramagana amakimbirane hagati y’amashyaka ya Politiki. Ikaba yasohoye itangazo nyuma y’ugushyamirana kwabaye hagati abayoboke b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi n’ab’irya CNL rya Agathon Rwasa. Ku cyumweru tariki ya 19 Kanama 2019, nibwo aba bayoboke b’aya mashyaka abiri atandukanye bashyamiranye bityo umwe bimuviramo gupfa abandi umunani bo muri CNL […]

Abanyakenya bafungiye mu Rwanda bashinjwa ubutekamutwe nabo batanze ikirego

Umunyamategeko wunganira Abanyakenya batatu bafungiye mu Rwanda baregwa ibyaha birimo ubushukanyi, kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Kanama, yumviswe n’urukiko ku kirego arega ubushinjacyaha cyo gufunga abakiliya be binyuranyije n’amategeko. Charles Kinuthia n’abakozi be babiri, barimo umwe w’umugore, kuva mu mpera z’ukwa gatandatu bafunze by’agateganyo muri Gereza Nkuru ya Kigali i Mageregere . Baregwa gukoresha […]

Uruganda rwa SKOL rwanenzwe

Uruganda rwa SKOL rwanenzwe n’igitsinagore ahanini rushinjwa kwamamaza rukoresheje ubutumwa bwafashwe nk’ubupyinagaza umugore. Ubu butumwa bwamamaza buri ku gifubiko cya kimwe mu binyobwa bw’uru ruganda buri mu rurimi rw’icyongereza, buragira buti “When can a woman make you a millionaire?” The answer: “When you are a billionaire.” Ugenekereje mu Kinyarwanda ni ukuvuga ngo “ Ni ryari […]

U Rwanda mu bihugu byahangana n’ingaruka z’ibibazo by’ubukungu bikishyura n’imyenda

Ibihugu by’u Rwanda, Cameroun na Cote d’Ivoire ngo nibyo byonyine munsi y’ubutayu bwa Sahara bishobora guhangana n’ingaruka z’ibibazo by’ubukungu bikabasha no gukomeza kwishyura imyenda bibereyemo abaterankunga nk’uko byemezwa na Moody’s Analytics, ikigo kabuhariwe mu bijyanye n’ubushakashatsi mu by’ubukungu. Iki kigo kivuga ko cyagerageje uko ubukungu bwa Afurika yo Munsi y’ubutayu bwa Sahara bwakwirwanaho mu gihe […]

Hagiye gukorwa ubushakashatsi ku gitera ubuzererezi mu Rwanda- Bosenibamwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco kigiye gukora ubushakashatsi ku cyaba gitera ubuzererezi mu Rwanda, mu gihe 20% by’abagororwa ngo basubira inyuma bakabusubiramo. Ubu bushakashatsi bugiye gukorwa mu gihe usanga mu bice bitandukanye by’igihugu hari abana b’inzererezi, bamwe batangaza ko biyemeje kuba muri ubu buzima kubera ubupfubyi, ubukene bwo mu miryango, amakimbirane y’ababyeyi babo,…. Mu mujyi wa Kigali, […]

Perezida wa Congo yatunguranye mu nama irimo Kagame na Museveni

Perezida wa Congo, Denis Sassou Nguesso yatunguranye aza yiyongera ku bakuru b’ibihugu bitabiriye ibiganiro byahuje Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Yoweli Museveni wa Uganda yiga ku bibazo biri mu karere. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Angola yari yatangaje ko iyi nama izitabirwa n’abaperezida bane  ari bo: Felix Tshisekedi wa Congo- Kinshasa, Yoweli Kaguta wa Uganda, JoĂ ÂŁo […]

Wasafi ya Diamond ishobora gusenyuka

Inzu itunganya umuziki y’umuhanzi Diamond Platnumz ishobora gusenyuka bitewe n’uburyo abahanzi bakomeye bayibagamo bagenda bakuramo akabo karenge. Harmonize wafatwaga nka nimero ya kabiri muri Wasafi (WCB) yamaze kuva muri iyi nzu agatangiza iye yise ‘Konde boy’. Hari amakuru avuga ko uwitwa Lava Lava na we yamaze gusohoka muri Wasafi. Kuri ubu, Diamond yamaze kubwira abandi […]

Kigali: Polisi yarashe mu kico abajura babiri

Abajura babiri barimo uwari uri kumwe n’abacukuraga inzu mu Murenge wa Masaka n’undi wageragezaga kwambura mudasobwa umugenzi mu Murenge wa Gatenga, mu Karere ka Kicukiro barashwe mu ngusho n’abapolisi bahita bapfa. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 20 Kanama uyu mwaka,  mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Cyimo, Umurenge wa Masaka, aho abajura […]

Perezida Tshisekedi yaherekejwe na Vital Kamerhe mu nama yo kunga u Rwanda na Uganda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi hamwe na Vital Kamerhe, umuyobozi mukuru muri Perezidansi y’iki gihugu, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Kanama 2019, bitabiriye inama yo kunga u Rwanda na Uganda, muri Angola. Ni inama yitabirwa n’u Rwanda na Uganda, ibihugu bitabanye neza muri iki gihe, hamwe na Angola ifatanyije […]

Urujya n’uruza rwari rwahagaze ku Mupaka wa Rusizi ya I rwasubukuwe

Abanyekongo n’Abanyarwanda bongeye kwemererwa kwambuka Umupaka wa Rusizi ya mbere utandukanya ibihugu byombi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo guhera kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Kanama. Ibi byaje nyuma y’iminsi ibiri u Rwanda rusubije inyuma ku mupaka Abanyekongo bo muri Teritwari ya Mwenga, ahantu hagaragaye abarwayi ba Ebola babiri. Inkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko […]

Kwiyandikisha mu mashami agezweho muri Kaminuza ya CHUR birakomeje

Igikorwa cyo kwiyandikisha muri Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) mu mwaka w’amashuri 2019/2020 birakomeje mu mashami yose bafite.  Iyi kaminuza itangaza ko kwiyandikisha bikomeje kugeza muri kwezi kwa Nzeri ari nabwo amasomo azatangira. Bikorerwa ku kicaro gikuru mu Mujyi wa Karongi, mu Ntara y’Iburengerazuba ndetse no mu Mujyi wa Kigali ahitwa Saint Paul. […]

Perezida Nkurunziza yongeye gushimangira ko ataziyamamaza

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza umaze imyaka 14 ku butegetsi, avuga ko mu gihe gito gisigaye ngo manda ye irangire, imihigo yari yarahizwe izaba yarashyizwe mu bikorwa kandi ko iyaba itararangira neza abazamusimbura bazacumbukura ikivi. Ku wa 20 Kanama 2019, mu ijambo rye ubwo yizihizaga imyaka 14 ishize ishyaka CNDD-FDD ifashe ubutegetsi na Nkurunziza akaba […]

Perezida Kagame mu bayobozi 5 muri Afurika batumiwe mu nama ya G7 mu Bufaransa

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ni umwe mu bakuru b’ibihugu bitanu byo muri Afurika batumiwe mu nama izahuza ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi ku Isi (G7) ku nshuro ya 45 iteganyijwe kuwa Gatandatu utaha, itariki 24 Kanama. Mu nama nk’iyi iheruka mu 2018 yabereye muri Canada, Perezida Kagame nabwo yari yatumiwemo. Abakuru b’ibihugu na guverinoma […]

Polisi yafashe abantu bane bacuruzaga bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (Anti-Narcotics Unit —ANU) ryafashe abantu bane bari mubacyekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu bice bitandukanye by’igihugu. Abafashwe ni Twizerimana Theogene w’imyaka 28, Iradukunda Edmond w’imyaka 25, Uwimana Ange w’imyaka 18 na Twizerimana w’imyaka 24; bose bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Kanama mu turere dutandukanye aritwo Gakenke, […]