Kenya: Leta yakoresheje imbaraga z’umurengera ngo abaturage bagume mu rugo

img-20200328-wa0021.jpg

Bamwe mu baturage bo muri Kenya,mu mujyi wa Mombasa bahuye n’uruva gusenya ubwo bageragezaga kurira ubwato ngo bafate urugendo kandi itegeko rya Perezida Uhuru Kenyatta ryarabibujije mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Aba baturage batewe ibyotsi biryana mu maso ndetse baranakubitwa bikomeye ibintu byaviriyemo abarenga 12 gukomereka. Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Kenya,igeze kuri 20 yose […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batandatu

img-20200328-wa0034.jpg

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus batandatu, bose hamwe baba 60. Aba barwayi: Bane muri bo baturutse i Dubai bahita bashyirwa mu kato. Unwe yaturutse muri Amerika. Undi yatahuwe nyuma yo guhura n’uwagaragayeho iki cyorezo mu Rwanda.

Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye CMI yazamuwe mu ntera

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Gen. Yoweri Museveni yazamuye mu ntera Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare muri Uganda, CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) amuha irya General Major. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 nk’uko byatangajwe na televiziyo ya […]

Agakingirizo kabaye imbonekarimwe ku Isi kubera Coronavirus

Agakingirizo muri iyi minsi kabaye imbonekarimwe mu bice bitandukanye by’Isi kubera ifungwa ry’uruganda runini ku isi, Karex Bhd, rwo mu gihugu cya Malaysia rusanzwe rutunganya udukingirizo. Mu bice bitandukanye by’isi, ibikorwa byinshi byarahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus. Ibi bikaba byaragize ingaruka no ku ruganda, Karex Bhd, ruzwiho gufasha ibihugu byinshi kubona udukingirizo rukaba rusanzwe rukorera […]

Rusizi: Abagabo 3 bakurikiranweho gukubita no gukomeretsa DASSO na Mudugudu

Mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi haravugwa inkuru y’urugomo rurimo gukubita no gukomeretsa, aho abaturage biraye mu bayobozi babo n’abashinzwe umutekano bakabakubita bakanabakomeretsa abandi bagakizwa n’amaguru ubwo bari mu gikorwa cyo kureba ko abaturage bubahiriza amabwiriza bahawe yo kuguma mu ngo, batatu muri aba baturage bakaba batawe muri yombi. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’Umunyamabanga […]

Byabagamba na Rusagara bitabaje ubutabera bwa EAC

Abahoze ari Brig. Gen. (Rtd) Frank Rusagara na Col. Tom Byabagamba wari umuyobozi w’abarindaga Perezida Kagame barasaba Urwego rw’Ubutabera rw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) kubafasha gukurirwaho igifungo bakatiwe n’Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda tariki ya 27 Ukuboza 2019. Ni nyuma y’aho uru rukiko rubakatiye igifungo cy’imyaka 15 ku byaha bari bakurikiranweho birimo gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha abaturage […]

Uganda yanze kugira icyo itangaza ku Banyarwanda barenga 300 yirukanye

Leta ya Uganda yanze kugira icyo itangaza ku makuru avuga ko iheruka kwirukana ku butaka bwayo Abanyarwanda barenga 300 ikabajugunya ku bice byo ku mipaka itandukanye ihuza kiriya gihugu n’u Rwanda. Ku wa Gatanu ku wa 27 Werurwe, ni bwo amakuru avuga ko Abanyarwanda 342 birukanwe ku butaka bwa Uganda yagiye ahagaragara, ashimangirwa na Guveri […]

Tanzania yareze Uganda muri CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryareze iryo muri Uganda (FUFA) muri CAF ko Uganda yarenze ku mategeko agenga irushanwa ubwo hakinwaga imikino yo gushaka itike yo kwitabira igikome cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 mu bagore. Tanzania yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikaba ishinja Uganda kuba yarakinishije abakinnyi bari hejuru y’imyaka 17 […]

Umukunzi wa Davido yasanzwemo Coronavirus

Umukunzi w’Umuhanzi, David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido ari we Chioma yapimwe ibizamini bigaragaza ko yanduye icyorezo cya Coronavirus. Chioma ufitanye umwana na Davido witwa David Jnr, yanduye ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho akubutse we n’umugabo we. Iby’aya makuru byatangajwe na Davido ubwe ku mbuga nkoranyambaga. Yavuze ko mu bo bari […]

Burundi: Ibitaro bimaze ibyumweru bitatu byakira abakekwaho cyane Coronavirus

Umuyobozi w’ibitaro byigenga bya Kira (Kira Hospital) mu Burundi, Dr. Christophe Sahayo kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 byatangaje ko mu byumweru bitatu byakiriye abarwayi bakekwaho cyane indwara y’icyorezo ya Coronavirus. Ibi biri mu butumwa bukubiye mu ibaruwa Dr. Sahayo yandikiye Minisiteri y’Ubuzima no kurwanya SIDA ayisaba gushakira umuti iki kibazo, bitewe n’impungenge n’uko nta […]

Nta wemerewe gukumira Umunyamakuru uri mu kazi ke-Minisitiri Shyaka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko abanyamakuru ari abafatanyabikorwa ba Leta mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, bityo ko nta wemerewe kubakumira mu gihe bari mu kazi kabo. Minisitiri Shyaka yatangaje ibi, mu kiganiro kivuga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19 aheruka kugirana na KT Radio. Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu […]

Uko imibare ya Coronavirus yifashe kuri uyu wa 28 Werurwe 2020

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya Coronavirus cyifashe ku Isi. Imibare irerekana ko iki cyorezo kimaze kwica abantu 27, 370 naho abamaze kucyandura ni 597, 458 hirya no hino ku Isi. Kugeza ubu abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Iyi […]

Rusizi: Umuceri wa Bugarama urarya umugabo ugasiba undi

Abatuye umujyi wa Rusizi baravuga ko batumva impamvu y’izamuka rikabije ry’igiciro cy’umuceri wa Bugarama aho umufuka wa Kg 25 wavuye ku Frw 19, 000 waguraga ku wa 16 Werurwe ukagera Frw 25,000 guhera ku wa 18 Werurwe n’indi minsi yakurikiyeho. Aba baturage baribaza impamvu abacuruzi b’uyu muceri barenga ku mabwiriza yashyizweho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda […]