79% by’abagaragayeho Covid-19 uyu munsi ni ab’i Kigali

img-20200716-wa0057.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 38 banduye Covid-19 barimo 78.9% b’i Kigali, mu bipimo 5556 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 30 barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi abo muri Nyabihu 7 ndetse n’umwe wo muri Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 770 […]

Ari mu byishimo nyuma yo kwibaruka abana batatu mu nda yumvaga ko izamuhitana-Amafoto

108025882_1655957214570993_256911176506510011_n-640x800.jpg

Umukobwa witwa Emenike Ogwo Mary wo muri Nigeria ubu ari mu byishimo nyuma yo kwibaruka abana batatu mu nda yari nini ku buryo butangaje abamubonaga bavugaga ko itazamusiga amahoro. Amakuru yo kwibaruka abana batatu kwa Mary yakwirakwijwe n’umwe mu nshuti ze witwa Chidinma Janefrances ezeh, ubwo yabonaga iyi nshuti ye yibarutse agasabwa n’ibyishimo agashyira ku […]

Umuyaga ukomeje kwibasira Afurika y’i burasirazuba ushobora kwiyongera

Abahanga mu bumenyi bw’ikirere baratangaza ko mu misi ibiri iri imbere, agace ka Afurika y’Iburasirazuba ishobora kwibasirwa n’inkubi y’umuyaga ukomeye, ushobora kugira byinshi wangiza. Ku wa gatatu ku wa 15 Nyakanga, Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe cyatanze itangazo riburira Abanyarwanda ko Intara y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo mu Rwanda kuri uyu wa kane zibasirwa n’umuyaga ukomeye. Ikigo gihuza amakuru akusanwa […]

Hatahuwe uruhare rwa Perezida Putin mu bujura bw’amakuru y’urukingo rwa Covid-19

Operasiyo yakorwaga n’inzego z’iperereza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Canada kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yagaragaje ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin ari inyuma y’ubujura bw’amakuru ku rukingo rwa Covid-19 ruri gukorerwa mu Bwongereza. Abashakashatsi bo mu Bwongereza bamaze igihe bashakisha urukingo rwa Covid-19, bavuga ko kuva muri Werurwe 2020 bagabwaho ibitero n’abajura […]

Rusizi-Nyamasheke: Umutingito waraje abaturage hanze kubera ubwoba

iyi_na_yo_yangijwe_n_umutingito_wo_muri_nzeri_2016.jpg

Saa cyenda n’iminota 23 z’ijoro rishyira uyu wa kane tariki ya 16 Nyakanga, ni bwo mu karere ka Rusizi kose, imirenge hafi ya yose ya Nyamasheke no mu bindi bice bimwe na bimwe by’igihugu humvikanye umutingito bivugwa ko wari uri ku kigero cy’ubukana( magnitude) bwakanze cyane abatuye Akarere ka Rusizi, bamwe babwiye Bwiza.com ko batongeye […]

Kanye West yamaze gutanga ‘candidature’ imwemerera kwiyamamariza kuba Perezida wa USA

Umuraperi Kanye West uherutse gutangaza ko aziyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateraganyijwe mu Ugushyingo 2020, yamaze gutanga candidature ye muri Komisiyo ishinzwe amatora. Kanye Omar West w’imyaka 43 y’amavuko, ku itariki 04 Nyakanga uyu mwaka ni bwo yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko ashaka kuba Perezida wa […]

Afurika y’Epfo: Abapolisi barenga 7,000 bamaze kwandura Covid-19

Minisitiri wa Polisi ya Afurika y’Epfo, Bheki Cele, yatangaje ko Abapolisi 7,021 bo muri icyo gihugu bamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona. Minisitiri Bheki Cele yemeje ayo makuru ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru rya Afurika y’Epfo cyabereye mu murwa mukuru, Pretoria. Ni ikiganiro cyibanze ku ngamba icyo gihugu […]

Dr. Habumuremyi yasabye gufungurwa kugira ngo abone uko yishyura amadeni

Me Kayitare Jean Pierre wunganira Dr. Pierre Damien Habumuremyi mu mategeko kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yasabye ko umukiriya we yafungurwa kugira ngo abona uko yishyura amadeni arimo. Ni mu rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruhereye mu Mujyi wa Kigali. Dr. Habumuremyi aburana ifungwa n’ifungurwa ku byaha bibiri aregwa; ubuhemu ndetse no […]

Ingabo za Taiwan ziri guha gasopo Repubulika y’u Bushinwa-Amafoto

tai1.jpg

Abasirikare ba Taiwan batangiye imyitozo y’iminsi itanu bifashishije intwaro ziremereye zirimo indege n’imodoka z’intambara, mu buryo bwiswe ‘ubwo guha gasopo ingabo za Repubulika y’u Bushinwa’ ikomeje kuyivogera. Guverinoma y’u Bushinwa yemeza ko Taiwan ari ubutaka bwayo, umunsi umwe izabwigarurira ikoresheje imbaraga za gisirikare. Kuba ingabo za Taiwan zibarirwa mu 8000 ziri gukora iyi myitozo, ni […]

Dr Pierre Damien Habumuremyi yagejejwe imbere y’urukiko

Kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2020, Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yagejejwe imbere y’ubutabera, mu rukiko rw’ibanze rwa Gasabo ku byaha akurikiranyweho yakoze mu nyungu za yari yarashinze, Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR). Dr Habumuremyi w’imyaka 59 yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku tariki 03 […]

Inama y’Abaminisitiri yemeje abayobozi bashya muri za Minisiteri n’ibigo bitandukanye

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020,Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyize mu myanya abakozi bagera kuri 45 muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye. Muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Zingiro Armand yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Icuruzwa ry’Ingufu z’Amashanyarazi (EUCL). Iyakaremye Zacharie yabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima naho Dr. Rusanganwa […]

Nigeria: Uhagarariye abadepite yasabye ko abafata ku ngufu bajya bakonwa

Uhagarariye umutwe w’abadepite muri Nigeria, Femi Gbajabiamila kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020 yatanze igitekerezo cy’uko leta yajya ikona abantu bahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu mu rwego kugica burundu. Gukona (Surgical castration/orchiectomy) ni igikorwa cyo gukura udusabo tw’intanga (testicles) mu muhungu, umusore cyangwa umugabo. Iyo habayeho iki gikorwa, ugikorewe ntaba akibonye ubushake bwo gukora […]

Rayon Sports yasezeye kuri Iragire Saidi

Myugariro Iragire Saidi yamaze gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo gusesa amasezeramo yari afitanye n’iyo kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda. Iragire Saidi yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva mu mpeshyi ya 2019, nyuma yo kuyigeramo avuye mu kipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yo mu majyepfo y’igihugu. Uyu musore yari asigaje umwaka […]

Leta ya Zambia yatangajeko iri mu biganiro n’u Rwanda kubyo yise ibinyoma bya Sankara

Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Zambia yatangaje ko leta ya Zambia irimo kuganira no gukorana byahafi na Guverinoma y’u Rwanda ku byavuzwe na Nsabimana Callixte [Sankara] ubwo yari mu rukiko I Nyanza. Nsabimana yabwiye urukiko ko inyeshyamba za FLN yari abereye umuvugizi zafashijwe na Perezida Edgar Lungu mu bitero zagabye mu majyepfo y’urwanda. Sankara yavuze […]

Impunzi z’Abarundi muri Tanzania na Uganda zirashinja UNHCR gushaka kuzicisha inzara ngo zikunde zitahuke

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi zo muri Tanzania na Uganda zirashinja UNHCR gushaka kuzicisha inzara kugirango zikunde zitahuke mu gihugu cyabo, gusa ngo ntiziteguye gusubira i Burundi. Impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi zo muri Tanzania zitangaza ko kuva mu ntangiro za Nyakanga 2020 zagabanyirijwe 17% ku mafunguro zari zisanzwe zigenerwa mugihe izo nkambi Nakivale muri […]

Insengero zemerewe kongera gukora, utubari dukomeza gufungwa

Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga, yemeje ko insengero zongera gukora, mu gihe serivisi zitandukanye zirimo ubucuruzi bw’utubari, imipaka ndetse n’amashuri zizakomeza gufungwa. Ni Inama yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Itangazo ry’ibyemezo by’iyo nama ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko […]