Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?

Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n’ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi. Guverinoma y’u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. […]

Umuntu wa 20 yishwe na Covid-19

ehaokdbwkaoml_h.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 20 yishwe na Covid-19, haboneka abandi bantu 30 banduye iki cyorezo mu bipimo 3253 byafashwe. Uwapfuye ni umubyeyi wari ufite imyaka 70 y’amavuko, w’i Kigali. Abanduye barimo 18 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 4 babonetse mu Karere ka Rusizi, 2 muri […]

Bamanjiriwe ubwo umugeni wari mu gatimba yahubukaga mu rusengero ariruka

20200906225259_-393175386_3111289331210218015_453_531_80_webp_1599583006499.jpg

Umugeni wari wambaye agatimba, yiteguye gusezeranira mu rusengero n’uwo bagiye gushinga urugo, yahubutse kuri alitari ariruka, abari babwitabiriye basigara baguye mu kantu. Videwo igaragaza uyu mugeni yiruka.Umusore bari bagiye gushyingiranwa na we agaragara amwiruka inyuma, amwinginga ngo agaruke bakore ubukwe gusa we yabyanze. Abari hafi y’uyu mugeni akiri mu rusengero, ngo bumvise avuga ko bitakibaye […]

Urukundo rwa gisirikare mu mafoto ya Joelson na Gloria

20200907034610_780191018_5751604417008980312_480_318_80_webp.jpg

Joelson Efe na Gloria Chinenye ni abasirikare bo muri Nigeria bakundanye, bategura n’umushinga wo gushinga urugo. Mbere y’uko bakora ubukwe, bashyizehanze amafoto adasanzwe mu rukundo. Mu mafoto ya Joelson na Gloria, bagaragara basa n’abakorera hamwe imyitozo ngororamubiri ivanze n’urukundo. Hari aho bagaragara bambaye impuzankano z’igisirikare cya Nigeria.

Maxime yahaye Rayon Sports iminsi itatu bitaba ibyo akayirega kumuha sheki itazigamiye

Rutahizamu Sekamana Maxime, yahaye Rayon Sports iminsi itatu ngo ibe yamwishyuye amafaranga imurimo, bitaba ibyo akayijyana mu nkiko kubera sheki itazigamiye yamuhaye. Ni ubutumwa bukubiye mu ibaruwa uyu musore yandikiye Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, nyuma yo kumwemerera amafaranga bikarangira atayahawe. Rayon Sports nk’uko ibaruwa ya Maxime ibisobanura, mu minsi ishize yari yamwemereye kumuha […]

Zambia: Perezida Edgar Lungu ari mu bunamiye ifi yapfuye

Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, yifatanyije n’abaturage b’igihugu cye mu kunamira ifi yari ikunzwe yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri. Iyo fi yamenyekanye ku kazina ka ‘Mafishi’ yari imaze ibinyacumi bibiri by’imyaka iba mu cyuzi cya Kaminuza ya CBU ya kabiri mu bunini muri Zambia. BBC yavuze ko abanyeshuri ba Copperbelt University (CBU) bacanye za […]

Le commerce numĂ©rique renforcera la coopĂ©ration Afrique-Chine – Ambassadeur Kimonyo

“Le commerce numĂ©rique a renforcĂ© les liens Ă©conomiques entre le Rwanda et la Chine et stimulera la coopĂ©ration Afrique-Chine au-delĂ  de notre imagination”, a dĂ©clarĂ© l’ambassadeur du Rwanda en Chine, James Kimonyo. Pour le moment, “nous bĂ©nĂ©ficions du meilleur Ă©quilibre de coopĂ©ration avec la Chine de notre histoire”, a dĂ©clarĂ© Kimonyo Ă  Xinhua lors d’une […]

Bukuru Christophe yavuze uko David Luiz yamufashije kwitwara neza muri APR FC

Bukuru Christophe ukina hagati mu kibuga mu kipe ya APR FC, yatangaje ko amagambo yabwiwe na myugariro David Luiz ukinira Arsenal yo mu Bwongereza ari yo yamuhaye imbaraga zo kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino. Tariki 11 Ukwakira 2019 ni bwo Umunya-BrĂ©sil, David Luiz yageze mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rwari muri gahunda ya […]

MRCD-Ubumwe ya Rusesabagina irasaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano

Ihuriro rihuza amashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, MRCD-Ubumwe, ryatangaje ko Biro Politiki yaryo ku wa 6 Nzeri 2020 yakoze inama ivuga ku ifatwa rya Paul Rusesabagina usanzwe ari Visi Perezida waryo, yanzura isaba amahanga gufatira u Rwanda ibihano. Iri huriro rivuga ko Paul Rusesabagina usanzwe kandi ari Perezida w’ishyaka rya PDR-Ihumure yashimuswe na Guverinoma y’u […]

Goma: Abantu bitwaje intwaro bishe umupolisi n’abasirikare babiri

Abantu bane, barimo umupolisi 1 n’abasirikare babiri ba FARDC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Nzeri 2020 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye ahitwa i Rwasama, ku muhanda wa Kasavubu mu gace ka Ndosho, mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Élisabeth Ayubusa, umuyobozi w’agace (quartier) ka […]

Menya umushahara wa Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu

Iteka rya Perezida N°004/01 ryo ku wa 16/02/2017 ni ryo rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa Abanyapolitiki Bakuru b’Igihugu n’uburyo bitangwa. Ni iteka ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku wa 23 Gashyantare 2017, rikagaragaza ingano y’Imishahara aba banyapolitiki Bakuru b’Igihugu bahabwa ndetse n’ibindi biherekeza iyo mishahara. Iryo teka rivuga ko umushahara mbumbe w’abanyapolitiki bakuru wiyongeraho […]

Riyadh: Ubutabera bwatesheje agaciro igihano cy’urupfu ku bishe umunyamakuru Khashoggi

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 7 Nzeri, hatanzwe imyanzuro ya nyuma y’urubanza rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi, aho Urukiko rwo muri Arabiya Sawudite rwatesheje agaciro igihano cy’urupfu cyahawe batanu mu bantu 8 bahamijwe icyaha cyo kumwica, rukabakatira igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza kuri makumyabiri nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru byaho, SPA. Jamal Khashoggi wari umunyamakuru ukorana […]

Imyuzure ikomeye yinjije Sudani mu bihe bidasanzwe bizamara amezi atatu

Abategetsi mu gihugu cya Sudani batangaje ko iki gihugu kinjiiye mu bihe bidasanzwe bizamara amezi atatu, kubera Imyuzure ikomeye yanahiranye ubuzima bw’abatari bake ikomeje kukibasira. Lena el-Sheikh, Minisitiri wa Sudani ushinzwe umurimo n’Iterambere ry’abaturage, yavuze ko imyuzure yibasiye Sudani muri uyu mwaka yahitanye abantu 99 igakoneretsa 46, na ho ababarirwa mu bihumbi 500 bakaba baravuye […]

Abanyamategeko ba Paul Rusesabagina batangije urugamba rwo kumubohoza

Abanyamategeko umuryango wa Paul Rusesabagina wahisemo ngo bamwunganire kuri uyu wa 7 Nzeri 2020 batangije urugamba, bagaragaza ko yafashwe binyuranyije n’amategeko, bityo akwiye kurekurwa. Mu butumwa bwatanzwe n’umwe muri aba banyamategeko w’Umunyamerika, Jared Genser, bwagejejwe ku munyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ishami rikurikirana ibyaha by’iyicarubozo n’ubundi bugome, Dr. Nils Melzer, iri tsinda ry’abanyamategeko ryasobanuye ko Paul […]

Prof. Gahutu Jean Bosco wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda yapfuye

Kaminuza y’u Rwanda yemeje ko Prof. Jean Bosco Gahutu wari umwarimu muri Koleji yayo y’Ubuvuzi n’Ubumenyi mu by’Ubuzima, CMHS, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rwa Prof. Jean Bosco Gahutu yamenyekanye ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere Tariki ya 07 Nzeri nyuma yo kugwa mu bitaro byitiriwe umwami Faisal, aho yari arwariye. Kaminuza y’u Rwanda yabitse Nyakwigendera […]

Rusesabagina yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite, ati reka njye kurwiyoborera

Paul Rusesabagina ngo yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite aravuga ati reka njye kurwiyoborera nyuma y’ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko Perezida Kagame atakiri ku Isi y’abazima nk’uko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi utavuzwe amazina yabitangaje. Ibi turabikesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, mu nkuru yayo ivuga ko abanyamategeko bashinzwe kuzunganira Rusesabagina bavuga ko […]

Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi ya notariya uko yishakiye

Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi za notariya uko yishakiye nk’uko byari bisanzwe kuko uzajya ujya kuzisaba atahawe gahunda ntazo azajya abona nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubutabera kuri uyu wa Mbere, Itariki 07 Nzeri. Minisiteri y’ubutabera ivuga ko ibi bigamije gukomeza ingamba zo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Muri […]

Kigali: Imiryango isaga 400 imaze amezi 5 yimuwe mu manegeka iri mu gihirahiro

Imiryango isaga 400 yo mu turere twa Gasabo na Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yimuwe mu manegeka imyinshi muri yo imaze amezi atanu igicumbikiwe mu bigo by’amashuri indi ikodesherezwa aho icumbitse, ikaba ikomeje kubaho mu gihirahiro. Aba ni abimuwe muri Mata 2020 aho bari batuye mu duce twibasiwe n’ibiza, kuri ubu basaba ko bakwitabwaho bakabona […]

Kylian Mbappe yiyongereye mu bakinnyi ba PSG bamaze kwandura Covid-19

opoyi_lfyz-04ke.png

Umukinnyi Kylian Mbappe ntaza kuboneka mu mukino uhuza u Bufaransa na Croatia kuri uyu wa Kabiri, ndetse ntazakinira Paris Saint-Germain mu mukino wo gufungura shampiyona nyuma yo kumupima bakamusangamo coronavirus. Mbappe yiyongereye ku bakinnyi barindwi ba PSG, barimo Neymar bapimwe mu cyumweru gishize, bagasangwamo ubwandu bwa Covid-19. Ku wa Gatandatu, Mbappe yatsinze igitego mu mukino […]

Padiri Nahimana Thomas yanze kuva ku izima

Padiri Nahimana Thomas urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yanze kuva ku izima avuga ko Umukuru w’Igihugu atakiriho, ikiganiro cye guherutse gutambuka kuri RBA cyatekinitswe. Hashize iminsi Padiri Nahimana uba mu Bufaransa akwirakwiza inkuru zibika Umukuru w’Igihugu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ashingira ngo ku kuba Perezida Kagame atagaragara mu ruhame. Ibyo uyu musaseridoti yakomeje kubikora yirengagiza ko […]

Inkiko z’u Rwanda zihanganye n’ibirarane by’imanza zenda kungana n’izaburanishijwe

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Faustin Ntezilyayo, yahishuye ko inkiko zirimo guhangana n’ibirarane by’imanza 52.950, mu gihe mu mwaka w’ubucamanza 2019/2020, imanza zirenga 76.300 zaburanishijwe, zikaba zariyongereyeho 5% ugereranije n’umwaka wabanje. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 7 Nzeri, ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza 2020/2021. Muri izo manza zararanye, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko izirenga 25.350 zatanzwe […]

Martial asa n’imparage_Abafana ba Manchester United batebya

Abafana b’Ikipe ya Manchester United, bamaganiye kure umwambaro wa gatatu iyi kipe izakoresha mu mwaka utaha w’imikino bavuga ko ari mubi cyane. Ni umwambaro wiganjemo imirongo itambitse y’umukara n’umweru, ku buryo abafana ba Manchester City bawugereranyije n’uruhu rw’imparage. Ubwo amafoto y’abakinnyi nka Anthony Martial na Paul Pogba yageraga ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kuwumurika, abenshi […]

RDC itegereje icyo u Rwanda rukora ku kibazo cya Ambasaderi Karega

Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, David Jolino Makelele yatangaje ko Guverinoma y’igihugu cye itegereje icyo u Rwanda rukora ku kibazo cya Ambasaderi warwo, Vincent Karega. Iki kibazo uyu Minisitiri yavugaga ni ubutumwa Ambasaderi Karega yashyize kuri Twitter anyomoza umunyamateka Benjamin Babunga, wavugaga ko hashize imyaka 22 ingabo […]