Abantu 35 bashya banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Nzeri 2020 yatangaje ko abandi bantu 35 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 4457 byafashwe. Aba barimo 25 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 9 babonetse mu Karere ka Rusizi n’undi wabonetse muri Rusizi. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2271 barimo 36 babonetse uyu munsi, abakirwaye bo ni […]
Umuvugizi w’ishyaka DALFA Umurinzi yahagaritse inshingano
Umuvugizi w’ishyaka DALFA Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Mahoro Jean yahagaritse izi nshingano. Byemejwe na Perezidante w’iri shyaka wanarishinze Victoire Ingabire mu itangazo risohotse kuri uyu wa 7 Nzeri 2020. Itangazo riragira riti: “Ishyaka DALFA Umurinzi riratangaza ko Umuvugizi waryo bibaye ngombwa ko aba ahagaritse izo nshingano yari afite. Riboneyeho kandi no kumushimira ubwitange […]
RIB yemeje ko Rusesabagina yafatiwe i Kanombe
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Rtd Col Jeannot Ruhunga, yatangaje ko nta gihugu na kimwe cyigeze gifasha u Rwanda mu itabwa muri yombi rya Paul Rusesabagina, ko ahubwo yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ahizanye. Ku wa 31 Kanama 2020 nibwo RIB yeretse itangazamakuru Paul Rusesabagina wari ukandagiye mu gihugu ku nshuro ye […]
Saa Moya ntirwana, ntiyenderanya kandi ntitera impanuka : CP Kabera
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanenze abakomeje kwinubira isaha ya saa moya no kuyikoresha nk’urwitwazo mu makosa yabo ya buri munsi. Mu kiganiro na RBA, CP John Bosco Kabera yanenze abavugwa mu byaha byiganjemo impanuka bafatwa bakavuga ko baba bubahiriza isaha ya saa moya.”Abantu bavuga ngo bakora impanuka barwana n’isaha, isaha ntabwo irwana, isaha ntiyendaranya” […]
Nyamasheke: Bamaze imyaka 7 biruka ku ngurane y’ibyangijwe n’amashanyarazi

Abaturage 33 bo mu tugari twa Kagatamu, Gasheke na Karusimbi mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bamaze imyaka 7 biruka ku ngurane zabo nyuma yo kwangirizwa ibyabo ubwo REG yahacishaga amashanyarazi, bakavuga ko abayabonye ari abasanzwe bazwi, bifite, bagakeka ko haba hakoreshwa ikimenyane mu kwishyura abangirijwe. Baganira na Bwiza.com, bamwe muri […]
Rubavu: Rurageretse hagati y’abahoze ari abazunguzayi n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi
Abagore bacururizaga imbuto mu gasoko ko mu murenge wa Gisenyi, ahazwi nko kwa Rujende, bamaze iminsi barigabije ibice bitandukanye by’Umujyi wa Gisenyi nyuma yo kuvanwa aho bacururizaga, bagashinja Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi kubateza igihombo. Magingo aya abenshi nyuma yo kwirukanwa aho bakoreraga, bahise bajya gukorera ku mihanda n’imbere y’amaduka atandukanye yo mu mujyi wa Gisenyi, […]
DASSO wiyemeje kurera uruhinja rwari rwaratawe yagizwe ‘Ofisiye’
Inama y’Umutekano y’Akarere ka Gatsibo kuri uyu wa 7 Nzeri 2020 yafashe icyemezo cyo kuzamura mu ntera DASSO Uwihagurukiye Sylvia wemeye kurera uruhinja rwatowe mu gishanga kiri ahitwa mu Kaje mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Kabarore. Aya makuru yemejwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo, avuga ko DASSO Sylvia usanzwe ukorera mu murenge wa Kabarore, yazamuwe […]
Nyuma y’imyaka 23 apfuye, umurambo wa Mobutu n’ubu uracyari muri Maroc
Ku itariki nkiyi ya 07 Nzeri mu 1997, nibwo Mobutu Sese Seko wategetse Zaire (RDC y’ubu) yapfuye aguye i Rabat mu gihugu cya Maroc, none nyuma y’imyaka 23 umurambo we uracyari muri iki gihugu. Mobutu yari yahungiye muri Maroc aturutse i Kinshasa nyuma yo kotswa igitutu n’inyeshyamba za AFDL. Umurambo we kugeza ubu nturacyurwa ngo […]
Idjwi: Umupolisi wasinze yarashe mugenzi we bakorana n’umusirikare arabica
Kuri iki cyumweru, itariki ya 06 Nzeri 2020, umupolisi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wari wasinze yarashe mugenzi we ndetse arasa n’umusirikare arabica, mu Gasantere ka Kashara, Teritwari ya Idjwi, muri Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi w’Agateganyo wa Sheferi ya Ntambuka, Célestin Mugabo, yabitangarije urubuga 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere, tariki ya 07 Nzeri 2020. Uyu […]
Uganda: Minisitiri arashinjwa kwica abatamushyigikiye
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo muri Uganda, Mwesigwa Rukutana yajyanwe mu butabera akekwaho icyaha cyo gutoteza no kwica abaturage batamushyigikiye mu matora. Mwesigwa wahoze ayobora Minisiteri y’ubutabera ya Uganda bivugwa ibyo byaha akurikranweho yabikoze mu matora y’ibanze y’ishyaka National Resistance Movement (NRM), amatora yaje no kurangira atsinzwe. Ikinyamakuru The Independent cyandikirwa muri Uganda kivuga ko […]
Shaddyboo yahaye abamukurikira ihurizo ryo gutora igisambo hagati ya Meddy,The Ben, Jay Polly na Bushali

Shaddyboo yatunguye abamukurikira abasaba gutora uwo bakekaho ubujura hagati y’abahanzi bane nyarwanda:The Ben, Meddy ,JayPolly na Bushali. Ibi Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddyboo yabitangaje ku rukuta rwe rwa Instagram rusanzwe rukurikirwa n’abarenga 754. Ubu butumwa bwa Shaddyboo buragira buti” Ubaye uri kumwe na Meddy , Jay Polly, Bushali na The Ben ukabura telefoni yawe wakeka […]
Jina Langu wa Afrimax Mu munyenga w’urukundo i Rubavu ku mazi (Amafoto)

Nyuma y’icyumweru asezeranye imbere y’amategeko na Nyiramugisha Gentille, Nsengiyumva Jean Nepo uzwi ku kabyiniriro ka ‘Jina Langu’ ukorera Afrimax TV we n’umukunzi we bari mu karere ka Rubavu aho bakomeje kurira ubuzima. Iby’ubukwe bw’aba bombi babigize ibanga ku buryo nta benshi babuziho. Jina Langu ukorera Televiziyo ya Afrimax TV iri mu zikunzwe zikorera kuri YouTube […]
Rayon Sports yasabye Ferwafa gusubika ibihano yayifatiye imyaka ibiri
Rayon Sports binyuze muri Munyakazi Sadate uyiyobora, yamaze kwandikira Ferwafa isaba ko ibihano iheruka kuyifatira kubera kunanirwa kwishyura Ivan Minnaert byaba bisubitswe mu gihe kingana n’imyaka ibiri. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (Ferwafa) ryatangaje ko Rayon Sports itemerewe kwandikisha abakinnyi muri uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021, […]
Ansu Fati yaciye akandi gahigo kari kamaze imyaka 95
Rutahizamu Ansu Fati ukinira ikipe ya FC Barcelona, yaciye agahigo ko kuba umukinnyi muto kurusha abandi utsindiye igitego ikipe y’igihugu ya Espagne, nyuma yo kuyitsindira igitego cya gatatu muri 4-0 yaraye inyagiye iya Ukraine. Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize uyu mwana yari yakiniye Espagne umukino we wa mbere inganya n’Ubudage igitego 1-1, agaca agahigo […]
Abanyamategeko 7 bahagarariye Rusesabagina bararega u Rwanda
Umuryango wa Paul Rusesabagina uherereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wahisemo Abanyamategeko barega u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye barushinja kumufata rudakurikije amategeko y’igihugu na mpuzamahanga. Rusesabagina ufungiwe muri kasho ya polisi i Remera mu Karere ka Gasabo, yatangaje ko yahawe amahirwe yo kwihitiramo abunganizi mu mategeko bazamuburanira, ku rutonde yahawe ahitamo Me David Rugaza. Umuryango […]
Polisi yemeje ko hari abapolisi bafunze bazira kwica abakekwaho ibyaha
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko hari abapolisi bo muri Polisi y’u Rwanda bafunzwe bakurikiranweho gukoresha imbaraga z’umurengera. CP Kabera yemeje ayo makuru mu kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri Televiziyo y’Igihugu. Ni amakuru yemeje mu gihe hirya no hino mu gihugu hari hamaze iminsi humvikana abantu benshi baraswa na Polisi y’Igihugu, […]
Covid-19 ituri hafi kubi!_Minisitiri Busingye
Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y‘u Rwanda, Busingye Johnston yongeye kwibutsa Abanyarwanda kuba maso no kutajenjekera ingamba zo guhangana na Covi-19. Mu butumwa asanzwe agenera Abanyarwanda binyuze ku rukuta rwe rwa Twitter, Minisitiri Busingye akangurira Abanyarwanda guhorana amakenga no gukomeza guhangana n’icyorezo cyugarije u Rwanda n’Isi muri rusange. Mu butumwa yatanze kuri uyu […]
Alain Cocq mu gahinda nyuma yo kwangirwa gutangaza urupfu rwe “Live”
Umufaransa Alain Cocq avuga ko azapfana agahinda gakomeye nyuma yuko Facebook ivuze ko itazemera ko atangaza amashusho y’urupfu rwe imbonankubone”Live”. Cocq yari yaratangiye imyiteguro yo gutangaza imbonankubone urupfu rwe ku rubuga rwa Facebook, aho ku ikubitiro yatangiye gutangaza ukuntu yanga ibiribwa, ibinyobwa n’imiti kwa muganga bamuha. Mu Bufaransa Perezida Emmanuel Macron aherutse kwanga umushinga w’itegeko […]
Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi
Icyumweru gishize cyari icya 36 muri 53 bizagira uyu mwaka. Cyatangiye tariki ya 31 Kanama kirangira tariki ya 6 Nzeri 2020. Amakuru yakiranze yiganjemo aya politiki yo mu Rwanda ndetse n’umutekano. Ababyibuka neza, ni cyo cyatangarijwemo ifatwa ry’umwe mu bantu ubutabera bw’u Rwanda bwari bukeneye cyane nk’uko tuza kubirebaho mu buryo burambuye. Amakuru y’ingenzi yaranze […]
Sarpong yahesheje Yanga Africans inota rya mbere muri Shampiyona ya Tanzania
Umunya-Ghana Michael Sarpong yongeye gushimangira ko ari rutahizamu udashidikanywaho, nyuma yo gufasha Yanga Africans kwegukana inota rya mbere muri shampiyona ya Tanzania ya 2020/21 yatangiye ku munsi w’ejo. Yanga Africans yari yakiriye Tanzania Prisons mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ya Tanzania, birangira amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1. Michael Sarpong na numéro 19 […]
Tom Byabagamba wari Komanda w’abarinda Perezida akurikiranweho kwiba telefone
Tom Byabagamba wambuwe ipeti rya Colonel, wanayoboye umutwe w’ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu ngo akurikiranweho icyaha cy’ubujura bwa telefone n’indahuzo yayo (chargeur). Inkuru ya Igihe ivuga ko tariki ya 12 Werurwe 2020 ubwo Tom Byabagamba yari afungiwe mu kigo cya gisirikari cya Kanombe, itsinda ry’umutwe w’abasirikare bashinzwe imyitwarire (Military Police) ryinjiye aho bafungiwe risaka abafungwa kugira […]
Novak Djokovic ukina Tennis yakuwe mu irushanwa azira gutera umusifuzi agapira
Umunyaseribia uzwi nka nimero ya mbere mu gukina Tennis yaraye avanwe mu irushanwa rya US Open azira gutera umusifuzi agapira kifashishwa muri uyu mukino. Djokovic wakinaga na Pablo Carreno Busta wo muri Espagne yakuye agapira mu mufuka bisanzwe, arangije agatera inyuma ye (basanzwe bagatera imbere kugira ngo karenge urushundura) maze kikubita mu ngoto y’umusifuzi w’umugore […]